Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Akadomo ku matsiko y’abanyeshuri ba kaminuza y’u Rwanda. Igisigo gikwiye Corona, , Reka nibaze namwe mbabaze, kandi nkeneye ibisobanuro birambuye, kuko nshaka kumva ibitekerezo.

Igisigo gikwiye Corona, , Reka nibaze namwe mbabaze

Reka ndeke gucura ingoni ncure inganzo.
Reka nshyome ndeke gushyomoka.
Maze namurure mbaze abahandi. Mbaze abahandi mbaze abahandi nibaze ako gatindi kagakoko ngo ni *Corona*
Waje bucece ntawe uzi ibyawe
Waje udahinda woshye amagare
Waje utaguruka ibi tuzi ku nkware.
Waje witonze tutaziko ugenzwa n’amatage
Muminsi mike uba uvuzwe hose woshye umutware.
Kukuvuga birasanzwe
Ubu izina ryawe riraganje
Kukwitiranya birashoboka ngo ubanza utari kure y ‘imvange .
Nabahanga ngo warabacanze
Ese *corona* we ko wahendahenzwe ukanga ubundi muri make ukeneye iki.

Tuguhe agahene se ?
Tuguhe agapfizi se?
Tuguhe agasake Se ??
Tuguhe agahaza se ?

Syi, Mubyo mfite byose mbuze icyo nkuha unteye amahane umbujije amahirwe unteye kwijima unteye kurakara.
Tuguhaye akato
Tukuraze akamo
Tukwangiye ino hino
Tukwambuye isano
Tukwimye indaro
Tukwatse ijambo
Tukwise icyago.

Nta keza ugira
Nta mpuhwe zawe , uri bihemu uri bihehe.
Uri igihwahwa uri igifwera, uratikiranya isusa nisombe uragakubita umutima kurutare rushyushye urakamobwa wo kamwara we,tuza ibyawe twabitahuye.

*Ndagutuka bitinde.*

Uri ikibi uri icyago
Uri icyanze uri icyo ntazi
Uri ikimara uri icyorezo mu bantu
Nanjye ngo icyo
Ubundi uri *ako*.

Uri akaje
Uri akaga
Uri agatindi
Uri Agahanya
Uri agahunya ndetse uri nakabwa
Uwampa agatindu ngo nkwase agahanga
Uwampa uruhindu ngo mpinde mukico.
Uwampa icumu ngo nkucumite munyonga y’itako
Uwampa umwambi ngo mboneze munsina y’ugutwi uwampa imfashuzo ngo nkumene ruseke.

Wo kabona ishyano
Wo kagwa kure ugatabwa ishyanga ukabura ubuhanga
Wo kabura uburyo ukumira kukarubanda mukibona bose.

Nawe se akantu
Ntikagira ubwonko
Ntikagira ubwanwa
Ntikagira utwoya
Ntikagira udushuri
Ntikagira amatako
Ntikagira amaraso
Nyikagira amaboko
Ntikagira agahanga none ngo ino vision karayibamo agatware .

ariko rero reka mvuge nziga , ntuze menye ibyawe maze mbaze abandi mbaze na nyiranzoga mbaze na nzigiye niba ntacyo upfana na zanzige k
Waje uboga runono

Reka mbaze Gasindi wo mubufundu ,
Reka mbaze Nganji wo
Mubuganza
Reka mbaze abahanga bo mumahanga
Reka mbaze mwese ubwoko bwako gapfusha kigize agakoko kakaba kadatinya urubumbirajana rw’abantu , kakaba katumazeho ubukungu kaduheza munzu.

Ngo kafashe rutuku munkanka karamukanura akororo kabiri agira gatatu, ubwakarindwi ajwigira ubudasubira
Ngo kageze imbere ya Rukara ararakara cyane arisaza rwose arikamata ariyamira arenga impinga
arata ubushyuhe karanga karabugarama , ati ntacyo wandyaho nubusanzwe uruhu rwanjye rurahanda Kati wapi. Abonye byanze ati ahari inzoga yenze neza yakabasha karanga karayigarama.
Kaba kamupimye mu mboni karasesera kiyongeza umutonzi wizuru Kati ahwi, niwowe warusigaye shyama utuze nkumvishe mbafite mwese. Abandi bati yeeee !!! Bariyamira bariyamira kati mbarimo nimutampunga ndabamara.
Ariko se *corona* we ubundi ushaka iki. ??
Ko wanze byose ngo urishakira ubungingo ibyo bimaze iki.

Waciye bugufi basi ukaba nka bicurane tukajya tugukira bisanzwe . mawe ngo ntubishaka cg se coro nubyanga basi wakwemeye urukingo tukagukwepa wo kabura byose we.
Ariko buriya ntanubwo ugoye ,
Ngo uwakurebeye kure ntacyo umutwara , erega aho udutwaye umuco karabaye ! Ngo ubu sinahobera dawe ,mawe na nyogosenge ,Ngo niducike kundamukanyo ziwacu ariko ntacyo tuxabikora.uraduca kumuco natwe umunsi umwe tuzagucoca impanga.
Uwagukarabye neza ngo aba agutaye
Uwaguketse akagushyira muganga ngo ntuba ukimutwaye
buriya ngo nubwo udushaka twese siko ubishoboye , ugufatiye ingamba zikwiye ngo arinda abandi agura agapfukamunwa.
Mbese ngo ibyawe ntibiteye ubwoba aho ugorera nuko utubuza gusabana kdi nabwo tuza biramara iminsi mike tugutsinde burundu.

Tuzagutsinda gute ???

1. *Dukarabe kenshi*
2. *Twirinde gusuhuzanya*
3. *Twirinde corona*
Murakoze cyane

Insigamigani, Kunywa nzobya. .Ese uwo NZOBYA ni muntu ki?

Uyu mugani baca ngo: “Yanyoye nzobya” wakomotse ku muntu witwaga Nzobya w’i
Ngarurira mu Buyenzi; yari umutoni wa Mibambwe Sentabyo, ahasaga umwaka wa
800. Bawuca iyo babonye umuntu wanyoye agasinda cyane, bimwe bavuga ngo:
“Yabaye Sabizeze”
Uwo mugabo Nzobya rero, yabaye umutoni w’akadasohoka kwa Mibambwe Sentabyo;
bukeye Mibambwe afatwa n’ubushita buramwica, agwa i Remera rya Rukoma na
Ngamba (Taba, Gitarama). Amaze gupfa umuhungu we Gahindiro umuzunguye,
yangana na ba sewabo, abo bitaga ibigina bya Ndabarasa Semugaza wari umutware
w’umutwe w’ingabo zitwaga Urukatsa, afatanya na Nzobya banesha ibigina. Hanyuma
ariko Nyiratunga, nyina wa Gahindiro, yanga Semugaza, bituma acikana n’Urukatsa
bajya mu Ndorwa. Nzobya asigara mu Rwanda. Hanyuma aho Gahindiro amariye
gutoneshereza Rugaju rwa Mutimbo, amugabiye akatsi ko haruguru y’inzira no hepfo
yayo, Nzobya asubira inyuma ntibamurebe neza. Bigeze aho arasezera ajya iwe mu
Buyenzi, ku musozi witwa Ngarulira. Amazeyo iminsi, abantu b’amacuti ye baza
kumubwira ko ibintu bimumereye nabi ibwami.
Nzobya ariyumvira, ati: “Uruzi Semugaza ngo acike ansige mu Rwanda!” Ahera ko
akoresha amakoro yo gutura Gahindiro i Rubona rwa Gihara muri Komini Runda
(Gitarama). Ahaguruka iwe i Ngarulira ataha mu i Ceni ku Bisi bya Huye; mu gitondo
arahava ataha i Mayunzwe mu Nduga (Tambwe, Gitarama); bukeye ataha i Gihinga na
Ruzege mu nsi ya Kamonyi (muri Komini Taba). Ahageze araza inkera, arasinda
n’abagaragu be, inzoga imaze kumusaga abwira abagaragu be, ati: “Ubonye ngo
databuja Mibambwe ansige mu gihugu none mbe nsigaye inyuma ya Rugaju; mbese
mwene databuja Semugaza we gucika akansiga mu Rwanda nabitewe n’iki?” Ati: “Ubu
ndagiye nsange databuja Mibambwe ku musezero i Rutare, ningera ku mva ye
niyahure mpwane na we!” Ubwo ayo yose yayavugishwaga n’inzoga!

Nuko abagaragu be baramuhana arabananira, ateshwa inzira ijya i Rubona kwa
Gahindiro, aboneza iy’epfo ku Kavuza n’Uruyenzi, yambuka Nyabarongo ataha i
Kinyinya mu Bwanacyambwe (muri Komini Rubungo). Amaze kuhagera, na none
araza inkera. Isindwe riramudanangira akomeza ya migabo ye yo kwiyabura
ntiyagaruka. Ibwami bamenya ko acitse nka Semugaza, bohereza ingabo zo
kumutangira ngo zimufate. Nzobya amaze kubyumva arahaguruka ngo acikane
n’ingabo ze nka Semugaza. Ariko abantu babonye ko babungerezwa n’umusinzi,
bamwegukaho basubira i Gihara kwa Gahindiro barayoboka.
Nzobya na we abonye abantu bamushizeho, yambuka Nyabarongo aboneza iy’i Buliza;
ageze ku mugezi wa Rusasa na Ntarabana, inyota iramurembya, ajya mu mugezi
anywa amazi, amaze kuyahuga ariyahura arapfa. Icyo cyambu yanywereyemo cyitwa
Akazi, ni ho havuye ijambo rivugwa n’ubu, ryo kunywa Akazi ka Rusasa.
Ayo mafuti yose rero Nzobya yakoze kuva ku Kamonyi kugera i Rusasa na Ntarabana,
yayakoreshwaga n’itende ry’inturire yihoshyaga; ni yo bise nzobya, babonye urupfu
rwe ruturutse ku itende ry’ubuki n’inturire; barabimwitirira byitwa Nzobya. Kuva
ubwo inzoga yose y’itende bayita nzobya. Ni byo bavugira ku muntu isindwe
ryakoresheje ibidakorwa, bati: “Noneho si inzoga yanyoye, yanyoye nzobya”.
Ariko kandi kunywa nzobya uretse abavuga ko bikomoka kuri uwo mugabo Nzobya wo
mu Buyenzi, hari n’abandi bavuga ko byakomotse ku nka ya sekuru wa Nyirarucyaba
rwa Gihanga. Mu bitekerezo, bavuga ko Nyirarucyaba akiri umukobwa w’inkumi
yicishije amata sekuru ubyara nyina agira ngo abise se Gihanga yime ingoma. Sekuru
wa Nyirarucyaba yari umwami wo mu basangwabutaka; bukeye Gihanga agisha
umukobwa we inama, ati: “Ese mwana wanjye ko naje ino ngira ngo ni jye uzaba
umwami, none databukwe uriya ari we sogokuru wawe, tumugize dute ngo ambise
mbe umwami?” Nyirarucyaba aramusubiza, ati: “Hora nzi uko nzabigira;
nzabikurangiriza.”
Ubwo kwa sekuru hari inka yitwa Nzobya, bukeye Nyirarucyaba ajyayo, amarayo
iminsi. Umunsi umwe sekuru ajya guhiga, ahigutse afite inyota, asanga Nyirarucyaba
ari we uri mu rugo wenyine; avuruga amata ya Nzobya ashyira mu nkongoro,
aramuhereza. Sekuru amaze kunywa atangira kugira isesemi, araruka. Nyirarucyaba
abibonye yihina mu cyanzu, urugo aruha inkongi y’umuriro, araboneza yigira iwabo
kwa Gihanga.

Nyina wabo witwaga Gihogwe (ni we kuvuza iya Gihogwe byavuyeho) asohotse asanga
urugo rwahiye kare. Induru ayiha umunwa, ariko habura uwagira, ati: “Komera.”
Nuko sekuru wa Nyirarucyaba apfa atyo, azize ko yanyoye amata ya Nzobya; ni yo
bagereranya n’inzoga umuntu anywa agasinda byo gupfa, bati: “si inzoga yanyoye,
yanyoye nzobya (= icyishi).
Nuko Nyirarucyaba amaze kwica sekuru atyo, Gihanga yima ingoma, umukobwa we
arongorwa na Kazigaba, ariko asaba se ingororano y’uko yamuhesheje ingoma.
Gihanga amusezeranya ko abana bamukomokaho bazitirirwa izina rye n’ubwo ari
umugore bwose; bakitwa Abacyaba.

Hatagize igikorwa natwe abantu turarimbuka .

Amashyamba mu Rwanda afite akamaro ntagereranwa ku buzima bwa muntu yaba uno munsi ndetse no mu mateka y’ahahise h’u Rwanda rwa none. Iyo witegereje mu buzima bwa buri munsi usanga muntu akenera ibikomoka kuri ayo mashyamba yabishaka atabishaka, nyamara iyaba Akebo kajyaga iwamugarura koko muntu nawe yakagombye kuba afite inyiturano nyinshi agenera ibyo byiza nyaburanga biba byamufashije umunsi kuwundi akayakorera akayongera ubuso akayakorera imigambi iy’igihe kigufi ndetse n’igihe kirekire,… gusa siko bimeze ahubwo uko iminsi ishira niko habaho iyangirika n’izimira ritaziguye  maze amashyamba agatemwa , agasimbuzwa inyubako n’imiturirwa,agakurwaho hacukurwa amabuye y’agaciro,agasimbuzwa imihanda,akibasirwa hakenewe ibicanwa n’ibindi byinshi bitatuma atera kabiri.nyamara dukomeje uku, ibi siko byazahora twazisanga mu mpanga tutakwivanamo mbese twazaba nka ya mbeba ngugunnyi iguguna ishami yicayeho bikarangira yisekuye hasi amagarara ikayabura ubutazayabona ukundi.

Ibarura ryakozwe mu mwaka wa 2018 rigagazako ubuso bw’amashyamba yose ari 704,997 ha bungana na 29.8% by’ubuso bw’u Rwanda bwose,17.9% by’ayo mashyamaba akaba ari amaterano naho 11.9% bisigaye akaba ari amashyamba kimeza . ubundi bushakashatsi nabwo kandi bugaragaza ko 71% by’amashyamba yose mu Rwanda ari aya abantu kugita cyabo n’ibigo byigenga ,27% akaba aya Leta naho 2 % akaba ari amashyamba y’uturere.

Ushobora kwibwirako izo hegitari zihagije ugereranije nuko u Rwanda rungana ariko sibyo kuko urugero dukeneraho ibikomoka ku mashyamba ni runini kuburyo aho Ishusho y’uno munsi iri ari agatonyanga munyanja y’ibikenewe uno munsi ndetse n’ejo hazaza kuko igiti ntigikurira umunsi umwe.

Hatagize igikorwa abantu turarimbuka dushire.

Iyo urebye neza umunsi kuwundi usanga umuntu agenda yibagirwa isano afitanye n’ibimukikije;Aratema igiti ntatekereza gutera ikigisimbura, arohereza imyuka ihumanya ikirere ntiyitaye kungaruka bifite uno munsi nejo hamuri imbere, iterambere ridaha agaciro ibidukikije niryo yimijwe imbere, ingaruka nazo ntizihishira ziragaragara zinarushaho kwiyongera: Inyamanswa zitagira umubare ziraburirwa irengero kubera twe, ibiti by’ubwoko bwinshi byazimiye ubutazongera kubaho, ubushyuhe burazamuka kukigero kitigeze kitabayeho mu mateka,indwara zibyorezo ziraza umusubizo kubera imihindagurikire y’ikirere iterwa no kwangiza amashyamba n’ibidukikije, umusaruro mubuhinzi nawo ntuhwema gukendera, nyamara izo ngaruka amaherezo tutitonze natwe twaburirwa irengero cyane ko umunsi kuwundi zirushaho kwiyongera ari nako zihindura isi muburyo butaberewe no guturwaho …. Mbese ibyo byose iyo witegereje ushaka igisubizo ukakibura peeeuh, ukibaza niba ariko bigomba gukomeze bikakuyobera!!!!

Nyamara dushobora kugira icyo dukora

Wibaze niba igiti kimwe gishobora kuyungurura umwuka uhumanye,kigatanga amahumbezi yagatanzwe na za muhuherezi (ventilateur) 15,kigatanga ubuvuzi,kigatanga ibicanwa,kikarinda isuri isahura byinshi,kigatanga ubwiza,tukarya imbuto zikizavaho,inyamanswa z’agasozindetse n’izo murugo zikagikesha imiberaho,n’ibindi, ubwo urahita wumva umusanzu w’umuntu watera  ishyamba uko ungana.

Nibyo koko kandi  birashobokako aho turi ubu twagira icyo dukora tukaramira ejo hazaza twigirira tunagirira abazadukomokaho.

Wowe ubwawe nkuko iyo uhumeka umwuka ukoresha amazuru yawe ukinjiza umwuka mwiza, ninawe wo kugira icyo ukora ngo uwo mwuka mwiza ufite uno munsi uzabe uwufite nejo.

  1. Gerageza utere byibura igiti kimwe buri mwaka
  2. Bwira kandi ushishikarize bagenzi bawe gutera igiti (umurage mwiza wo guha umwana ni ukumubwira ubwiza bw’igiti n’akamaro kacyo)
  3. Koresha ibicanwa bikomoka ahandi hatari mu ishyamba (gas,briquettes,pallet,biogas,)
  4. Irinde guhumanya ikirere muburyo bwose wowe kugiti cyawe
  5. Niba uyobora shishikariza abo uyobora kurengera ibidukikije

Ngo buhoro buhoro bwagejeje umuhovu ku ruzi,kdi ngo ukunda uwe aramurinda ,natwe umunsi kuwundi uko Imyaka itaha nitwihatira kuba inshuti z’ibidukikije tukabana mubumwe busangira inyungu ,tukabibungabunga kdi tukabikorera ntakabuza ibyiza ntaho tuzatanira nabyo ndetse n’abazadukomokaho bazakesha umwuka mwiza n’ubuzima buzira umuze imbaraga zacu za none n’ubushake twagaragaza mughindura isi ahanu heza habereye muntu.

INSIGAMIGANI YIGIZE SYOLI .

Uyu mugani baca ngo: “Yigize syoli”, bawuca iyo babonye umuntu wese wigize
umushirasoni kabuhariwe, akaba ikinani muri byose; ni bwo bagira, bati: “Uno
mwana cyangwa uno muntu yigize syoli!” Byakomotse kuri Syoli w’i Nyagahanga
(Byumba); ahagana mu mwaka w’i 1600.
Syoli yabyirukiye ku Cyuru (Byumba), ku ngoma ya Mutara Semugeshi; abyiruka
akunda umuhigo, aba umuhigi w’umukogoto; akica inyamaswa z’ishyamba ndetse
ntakangwe n’iz’inkazi: nk’intare, ingwe, imbogo n’izindi. Abandi bahigi baza
kumurarika ngo bazajyane guhiga, akabakabukana ngo ntibazi kurasa; ati: “Nzijyana
n’umuheto wanjye!” Umugore we yamugira inama yo gufatanya n’abandi kuko nta
mugabo umwe, Syoli akamutwama, ngo: “Aho ntugira ngo nanjye ndi nka bamwe
mupfa kwita abahigi!” Ati: “Uretse no kujyana umuheto n’aho najyana inkoni yanjye
nta nyamaswa yandinda!” Umugore agatererayo utwatsi ati: “Urambone!” Ariko
bimwanga mu nda, bukeye ashaka inzoga, ayijyana ku Cyuru kwa sebukwe (se wa
Syoli).

Agezeyo abwira sebukwee, ati:

Agezeyo abwira sebukwe, ati: “Dawe iyi nzoga nkuzaniye ni iyo kugira ngo uzampanire
umuhungu wawe yarananiye; yihaye kujya ahiga mu ishyamba rya Nyagahanga
wenyine, kandi muzi uko rimeze; ati: “Ndetse n’abandi bahigi bamuraritse
arabirukana ngo ni we uzi umuheto wenyine, batirimuka, nagira ngo mwumvishe
ukuri kwabo akantwama akandaza ku nkeke ankoba. Sebukwe aramusubiza, ati:
“Genda, ndamara gatatu nkaza kubaza icyo kiroge uko cyigize”.
Ya minsi ishize, umukambwe arashyogoza ajya i Nyagahanga iw’umuhungu. Agezeyo
asanga Syoli yagiye guhiga wenyine; nimugoroba abungukana ingwe yishe, asanga se
yicaye iwe amwereka umuhigo. Amaze kwicara, se aramubaza, ati: “Mbese ko uje uri
umwe, abandi mwahiganye bari hehe?” Syoli, ati: “Nta bwo mpigana n’abandi mpiga
jyenyine. Se, ati: “Ese mwana wanjye niba uri n’umukogoto, harya urasa umuhinyoro
ntiyarengera uzi kwinjiza?” Syoli ati: “Aho nabereye sindahigana n’abandi.” Se
ararakara; ati: “Nkabona n’umugore wawe yaraguhannye ukamunanira, koko wigize
intabikozwa!” Yungamo, ati: “Harya ngo wica ingwe sha! hari ubwo urutoni urunguru
ruzakwihererana ubure kivurira!” Umusaza arara ataraye, bukeye azinduka yitahira.
Amaze gutaha muka Syoli asigara mu mazi abira kuko yareze umugabo kuri sebukwe.
Syoli arabisha, abwira umugore; ati: “Ubu ngiye mu ishyamba kandi sinjyana
umuheto, ndajyana icumu n’inkoni yanjye nkuzanire intare; ariko nimara
kuyikwereka wiyimbire; noye ayo!”
Nuko aturumbukana icumu n’umujinya wica inka, ubwo hari ku kagoroba, ageze ku
ishyamba ajya ku nama mu rucucu rwari mu nsi y’inzira, agisutama urukwavu
rumuturumbuka mu nsi yiterera hejuru, agira igihunga, aragwaguza, yishita ku
icumu rye ryari rimushinze imbere, rimwahuranya umutima arahwera; azimira atyo
azize guhinyura ay’abakuru. Kuva ubwo rero rubanda bibuka uko yajyaga ananira
abamuhana ntakangwe n’inyamaswa z’inkazi, bakurizaho bavuga ko umuntu wese
wananiranye mu mico akigira intabikangwa yigize syoli
Kwigira syoli = Kunanirana mu mico

imigani migufi itangaje kandi isekeje kurusha indi yose uzi

Imigani migufi ariyo bakunze kwita imigani ‘’imigani y’imigenurano’’ ni bumwe mu buvanganzo bw’umuco nyarwanda. Nubwo ivugitse muburyo bunyarutse ariko irusha Ibindi byose kuranga umuco w’abanyarwanda  aho usanga abantu bayifashisha mu kumenya uburezi n’uburere,imibanire,kugira inama abandi ndetse no kubakosora bababurira.

Nubwo iyo migani ivuga umuco nyarwanda ariko hari iyo usanga ivuga kubintu biteye isoni kuburyo ndetse n’abantu badakunze kuba bayisanzuramo ngo bayikoreshe kubera uko ivugitse,aha turahabona imwe mu migani igiye itangaje wakwibaza niba koko yarahimbiwe Impamvu yo kubaka umuco cg se isebanya rishingiye ku mvugo nyandagazi.gusa ino

amakuru y’ishuri .

twese imana yaduhaye ishusho yayo niyo mpamvu ntamunu numwe wo kwikuza cg ngo yumve aruta abandi .

iteka gukorera hamwe bitanga umusaruro mwinshi, nta mutwe umwe wigira inama iramba , kwegera abandi rero ntibikagutere ikimwaro cyane cyane mu byubaka

Please follow and like us:

About The Author

Leave a Comment

Instagram
LinkedIn
YouTube
Scroll to Top