
Nyuma y’imyaka 10 abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana,
Richard Nick Ngendahayo, agiye kongera gutaramira i Kigali mu gitaramo cye cyiswe “Niwe Healing Concert” kizabera muri BK Arena ku wa 29 Ugushyingo 2025. Iki gitaramo cyari giteganyijwe kuba ku wa 23 Kanama ariko cyaje kwimurwa, kuri ubu abari kugitegura bakaba bemeje ko kigiye kuba banatangaza ibiciro by’amatike biri hagati ya 5,000 Frw na 30,000 Frw bitewe n’aho umuntu azicara.
Ngendahayo azwi mu ndirimbo zakunzwe nka “Mbwira ibyo ushaka”, “Ibuka”, “Yambaye Icyubahiro”, “Wemere ngushime, na “Sinzakwitesha.
Iki gitaramo gitegerejwe n’abakunzi b’umuziki wo kuramya n’ugamije gukomeza abantu binyuze mu ndirimbo zifite ubutumwa bwo gukiza no guhumuriza imitima.
Indirimbo Ni we imwe mu za Richard Nick Ngendahayo zakunzwe cyane

Richard Nick Ngendahayo, Si Umuhemu
1
Singiza Umwami Ni Mwiza
Isi ItararemwaYariho
Nshima Uwankunze Ntamuzi
Shimwe ndirimba Ni Yesu
Abera hose Icyarimwe
Si Umuhemu Kandi Ntabeshya
2
Arakomeye bitangaje Hiye
Ndamuvuga Ndamurata
Ref:
Abera hose Icyarimwe
Si Umuhemu Kandi Ntabeshya
3
Nganzo y’ Ibyiza, Mubyeyi Mwiza
Murage Mwiza, Mahoro
Mugabo Mwiza Uhoraho
We mico myiza, Habwa Impundu
U Rwanda N’ Abanyarwanda twese
Tuguhaye Igihugu cyacu
4
Arakomeye Bitangaje Hiye
Ndamuvuga Ndamurata
Ref:
Abera hose Icyarimwe
Si Umuhemu Kandi Ntabeshya
5
Arakomeye Bitangaje Hiye
Ndamuvuga Ndamurata
Ref:
Abera hose Icyarimwe
Si Umuhemu Kandi Ntabeshya
6
Hiye Yesu we Ayiwe Hiye
Ref:
Si Umuhemu Kandi Ntabeshya

Mbwira Ibyo Ushaka
1
Ndashaka kuba uwo wifuza mwami.
Nshimishe umutima wawe, wawe wera.
Nzamuye ubugingo bwanjye, bwanjye bwose.
Wakire wumvirize uhore.
Mbwire nde wundi utagira umugayo.
Bwiza buzira inenge, mukunzi wanje.
Uhora wuzuye ubuntu, ugira neza
Tega ibiganza ngufumbatishe, amashimwe
Ref:
Mbwira ibyo ushaka mwami
Umpe imbaraga nyinshi
Neshe ibingerageza,
ndakwifuza mubihe nk’ibi mwami.
2
Mbwire nde wundi utagira umugayo
Bwiza buzira inenge, mukunzi wanjye.
Uhora wuzuye ubuntu, ugiraneza.
Tega ibiganza ngufumbatishe, amashimwe.
Ref:
Mbwira ibyo ushaka mwami
Umpe imbaraga nyinshi.
Neshe ibingerageza,
ndakwifuza mubihe nk’ibi mwami. (X3)

Niba ukunda Indirimbo za Richard Nic, ntuzacikwe kizaba gishyushye
Imyanya yo kwicara mo iracyahari
bakunzi mwese muhawe ikaze muri iki gitaramo