
Ukundwa, ntukīgane ikibi ahubwo wīgane icyiza.
Hari icyo nandikiye Itorero, ariko Diyotirefe ushaka kuba ukomeye muri bo araturosera. Ni cyo gituma ubwo nzaza, nzabibutsa ibyo akora n’uko atuvuga amagambo mabi y’ubupfu, nyamara ibyo ntibimunyura ahubwo arengaho akanga no gucumbikira bene Data, n’ababishaka akababuza akabaca mu Itorero.
Ukora ibyiza ni we w’Imana, naho ukora ibibi ntiyari yabona Imana. Demeteriyo ahamywa na bose kandi n’ukuri ubwako kuramuhamya natwe turamuhamya, nawe uzi yuko ibyo duhamya ari iby’ukuri. Nari mfite byinshi byo kukwandikira ariko sinshaka kukwandikishiriza wino n’ikaramu, ahubwo niringiye kuzakubona vuba tukavugana duhanganye. Urasigare amahoro. Incuti ziragutashya. Untahirize incuti uzivuze mu mazina.

Umunsi Mwiza Nibuka
1
Umunsi Mwiza Nibuka
N’uwo Nakwemereyeho
Wamberey’umucunguzi
Njye Nkwiz’ibyawe Nishimye
Ref:
Nsingize,Nsingize Yesu Wanyogej’ibyaha Anyigish’iby’inzira Ye Ngo Nsenge,
Nshime Nezerwe Nsingize,Nsingize Yesu Wanyogeje Ibyaha
2
Warangije Kundokora Nd’uwawe Nawe Ur’uwanjye Iryo Jwi Ryawe Ryinginga
Nabura Nte Kuryitaho?
3
Najyaga Ndorogotana Mu By’isi No Mu Ngeso Mbi Nkugarutseho Noneho
Sinzongera Kuzimira.
4
Iteka Nzagukorera Iby’isi Ndabizinutswe No Mw’ipfa Ryanjye Mukiza Sinzarorera Kwishima.

Ubugingo bwanjye bwahinduts’ ukundi
1
Ubugingo bwanjye bwahinduts’ ukundi, Yes’ ubwo yangeragamo; Umucyo winjiye mu mutima wanjye Yes’ ubwo yangeragamo.
Ref:
Kuv’ ubwo yanyinjiyemo (x2) Yaranyuze; ndishima. ndamuhimbaza, Kuv’ ubwo
yanyinjiyemo.
2
Naretse kuzerera no kuzimira, Kuv’ u’bwo yanyinjiyemo; Kand’ ibyaha byanjye
byakuweho ; rwose,Kuv’ ubwo yanyinjiyemo.
3
Nonebo, mfit’ ibyiringiro, nizeye Yes’ uwo wanyinjiyemo; Nshizwe imbere mu
nzira, sinshidikanya Yes’ uwo wanyinjiyemo.
4
Sinzatinya kunyura mu rupfu hamwe Na Yesu wanyinjiyemo; Kuko mbon’ umurwa wer’ urimbishijwe Wa Yesu wanyinjiyemo.
5
Nzi ko nzajya kubana kur’uwo murwa Na Yesu wanyinjiyemo; Ni cyo kizatuma njya ndirimba nshima Yes’uwo wanyinjiyemo.

Ibyaha byanjye
1
Ibyaha byanjye, Yesu Yarabyikoreye,W’ atigeze gukora Icyaha na kimwe;
Ndamwegera, ndasenga, Nd’ umunyabyaha pe, Nizer’ ijambo ry’ ati : Urababariwe !
2
Maz’ ibindushya byose Ndabimukorera. Nta wand’ utari Yesu Wabyihanganira.
Ndamwegera, njy’ ahw ari, Ndushye, ntentebutse, Ndagenda,
mpaw’ intege, Nsindishirijwe pe !
3
Nukw amaganya yanjye,Nyakurwaho na We, Nduhukira muri We, Amp’ amahoro ye.
Imanuweli Kristo, Zina rihebuje ! Rimbera nk’ imibavu, Ihumura neza.
4
Icyampa nkaba nka We,Akamp’ ineza ye, N’imbabazi n’ubuntu N’ubugwaneza
bye.
Yes’ uzampe gutura I wawe mw ijuru, Nkajya ngusingizanya N’abainarayika.