
Nta gusuhuzanya mu ibiganza, Tshisekedi na Kagame bavuze ko bafite “icyizere” mu masezerano basinye.
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RD Congo bashyize umukono ku masezerano y’amahoro i Washington muri Amerika aho Perezida Donald Trump yavuze ko abafitiye “icyizere cyinshi bombi” ko “bazubahiriza ibi biyemeje”.
Aba bategetsi bombi Trump yabanje kubakira mu biro bye muri White House mbere y’uko berekeza ku kigo cyamwitiriwe gusinya aya masezerano.
Ni umunsi wari utegerejwe kuva mu kwezi kwa Nyakanga(5) nyuma y’uko uyu mwaka waranzwe no gushyamirana gukomeye mu magambo hagati ya Kagame na Tshisekedi, ndetse byageze aho biba kwibasirana ubwabo.
Muri aya makimbirane, Tshisekedi yagereranyije Kagame na Adolph Hitler, Kagame na we yise Tshisekedi umuntu “udashobora kwizera ko ibyo mwumvikanye azabyubahiriza”.
Uyu munsi bicaye iruhande rwa Trump, basinye amasezerano y’amahoro, gusa kimwe mu byagaragaje umukoki munini uri hagati ya bombi ni uburyo nyuma yo kuyasinya batahanye ibiganza, nk’uko bimenyerewe hagati y’abantu bamaze kumvikana.

Ibyo bumvikanyeho ni ibiki? kandi batakoranye mu biganza? Aho bari bicaye ndetse bamaze gusinya amasezerano, ibimenyetso by’umubiri byerekanye umukoki munini wo kutumvikana uri hagati yabo
Ibyo bumvikanyeho ni ibiki?
Perezida Trump yavuze ko amasezerano basinye yemeje bidasubirwaho ibyumvikanyweho muri Kamena(6) hagati y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, i Washington, aho bo bahanye ibiganza bamaze gusinya.
Trump yavuze ko amasezerano Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi basinye mu biyagize harimo;
- Guhagarika bihoraho imirwano
- Kwambura intwaro imitwe y’inyeshyamba
- Ingingo zo gucyura impunzi iwabo
- Ubucamanza no kuryoza abakoze ubwicanyi
- N’amasezerano ku bijyanye n’ubukungu

Aya masezerano yasinyiwe mu nyubako iri hafi ya White House yahinduriwe izina ku wa gatatu yitwa, Donald trump institute of Peace
mbere y’uko yakira uyu muhango.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika mu guhindurira izina iyo nzu yahoze ari iy’ikigo ‘US Institute of Peace’, ivuga ko hari hagamijwe “kuzirikana umuntu ukomeye mu mateka y’igihugu cyacu mu guhuza abantu”.
Perezida João Lourenço wa Angola wari mu bategetsi batumiwe muri uyu muhango – na we mbere wagerageje guhuza Kagame na Tshisekedi ku masezerano nkaya bikananirana – yinubiye kuba ibi bihugu “bivandimwe” bimaze imyaka 30 mu makimbirane.
Gusa yavuze ko iyi ntambwe imuhaye icyizere.

Gufatanya kurwanya inyeshyamba
Perezida Félix Tshisekedi yashimiye umuhate wa Perezida Trump wo kugera kuri aya masezerano atanga “icyizere”, yongeraho ko yizeye ko u Rwanda “ruzubahiriza inyandiko n’intego y’aya masezerano”.
Yiyemeje kandi ko hazabaho “gufatanya mu rugamba” rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro.
Tshisekedi yavuze ko ikiganza cye gifunguye ku bufatanye bushyize mu gaciro, bushingiye ku cyubahiro ku mpande zombi no kutivanga.
Yavuze ko aya masezerano ari “intangiriro y’inzira nshya” izaba “isaba byinshi” kandi “inagoye

Perezida Evariste Ndayishimiye watumiwe muri uyu muhango, yavuze ko buri kintu cyose kigira igihe, ati: “Hari igihe cyo gusenya, n’igihe cyo kubaka, igihe cyo kwiheba n’igihe cy’icyizere”, yongeraho ko aya masezerano aha icyizere “abaturage ba Congo n’ab’akarere kose.
Perezida Paul Kagame na we yashimiye Trump nk’umutegetsi “utabogamye” kandi utigera “afata impande”.
Yavuze ko mu gihe akarere gahora mu nkuru zigarukwaho, Trump we yateye intambwe yo gushaka kugeza ku mahoro.
Ati: “Nk’umusaruro, [ubu] dufite inzira igaragara kurusha izindi kandi ishoboka”.
Kagame yavuze ko kugera ku musaruro kw’aya masezerano biri ku ntugu z’abategetsi ba Afurika, atari kuri Trump.
Nubwo Trump yakomeje kugaragara nk’imboneza y’amahoro muri aya masezerano, ntabwo anahisha inyungu Amerika ishaka mu kugeza akarere k’ibiyaga bigari ku mahoro.
Mbere y’uyu muhango kuri Donald J.Trump Institute of Peace, Trump yabanje kwakira Tshisekedi na Kagame buri umwe ukwe mu biro bye White House, mbere y’uko berekeza kuri iyo nyubako umuhango wabereyeho.
Muri uyu muhango Trump yatangaje ko Amerika inasinya amasezerano agendanye n’amabuye y’agaciro na RD Congo n’u Rwanda, avuga ko;
“Azafungura amahirwe mashya kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikagera ku mabuye y’agaciro akenewe cyane kandi bigaha inyungu mu bukungu buri wese.”
Yavuze ko Amerika izohereza zimwe muri kompanyi “nini cyane kandi zikomeye cyane” muri ibi bihugu byombi gucukura amwe mu mabuye y’agaciro n’ubutare bitaboneka henshi.
Ati: “Buri wese agiye gukorera amafaranga menshi.