
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (Rwanda Mining Board- RMB), cyamuritse ahantu 10 hashya hakungahaye ku mabuye y’agaciro arimo gasegereti, coltan, wolfram, lithium n’andi, ari ku buso bwa hegitari 14.020.
Mu bice byamuritswe, bine byagenewe ubucukuzi bwa Tungsten, Tin na Tantalum [azwi nka 3Ts] n’ayandi, bine bindi bigenerwa ubushakashatsi mu gihe bibiri byo byagenewe ubucukuzi bw’amabengeza.
Ni ibice biri mu byiciro by’ibiciriritse n’ibinini. Byiganjemo amabuye ya coltan, gasegereti, amabengeza, lithium, beryllium, zahabu n’ayandi.
Hari kandi ibice bikungahaye ku mabuye ya wolfram, gasegereti na coltan atunganywamo tungsten, tin na tantalum (3Ts).
Ni amabuye akenewe cyane, kuko atunganywamo ibyuma bikomeye bikoreshwa mu bwubatsi, mu ndege, mu bifaru, mu byogajuru, mu gukora imbunda, amasasu, ibikoresho by’ikoranabuhanga nk’ibitanda bya telefone n’ibirahuri byazo, mudasobwa batiri z’imodoka, imitako n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, gusudira n’ibindi.
Mu bice byagenewe ubucukuzi RMB igaragaza ko bikeneye abashoramari bahabwa impushya bagamije kubicukuramo harimo ikizwi nka Binyeri kiri kuri hegitari 70.
Iki gice kibarizwa mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi, kibarizwamo amabuye ya gasegereti, lithium na beryllium. Cyagenewe ubucukuzi buringaniye (medium).
Mu bice byagenewe ubucukuzi kandi harimo icya Musenyi giherereye mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera. Ni igice kiri ku buso bwa hegitari 1000.
Kiri mu byiciro bikorerwamo ubucukuzi bwagutse (large scale). Habonywe amabuye y’agaciro arimo gasegereti na coltan, lithium na beryllium.
Birimo kandi icya Rubiha cyo mu mirenge ya Rugarama na Kiziguro mu Karere ka Gatsibo. Iki gice cyabonywemo amabuye kiri ku buso bwa hegitari 450. Gasegereti na coltan ni yo mabuye ahaboneka. Habonywe gasegereti nziza itavangiye ku kigero kiri hagati ya 90.5% na 99.08%.

Hari kandi igice cya Minazi cyo mu mirenge ya Coko na Rushashi mu Karere ka Gakenke.
Kiri ku buso bwa hegitari 700. Hagenewe ubucukuzi bwo mu cyiciro cy’ubwagutse. Habonywe gasegereti na coltan, amabengeza n’andi.
RMB kandi yatangaje ibice bigomba gutangirwa impushya zo gukorerwaho ibikorwa by’ubushakashatsi, birimo igice cya Shyorongi kiri ku busho bwa hegitari 3.175.
Iki gice cyo mu mirenge ya Rusiga na Shyorongi mu Karere ka Rulindo. Habarizwa gasegereti, wolfram, coltan, zahabu ibarizwa mu gitaka no mu bitare n’ayandi.
Mu bice byagenewe ubushakashatsi harimo icya Kabagari na Kinihira byo mu Mirenge ya Kabagari na Kinihira mu Karere ka Ruhango. Kiri ku buso bwa hegitari 1500.
Amabuye ahabarizwa arimo gasegereti, coltan, beryllium, lithium, amabengeza. Ni amabuye abarizwa mu gitaka kimwe kimeze nk’ingwa n’ibitare.
Hari ibice bya Bihembe byo mu mirenge ya Nzige, Muyumbu, Nyakariro na Karenge yo mu Karere ka Rwamagana. Biri ku buso bwa hegitari 1600. Habarizwa amabuye ya gasegereti, coltan.
Mu bice RMB yagaragaje kandi harimo icya Kivumu kugeza Nyamyumba cyo mu mirenge ya Nyamyumba, Kivumu na Nyundo mu Karere ka Rubavu. Kiri ku buso bwa hagitari 875. Habonyweyo amabuye ya gasegereti, coltan, wolfram na beryllium.
Ibirombe byagenewe ubucukuzi bw’amabengeza birimo icya Bushekeri-Rangiro kiri ku buso bwa 1400. Kiri mu mirenge ya Kagano, Bushekeri na Rangiro mu Karere ka Nyamasheke.
Iki gice cyanewe ubucukuzi buringaniye kirimo amabuye ya sapphire, amethyst, smoky quartz na ruby. Hari kandi igice cya Kanama mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu.
Hari amabuye ya tourmaline (schorl), sapphire, beryl na almandine. Amabengeza ni amabuye akoreshwa mu mikufi, imitako mu nganda n’ahandi.
Umuyobozi Mukuru wa RMB, Alice Uwase, yasabye abashoramari gusaba kuba bahabwa impushya zo gukora imirimo yagenewe muri ibi bice byavumbuwe ariko bujuje ibyangombwa.
Gusaba kuba bakorera muri ibyo bice byatangiye ku wa 3 Ukuboza 2025, bikazageza ku wa 3 Werurwe 2026. Muri Mutarama 2026 RMB izahamagara abashoramari babyifuza kuba bajya gusura ibi bice kugira ngo babone amakuru yose bifuza.
Uwase ati “Twizeye kwakira ubusabe bwanyu. Mu cyiciro giheruka cyo gutanga uruhushya hashize amezi make, hari uguhatana gukomeye cyane. Twakiriye dosiye zisaba 73 ku bice 10 kandi uyu mwaka duteganya ko umubare w’abasaba uzikuba kabiri.”
Yasabye abashoramari kwegera abafatanyabikorwa n’abashoramari, kwiyandikisha ku bwabo cyangwa gutekereza no ku gufatanya (joint ventures) kugira ngo bashobore kuzuza ibisabwa byose.

Mu bindi yabasabye abasaba kwibanda ku bushobozi bwabo mu by’imari no ku bunararibonye mu bya tekiniki.
Ati “Ibyo ni byo bya mbere tureba, hamwe no kureba niba ibikoresho byanyu bijyanye n’ibikorwa muzasaba gukora. Kuba mufite amafaranga ntibihagije, mugomba no kugira abantu babishoboye. Ibyo ni ikintu cy’ingenzi cyane twitaho.”
Ni ku nshuro ya kabiri hamuritswe ibice nk’ibi. Muri Gicurasi 2025 hamuritswe ahantu 10 hashya habonetse amabuye y’agaciro hari ku buso bwa hegitari 13.454 mu bice bitandukanye by’igihugu.
Imibare yo muri Gicurasi 2025 igaragaza ko u Rwanda rwari rumaze gutanga impushya 136 ku bigo by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro 99, impushya 18 z’ibigo bikora ubushakashatsi ku mabuye y’agaciro zahawe ibigo 17, impushya 76 ku bigo bicuruza ayo mabuye n’izindi eshatu ku biyongerera agaciro.
Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bumaze imyaka irenga 96 bukorwa mu Rwanda. Ubu buha akazi Abanyarwanda barenga ibihumbi 92. Mu 2024 bwinjirije u Rwanda agera kuri miliyari 1,75$.
U Rwanda rufite intego y’uko mu 2029 ruzaba rubarura umusaruro mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ungana na 2,2$. Gukusanya amabuye yose yacukuwe bikava kuri 40% bikagera kuri 80%.