Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

The Ben, na Bruce Melodie, imbere y’itangazamakuru, Ni ubwa mbere mu itangazamakuru ry’imyidagaduro mu Rwanda habaye ikiganiro hagati y’abahanzi naryo kikabera ahantu hagari,

kandi n’abakunzi b’abahanzi ntibahezwe ahubwo bagahabwa umwanya wo kwihera ijisho abo bakunda.

Ntabwo byari bisanzwe ko abahanzi baganira n’itangazamakuru bameze nk’abari mu kiganiro mpaka, buri wese yirata ibigwi n’ibyo arusha mugenzi we.

Byabaye ubwo The Ben na Bruce Melodie baganirizaga itangazamakuru bategura igitaramo bagiye guhuriramo cyiswe “The Nu-Year Groove”, The Ben agiye gukora ku nshuro ya kabiri.

Ni igitaramo kizabera muri BK Arena, ku wa 1 Mutarama 2026. Cyatewe inkunga na Airtel Rwanda, Tecno, Engen, Centrika ndetse n’ikinyobwa Mützig.

The Ben yavuze ko bagitekereje bashaka gukora ikintu kigari kitazaba rimwe, ahubwo kigomba kubaho mu buryo buhoraho kandi kigahuriza hamwe abahanzi batandukanye mu Rwanda no hanze.

Ati “The Nu-Year Groove ni igitaramo ngarukamwaka nka za Afro Nation. Hari n’igihe kizajya kiba simbe ndi mu bagomba kuririmbamo. Igamije kuzana umunezero n’ibyishimo mu Mujyi wa Kigali ndetse no kugaragariza amahanga ko iwacu ariho ibintu byose bibera. Ni iyacu nitwe bayitangije izajya igaragaramo abahanzi batandukanye mu myaka uko izagenda isimburana, kandi buri mwaka uzajya uba ufite umwihariko wawo.’’

Bruce Melodie we yavuze ko kuva we n’ikipe bakorana bakwegerwa n’iya The Ben, bahisemo kwemera gukorana na we nta kuzuyaza kuko igitaramo cye gifite umwihariko mu mitegurire.

Ati “Nakunze igitekerezo cy’uko The Ben yatwegereye kandi n’ubundi igitaramo gisanzwe kigenda neza yaba mu mitegurire, nta cyabuza gushyiraho itafari ryanjye ndetse no kubashimisha. Niteguye neza. Muzabibona kuri uwo munsi.

Bakoreye ikiganiro muri Kigali CarFree Zone

Ni ku nshuro ya mbere muri Kigali CardFree Zone habereye ikiganiro hagati y’abahanzi n’itangazamakuru. Ubundi akenshi ahubwo bamwe bakunze kuhakorera ibitaramo bitandukanye.

Ubwo bamwe bamenyeshwaga ko aba bombi bazahakorera ikiganiro n’itangazamakuru batunguwe. By’umwihariko iki kiganiro uretse itangazamakuru harimo na rubanda, ndetse wabonaga benshi bishimiye gusabana na bamwe mu banyamakuru bazwi bakunda abandi bishimiye kubona imbona nkubone Melodie na The Ben.

Bruce Melody, na The Ben

Kuva aba bahanzi bagera ahabereye iki kiganiro, bamwe bari bari ahitegeye bari mu mirimo itandukanye yiganjemo iy’ubwubatsi bahisemo kuyishyira ku ruhande bihera ijisho iki kiganiro.

Buri wese muri aba bahanzi yateguje abakunzi be ko agiye gushyira hanze indirimbo nshya mbere y’iki gitaramo. Bruce Melodie ati “Mu gihe kitarenze iminsi itatu ndashyira hanze indirimbo nise ‘Munyakazi’ kugira ngo niduhura ku wa 1 Mutarama 2026, muzamenye aho iryo zina ryavuye.”

The Ben we ati “Mu gihe kitarenze iminsi itanu ndabasohorera indirimbo nise Indabo Zanjye.”

Urebye ukuntu aba bahanzi bari biteguye ikiganiro n’itangazamakuru nta kabuza byerekana noneho ishusho ngari, y’uko igitaramo bazahuriramo kizaba gifite uburemere buri wese ashaka kwemeza undi yaba mu myambarire ndetse n’ubundi buryo ubwo aribwo bwose bujyanye no kwigaragaza ku rubyiniro.

The Ben yavuze ko Nu Year Groove bashakaga ko ibera muri stade Amahoro ariko bikaza kwanga, kubera impamvu zitandukanye agaragaza ariko umwaka utaha hari ikintu azakoreramo byanga bikunze.

Byitezwe ko nyuma y’iki gitaramo, The Ben azifatanya na Bruce Melodie mu bitaramo bizenguruka Igihugu ateganya gukora mu 2026.

About The Author

Leave a Comment

Scroll to Top