Abode Tidings

Aimée Beauté Mushashi, wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye imbere y’amategeko n’umusore witwa, Nyamwasa Francis, bitegura kurushinga.

Aimée Beauté Mushashi, yashyingiwe. Ku mugabo witwa, Nyamwasa Francis

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 6 Werurwe 2026 ni bwo Mushashi yasangije abamukurikira amafoto y’umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umusore bitegura kurushinga.

Ku rundi ruhande, nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko kuri uyu wa 6 Werurwe 2026, byitezwe ko Mushashi n’umugabo we bazakora ubukwe ku wa 14 Werurwe 2026.

Mu minsi ishize ubwo yatangazaga ko yitegura ubukwe bwe, Mushashi mu butumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ishimwe rikomeye yifashishije amagambo aboneka mu Ndirimbo ya Salomo 3:4, ati “Nabonye uwo umutima wanjye ukunda.”

Uyu munyamakuru yamenyekanye cyane kuri TV1 yakoreye kuva mu 2017 kugeza mu 2024. Yahavuye yerekeza kuri RBA, by’umwihariko mu ishami ry’amakuru.

Mbere y’aho mu 2016 yakoreye Radiyo Salus dore ko yanize muri Kaminuza y’u Rwanda aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga. Hagati ya 2014 na 2016 yakoreye RC Huye.

Aimée Beauté Mushashi akorana n’ibigo bitandukanye birimo Mashirika, Urunana, Labenevolencia n’ibindi ku mishinga itandukanye.

Byari ibyishimo ku bageni ubwo bahabwaga inyigisho

Umugabo witegura kurushinga na Mushashi yarahiriye kuzabana nawe akaramata

Mushashi yarahiriye umusore bitegura kurushinga kuzabana akaramata

Bagiye mu myiteguro y’ubukwe bwabo buteganyijwe ku wa 14 Werurwe 2026

Author Profile

Umuraza Agnes
Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho

Nynadikira

About The Author

+ posts

Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho

Nynadikira

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top