Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

October 28, 2025

Blog, News

Ingendo z’ubwato hagati y’umujyi wa Dar es Salaam n’ikirwa cya Zanzibar zirahagarara ejo ku itariki ya 29 Ukwakira 2025, ubwo igihugu kizaba kiri mu matora rusange.

Ishyirahamwe ry’abatwara abagenzi (Taboa) rivuga ko iri hagarikwa ry’ingendo rigamije guha abakozi n’abagenzi amahirwe yo gutora.

Ariko ishyirahamwe rirengera abagenzi (Passengers’ Rights Association) ryabinenze, rivuga ko abakoze ibi batatekereje ku bantu bafite impamvu z’umuryango cyangwa iz’ubuzima zibasaba gukora ingendo kuri uwo munsi.

Urubuga rwa interineti rukoreshwa mu kugura amatike narwo rwahagaritse kugurisha amatike yo ku itariki ya 29 Ukwakira.

John Masunga, usanzwe akorera ingendo hagati ya Dar es Salaam n’indi mijyi, yagize ati:

“Simbona impamvu yo guhagarika ingendo. Ese ni ikibazo cy’umutekano cyangwa ni itegeko ryo gutora? Dukeneye izi serivisi.”

Anasia Lyimo, utuye i Kigoma, we yagize ati: “Nari nateguye urugendo ku munsi w’amatora, ariko ngiye kurusubika nzagende ku wa kabiri. Ibi bishobora gutuma amatike azamuka kuko abantu benshi bazaba bashaka kugenda mbere y’iyo tariki.”

Abanya-Tanzaniya bazatora Perezida, abadepite, n’abayobozi b’inzego z’ibanze ku wa gatatu.

Ni amatora ya mbere Perezida Samia Suluhu Hassan agiye kwitabira ashaka kwemezwa n’abaturage nyuma yo gusimbura nyakwigendera John Magufuli mu 2021.

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Chadema, ryamaze gutangaza ko ritazitabira amatora, rivuga ko hakenewe ivugurura ry’uburyo amatora ategurwa.

Perezida waryo, Tundu Lissu, arimo kuburana ku byaha byo gucura umugambi wo kugambanira igihugu, ariko ishyaka rye rivuga ko ibyo birego bishingiye ku mpamvu za politiki.

Blog, News

 Spéciose Mukabayojo umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda, yatabarutse ku myaka 93, nk’uko byemezwa n’abo mu muryango we.

Igikomangomakazi Speciose Mukabayojo yari umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga, wayoboye u Rwanda kuva mu 1896 kugeza mu 1931. Nyina yari Umwamikazi Nyiranteko ya Nzagura. Yari kandi mushiki w’abami babiri b’u Rwanda, Mutara III Rudahigwa na Kigeli V Ndahindurwa.

Yavutse ahagana mu myaka ya 1930, akurira mu ngoro y’ubwami mu bihe bya nyuma by’ubwami bw’u Rwanda. Mu myaka ya 1950, yashyingiwe Igikomangoma Bideri mu bukwe bwa cyami bwabaye ikirori gikomeye.

Uyu munsi, Igikomangomakazi Speciose Mukabayojo yapfuye, akaba yari umwana wa nyuma usigaye w’Umwami Musinga. Urupfu rwe rurangije igice cy’amateka y’ubwami mu Rwanda, asize inyuma umurage w’ubwitonzi, ubwenge n’ubumwe hagati y’u Rwanda rwa kera n’uru rwa none. Mukabayojo ni we mwana wenyine wari ukiriho mu bana 19 b’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati ya 1896 na1931 agacibwa n’abazungu agahungira muri Congo ari naho yatangiye (yapfiriye). Musinga yasimbuwe n’umuhungu we Mutara III Rudahigwa, na we amaze gutanga asimburwa na murumuna we Kigeli V Ndahindurwa, aba bombi ni basaza ba Mukabayojo.

Mu 2017 i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda ubwo Mukabayojo aheruka kubona muri rubanda yari afite intege nkeya kubera izabukuru.

Scroll to Top