Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Sarah Ebabi rwagarutsweho cyane muri iki cyumweru muri DR Congo,

DR Congo: Wa musirikare yakatiwe gufungwa umwaka umwe usubitse kubera video ari gusomana n’umukunzi we

Urukiko rukuru rwa gisirikare mu murwa mukuru Kinshasa ku wa gatatu nimugoroba rwakatiye Adjudante (warrant officer) Sarah Ebabi wo mu ngabo za leta igifungo gisubitse cy’umwaka umwe kimuhamije icyaha cy’imyifatire inyuranyije n’amahame ngengamyitwarire ya gisirikare.

Iki gihano kivuze ko uyu musirikare wari ufunze kuva ku wa gatanu ushize arekurwa akidegembya ariko agasabwa kutongera gukora ikindi cyaha kiregerwa mu nkiko mu gihe akiri gukora igihano yakatiwe.

Nyuma yo gukatirwa, hatangajwe amashusho y’abantu benshi bagaragaye hanze y’urukiko bishimiye ko agiye kurekurwa akajya kwitegura ubukwe bwe buteganyijwe ejo ku wa gatanu.

Mbere yo gukatirwa, Sarah Ebabi uvuga ko afite imyaka 29 kandi amaze imyaka 10 akorera igisirikare, yabwiye Urukiko ko afite abatumirwa 400 yatumiye mu bukwe bwe buteganyijwe ku wa gatanu.

Yagize ati: “Ngomba kwitegura iki gikorwa gikomeye mu buzima bwanjye, kandi giteye ishema igisirikare. Ndagusabye [perezida w’urukiko] ngo undekure, ndarengana”.

Ku wa kabiri, ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari bwasabiye uyu musirikare gufungwa imyaka 10 kubera amashusho yakwiriye ku mbuga nkoranyambaga yambaye impuzankano ya gisiriakre arimo gusomana n’umugabo barimo kwitegura kubana.

Sarah Ebabi yavuze ko amashusho yafashwe mu gihe gishize mu buryo bwite muri ‘studio’ y’i Kinshasa kugira ngo we n’umukunzi we basohore ‘Save the Date

Imbere y’urukiko ku wa kabiri, Sarah Ebabi yavuze ko amashusho yafashwe mu gihe gishize mu buryo bwite muri ‘studio’ y’i Kinshasa kugira ngo we n’umukunzi we basohore ‘Save the Date’ imenyesha ubukwe bwabo buteganyijwe ku wa gatanu w’iki cyumweru.

Ibinyamakuru muri RDC bivuga ko Sarah Ebabi yabwiye urukiko rwa gisirikare ko umuntu ufata amashusho muri iyo’studio’ ari we, batabyumvikanyeho, watangaje kuri TikTok ‘video’ yahererekanyijwe cyane ye n’umugabo we.

Uru ni urubanza rurimo kuvugwaho n’Abanyecongo benshi.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare buvuga ko uyu musirikare muto yarenze ku itegeko ryasohotse mu 2021 ribuza abasirikare kwigaragaza ku mbuga nkoranyambaga bambaye impuzankano zabo mu buryo butesha agaciro ishema n’ikinyabupfura cy’ingabo.

Adjudante Ebabi asubirwamo n’ibinyamakuru abwira urukiko ati: “Icyaha ni gatozi, nyakubahwa perezida [w’urukiko]. Ntabwo ari jye watangaje ayo mashusho.”

Ibinyamakuru muri DR Congo bivuga ko ku wa kabiri urukiko rwa gisirikare rwumvise ubuhamya bw’umufotozi wa ya ‘studio’ bifotorejemo, aho yemeye ko ari we watangaje ayo mashusho y’uyu musirikare n’umukunzi we, kandi ko batari babyumvikanye.

Leave a Comment

Scroll to Top