Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Mu gihe abari mu gitaramo cya Davido batashye bakuriye ingofero Kitoko wabahaye ibyishimo, we ntabwo yari anezerewe na mba kuko yimwe umwanya wo kuririmbana n’inshuti ye, Liliane Mbabazi bakoranye indirimbo ‘I Love you’

Liliane Mbabazi wari wagiye gushyigikira Kitoko mu gitaramo cya Davido, yatashye ataririmbye

Kitoko wari utaramiye bwa mbere muri BK Arena yagaragaje umunezero n’ibyishimo byo kuba ari mu Rwanda nyuma yo gutaha burundu, ava mu Bwongereza aho yari amaze igihe aba.

Ati “Mukwiye guterwa ishema no kuba muri iki gihugu, igihugu cyiza kandi gisukuye, gifite ubuyobozi bwiza n’abaturage beza. Uyu munsi ni inshuro yanjye ya mbere yo gutaramira muri iyi nyubako byancanze nageze hano birananira ariko iki ni ikimenyetso cy’ubuyobozi bwiza.

Kitoko Bibarwa

Yakomeje agaragaza ko nubwo Igihugu cyagira ubuyobozi bwiza, ariko ikiruta ari uko bafite n’abaturage bumvira.

Nyuma y’aya magambo, Kitoko yahise atera indirimbo ‘Thank you Kagame’ abari muri BK Arena bikoza mu bicu si ukuririmbana nawe biva inyuma.

Amaze kuririmba iyi ndirimbo, Kitoko wasaga n’uwibagiwe ko afite Liliane Mbabazi inyuma ye yavuye ku rubyiniro nyuma y’uko abashyushyarugamba bari bayoboye iki gitaramo bamusanze ku rubyiniro bakamusezerera.

Yabonye Liliane Mbabazi wari wamaze kuzamurwa ku rubyiniro atangira gusaba ko bamwongeza indirimbo imwe byibuza bakaririmbana ‘I love you’ bakoranye, icyakora ubusabe bwe birangira ntacyo butanze.

Kitoko yasubiye mu rwambariro ubona ko atishimye, inzira yose yagiye asaba imbabazi Liliane Mbabazi, undi nawe aramubwira ati “Ntakibazo Kitoko, nabibonye nawe si wowe rwose

Kamayiresi D’Amour  na Kitoko Bibarwa

Abanyarwanda bari bakumbuye Kitoko Bibarwa babimwerekeye mu gitaramo

Kitoko Bibarwa – Gahoro

Pastor P respect man
Gahoro Genda gahoro
Gahoro Genda gahoro
Ikibasumba mbwira icyo ushaka

Uwitonze burya akama ishashi
Rubavu rwanjye uzi icyo nshaka
Umunezero wawe n’inshingano zanjye
Urakaye arinjye ubiteye Imana yampana
Uraseka nkabona mukirere color color
Burya ngukunda niyo bavuga no wahala
Uri akarabo nshinzwe kuvomerera
Mutima utagomba gukomereka
Nkurebeye imbere Too much
Nguturutse inyuma Too much

Gahoro Genda gahoro
Gahoro Genda gahoro
Gahoro Genda gahoro
Mbwira icyo ushaka
Gahoro Genda gahoro
Uzi icyo nshaka

Turi mubantu benshii nyongorera
Ubuze uko ubivuga mpobera
Ndabizi ko ari wowe nkorera
Hari byinshii kubera inyungu zacu nihorera
Ntukarakare ngo haribyo tutumva kimwe
Rubavu rwanjye uzi icyo nshaka
Wowe pfundo ry’imigisha yanjye
Uri akarabo nshinzwe kuvomerera
Mutima utagomba gukomereka
Nkurebeye imbere Too much
Nguturutse inyuma Too much

Gahoro Genda gahoro
Mbwira icyo ushaka
Gahoro Genda gahoro
Uzi icyo nshaka
Gahoro Genda gahoro
Mbwira icyo ushaka

Gahoro Genda gahoro
Uzi icyo nshaka
Gahoro Genda gahoro
Gahoro Genda gahoro
Gahoro Genda gahoro
Gahoro Genda gahoro

Kitoko Bibarwa,

Yari mu bahanzi bakunzwe cyane mu bihe byo hambere

About The Author

Leave a Comment

Scroll to Top