
Mc Kats, yatabarije Fille Mutoni urembeye mu bitaro
MC Kats yatabarije umukunzi we Fille Mutoni nyuma yo gusangiza amafoto ye yamugaragazaga arembeye mu bitaro kubera ibiyobyabwenge, aboneraho kugaya ishyirahamwe ry’abahanzi muri Uganda ritagira icyo rikora.
Ni amafoto MC Kats yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku wa 08 Mutarama 2026, agaragaza umukunzi we Fille ari mu bitaro, asaba abantu ubufasha.
Yagize ati: “Nagerageje uko nshoboye kose ngo mvuze Fille ariko noneho ndabasabye ngo mumfashe tuvuze Fille akire kuko ibiyobyabwenge by’amurembeje ni uwabimuzaniye.”
Mu mafoto, Fille agaragara asa n’urembeye cyane kuko yari ari ku mashini imwongerera umwuka bigaragara ko ubuzima bwe buri mu kaga, gusa nanone arimo kwitabwaho n’abaganga.
MC Kats yanenze ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Abahanzi muri Uganda (UNMF), avuga ko bwari bwamusezeranyije we na Fille agera kuri miliyoni 25 z’amashiringi ya Uganda ariko ntibigeze bayabona.
Ibi bibaye nyuma y’iminsi mike Fille avuze ku mugaragaro ku bihe bitoroshye akomeje kunyuramo byo kwikura mu biyobyabwenge.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru yavuze ko yahagaritse imishyikirano n’abantu bahoze ari inshuti ze kandi ko yanaretse gukoresha telefone kugira ngo yirinde kongera gusubira mu biyobyabwenge.
Uretse kuba akundana na MC Kats nawe ukunzwe mu myidagaduro ya Uganda, Fille Mutoni azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo Kumbaya, Tovayo, Nakupenda I Love You, I Wanna Know You, n’izindi nyinshi ziri mu zikundwa na benshi.

Nta nshuti n’imwe dufite, Fille Mutoni ku bitera abahanzi agahinda gakabije, bakanajya mu bitaro
Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda,
Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi benshi bagira agahinda gakabije ari ukubura inshuti nyakuri, bigatuma bagira ubuzima bubi.