Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Umugore we yadufashe tutarabikora🫣nihagazeho, nahise nshaka umugabo w’i Rda yankoreye iyica rubozo… Nta birego by’iyicarubuzo bikigaragara mu Rwanda – Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yatangaje ko nta kirego cy’iyicarubozo iheruka kwakira, ivuga ko ari umusaruro w’imbaraga yashyize mu kwigisha inzego z’umutekano uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa.

Iyicarubozo ni ibikorwa bibabaza umubiri bikorerwa umuturage bikozwe n’abahagariye Leta kugira ngo uwo muntu akore ikintu runaka cyangwa atange amakuru yahishe.

NCHR mu nshingano zayo hongerewemo ibikorwa bijyanye no gukumira iyicarubozo n’ibindi bihano cyangwa ibikorwa by’ubugome,

ibya kinyamaswa cyangwa ibitesha umuntu agaciro.

Visi Perezida wa NCHR, Tuyizere Thadée yabwiye Itangazamakuru ko mu myaka yashize ibijyanye n’iyicarubozo n’ibihano bitesha umuntu agaciro byajyaga bikorwa ariko ngo ubu ntabyo bakibona.

Ati “Wumvaga umuntu yakoze amakosa bakamufungira ahantu hadakwiye, ntibamuhaye ifunguro, baramukubita, baramubabaza mu mutwe.

Ibyo byose biba biri mu iyicarubozo n’ibihano bidakwiye umuntu”.

NCHR ivuga ko mu nshingano zayo zo gukumira iyicarubozo ibaza imfungwa n’abagororwa niba nta bihano bahabwa bidakwiye nko gukubitwa no kwimwa ifunguro.

Ati “Iyo umuntu umwimye ifunguro yakwicwa n’inzara, ushobora kumukubita akangirika. Ibyo bikorwa byose turabirwanya turanabikurikirana.

Ninayo mpamvu amagororero ari mu hantu dusura umunsi ku wundi, tukareba mu bwiherero bwabo uko bimeze, aho barara, uwakoze amakosa ari mu igororero akurikiranwa ate? Afungirwa he kuko mu igororero bagira na kasho. Tureba niba iyo kasho irimo urumuri, niba urimo abona ibyangombwa akeneye”.

Tuyizere umaze imyaka ibiri muri NCHR avuga ko kuva yagera muri iyi komisiyo nta kirego cy’iyicarubozo barakira.

Ati “Mazemo hafi imyaka ibiri nta kirego cy’iyicarubozo turakira. Impamvu tutabyakira ni iryo jisho rya komisiyo rihoraho.

Twakoze ibitabo duha abashinzwe amagororero bivuga uko umuntu uri mu igororero agomba gufatwa. Icyo gitabo kirimo uko isuku igomba gukorwa, uko imyambaro yabo igomba kuba imeze, kurya bikorwa bite? Ibyo byose ni ingamba twashyizeho yo gukumira ko byabaho”.

Tariki ya 10 Ukuboza buri mwaka u Rwanda rwizihiza umunsi mpuzamahanga w’uburenganzira bwa muntu.

Uyu mwaka uyu munsi wabanjirijwe n’icyumweru cy’uburenganzira bwa muntu cyakorewe mu turere twa Rusizi na Nyamasheke aho NCHR yasuye abaturage ahantu hatandukanye harimo mu magororero, mu bigo by’amashuri, mu nteko z’abaturage no mu bigo bitanga igororamuco ry’ibanze.

Aho NCHR yageze, abaturage bavuze ko nta bihano bibabaza umubiri bagihabwa, ndetse nta yicarubozo bakorerwa.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu nta kirego cy’iyicarubozo iheruka kwakira

Visi Perezida wa NCHR, Tuyizere Thadée avuga ko mu myaka ibiri amaze muri komisiyo nta kirego cy’iyicarubozo barakira

Abari muri Transit Center ya Gataka mu Karere ka Nyamasheke babwiye Komiseri Gahongayire Aurelie ko badakubitwa, naho muri

Rutsiro: Hatangiye iperereza ku mupolisi warashe abantu babiri na we akirasa

Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Ubugenzacyaha batangiye iperereza ku kibazo cy’Umupolisi wakoreraga akazi ke mu Karere ka Rutsiro warashe abaturage babiri bagakomereka, na we akirasa agapfa.

Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa 10 Ukuboza 2025, mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Bushaka ho mu Mudugudu wa Bikono.

Uyu mupolisi wari mu kazi, yarashe umukozi w’urwego rwunganira akarere mu by’umutekano (Dasso) n’umuturage. Bivugwa ko mbere y’uko arasa abo baturage, abari bahari bababonye basa n’abari kugirana impaka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, yahamirije itangazamakuru aya makuru.

Ati “Ni byo koko umupolisi yarashe abantu babiri barakomereka (umuturage umwe na Dasso) hanyuma na we arirasa arapfa. Iperereza ku cyabimuteye ryahise ritangira.”

Yakomeje avuga ko abakomeretse bajyanwe ku bitaro bya Kaminuza bya CHUK kwitabwaho, naho umurambo w’umupolisi ujyanwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFI).

Umupolisi wari mu kazi, yarashe Umu-Dasso n’umuturage bombi arabakomeretsa nyuma nawe arirasa ahita apfa. Polisi y’Igihugu yatangiye iperereza kugira ngo imenye imvano y’icyo gikorwa

U Rwanda ruteganya gukoresha arenga miliyari 9,2$ muri gahunda y’imicungire irambye y’ubutaka hagati ya 2025 na 2050.

Gahunda y’imicungire irambye y’ubutaka yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 28 Ugushyingo 2025.

Minisiteri y’Ibidukikije na Rwanda Green Fund bigaragaza ko imicungire irambye y’ubutaka irimo ingamba zihuza imiterere y’ibidukikije n’imibereho y’abaturage, zigamije kurinda, kubungabunga no gukoresha neza umutungo karemano urimo ubutaka, amazi n’ibinyabuzima.

Ubutaka buhingwaho buri mwaka hagati ya 2010 na 2015 bwiyongeragaho hegitare 205.000 bingana na 8%.

Iyi myitwarire yo kongera ubutaka buhingwa mu gihe kirekire igira ingaruka ku bundi buryo bwo gukoresha ubutaka, nko ku gusigasira amashyamba make asigaye, uturere tumwe tw’imisozi dufite uburinzi, hamwe n’ibishanga n’ahandi hashobora kurengerwa n’imyuzure.

Hagati ya 1984 na 2015 hegitari zirenga 235.192 zatakaye bingana n’ubuso bwa 45,27% by’ubuso bw’amashyamba yari ahari mu 1984.

Uko gutakara ku butaka bijyanye ahanini na gahunda zo kongera ibikorwa by’ubuhinzi ariko amashyamba agasa n’aho yibagiranye.

Ku rundi ruhande guhera mu 2011-2019, ubuso buriho amashyamba bwongeye kwiyongera ku kigero cya 17% buva kuri hegitare 618.000 bugera kuri 725.000.

Minisiteri y’Ibidukikije na Rwanda Green Fund bigaragaza ko gahunda yo kubungabunga ubutaka mu buryo burambye, SLM irimo ibikorwa bitandukanye bigamije kuzamura ubushobozi ku guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.

Harimo kandi kubungabunga amashyamba, ubutaka, amazi no gufasha sosiyete ku gukoresha neza ubutaka habungabungwa ibidukikije, bakabasha guhinga, babungabunga ibidukikije kandi bakiteza imbere.

Mu bikorwa biteganyijwe gukorwa harimo gutera amashyamba, kurwanya isuri, n’ibindi bigamije kubungabunga ubutaka.

Umuyobozi wa Save Environment Initiative, Kubwimana Concorde, yabwiye itangazamakuru ko kubungabunga ubutaka bukomeje kwangirika ari ingenzi cyane.

Ati “Mu Rwanda, kubungabunga ubutaka bikwiye kuba ingenzi mu gusigasira ubutaka buri kwangirika, byongera umusaruro w’ubuhinzi, gufata neza amazi, kurwanya isuri, by’umwihariko ku misozi kandi bikanafasha mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubutaka, Marie Grace Nishimwe, yabwiye itangazamakuru ko muri iyi gahunda uruhare rwabo ruzaba urwo kugaragaza ibishushanyombonera by’imikoreshereze y’ubutaka.

Ati “Ubundi mu bijyanye no kubungabunga ubutaka harimo ibikorwa byinshi birimo gutera amashyamba, gukora amaterasi n’ibindi bisaba kubungabunga ubutaka. Ni gahunda ihuriweho n’ibigo byinshi.”

Yakomeje ati “Twebwe uruhare rwacu rwa mbere ni urwo gushyiraho ibishushanyo mbonera by’imikoreshereze y’ubutaka no gukomeza gukora ubugenzuzi kugira ngo byubahirizwe no gukomeza gufatanya na Rwanda Housing Authority mu gukora ibishushanyombonera.”

Biteganyijwe ko iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa mu byiciro bitatu.

Icyiciro cya mbere kizatangira mu 2025-2030, biteganyijwe ko kizatwara agera kuri miliyari 2,3$, icya kabiri gitangire 2031-2035 kizatware miliyari 1,8$ mu gihe icya gatatu kizakorwa mu myaka 15 izaba isigaye kizatwara arenga miliyari 5$ hagati ya 2036 na 2050.

Nk’ibikorwa byo kurwanya isuri hakenewe arenga miliyari 2,2$, no kwirinda imyuzure hakoreshejwe uburyo gakondo hakenewe miliyari 2,$ mu gihe uburyo bwo gukoresha ibidamu hakenewe arenga miliyari 2,6$.

Mu Rwanda

U Rwanda ruzakoresha arenga miliyari 9,2$ mu micungire irambye y’ubutaka

 

 

About The Author

Leave a Comment

Scroll to Top