
Museveni yemeye ko Uganda yari ‘yarashimuse’ impirimbanyi z’Abanya-Kenya zagaragaye zishyigikiye Bobi Wine
Ku nshuro ya mbere Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yemeye itabwa muri yombi ry’Abanya-Kenya babiri b’impirimbanyi nyuma y’ibyumweru bitanu baraburiwe irengero mu gihugu cye.
Mu kwezi gushize, ababibonye bavuze ko babonye Bob Njagi na Nicholas Oyoo binjizwa mu modoka ku ngufu n’abagabo bambaye ibitambaro bibapfuka mu maso nyuma y’ibikorwa byo kwamamaza, aho bagaragaye bashyigikiye umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Bobi Wine.
Amakuru y’ifungurwa ryabo yamenyekanye ku wa gatandatu w’icyuweru gishize, gusa kuva icyo gihe inzego z’ubutegetsi muri Uganda zakomeje guhakana amakuru y’ifungwa ryabo.
Mu kiganiro cyabaye imbonankubone ku mugoroba wo ku wa gatandatu, Museveni yise abo bagabo bombi “inzobere mu myigaragambyo” bakaba bari “bamaze iminsi barashyizwe muri firigo”.
Museveni, umaze imyaka hafi 40 ku butegetsi ndetse akaba arimo kwiyamamariza indi manda, yabivuze ubwo yasubizaga ikibazo kijyanye n’imyigaragambyo iherutse kubera mu gihugu cy’abaturanyi cya Tanzania.
Museveni ashinja amatsinda y’abanyamahanga guteza akavuyo, ndetse yavuze ko “abarimo gukora uwo mukino hano muri Uganda bazagira iherezo ribi.”
Atavuze amazina yabo, Museveni yongeyeho ko abo bagabo babiri b’Abanya-Kenya barekuwe nyuma y’uko yahamagawe na bamwe mu bategetsi bo muri Kenya bamusaba ko boherezwa muri Kenya.
Njagi na Oyoo bakiriwe n’ababashyigikiye ku kibuga cy’indege kinini mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, ku wa gatandatu w’icyumweru gishize.

Umwe mu bari barashimuswe
Njagi yagize ati: “Iminsi mirongo itatu n’umunani tumaze twarashimuswe, ntabwo byari byoroshye. Ntitwibwiraga ko tuzavamo turi bazima kuko twari twarashimuswe n’igisirikare.”
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, yavuze ko irekurwa ryabo ryakurikiye “ubufatanye burambye hagati ya Kenya na Uganda”.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu witwa Vocal Africa, wari umaze igihe usaba ko aba bagabo bombi barekurwa, wagize uti: “Iki ni igihe cyiza cyo kugaragaza impinduka zikomeye mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu ku batuye Afurika y’iburasirazuba aho ari ho hose mu bagize uwo muryango.”
Mu itangazo rihuriweho n’uyu muryango wa Vocal Africa, ishyirahamwe ry’abanyamategeko muri Kenya ndetse na Amnesty International, bashimiye leta ya Kenya na Uganda, ndetse n’abaturage bose bakoze ubukangurambaga mu irekurwa ry’aba bagabo.
Uwahoze ari icyamamare mu muziki mu njjyana ya pop, Bobi Wine, amazina ye nyakuri ni Robert Kyagulanyi, ahanganye na Museveni ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha.
Bobi Wine yashinje leta ya Uganda kwibasira abo Banya-Kenya babiri kubera ko bamushyigikiye.
Mu butumwa yatangaje ku cyumweru ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati: “Niba barakoze icyaha icyo ari cyo cyose, kuki batagejejwe imbere y’ubutabera ngo bashinjwe ku mugaragaro?”
Inzego z’umutekano muri Uganda zakunze gushinjwa gufunga abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, kandi bigakorwa n’abatambaye imyenda ibaranga, bamwe mu bafunzwe nyuma bajyanwe mu nkiko bashinjwa ibyaha bitandukanye.
Ibyabaye kuri abo bagabo bisa n’ibindi byo mu gishize byabaye ku banyapolitiki n’impirimbanyi mu karere k’Afurika y’uburasirazuba.
Muri Kenya umwaka ushize, Njagi yashimuswe n’abagabo bari bambaye imyenda ibapfuka mu maso, mu bushimusi bivugwa ko bwibasiye abanenga ubutegetsi bwo muri icyo gihugu.
Yagaragaye nyuma y’ukwezi kumwe, nyuma y’aho urukiko rutegetse polisi kumugeza imbere y’ubushinjacyaha. uyu mugabo yavuze ko yari afashwe nabi cyane aho yari afungiye ha wenyine ndetse yongeraho ko yimwe n’amafunguro.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka, impirimbanyi yo muri Kenya, Boniface Mwangi, na mugenzi we w’Umunya-Uganda, Agather Atuhaire, bafungiwe muri Tanzania ahantu hatamenyekanye, nyuma y’iminsi micye bagaragaye ku mipaka y’ibihugu byabo.
Nyuma bashinje abategetsi ba Tanzania kubakorera ibikorwa by’urugomo, birimo n’iyicarubozo rishingiye ku gitsina, ibirego polisi yo muri icyo gihugu yavuze ko ari ibinyoma.
Umwaka ushize, undi wo mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Kizza Besigye, yaburiwe irengero i Nairobi mu buryo butamenyekanye, nyuma y’iminsi ine agaragara mu rukiko rwa gisirikare muri Uganda, aho akurikiranweho ibyaha byo kugambanira igihugu.
Ibi biherutse kuba mu karere byamaganwe henshi, ndetse hari impungenge ko ubutegetsi bw’ibihugu byo muri Afurika y’uburasirazuba bushobora kuba burimo gufatanya mu guhashya abatavuga rumwe na byo.

Ndi umwanditsi ahangaha kuri uru rubuga, ibindi mu zambaze.