
Yampano arakomerewe yavuye imuzi uruhuri rw’ibibazo bimuzonze
Yampano yahamije ko kuva mu Ugushyingo 2025, ubwo hajyaga hanze amashusho ari mu gikorwa cyabubatse n’uwahoze ari umufasha we, yahuye n’ibihe bikomeye.
Yampano avuga ko akimenya ko ayo mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, abantu bose bamwimye amatwi uretse ababyeyi be n’abavandimwe, ko “buri muntu wese” wari umwegereye yamuhunze.
Avuga ko abo yiringiraga nk’inshuti yumvaga “yakwihishaho” bamuteye umugongo, asigara ari “wenyine,” kugera ubwo abura ituze, umutima wenda gusandara.
Yibuka ko yagiye muri Gare ya Nyabugogo, afata imodoka imujyana mu gihugu cya Uganda nta gahunda afite, ageze i Kampala atemberaho gato, yongera afata imodoka imugarura i Kigali.
Yampano avuga ko amanywa n’ijoro arwana n’ibimuvugwaho bisimburana ku mbuga nkoranyambaga ndetse no guhangana n’amarangamutima ye bwite atamworohera na busa.
Uyu muhanzi ahamya kandi ko mu byamushenguye harimo kuba uwahoze ari umugore we, ari na we banakoranye icyo gikorwa cy’urukundo, arananiwe kwiyakira agahitamo ko batandukana.
Mu mvugo iri hasi, Yampano avuga ko atamurenganya kuko ngo “kwiyakira byaramunaniye, biramunanira pe, afata umwanzuro wo gutandukana nanjye.”
Mu mvugo ikarishye, Yampano avuga ko abo yise ko “bamugendaho” bafashe umutima we “bawutwara mu biganza byabo,” aho ngo bari kugenda bawurya.
Yampano asobanura ifoto yashyize hanze ari kurira, iherekejwe n’amagambo y’agahinda yifuriza umuntu kuzahurira mu ijuru, yahishuye ko yari umwana we w’imfura yabikiwe ko yapfuye.
Ati: “Buriya nari ndi i Bulayi, inkuru iba ingezeho ko umwana wanjye yitabye Imana. Nti ibi bintu biri kumbaho n’ibi birabaye? Ni izina ry’Imana, kwihangana byarananiye.”
Uyu muhanzi avuga ko iyo nkuru mbi yamusanze mu ndege, aho kwifata byamunaniye kugera ubwo yanditse ayo magambo asezera ku mwana we, ari byo byatumye bamwe bumva ko agiye kwiyahura.

Muri iki kiganiro, Yampano yateye utwatsi ibiherutse guhwihwiswa ko hari andi mashusho y’urukozasoni ari gutera akabariro n’undi mukobwa, avuga ko ari ibinyoma ntayo.
Kuri ubu, Yampano yashyize hanze indirimbo yise “Nyabuneka,” ibara inkuru y’inzira y’umusaraba yanyuze nyuma y’uko ayo mashusho yiha akabyizi n’uwahoze ari umugore we agiriye hanze, asaba abantu gusiba ibyo babonye.