Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Icyivugo cy’Imbeba, Imbeba zikaragata umwite,. Uwanjye muze mumurore. Aho atembye igicuri. Munsi y’igicaniro! Ubwo musanga adaciye.

Imbeba nazo zirivuga cyane, Imbeba yaraye mu muheno. Iti ngiye kubaza ibyo! Iyikoma ijanja. Iheruka gukoma ejo. Yigira mu Cyibumba kwa Nyamurinda. Kwirira uduhirivi two mu rubingo.

Rwikubira ikubije umurama

Urwa gituza,

Ni igituna cy’ifigi:

Ntikangwa n’inzu y’insoko

Igira amenyo y’urugaga,

Mu rugamba rw’iz’intaza.

Zikabana n’injorojoro,

Zajaganyiriza mu musego

Zikabuza abantu gusinzira.

Zitura ku mbariro

Ukagira ngo ni imirindi y’imbogo!

Izo mbeba zihuje imikaka,

Aho no gukubagana zirabizi!

Zibasiye mwene Ruhaya

Zimubuza guhumeka:

Agiye guhindukira,

Zimugira umugambi

Wo kumugaragaza ho inguma.

Zirimo iy’inyurizi,

Ihinda iva mu gisenge;

Amenyo irayakubira

Imutebeza imikaka

Mu kirenge cy’ibumoso

Imaze kugitangaza

Yihuta ivuga ibigwi,

Iti « uw’inkuba ya Rufigi

Muraze mumurore

Ntagitera umugeri!

Ubwo musanga adaciye

Sintahe mu muheno!»

Zigwiza isahaha

Zigumya kujwigira.

Zikabamo iy’injorojoro

Ihinda iva mu gishanga,

Ntiyarushya ijajaba

Yazirushaga kwisha imikaka

Ihangiye mu birenge,

Amano iyatera ibibaru

Umenya ngo arwaye urubara!

Igaruka yirahira

Iti « uw’inkuba izira amabano

Muraze mumurore

Ubwo musanga adaciye

Simparagate ibyahi!»

Abicaye mu kirambi

Bumva imbeba z’ifigi

Urwo rugo zirwigabije

Na we Rwakabwa asohotse

Ubwoba bumusaragiza,

Asanga inkike y’epfo;

Ahura n’iy’urutaza

Imutanga ku mugende

Imuciramo ay’imigera.

Yose agasa n’ingembe!

Ntiyarushya agomborwa,

Iyamugeza mu mirundi

Abura imirindi yo guhunga,

Ihuta kumwesa ku mpama

Iti « uwa rutavutsa imikaka

Imbeba zikaragata umwite,

Uwanjye muze mumurore

Aho atermbye igicuri

Munsi y’igicaniro!

Ubwo musanga adaciye

Singere mu ikaniro!

Abasigaye mu cyezi

Barimo shebuja w’ubwoba

Ashinguye guhunga

Ahura n’iy’itorero

Izirusha zose amatama manini,

Ikagira imikaka idakuka;

Iyimukoza mu birenge,

Agiye gukandagira

Asyonyorwa n’imisenyi,

Yesa inkokora hasi

Igaruka yirahira

Iti « uwa Rutarasirwa mu ntazi

Intore z’imbeba zakoranye

Dore aha atembye igicuri!

Ubwo musanga adaciye

Integano sinyibuze,

Sinzarye amacwende!»

Zisizanira mu muryango

Zumva usigaye mu nzu,

Ko akomeza guhumeka:

Imbeba zirakorakorana

Izindi zikwirwa iyo nzu!

Nyirazo ihanika kujwigira

Ihagaze hejuru y’urusika

Uwo zisanze mu kirago,

Ati « iryavuzwe riratashye!»

Haduka iy’amanga make,

Ikarusha izo mbeba amaboko

N’amarere ikayagira,

Yigize ikibumbe,

Ikazirusha n’icyaha

Cyo konona amasimbo!

Ihinda ituruka mu isapfu,

Ibanza gusenya iyo nzu,

Ihingutse ku mugamba

Isandaza ibisabo,

Iheranga n’ibicuma

Ibiceka ku ruhimbi,

Igikuba kiracika,

Akangurwa n’ubwoba!

Intoki zihura n’amenyo

Y’iyo figi y’imbeba

Iziremera intambara:

Ihangira mu bikonjo,

Ikuramo inzara zose

Imuharisha intwaro.

Ibonye ko ihimbawe

Igaruka yirahira

Iti « uw’urutaza rutimirwa,

Rutabuzwa ku mirara,

Uwanjye muze mumurore,

Ubwo musanga adaciye

Singere ku bucabari!»

Zibonye umutezi,

Ahingukanye igifuma,

Zigiciramo urutezo

Na we zimubuza gutaha!

Zatanyije injangwe

Ntizikigera no mu bihuru;

Zateye urusakwe,

N’imirizo yakunze

Ziba inkaragatabyahi!

Rubanguka ijya mu kigega

Ruvuzo ruvunga umurama,

Rutanena umutindi,

Rudacira ubucabari

Rudahararukwa ikaniro,

Ruti rwasa amacwende.

Rudacikirwa n’umushushwe,

Rwa Nkumbuyamashaza

Ni imbeba y’umurizo w’imbazo

Isokoza ubwanwa bw’ishaka

N’ubwinyo butukura.

Izina yatorewe n’umwisi

Yitwa inkuba yesa ku muheno!

Guhamiriza bya Kinyarwanda

Ibyivugo by’abagabo (II)

1.Inshongore ikaraga ababisha ku ndekwe,

Umuhungu Rwanga kugarama.

2.Intamati itikura mbere y’ ingabo,

Ngarambe badahiga,

Ndi Suzuguza abo twagiye gusohoza.

3.Inyamibwa ikwiye Musinga,

Ya rusakara mu mahina,

Ntwara umuheto w’urusobe.

4.Ndi Bitsindika inkumi bya Rucogoza,

Ndi uwo umwami akunda gutuma mu Rukandamuheto.

5.Ndi icyamamare cy’umutwe,

Ndi rulirimbwa mu mahina rwa Nyilimbirima.

6.Ndi icyago cya Rutagungira,

Ndi umuhungu ndi umuzira guhunga.

7.Ndi impalirwa mihigo, ndi rwijutamihigo,

Ndi rubambiranangabo, ndi ruvukanwa rw’umugabo.

8.Ndi inyamibwa baratira umugabe,

Rukaragandekwe, ndi umugabo ugaragara ku rugamba.

9.Ndi inyamibwa idakemwa, imyambi itagorama,

Ndi inzovu y’imilindi, sinkura ibirenge nshyikirana n’ingamba,

Ntwara kebamubili.

10.Ndi Mudashyikirwa n’abashaka ibishahu,

Ndi ruzimizambuga rwo mu nziza,

Ruzindurwa no gutsinda ababisha,

Ndi Rwamamara aho indinda zikotaniye.

11.Ndi Mugabo umenera intorewa Rukikantambara,

Sinsubizwa inyuma n’ababisha.

12.Ndi Munyuzangabo wa Rugango,

Ndi Manzi ihatse ibigarama.

13.Ndi Mutamu wa Rwasha,

Nanze gutamira nk’abakinzi b’ubwoba, inka tuzitereza iminunga;

Nateye icumu mu nshuro abagabo b’imbwa bakiyafashe mu ntoki,

Ndangamira inkwaya numva iyo imyambi ivugira.

14.Ndi Ngoga bavuga imbaraga, imbabazamahanga,

Ndi Rusanganirantambara.

15.Ndi Ngoga y’igikwerere, igikuba gicika, ndi Manzi y’abacu.

16.Ndi Nkaragaminega ya Rubimbulirangabo,

Abenshi ntibazi kurasana ku nkindi y’inka nk’inkuba ya Seshobore,

Niciye kwa Basebya.

17.Ndi Nkubito inesha ab’ahandi, ndi ruhimbaza abanyogeza.

18.Ndi Nkubito ilirimbwa mu bahizi;

Ruhindana iminega, rubabazantambara.

19.Ndi nyamuca aho batinya intwali zisalitse,

Ndi rubabazandongozi.

20.Ndi rubabaza igitero, ndi rucyaha abaganira, ku rugamba sintezuka.

21.Ndi rubimbura ahananiranye wa Simpunga,

Umuheto urengera imfura nywuhorana mu ntoki.

Leave a Comment

Scroll to Top