Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Mange Kimambi, Konti z’icyamamare zakuwe ku mbuga nkoranya mbaga, ashinjwa gutegura imyigaragambyo yo kwamagana amatora

Mange Kimambi, impirimbanyi akaba n’icyamamare muri Tanzaniya, yashinje leta kuba yaramufungishirije konti ze ku mbuga nkoranyambaga

izi konti zikaba zishinjwa kuba yarazikoreshaga ashishikariza Abanyatanzaniya kwigomeka ku butegetsi.

Uyu wahoze ari umunyamideli waje guhinduka impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, akaba aba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ni umwe mu batinyuka kunenga Perezida Samia Suluhu Hassan akoresheje imbuga ze nkoranyambaga aho yari afite hafi miliyoni eshatu z’abamukurikira kuri Instagram.

Mange Kimambi yashinjwe ko yashishikarije abantu kwitabira imyigaragambyo y’amatora yahitanye abantu, bituma hatangwa n’ubusabe bwo kumuta muri yombi.

Umuvugizi wa Meta yabwiye itangazamakuru ko konti ze za Instagram “zakuwemo kubera kurenga ku mabwiriza yabo yo kwirinda abahora basubira mu makosa

Umuvugizi wa leta ya Tanzaniya, Gerson Msigwa, yabwiye itangazamakuru ko akwiye gutanga gihamya z’ibyo arega leta.

Meta, sosiyete ibarizwamo Instagram, Facebook na WhatsApp, yagize iti, Ntitwemerera abantu gufungura konti nshya zimeze kimwe n’izindi twakuyeho mbere kubera kurengera ku mabwiriza yacu.

Mu cyumweru gishize, mu ijambo bikekwa ko ryarebaga Kimambi, umushinjacyaha mukuru wa leta, Hamza Johari, yavuze ko bidashoboka uburyo “umuntu umwe uri hanze y’igihugu” ashobora gutegeka abantu ibikwiye gukorwa binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati: “[Ababwira] gukora ibyo bintu [kujya mu myigaragambyo], bakabikora koko hanyuma agatangira kubyirata… Tugomba kumuta muri yombi.”

Muri Tanzaniya habaye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’amatora yo ku itariki ya 29 Ukwakira (10), Perezida Samia yegukanye intsinzi n’amajwi 98%, nyuma y’uko abatavuga rumwe na we batabashije kwiyamamaza.

Abatavuga rumwe na leta n’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu bemeza ko abantu amagana bishwe mu bikorwa byo guhosha imyigaragambyo, nubwo Leta yo itaratangaza imibare y’abahitanywe n’ibyo bikorwa.

Perezida Samia yakunze kunengwa n’amahanga ku bikorwa nk’ibi, ariko we akavuga ko gukoresha imbaraga byari “ngombwa” kuko abigaragambyaga ngo “biteguraga guhirika ubutegetsi”.

Ku wa mbere, Samia yavuze ko leta ye yiteguye guhangana n’abigaragambyaga bitegura imyigaragambyo mishya byavugwaga ko iteganyijwe ku wa kabiri w’icyumweru gitaha.

Kimambi yavuze ko umunsi konti ze zakuwemo, n’iya Maria Sarungi, indi mpirimbanyi ikomeye yo muri Tanzaniya na yo iba hanze, yafatiwe ibihano.

Nizeye ko ibi bigaragaza ko Meta ishobora kuba yarokejwe igitutu na leta ya Tanzaniya

mu rwego rwo gucecekesha amajwi y’abaharanira uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu.”

Iyi mpirimbanyi yabuze konti zayo yifashishaga mu bikorwa binyuranye, yanasabye Perezida w’Amerika Donald Trump ko yasaba Meta kugarura konti ze.

Yongeyeho ati: “Igihe cyose nakoresheje urubuga rwanjye ngaragaza ibibazo biri mu gihugu, kandi nshishikariza abantu kwigaragambya mu mahoro, kuko Abanyatanzaniya benshi bumva ko nta bundi buryo buhagije bwo gutanga ibitekerezo byabo mu mutekano.”

Guhagarikwa kwa konti za Kimambi bibaye mu gihe Amerika ivuze ko irimo gusuzuma umubano wayo na Tanzaniya, kubera impungenge ku guhungabanya amahame ya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu.

Mu itangazo minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yasohoye ku wa kane, Washington ishinja leta ya Tanzaniya kubangamira ubwisanzure bwo gusenga, ubwisanzure bwo kuvuga, kubangamira ishoramari ry’Abanyamerika no kunanirwa gukumira ibikorwa by’ihohoterwa mbere na nyuma y’amatora yo ku ya 29 Ukwakira.

Rivuga kandi ko ibi bikorwa bishyira mu kaga abaturage b’Abanyamerika, ba mukerarugendo n’inyungu z’Amerika muri rusange, kandi bikabangamira ubufatanye bw’imyaka myinshi mu mutekano n’iterambere hagati y’ibihugu byombi.

 

 

About The Author

Leave a Comment

Scroll to Top