Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Imigani migufi : UMWANA W’INGAYI

Mu Rwanda hose, banga umwana urya agaya igaburo bamuhaye

 kenshi na kenshi n’ibyo arya usanga abirya abitamo amarira kuko babimuhana inkoni.

Nubwo yarya byinshi ate, ntajya ashyira uturaso ku mubiri. Iyo abonye abandi bana barya abagirira ishyari, akeka ko ari bo batuma ahabwa ibyo yita bikeya.

Habayeho umwana, iyo ngeso yo kugaya iza kumwokama. Bukeye nyina agira atya arapfa, se azana undi mugore. Umwana akaboroga, akirukira hanze yomongana; bya biryo yagayaga abandi bana bakabyirira. Se w’uwo mwana na we ntabyiteho, kuko yari azi neza ko yari indashoboka.

Haciye iminsi, umwana ahinduka ingegera, asigara atunzwe no kwiba ibyo arya mu mazu ya rubanda. Umusatsi umuhirimbiraho, inzara z’intoki n’iz’ibirenge zirashokonkora; ubwo amavunja amwarika wese.

Abandi bana bamubona mu bihuru aho abunze yihishe bakamukwena, bati nguwo maguru y’urubabara ya rubaburabirenge, iyo ajya kuba rubebe, yangana na rubanda.

Ngicyo igisingizo cy’umwana w’ingayi, watoye ingeso mbi y’ubusambo.

UMUGANI WA NYIRAMWIZA

Kera habayeho Umugabo, akagira umugore. Bukeye umugore arasama. Umunsi umwe uwo mugore yegura ikibindi ajya kuvoma kandi akuriwe. Aragenda aravoma, amaze kuzuza amazi mu kibindi, agerageza kucyikorera kiramunanira. Nuko arivugisha agira ati, ”Icyampa nkabona unyikorerera iki kibindi, maze iyi nda ntwite nazayibyaramo umukobwa, nkazamumushyingira; nazayibyaramo umuhungu bakazanywana.” Ako kanya inkuba irakubita, ikibindi iragiterura igitereka mu rugo.

Biratinda maze wa mugore arabyara, abyara umukobwa. Bamwita Nyiramwiza. Amaze kuba umwangavu, umurabyo ukajya uza ugahagarara ku muryango, ushaka kumutwara. Nuko wa mukobwa akaririmba ati, ”Erega sinari nakura, yewe mwami wo hejuru, ninkura nzagusanga!” Bikomeza bityo! Ababyeyi be bamubuzaga kujya hanze kugira ngo inkuba itamutwara.

Umunsi umwe, abandi bakobwa baraza baramushukashuka ngo bajyane gutashya no kwahira ishinge. Nuko yiteba ababyeyi be maze ajyana n’ abandi. Bageze ku gasozi, imvura iragwa. Abakobwa bose bajya kugama mu isenga ry’impyisi.

Bagezemo umurabyo ushinga ku muryango. Nuko ba bakobwa basohokamo umwe umwe; ugeze ku muryango akavuga aririmba ati, ”Si njye Nyiramwiza useka amasaro agaseseka.” Maze umurabyo ukamureka agatambuka. Nuko Nyiramwiza asigayemo wenyine araza, ageze ku muryango, avuga kimwe n’ abandi. Nuko araseka! Maze amasaro arameneka, yuzura hasi. Ako kanya inkuba irakubita, iramutwara!

Amaze kugera mu ijuru inkuba iramutunga, babana igihe kirekire. Amaze kubyara gatatu ahetse uwa kane, abwira Nkuba ati, ”Ndashaka kujya gusura iwacu ndabakumbuye.” Inkuba irakubita, maze iramwururutsa. Imuha amatungo: inka, ihene n’intama. Imuha n’abagaragu bo kumutwaza amaturo n’ibindi byinshi.

Nuko Nkuba aramubwira ati, ”Uramenye unyure mu nzira y’agatsibanzira, ntunyure mu nzira y’igihogere. Naho ubundi wazahura n’umugabo utari jye.”

Nuko Nkuba amaze gusubira inyuma, wa mugore yinyurira mu nzira y’igihogere, ngo mbese araba iki? Bageze imbere bahura n’igisimba. Kimwaka ibyo yari afite byose kirabirya. Hasigara we n’ abana be gusa.

Kirangije kiti, ”Mpeka.” Aragiheka, maze akagenda ahigimba, naho ari ugucira amarenga ba bana be aho bari bahungiye ngo bajye kubwira basaza be ngo baze bamukize icyo gisimba. Ubwana burarorongotana bugera kwa ba nyirarume, buvuga uko byagenze.

Hanyuma bambika imbwa, bafata amacumu n’imiheto baratabara. Bahageze, basanga wa mugore agihetse cya gisimba, ariko atagishobora gutambuka. Ababonye agiterera hasi. Babanza kugica agahera, nyuma bagica amaboko n’amaguru. Ibyo cyari cyariye byose babikivanamo. Nuko baracyica. Nyiramwiza abona gutaha iw’ababyeyi be.

Si jye wahera!

Umuhango Wo Gusetsa Imana Mu Myemerere Y’Abanyarwanda.

Hari benshi batekereza ko mbere y’uko haduka umuhango wo kubandwa cyangwa iyogezabutumwa bw’amadini, nta kindi Abanyarwanda bakoraga nk’ikimenyetso cyo gusabana na yo nk’umubyeyo n’abana be.

Ariko amateka y’impitabiye ku gihugu cy’u Rwanda by’umwihariko k’ukw’ Imana yabanaga n’Abanyarwanda, agaragaza ko Abanyarwanda bakoraga umuhango rimwe mu mwaka witwaga: “Gusetsa Imana”.

Ni umuhango bateguragamo ibirori bikomeye byo gushimira Imana no gutaramana na yo mu gihe ikibahagaritse mu Rwanda, igihugu yabagabiye nka gakondo y’ibihe byose. Umuhango wo gusetsa Imana wategurwaga n’ibwami, ugahererekanywa mu batware bakuru, ab’imisozi, kugeza mu miryango.

Ni umuhango wamaraga amezi 3, asoza umwaka kuko watangiraga ku wa 15 Kamena ugasoza ku wa 15 Nzeri ari nabwo umwaka w’Abanyarwanda watangiraga ukanasozwa. Aha bikaba byumvikana ko umuhango wo gusetsa Imana, wagendanaga n’uw’umuganura.

Mu gusoza umugenzo wo gusetsa Imana, bagira bati:

Seka seka gororoka gasani k’i Rwanda

Rusekere rugubwe neza

Rusenderezemo amahoro n’amahe

Rutsindire ubukenya n’ubugingo buke

Rutsindire ubusame n’ubusharire

Rutsindire icyago n’icyagane

Rutsindire nyamunsi n’intumwa yayo

Rutsindire umwanzi wo mu kirambi

N’umurozi uvuka ishyanga

Garika ibiganza utugabire

Rugaba, Rugabo, Rwagisha

Maze twishyuke mu Rwanda umu.

Umuhango wo gusetsa Imana wagenderaga ku ihame ry’uko urugo rw’umwana rugususurutsa utarurimo, bityo Imana y’i Rwanda, ishimishwa n’uko abana bayo babayeho neza n’ubwo nta cyo bayiha kuko nta cyo ikennye.

Umugani w’Ikirura na Bwiza

Habayeno umukobwa w’inkumi, akitwa Bwiza kandi akaba mwiza koko. Umuntu wese wamubonaga yumvaga amukunze, ariko Nyirakuru akamukunda by’akarusho.

Bukeye, Nyina aramubwira ati, “Enda iyi fu n’uru rwabya rw’amavuta, ubishyire Nyogokuru kandi ntutinde mu nzira cyangwa ngo urangare, wibuke no kumuntahiriza.”

Nyirakuru yari atuye hakurya y’ishyamba. Arigezemo ahura n’ikirura, kiriyoberanya, Bwiza ntiyabimenya, kimuramukije aracyikiriza. Kiramubaza kiti, “Uragana he?” Aragisubiza ati,

– Ndajya kwa nyogokuru.

– Umushyiriye se iki muri iyo nkangara?

– Mushyiriye ifu n’amavuta yo kujya arungisha.

– Nyogokuru wawe atuye he?

– Atuye hakurya y’iri shyamba. Ni ‘rwo rugo rwa mbere uhingukiraho.

Ikirura kiriyamirira kiti, “Mbega umukobwa mwiza! Ariko se ndamuhabwa n’iki ko numva hafi abantu basa ibiti ? Yewe, henga nigendere.”

Taritari no kwa Nyirakuru wa Bwiza, kimutangayo, gihondagura ku rugi. Umukecuru abyumvise aravuga ati, «Yewe!» Ikindi kiti «ni Bwiza; nkuzaniye ifu n’amavuta» Umukecuru ati, “Cyo injira nta mbaraga mfite zo kubyuka.”

Ikirura kirakingura, kiraboneza no ku buriri kimumira bunguri, cyiryamira ku buriri bwe, kirimiramiza. Bwiza ngo agere kwa Nyirakuru, asanga umuryango urangaye! Ati, “Ko numva ibikoba binkuka!”

Araboneza no ku buriri yorosora cya kinyamaswa agira ngo ni nyirakuru. Agize ngo arajya kumuramutsa yumva atari we akoraho. Cya kinyamaswa kimwirohaho kiramumira. Hanyuma kiriryamira kirasinzira; kiragona cyane kuko cyari cyijuse.

Umuhigi arahanyura, yumva umugono wacyo ati «ni wa mukecuru w’aha ugona?» Ni bwo yinjiye mu nzu ku buriri asanga ari ikirura; icyo kinyagwa yari yaragihize, cyaramunaniye. Yanga kukirasa, maza yenda inkota ye, agisatura inda. Amaze kugisatura, asangamo wa mukecuru n’umwuzukuru we, abakuramo ari bazima na cyo kigwa aho.

“Si njye wahera, hahera umugani.

Ikivugo cy’intore ‎Salihi Edison Cavan

Serukana inkubito muheto wa Rwema cumu ry’ubuzima shinjagirana isheja ishema n’ubutwari ijaba ryawe riguhe ijambo.

Wararihoranye urarifite kdi uzarihorana uri Rudasumbwa rusumbya izuba kwaka inzora.

UBUTUMWA BW’ABAKUNZI BACU, NAWE UFITE ICYO USHAKA KUGEZA KU BANYARWANDA GIFITANYE ISANO N’UMUCO WACU GAKONDO TWANDIKIRE TUBAKUBWIRIRE KU BUNTU:

Muraho neza Mugire amahoro, nukuri ndabakunda nifuje kubagezaho amahamba amazina yinka Munkeneye mwambona kuri, Contact us | Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

.

AMAHAMBA AMAZINA Y’INKA 1.

KUVUGIRINKA

.

Munda yangabo

Rugaba yanze gututira

umugabo yanze guhiga higa muruhinga rwa kinihira inka ayitesa

abasore yijihije mutari,

.

Ngo araaaza aba atutira batongana ngo ntibaturana yangurugo ruvugumugore agwamugitanda rwavugumuhoro?

Ngaboweeeeeee,

.

Munda yangabo Imbwa yanze kunywera mumugende wo kwankongo ngw inkongoro zo kwamuganga zirahavoma uzazurebe ngaboyica abagome ikabamburuza abagabo ikaremereza

nabaremye uruhimbi!

.

Yayanze kuryamirikibero ngo batayireberikinegu

igasanguraaaa?

.

Ndekuriza rukara rwikubis umutar

iyomwitaba ryumukangwe

umukawuracumu yayihawe na ruhezamihigo?

.

Uzazureb umureraban intuga iticumugab yindatirwabahizi

Ahor uhorer umujyanama ninka ya namvaaaa

.

iyeyeeee ijejeri yarubonurwangu nimwo yamurikiye

abakamyi nabakamisha bakamuhonda ntibayiheza mungeyo,

.

Yeeeeee

Indende iteminsinzi igahanurijuru abaragiyijana ntibaryijanda doringe yanzumugan ugana murimaaaa

.

Mbe bakobwa bahiye sharaba narunya ntimuce

rwegonarwiyamir ejobundi rumenerizahembaaa,

.

Zazure beeee

nsindagizuwampaye ncingintege abatabizi

basindagizamagambo asindagizumuhir abahinzi bahingutseee

.

Munkayewe nkunda amagaju imfizi nkunda musengo mugore

ntukararumugabo nfizi ntukararisumba mushumba ntukararumuhondoooo!!!!!

.

Hiyeeeee

Dore rubibi rubereyibirori ntore zibereye guhamiriza mudahamagaz ingeyo ingomanziza bayihamagaz

umurishyo!

Indurivugije nehamihigo

ibitugu nibyinsenga mihigo!!!!

.

Impatamihigooo imbwa yanze gukuka kumanwa yuruhangabagabo ngwabakecuru bomubireka batayireba mwicabigasangura,

Zazureb indangamirwaaaa iyabaganwa batiganda zikukanyamagana abagabo bayivugibigwi numuberabirori

Yeee ngimve yeee ngabiriyaaa

Yica ikaramyabagabo

ikarema nabaremuruhimbiii

Yeeeeeeeee

Dore rutiye igiramaber atungabashumba

kwishyamba abagore basiganye kugemura

mugore mwiza ntukararumugabo mfizi ntukararisumva

mushumba ntukararinkongoro,

mukobwanawe ntukihebe ejo

irembo rizagoboraaaa

ruvuri wee ruvuruwivugiye kumuvunva

ruvuz ibyarimivandi nkurikirane zaruganda muragakura!

.

Yeee iiiyeeee

Dorumujyanama ninka yanamva umugenda

rihumbye bwira rigahundagara yarikojejinkokora hasi

inkoko ziranagaaa

.

Takumushoza takumushoza,

Ntakumwimiriz iyanon ijoro ryananiyabarinzi? Yeyeeeeeeeee,

Iyatazira niyanyirakigwene

Iyantar ihoranumurezi,

Iyakabarar impakabarasi

Iyasendashak ikandagirabashumba

zazurebe bigutu weeeeeeee

Umugore: Mbe wiriwe Semikizi?

Umugore: Mbe wiriwe Semikizi?

Semikizi: Wowe wiriwe se wahaye iki Imana?

Umugore: Ndakubaza amakuru wiriranwe

Semikizi: Ari kuri Radiyo

Umugore: Ariko kuki utashye uvuga nabi?

Semikizi: Navugaga neza se ngo untume iwanyu?

Umugore: Nagutumaga iwacu se ngo uzahavuge ryiza?

Semikizi: Nahavugaga ryiza se nahakuye mwiza?

Umugore: Wahakuraga mwiza se wahakoye nziza?

Semikizi: Nahakwaga nziza se ngo nzahabone urwabya?

Umugore: Wahabonaga urwabya se ngo usigire umugaragu?

Semikizi: Nasigiraga umugaragu se nakoye ize n’izanjye? Kandi wa kagore we naguterura nkakurenza urugo!

Umugore: Wandenza urugo abarenzi b’imuhana bakanterura bakansimbagiza!

Semikizi yishwe n’uburakari ava mu rugo ajya kwizerereza.

Ageze hirya ahura n’umugabo aramubaza ati:

Umugabo: Wa mugabo we urava he?

Semikizi: Aho nakomeretse

Umugabo: Ndakubaza aho uturutse

Semikizi: Aho nahereye ngenda

Umugabo: Ndakubaza inturo

Semikizi: Iba mu rubingo

Umugabo: Wa kigabo we ko uvuga nabi. Kavune umuheto

Semikizi: Nkitwaza ikibando

.

Umugabo: Kabure impinga

Semikizi:

Nkagenda umucyamo!

Umugani wa BAKAME n’Impyisi

Kera Bakame yacuditse n’impyisi, biranywana, birabana bishyira kera. Ariko Bakame ikababazwa n’uko impyisi iyirusha ubukungu.
Bukeye Bakame ibwira impyisi iti “reka ducuruze impu, ubukungu bwawe burusheho kwiyongera, ndetse ungurize ibintu byo gutangiza, nzajye nkungukira.” Impyisi irabyemera.

Bitangira gucuruza impu, zimaze kugwira, bijya kuzicuruza mu mahanga, inyungu ikabikwa kwa Bakame. Bakame imaze gukungahara irirwaza. Bwa bucuruzi burahagarara ariko impyisi ntiyabyitaho.
Hashize iminsi, Bakame irazinduka no kwa Mpyisi iti :”yemwe abo kwa Mpyisi mwaramutseho !” Impyisi iti :”bwakeye Baka ! » Bakame irihangana irarikocora iti:” nta miramukire yanjye, baraye baducucuye, badusahuye ntibadusigira na busa.” Ubwo impyisi igwa mu kantu, mbese isa n’ikubiswe n’inkuba. Bakame ibonye ko impyisi ibuze aha irigitira irayishukashuka, iyibwira ko izabiyishyura.

Bakame iragenda ifukura icyuzi, yororeramo amafi, amaze gukura ikajya ijya kuroba ayo yirira. Hashize ukwezi impyisi ijya kwishyuza Bakame ibintu byayo. Bakame iyakira neza, yikoza munsi y’urugo iroba amafi cumi iraza irayateka iyavanamo umufa uryoshye cyane, maze yegereza impyisi. Mu mwanya muto impyisi iba irakomba imbehe.
Irangije iti :” mbese shahu Bakame, ibi bintu biryoshye bitya, ubikura he ? ” Bakame irahaguruka ijya kuyereka icyuzi cyayo iti:” ugende ufukure nk’iki, amafi azimezamo. »

Warupyisi igeze imuhira sinakubwira ukuntu yarimbaguye umusozi mu mwanya muto. Imaze kuyoboramo amazi, itegereza ko amafi yazamo, iraheba. Ni bwo igiye kwa Bakame iyirakariye cyane. Igeze yo, Bakame iyisomya ku nkangaza y’ akataraboneka. Kwibuka icyari kiyizinduye biragatabwa! Imaze kuryoherwa cyane, iti:” mama we ! Ibi se byo wabikuye he ? ” Bakame iti :” ukagira rwa rutoki rwose, ukabura inzoga y’ubuki? Hoshi genda utemagure za nsina zose, amakakama azivuyemo uyashyire mu kabindi, amaremo ibyumweru bitatu, maze uzasomeho wiyumvire. »

Impyisi iragenda ibigenza uko Bakame yayibwiye. Ibyumweru bitatu bishize, igotomeraho, maze urulimi rurababuka, inkanka ziratenguka. Umujinya urayica, ifata umufuka no kwa Bakame ntiyasuhuza, ihita igafata igashyira muri wa mufuka, ngo ijye kukaroha mu manga. Igeze mu nzira yibuka ko yibagiriwe urujigo rwayo kwa Bakame, iratura, isubira inyuma yiruka.

Ingeragere iza kunyura hafi y’uwo mufuka, Bakame iti:” Uraho Ngeragere! Iti :”uracyabaho Baka ! Ese urakora iki muri uwo mufuka shahu Baka ? ” Bakame iti:” ntiwamenya ibyanjye. Ubu banshyize muli iyi ngobyi ngo bajye kunyimika, njye ntegeka utunyamaswa turi hariya hakurya, ni cyo gituma bagiye bampetse! Nyamara simbishaka, ariko ntibabyumva ! ” Ingeragere iti:” shyuuuu!! Ukivutsa umugisha nk’uwo! Reka nigiremo niba utabishaka.”

Bakame ibanza kwangira, nyuma iti:”ngaho jyamo ariko nawe urampemba!” Ingeragere ihambura wa mufuka, ivanamo Bakame, maze iwinagamo. Bakame si ukuwukanira iradanangira. Irangije iti:”ngiye kuguteguriza. »

Muri ako kanya impyisi iba iraje, ibatura umufuka ngo girigiri…! Igeze hirya iti « ariko noneho ko biremereye cyane, iyi nkenya iriye iki? Ayubusa ariko ndakuroha, dore igihe wambeshyeye ! »
Ingeragere ngo ibyumve iti « reka Mpyisi sindi Bakarne, nshyira hasi nigendere. » Iraboroga cyane ariko impyisi ntibyumve, ahubwo ikayisubiza ngo dore aho wambeshyeye, ubwenge bwawe ndabuzi, umunsi ntarengwa ni uyu! Iragenda no mu manga ngo pooo! Ingeragere iniha rimwe gusa, igera mu kabande itakirashya.

Impyisi itaha yizeye ko igiye kwirira ya mafi ya Bakarne no kwinywera ya nzoga y’ubuki. Ku mugoroba ntitarabukiyeyo, isanga ka Bakarne kidundaritse ku nkombe y’ icyuzi cy’ amafi yako kararoba.

Bihehe igihinguka aho, Bakarne iba yayibonye. Bakarne iti « Warupyisi ntunyegere, ntabwo abatarapfa nka we bagomba kwegera abavuye ikuzimu nka njye ! » Impyisi irumirwa igirango koko Bakarne yazutse, ishya ubwoba itekereje ko wenda ihamye aho yapfa, irirukanka irahunga izinukwa ityo kuzongera kwikorereza Bakame no gucudika na yo.

Sijye wahera hahera umugani.

Umuco uracyakomeje

Burya mu Rwanda umuco wo Guheka no Guhekerana uracyariho, aha ni mu mujyi wa Ngororero.

About The Author

Leave a Comment

Scroll to Top