Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

February 5, 2025

Blog, News

Alliance Fleuve Congo (AFC) rifite umutwe wa M23 ryashyizeho guverineri w’intara ya Kivu ya Ruguru hamwe n’abamwungirije mu gace k’iyi ntara bagenzura.

Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania ni byo bihugu byo muri SADC byohereje ingabo muri DR Congo gufasha leta guhangana n’umutwe wa M23.

Umubare nyawo w’ingabo Malawi yohereje mu butumwa bwa SAMIDRC ntabwo uzwi neza.

Mu ntangiriro z’umwaka ushize umuvugizi wa leta ya Malawi yabwiye ibinyamakuru byaho ko iki gihugu cyohereje batayo imwe ya gisirikare muri ubwo butumwa.

Bitewe n’imitere y’igisirikare cya buri gihugu, batayo imwe ishobora kubamo abasirikare bari hagati ya 300 kugera ku 1,000.

Imirwano yongeye kubura, Nyabibwe ‘yafashwe’
Nyuma y’umunsi umwe umutwe wa M23 utangaje agahenge, imirwano yongeye kubura kuri uyu wa gatatu muri Kivu y’Epfo muri teritwari ya Karehe.

Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko amasoko atandukanye yabyemereye ko agace ka Nyabibwe – kari kuri 70km ku muhanda mukuru uva i Bukavu ugana i Goma – kafashwe na M23 muri iyo mirwano.

Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta ya DR Congo, uyu munsi yatangaje ko inyeshyamba za M23 ari zo zarenze ku gahenge zatangaje ubwazo, zigatera ibirindiro by’ingabo za leta.

Uruhande rwa M23 ntacyo ruravuga kuri ibi byavuzwe na Muyaya.

Ku muhanda uhuza Goma na Bukavu uca hafi y’ikiyaga cya Kivu, Nyabibwe iri ku ntera irenga gato kilometero 20 mu majyaruguru uvuye kuri centre y’ingenzi ya Kavumu ifite n’ikibuga cy’indege, na yo iri kuri kilometero zirenga 40 uvuye i Bukavu.

Blog, News

Umuganga Nathaniel Cirho yakomeretse igihe igisasu cagwa ku nzu y’uubanyi, Ubuzima bwa Goma mu minwe ya M23: ‘abantu bafise ubwoba

Umutwe wa M23 watangaje ko abantu bapfuye mu mirwano iheruka i Goma barenga 2,500 ari abasirikare ba leta (FARDC) na Wazalendo.

Bertrand Bisimwa umwe mu bakuru b’umutwe wa M23 yatangaje ko “nta muryango w’i Goma uri mu kiriyo kubera aba bapfuye”.

Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta ya Kinshasa aheruka gutangaza ko imirambo irenga 2,000 ikiri mu mihanda i Goma ikeneye guhambwa.

Yashinje ingabo z’ Rwanda na M23 ubwicanyi ku basivile mu mirwano iheruka i Goma no mu nkengero zayo.

Mu butumwa bwatangajwe na Bisimwa, yasabye ubutegetsi bwa Kinshasa “kureka kujya mu ntambara iteye isoni ku bapfuye i Goma”.

Yavuze ko imirambo yahoze mu mihanda i Goma, yahavanywe igahambwa ari “iy’abasirikare ba FARDC n’abakorana na bo”, yavuzemo Wazalendo, FDLR, abacanshuro b’i Burayi n’ingabo z’u Burundi, yemeza ko baguye ku rugamba.

Imiryango imwe n’imwe i Goma yagaragaye ibwira ibitangazamakuru mpuzamahanga ko hari ababo yabuze yarimo ishakira mu bantu bamaze iminsi bashyingurwa na Croix Rouge i Goma.
Croix-Rouge i Goma – yafashije mu guhamba bamwe mu bapfuye, ariko ntibyashobotse kugeza ubu.

Ishami rya ONU rishinzwe ubutabazi, OCHA-RDC, rivuga ko imirambo nibura 2,000 yamaze guhambwa kandi ko indi igera kuri 900 iri mu buruhukiro bw’ibitaro bitandukanye i Goma.

Radio RFI isubiramo Bounena Sidi Mohamed wungirije umukuru wa OCHA muri RD Congo avuga ko “hari uduce tukirimo imirambo myinshi yashengutse, nko ku kibuga cy’indege no kuri gereza ya Goma”.

Yaba iri shami rya ONU na Croix-Rouge ntibemeza niba imirambo yahamwe ari iy’abasivile cyangwa abasirikare. Bavuga ko myinshi yari yashengutse bigoye kumenya abo bantu bapfuye.

Kugeza ubu biragoye kumenya neza ukuri kw’ibivugwa n’uruhande rwa leta n’u Rwanda M23 ku bantu bishwe mu mirwano i Goma.

ONU ku wa mbere yatangaje ko abantu nibura 900 bishwe naho abarenga 2,800 barakomeretse kubera iyo mirwano, kandi ko ibitaro bikigowe no kubasha kuvura izo nkomere zose.

Scroll to Top