
Urugereko rwasigaye ruca imanza zasizwe n’urwari urukiko mpuzamahanga rwashyiriwe u Rwanda rw’Arusha rwanzuye ko Félicien Kabuga uregwa ibyaha bya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994 “amagara ye atameze neza kuburyo yaburanishwa”.
Umwanzuro warwo uru rugereko rw’i La Haye (The Hague) mu Buholandi rwavuze ko wemejwe n’abacamanza Iain Bonomy wari ukuriye iburanisha, Margaret M. deGuzman na Ivo Nelson de Caires Batista Rosa.
Ariko umucamanza Mustapha El Baaj ntiyemeranyije na bagenzi be kuri uwo mwanzuro wo ku wa kabiri.
Uru rugereko rwavuze ko Kabuga – inyandiko y’urukiko igaragaza ko afite imyaka 88 – “bigoye cyane ko amagara ye yazongera kumera neza mu gihe kiri imbere”.
Uru rugereko ruvuga ko rwashingiye ku biri mu ngingo ya 18 na 19 y’amategeko arushyiraho, ahavugwamo ko iburanisha rigomba gukorwa mu buryo “bubereye kandi bwihuse bunatanga umusaruro”, kandi hubahirizwa uburenganzira bwa Kabuga.
Rwavuze ko uburyo bwo kubahiriza uburenganzira bwa Kabuga no kugera ku ntego z’ubutabera z’uru rukiko ari ugukoresha ubundi buryo bw’iburanisha “busa n’urubanza mu buryo bushoboka bwose, ariko hatarimo ko yahamwa n’icyaha”.
Ubushinjacyaha busabwa kuzerekana ibimenyetso kuri buri kirego ku kigero kidashidikanywaho.
Urukiko rwavuze ko kuba Kabuga atameze neza kuburyo yakwitabira iburanisha mu buryo bwa nyabwo no kuba nta guhamwa n’icyaha bizabaho, bituma “kwitabira iburanisha kwe atari ngombwa” kandi ko kubera iyo mpamvu adasabwe kuryitabira.

Iburanisha riheruka ryo ku itariki ya 30 Werurwe (3), umucamanza Bonomy yari yarisubitse “kugeza igihe kitazwi”.
Hari nyuma yuko uruhande rw’ubwunganizi bwa Kabuga n’urw’ubushinjacyaha bagiye impaka kuri raporo y’inzobere zigenga.
Iyo raporo ku buzima bwa Kabuga, yatangajwe muri Werurwe, yakozwe n’inzobere mu buzima bwo mu mutwe Profeseri Henry Kennedy, Profeseri Gillian Mezey na Profeseri Patrick Cras.
Muri iyo raporo, izi nzobere zivuga ko ubuzima bwa Kabuga butatuma ashobora kwitabira urubanza rwe mu buryo bwa nyabwo, nkuko byavuzwe mu rukiko.
Iyo raporo irimo ko “ubuzima bwo ku mubiri no mu mutwe” bwa Kabuga “bwagabanutse”, ndetse ko afite ikibazo gikomeye cyo kwibagirwa (“clinical dementia”).
Ibyo byatumye ku itariki ya 10 Werurwe uru rugereko rw’i La Haye ruba ruhagaritse kumva ibimenyetso bishya mu rubanza rwe.
Hakurikiraho iki nyuma y’iki cyemezo?
Bismarck Murangwa, inzobere mu mategeko mpuzamahanga ukorera mu Rwanda, avuga ko nyuma y’ibi igikurikiraho “ni uko akenshi abamwunganira bahita basaba ko arekurwa”.
Murangwa yabwiye itangazamakuru ati: “Abavoka be akenshi bahita basaba ko arekurwa, kuko baba bavuga bati ‘niba adashobora gukurikira urubanza ntacyo akimara hano’. Ibyo hakabaho kubiburana”.
Murangwa avuga ko nyuma y’icyemezo nk’iki urukiko rureba niba hadahita haba icyitwa “trial under alternative procedure” cyangwa se ugenekereje “iburanishwa mu bundi buryo bushoboka” “kugira ngo habeho kurengera inyungu z’abagizweho ingaruka n’ibyo aregwa”.
Murangwa yongeraho ati: “Hari ubwo uregwa ashobora gukomeza gufungwa akemererwa gukurikirana urubanza aho afungiye, ariko abamwunganira nabo ubu bagiye kurega basaba ko arekurwa”.
Abode tidings Urubuga Nyarwanda, umuntu uwo ariwe wese yemerewe gutanga ho ibitecyerezo. Byiza byubaka akakuri ku umutima gasese hano kuri abodetidings
Bizarangirira aho nyine ni uko