
Gabriel Gahima na Aline Gahongayire
Aline Gahongayire[alga, umunyamuziki mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, atangirwa ubuhamya na benshi bamuzi bavuga ko yisangije imibereho itangaje yisanisha n’abababaye mu bihe by’ibyishimo bye ndetse n’igihe ababaye.
Ngo akunda abandi kurusha uko yikunda!
Imyaka irenga 20 irashize Aline Gahongayire atangiye kuririmba. Yanyuze mu buzima byamushyize mu biganza by’itangazamakuru.
Page y’ubuzima bwe ihera mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana yirunduriyemo, ihindurwa n’ubuzima bw’urukundo yanyuzemo bwarangiye ashwanye n’uwo barwubakanye, ahorana igikomere cy’umwana we witabye Imana akivuka
Ubuzima bwe burakomeza bukagera ku rugendo rw’itangazamakuru, hiyongeraho n’ishingano zo kwita ku bana n’ababyeyi yahurije mu muryango Ineza yitiriye imfura ye yitabye Imana Imana imuhe iruhuko ridashira.
Ababanye nawe n’abakibana nawe bahamya ko ari ‘umubyeyi’ mwiza kuri benshi yasubije icyizere cy’ubuzima.

Ndanyuzwe, Aline Gahongayire & Clement Ishimwe
Ndanyuzwe mu mutima wanjye
mfite indirimbo ibihumbi,
ntarindi jambo nshaka kuvuga
usibye irigushima
Am grateful in my heart
I have thousands of songs
I have nothing else to say
Other than praise you
*Verse1*
Uwiteka nje imbere yawe nciye bugufi mfite byinshi byo kukubwira ariko reka mpitemo kimwe,
_Si uko amarira yashize_
_Si uko ibibazo birangiye_
_Ni umutima unyuzwe_
I humbly come to you oh lord
With much to tell you but I just chose one
Not because I cry no more
Not because problems are over
But because of a grateful heart
Uwiteka nje imbere yawe ongera unyumve wakire iyi ndirimbo kuko imvuye Ku mutima
_Si uko amarira yashize_
_Si uko ibibazo birangiye_
_Ni umutima unyuzwe_
*Chorus*
Ndanyuzwe mu mutima wanjye
mfite indirimbo ibihumbi,
ntarindi jambo nshaka kuvuga
usibye irigushima.
Am grateful in my heart
I have thousands of songs
I have nothing else to say
Other than praise you (Other than saying thank you)
*Verse2*
Uwiteka nje imbere yawe nibutse byabihe
ndumva nuzuye ishimwe n’amarira y’ibyishimo
_Si uko hari icyo natanze_
_Si uko nkiranuka_ _bikwiriye_
_Ni umitima unyuzwe_
I come to you lord with past memories
Full of praise and tears of joy as I remember
Not because I sacrificed anything
Not because am worthy and righteous
But because of a grateful heart
Uwiteka nje imbere yawe ongera unyumve
sinabona icyo ngutura gihwanye n’ibyo unkorera
ng’uyu umutima uwakire
uwukoreshe icyo ushaka kuko
umutima uranyuzwe.
When I come before you oh lord listen to me again
I can’t reward you equivalent to your deeds for me
Here it is take my heart
Use it as you wish
Because it’s full of gratitude
*Chorus*
Ndanyuzwe mu mutima wanjye
mfite indirimbo ibihumbi,
ntarindi jambo nshaka kuvuga
usibye irigushima. X4
Am grateful in my heart
I have thousands of songs
I have nothing else to say
Other than praise you

Ifoto ya Aline Gahongayire
Aline Gahongayire yakomoje ku gitabo cy’ubuzima bwe ari kwandika, Umuhanzikazi Aline Gahongayire yatangaje ko yatangiye kwandika igitabo yise “Black Chapter” kigaruka ku bizazane yahuye na byo mu buzima.
Umuhanzikazi Aline Gahongayire yatangaje ko yatangiye kwandika igitabo yise “Black Chapter” kigaruka ku bizazane yahuye na byo mu buzima.
Gahonganyire kandi yakomoje k’uwahoze ari umugabo we (Gahima Gabriel) avuga ko ibye nawe bitazaza muri iki gitabo kuko ubu ntacyo amwishyuza bityo inzira yahisemo akwiye kuyimurekera akubaka ubuzima bwe ku ruhande.
Uyu muhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yatangarije abodetidings ko yahisemo kwandika iki gitabo nyuma yo gusanga hari amasomo abasomyi cyangwa abakunzi be bakura mu buzima yanyuzemo dore ko hari benshi bahora bamubaza uko yakiriye ibibazo yahuye nabyo.
Ati “Nzigisha isomo ry’ubuzima nanyuzemo , n’ubwo ntaba ndi kuryigisha ariko nzariganiraho , sinjye wa mbere byabayeho sinanjye wanyuma ariko byibuze uzabasha gusoma iyo Black Chapter azamenye ko ntakure Imana itakura umuntu cyangwa yamugeza.”
“Ntabwo nakubeshya harimo ibintu biteye ubwoba hari ibintu bamwe bahisha batavuga ariko bashoboye kubivuga nibwo wabona ibyo banyuzemo ukabyumva, ndahamya Imana, hari amajoro menshi yambereye maremare yanga gucya , hari n’abahita bibaza ngo cyagihe byagenze gutya.”
Uyu muhanzikazi nubwo atatangaje igihe azamurikira iki gitabo avuga ko bimwe mu bikubiye muri iki gitabo ari ibihe yanyuzemo ubwo yibarutse umwana w’umukobwa Ineza Glovin ahita yitaba Imana n’ibindi.
Aline Gahongayire ahamya ko hari ibihe byari bimuremereye yanyuzemo bamwe batamenye uko yabyitwayemo cyangwa uko yabikemuye ibyo bikaba bimwe mubyo azasangiza abazasoma iki gitabo.

Yagarutse ku wahoze ari umugabo we
Ubwo yari abajijwe niba azagaruka ku wahoze ari umugabo , Gahongayire yavuze ko ntacyo ubu amushinja bityo akwiye kumushyira kuruhande agakomeza ubuzima yahisemo kuko nawe ubwe ashobora gusanga atarishya cyangwa atubahirije.
Ati “Mu byukuri ntacyo nashinja uwahoze ari umugabo wanjye , ntanakimwe pe !, kuba yaragiye ni ibye nizo zari inzira ze ntabwo ngomba kumubyiga, nonese kuki njye ntakoze ibyo ngomba gukora kandi imibanire y’abantu nibo babizi hagati yabo.”