Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania na Afurika muri rusange, Ali Saleh Kiba uzwi ku izina rya Ali Kiba

yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, itagize ingaruka ku Banyarwanda gusa, ahubwo n’ibindi bice by’Isi.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru gitegura igitaramo ‘The Last Night’ kiza kwizihirizwamo imyaka itanu Kevin Kade amaze mu muziki.

Ali Kiba yagize ati, ati “Nakuze mbona ibyabaye hano mu Rwanda, Jenoside yakorewe Abatutsi. Byangizeho ingaruka nk’uko byabagizeho ingaruka. Ni yo mpamvu mbashyigikira, nshyigikira mwe Abanyarwanda. Ni yo mpamvu naje hano gushyigikira Kevin Kade, ngo nsoze umwaka ndi kumwe n’Abanyarwanda

Ali Kiba kandi yaboneyeho umwanya wo kwerekana umuhanzikazi w’Umunyarwanda, Mubiligi Pierrine Alleluya

umaze kubaka izina nka Mutima, agiye kujya afasha mu muziki binyuze muri Sositeye ye ifasha abahanzi ya ‘Kings Music Africa’.

Ubwo yamwerekaga itangazamakuru yagize ati, “Ni umuhanzikazi w’umuhanga, azi kuririmba neza, ni impano nabazaniye, ni ukubatungura ariko mu gitaramo tubafitiye hari ibindi bintu byinshi muza kubona”.

Ali Kiba na Kevin Kade bafitanye umubano mwiza dore ko banakoranye indirimbo yakunzwe cyane bise ‘Bebe’

Abandi bahanzi batumiwe muri iki gitaramo barimo Bushali, Bull Dogg, Bwiza, Riderman, Ruti Joel, Kenny K-Shot, Bruce The 1St, Shemi, Angell Mutoni, Diez Dola, Ariel Wayz n’abandi.

Mubiligi Pierrine Alleluya uzwi nka Mutima 

Mubiligi Pierrine Alleluya uzwi nka Mutima nyuma y’iminsi mike asinyishijwe na Ali Kiba ndetse akanamumurikira Abanyarwanda, yanahise amusohorera indirimbo ye ya mbere yise ‘King’ang’anizi’.

‘King’ang’anizi’ ibaye indirimbo ya mbere uyu mukobwa akoze kuva yinjiye muri ‘Kings Music Africa’ ya Ali Kiba nyuma y’imyaka igera kuri ine yari amaze muri Tanzania mu bimeze nko kumwerekera uko uruganda rwa muzika ruhagaze.

Ubwo yamwerekaga itangazamakuru ry’i Kigali, Ali Kiba yagaragaje ko yiyemeje kumufasha mu mujyo wo kuzamura umuziki wa Afurika y’Iburasirazuba ariko anafasha impano z’abakiri bato.

Yavuze ko uyu mukobwa ari umuhanzi mwiza asaba itangazamakuru kuzamuha amahirwe yo kumumenyekanisha kuko yizeye ko ibyo azaba atanga biri ku rundi rwego.

Ati “Ni umuhanzi w’umuhanga, azi kuririmba neza, ni impano nabazaniye. Ndabizi ko mbatunguye ariko no mu gitaramo tubafitiye ibindi bintu byinshi muzabona.”

Uyu mukobwa akimara kwerekanwa, yahawe umwanya ngo avuge akari ku mutima we, biramurenga ararira.

Ati “Abantu bamwe hano baranzi, bazi uburyo nakubititse nshaka abamfasha, ariko ndashimira Imana ko ibikoze bikagenda neza. Icyo nabasaba ni uko mwamfasha mukanyakira, njye mfite inzozi nyinshi kandi nifuza kuzazikabya.”

Mutima uri mu banyeshuri ba mbere barangije mu ishuri ry’u Rwanda ry’umuziki ryabaga ku Nyundo mu Karere ka Rubavu, yinjiye mu muziki icyakora agorwa no kumenyekana, nyuma yaje gushimwa na Ali Kiba bamaze imyaka ine bakorana nubwo yari ataramuha amasezerano y’imikoranire.

Please follow and like us:

About The Author

Leave a Comment

Instagram
LinkedIn
YouTube
Scroll to Top