Tshisekedi yashinje Kabila gufasha inyeshyamba za AFC – M23
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubilika ya Demokarasi ya Congo yashinje uwamubanjirije ku butegetsi Joseph Kabila kuba ari we wihishe inyuma yo kwihuza kw’ihuriro ry’inyeshyamba rya AFC – M23 rirwanya ubutegetsi bwe mu burasirazuba bw’igihugu.
Mu kiganiro cyihariye yahaye abanyamakuru babiri b’Abanye-Congo, uw’urubuga rw’amakuru Congo Indépendant n’uw’igitangazamakuru Top Congo, Tshisekedi yashinje Kabila kuba ari we uri inyuma ya AFC.
Avuga ku gukorana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Tshisekedi yagize ati:
“Joseph Kabila [we] twimuvuga. We rwose yanze kwitabira amatora [yo mu mwaka ushize] ndetse arategura kurwanya igihugu kuko AFC ni we.”
Tshisekedi yongeyeho ati: “Nari gushima ko abo bose baza bakavuga ngo ‘baraduteye baturenganya banyuze ku Rwanda, reka twishyire hamwe iruhande rwa perezida turwane.’
“Ariko nubwo bimeze gutya, hari bamwe bakorana. AFC ikorana n’u Rwanda mu kurwanya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”
Mu gusubiza, umukuru w’ishyaka rya Joseph Kabila yabwiye abanyamakuru ko ibi birego nta shingiro bifite, anavuga ko bibabaje.
Ferdinand Kambere yongeyeho ko ibi bigaragaza ko Tshisekedi afite ubumenyi bucye ku kuntu ibintu bimeze mu rwego rw’umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo.
Nta cyo AFC – M23 yari yatangaza ku mugaragaro kuri ibi birego bishya bya Tshisekedi.

oseph Kabila yabaye Perezida wa DR Congo mu gihe cy’imyaka 18 guhera mu mwaka wa 2001. Mu 2019, yagejeje ku ihererekanya ry’ubutegetsi rya mbere rikozwe mu mahoro muri icyo gihugu, nyuma y’amatora yanenzwe kubamo uburiganya.
Author Profile
- Abode tidings Urubuga Nyarwanda, umuntu uwo ariwe wese yemerewe gutanga ho ibitecyerezo. Byiza byubaka akakuri ku umutima gasese hano kuri abodetidings
Latest entries
BlogMarch 12, 2026Bidasubirwaho itegeko rigenga umuhanda mu Rwanda ryavuguruwe, Utwaye yanyoye ibisindisha azafungwa amezi atatu: Ibihano bikarishye ku batubahiriza amategeko y’umuhanda
BlogFebruary 18, 2026Intambwe nke zoroheje wakurikiza kugira ngo urusheho kugirana n’abandi imishyikirano myiza, zishobora gutuma nawe uba inshuti wifuza ko nawe wagira.
BlogFebruary 11, 2026Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Mukesha Josephine, na we yifotoreje i Kigali, I Kigali bizakorwa mu byumweru birindwi: Imiterere ya gahunda yo gufotora abashaka Indangamuntu koranabuhanga
BlogNovember 16, 2024Dr Gaspard Ntahonkiriye yibanda ku ndirimbo gakondo z’umuco w’Ikirundi, igicurangisho yifashisha akaba ari inanga ndetse n’ikinanda (armonica).
Abode tidings Urubuga Nyarwanda, umuntu uwo ariwe wese yemerewe gutanga ho ibitecyerezo. Byiza byubaka akakuri ku umutima gasese hano kuri abodetidings
About The Author
Abode tidings Urubuga Nyarwanda, umuntu uwo ariwe wese yemerewe gutanga ho ibitecyerezo. Byiza byubaka akakuri ku umutima gasese hano kuri abodetidings