
Ubuhamya bw’uwari umurinzi wa Gen Omega, nimero ya kabiri mu Banyarwanda b’ibyihebe
Ku rutonde rw’ibyihebe Leta y’u Rwanda yasohoye tariki ya 15 Ukwakira 2025, Gen Omega ni nimero ya kabiri inyuma y’umuyobozi w’uyu mutwe mu rwego rwa politiki, Lt Gen Gaston Iyamuremye alias Byiringiro Victor.
Gen Omega yavutse mu 1964, avukira muri Segiteri Gasebeya, Komini Gaseke muri Perefegitura ya Gisenyi. Yahungiye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’aho we na bagenzi be batsinzwe na RPA Inkotanyi. Yari afite ipeti rya Lieutenant.
Tuyubahe Innocent umaze hafi imyaka ibiri atashye mu Rwanda, yabaye umurinzi wa hafi wa Gen Omega kuva mu 2016 kugeza mu 2022, bimukana mu bice byinshi ubwo bahungaga ibitero by’abarwanyi ba M23 barwanya ubutegetsi bwa RDC. Yasobanuriye itangazamakuru byinshi ku mibereho ya Gen Omega mu mashyamba.
Nubwo ubuyobozi bwa RDC buvuga ko abarwanyi ba FDLR, cyane cyane abayobozi bayo bashaje, Tuyubahe avuga ko Gen Omega we agifite imbaraga. Ati “Afite imbaraga, nta nubwo ari muremure. Ni mugufi, araringaniye.”
Muri rusange, Gen Omega ni umuntu udasabana n’izindi nyeshyamba ngenzi ze kuko ntawe apfa kwizera. Ibi bituma rimwe na rimwe afata icyemezo cyo kuzenguruka mu kigo cya gisirikare, agenzura ibyo atekereza ko bishobora kuba bitagenda neza, byaba ngombwa agafatira telefone z’abarwanyi kugira ngo arebe abavugana n’abo mu Rwanda.

Omega mu buzima bwe, ni umuntu udasabana.
N’abamurinda muri Etat-Major ntabizera, nta muntu n’umwe wabona ari gusabana na we. Ni umuntu uba ameze nk’aho afite umujinya igihe cyose.
Ntabwo aba atuje, agenda azenguruka, asa n’ufite ibibazo, akongera agasubirayo. Habaga igihe adutunguye, n’amatelefone akayatwaka, akagenzura nimero ngo arebe abo tuvugana na bo. Aba agira ngo arebe niba hari nimero zo mu Rwanda muvugana.” Ni ko Tuyubahe yabisobanuye.
Byajyaga bibaho ko bamwe mu barwanyi ba FDLR bashakisha nimero za telefone z’abo mu miryango yabo baba mu Rwanda kugira ngo bavugane ku buryo bakwitegura gutaha. Hari n’abo Omega yafashe, abafatira ibihano birimo kubimurira mu kindi kigo cya kure, gukubitwa inkoni ziri hagati ya 200 na 300 cyangwa kwicwa.
Ati “Niba mwabanaga aho ngaho mu kigo, ahita akwimurira mu yindi batayo, akavuga ngo ‘Wazavamo umuntu umugambanira’. Ahita agutanga, ukajya kure, ku buryo mutazongera no guhura. Ntabwo habura nk’inkoni 200 kugera kuri 300.”
Tuyubahe yasobanuye ko na we yafashwe, bigaragara ko yavuganaga na bashiki be. Icyo gihe mu kigo cya FDLR habaye inama y’igitaraganya yari iyobowe na Omega, amubaza niba mu byo yavuganye n’abo mu muryango we hatarimo gahunda yo gutaha, arabihakana, anamwumvisha amajwi y’ibiganiro bagiranye.
Ngo Omega yabwiye Tuyubahe ko amahirwe yagize ari uko yamurindaga kuko iyo bitaba ibyo yari kwicwa. Ariko ntiyamuretse gusa, kuko yategetse ko akubitwa inkoni 300, yamburwa na telefone yavuganiyeho na bashiki be.
Iyo Omega ahamije ko hari umurwanyi wa FDLR wamugambaniye, amucira urwo gupfa ariko si we umwirasira kuko ntaba ashaka ko abari mu kigo bamenya ko yishe umuntu.
Tuyubahe yagize ati “We ukuntu abikora, kugira ngo bitagaragara mu basirikare ko ari kubica, we aragutuma, akareba nk’abasirikare babiri, akababwira inzira uzanyuramo.
Ati ‘Ngwino ngutume mu kigo runaka, uzagenda wenyine, ni ibanga’, akaguha ibipapuro ati ‘Bijyane nka za Kazaroho’ cyangwa se ahandi, noneho wabageraho mu nzira, bakakurasa, bakavuga ngo wahuye na ba Nyatura cyangwa se ba Mai Mai, barakwica.

Tuyubahe Innocent, yabaye umurinzi wa hafi wa Gen Omega kuva mu 2016 kugeza mu 2022
Umunyagatolika wisunga abahanuzi
Tuyubahe yasobanuye ko Omega ari Umunyagatolika ujya muri misa, kandi ko afite n’itsinda ry’abahanuzi rimuhanurira ibizamubaho cyangwa se ibizaba ku mutwe wa FDLR muri rusange.
Ati “Wari uzi ko turi i Paris (ikigo cya FDLR kiri i Rutshuro) yari afite groupe? Yari afite groupe irimo n’uyu Chantal. Yari umuhanuzi we n’undi bitaga Francine. Umushumba wabo yitwaga Mulume, yarapfuye twenda kuva i Paris.”
Nizane Marie Chantal uvugwa na Tuyubahe ni umwe mu barwanyi ba FDLR bafashwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ubwo bari muri Rutshuru. Yatashye mu Rwanda, ahabwa amahugurwa na Komisiyo y’igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, RDRC.
Ni kenshi FDLR itegura ibitero, byaba ibyo kugaba ku Rwanda cyangwa se guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa RDC. Mbere yo kubitangira, abahanuzi bayo bakora amasengesho kugira ngo Imana ibereke niba bazatsinda.