Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Abagore bafite icyapa cyanditseho amagambo y’ibyo bamagana mu myigaragambyo yabaye i Minembwe ku wa kabiri

Mudufungurire amayira, abana baragowe’… Imyigaragambyo i Minembwe aho ‘bafungiwe amayira’ agezayo ibya nkenerwa

Ku wa kabiri mu gace ka Minembwe k’intara ya Kivu y’Epfo habaye imyigaragambyo y’abaturage bamagana ‘gufungwa kw’amayira yose’ abahuza n’umujyi wa Uvira ahava ibya nkenerwa mu buzima bwabo, bavuga ko bikorwa n’ingabo za leta n’iz’u Burundi.

Kuva mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka ako gace kagenzurwa n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho bafatanyije n’umutwe wa AFC/M23 bahafashe nyuma y’imirwano yavanye ingabo za leta mu Minembwe, Mikenke n’inkengero zaho.

Ako gace k’icyaro, abahatuye ubusanzwe ibicuruzwa bya ngombwa nk’imiti, amavuta, amasabune, umunyu, isukari, n’ibindi biribwa bateza ubwabo babivana mu mujyi wa Uvira.

Santos Mufashi ukuriye imiryango ya sosiyete sivile muri ako gace, ejo yari muri iyi myigaragambyo kandi ari mu bayiteguye, yabwiye itangazamakuru ati: “Abarwana nibarwane, abaganira nibaganire, ariko bareke abantu bagende, bacuruze…kuki bavuga ngo twicwe n’inzara.

Minembwe aho iherereye muri Kivu

Itangazamakuru ryagerageje kubaza uruhande rwa leta ya Kivu y’Epfo ahagenzurwa na leta, hamwe n’igisirikare, ku ifungwa ry’amayira agana mu gace ka Minembwe, ariko ntibyashoboka kugeza ubu.

Mbere, ingabo z’u Burundi zavuze ko ubutumwa bwazo muri DR Congo zibukorana “ubunyamwuga no kubahiriza uburenganzira bwa muntu”.

Abigaragambya bavuga ko ibi bikorwa byo gufungira abantu aho bakura ibyangombwa nkenerwa bigize “icyaha cy’intambara”.

I Minembwe byifashe bite?

Mufashi avuga ko nyuma y’uko Twirwaneho ifashe Minembwe n’inkengero zayo uruhande rw’ingabo za leta rwatangiye kubuza ibicuruzwa kwerekezayo, ariko ko hari hasigaye “inzira ya Ndundu yatumaga hari ibitugeraho”.

Agira ati: “Muri aya mezi ya vuba hiyongereye ingabo z’Abarundi, ziraza zirafunga n’abandi bakorana ba Wazalendo, bashyize ibirindiro mu nzira zose babuza abantu kugira ikintu kiva hanze bazana mu Minembwe.”

Mufashi avuga ko na mbere yo “gufunga amayira burundu” ku bicuruzwa “ikintu cyaguraga amafaranga 5,000 cyari kigeze mu 30,000, ariko noneho na byo ubu ntibihagera”.

Abigaragambya ku wa kabiri bumvikanye bavuga ko “abana bagowe” ko ‘abagore bagowe” kubera kubura ibyangombwa nkenerwa nk’imiti n’ibindi.

Mufashi avuga ko uretse ibyangombwa nkenerwa bitakibageraho, n’imiryango mpuzamahanga ifasha yajyanaga imiti muri ako gace ubu itemerewe kuhagera.

Leave a Comment

Scroll to Top