Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Kanangire Laurène aheruka kwegukana igihembo cya ‘Video Vixen Award, Ibyo wamenya kuri Kanangire Laurène wihebeye ibyo kugaragara mu mashusho y’indirimbo no gukina filime.

Kanangire Laurène amaze kugaragara mu indirimbo z’ibyamamare bitandukanye.

Niba ukunda kureba indirimbo Nyarwanda zitandukanye, byanze bikunze ntabwo waba utarabona zimwe mu zo Kanangire Laurène amaze kugaragaramo z’ibyamamare bitandukanye.

Mu zo uyu mukobwa azwimo zamamaye harimo ‘Rasana’ ya Ruti Joël na Mike Kayihura, ‘Nicki Minaj’ ya Bruce Melodie na Blaq Diamond bo muri Afurika y’Epfo, ‘Nyoola’ ya Eddy Kenzo na Bruce Melodie n’izindi.

Kanangire aheruka kwegukana igihembo cya ‘Best Iconic Video Vixen of the Year 2025’ muri Video Vixen Awards iheruka kuba. Ibi bimushyira mu bakobwa bafite igikundiro kandi bafite izina mu bakunze kugaragara mu mashusho y’abahanzi batandukanye, akabikomatanya no gukina filime no kumurika imideli.

 

Kanangire Laurène ku ifoto

Ni umukobwa ukunze kuvuga ko yumva atekanye cyane iyo atisize ‘Make-up’ nk’uko abandi benshi mu bagore cyangwa abakobwa babikora.

Iyo abajijwe icyo abantu batamuziho, avuga ko ari uko benshi bajya bakeka ko akiri mu myaka 20, nyamara ayirengeje.

Mu kiganiro yagiranye na Peace Mwiza muri MOM Podcast, yagarutse ku rugendo rwe mu ruhando rw’imyidagaduro ndetse n’ubuzima bwe bwa buri munsi.

Avuga ko atigeze akurana indoto zo kuzaba umuhanga mu by’ubuvuzi, umwarimu cyangwa se utwara indege nk’uko bigenda ku bandi bana, ahubwo we yumvaga azaba umukinnyi wa filime cyangwa ukagaragara mu ndirimbo.

Ati “Njye nakuze niyumvamo kuzaba umukinnyi wa filime cyangwa se umu-video vixen ukomeye.”

Aka kazi akamazemo imyaka 10 kuko yagatangiye mu 2015. Indirimbo ya mbere yagaragayemo bitoroshye kubera isoni nk’umuntu mushya ni ni iyitwa ‘Njyenyine’ ya Kid Gaju.

Ati “Birumvikana iyo ari inshuro yawe ya mbere buri gihe uba ufite isoni, ufite ubwoba ndetse uvuga make. Ntabwo byari byoroshye bwa mbere ariko na none ntabwo byari bikomeye cyane. Numvaga ntekanye bwa mbere mbikora kubera impamvu z’uko nabyiyumvagamo kuva kera, ariko nanone ndavuga nti ‘ibi ni byo nshaka nta bindi’.”

Uyu mukobwa avuga ko nyuma yo kugaragara muri iyo ndirimbo yahise agira amahirwe yo kugaragara muri filime, aza kugenda amenyera

Kanangire Laurène

Kanangire Laurène ufite igihembo cy’umukobwa ugaragara mu mashusho y’indirimbo ufite umwihariko, agaragaza ko ari ibintu byamushimishije ariko hakiri imbogamizi muri aka kazi.

Ati “Narishimye ndavuga nti ku nshuro ya mbere abantu bari guha agaciro ibyo dukora. Narabyumvise cyane. Imbogamizi ziracyahari kandi nyinshi kuko kugeza ubu, abantu ntabwo barabyumva neza.”

“Iyo ubwiye ababyeyi ko ugiye kuba umu-video vixen cyangwa umukinnyi wa filime bakureba nk’umusazi bakavuga ko atari akazi. Ntabwo babyumva kandi ni akazi usibye hano mu Rwanda tutaratera imbere. Ahandi nko muri Amerika usanga ari akazi gatunga umuntu akabona buri kimwe cyose ashaka.

About The Author

Leave a Comment

Scroll to Top