Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Nzi Ibyo Nibwira, Israel Mbonyi. hano turakugezaho indirimbo hafi ya zose za, Israel Mbonyi.

Israel Mbonyi, Nzi Ibyo Nibwira

1

Nind’ ushaka kugira ubwiza
Ukeneye icyubahiro
Ngaho nagende abishakishe
Gukora ibyiza ubudacogora
We ntiyite ku maso y’abantu
Kuk’ ubwabo ntibamukunda
Ahubwo yite kw’izina mwita
Kuko nd’Imana yamuremye

Ref:

Nzi ibyo nibwira kubagirira
Si ibibi ahubwo ni ibyiza
Kugira ngo mbareme umutima
W’ ibizaza, ndabakunda.
Ngaho mugende mubwire abababaye
Muhumurize abakomeretse
Mubabwire baze barebe
Dufite Imana itajya ihinduka
Yadusanze twigaragura
mu ivata, idukuramo
Iratweza, iratubabarira
Ikirut’ ibindi idusezerany’ ubugingo

2

Ngaho genda uhagarare ku munara
Utegereze icyo nzavuga
Wimire amajwi yose ya Satani
Uhore witoza gukiranuka
Genda usenge wongere usenge
Utandukanye gusenga kwawe
Kuko ariho nzagukiriza
Nzatanga ingabo nyinshi zipfe ku bwawe

Yankuyeho urubanza by Israel Mbonyi

Ref:

Amaraso y’amenetse
yankuyeho urubanza,
yarambohoye ndaririmba
kuko nzi yuko yambabarirye.

1

Ubwiza n’ubumana yikuyeho ,
yemera kubumbura cya gitabo,
yaje gushak’ uwazimiye ,
uwo ni njewe wamubambye.

2

Inzandiko zindega zari nyinshi
baburoni yose yamenye izina ryanjye
ariko nyumo yo gupfa kwe
amaraso ye yankuyeho urubanza.

3

Sinkiri icy’abantu bifuza ko mba,
ahubwo nd’icy’Imana ishaka ko mba cyo
yampiduje amaraso ye,
yampinduye izina amp’irindi rishya.

4

Benshi bari bazi ko nkiri wawundi ,
abandi bari bazi ngikora ibya kera,
reka mbabwire narahindutse
yampinduy’izina amp’irindi rishya.

Ndanyuzwe by Israel Mbonyi

1

Mpagaze ku rugi ndakomanga,
Bakanyumva ariko ntibugurure,
Ndahamagara singire unyitaba! (x2)
Ndarwana ariko nkaneshwa,
Ndasiganwa ariko singerayo,
Ndaroba singire icyo mfata! (x2)
Ndarira nkabura uwampoza,
Ndababara singire umpumuriza,
Ndahinga bikaribwa n’inyoni! (x2)

Ref:

Mubibaho byose ntacyo, cyantandukanya Nawe (Christu) (x2)
Ndanyuzwe kuko mufite ndi amahoro,
ndashima cyane ko yambonye akanshyigikira,
Ndeba hirya ndeba hino, URUKUNDO rurangose ! (x2)

2

Mpagaze nsenga nsengera mu butayu,
Mfite inyota mfite inzara mfite intimba,
Ariko ndatura ukugira neza kwawe! (x2)
Isi nibiyuzuye byose ni ibyawe,
Sinzacyena cyangwa ngo nsabirize,
Kuko nshyigikiwe n’umugabo w’umukire ! (x2)
Ndagusaba nungabira njye ngushima,
Ndasenga nunsubiza nkuririmbire,
Ndahinga nineza njye kugutura ! (x2)

Kumigezi

1

Twicaraga ku migezi y’i babuloni
Tukarira twibutse iwacu
Imitima yacu yari yuzuye agahinda
Kuko nta mutabazi twari dufite,
Turapfukama dutakira uwiteka,
Aratwibuka adukiza amaboko
Y’abatujyanyeho iminyago aradutahura
Tugera i siyoni kubw’ubuntu bwe
Twasaga n’abarota ko dutashye
Amarira atemba kubera ibyishimo
Indirimbo nshya zuzuye ibitabo byacu
Ubwo twitegeraga ya migabane

Ref:

Tuzafata urugendo rurerure,
Tuzurira imisozi iteganye n’igicaniro
Tujye gutamba ibitambo by’ishimwe
Nk’urwibutso ko yadutahuye
Tujye gutamba ibitambo by’ishimwe
Nk’urwibutso yesu ko yadutahuye

2

Amahanga yose abonye iyo mirimo
Baratangara bubaha Uwiteka
Igitinyiro n’igikundiro by’uwiteka Imana
Bigota abagabo i yerusaremu
Ikibabaje nuko benshi bibagiwe
Imitima yabo iramarara
Birengagije za ndahiro barahiye
Ubwo bari mw’ishyamba ry’ikibira
Nzamanura inanga nicare ndirimbe
Mpamagare abanjye mbareme agatima
Njye n’inzu yanjye tuzakorera Uwiteka
Waduhaye amazi tunyotewe
Njye n’inzu yanjye tuzakorera Uwiteka Imana
Waduhaye amazi tunyotewe

Israel Mbonyicyambu, aha yari ari kureba ko umwambaro wa kinyarwanda umubereye,

Ubusanzwe abanyamahanga bakunda kwamba umushanana,

ku girango bigane umuco nyarwanda

Please follow and like us:

About The Author

Leave a Comment

Instagram
LinkedIn
YouTube
Scroll to Top