
Ibyo wamenya ku makipe yo muri Afurika yabonye itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026
Ibyo bihugu byatanze imbaraga zidasanzwe bikitwara neza mu gushaka itike yo muri iri rushanwa ribona umugabo rigasiba undi ni Tunisia, Algeria, Ghana, Misiri, Afurika y’Epfo, Sénégal, Côte d’Ivoire, Cap-Vert na Maroc.
Ni ku nshuro ya mbere uyu Mugabane ugiye guhagararirwa n’ibihugu byinshi, kuko wari usanzwe wohereza ibihugu bitanu mu Gikombe cy’Isi. Ni nyuma y’uko umubare w’amakipe akina iri rushanwa wavuye kuri 32 ukaba 48.
Tunisia
Tunisia yakoze amateka akomeye cyane mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi, aho mu mikino 10 yakinnye yatsinzemo icyenda ikanganya umwe.
Usibye ibyo kandi, iyi kipe ntiyigeze yinjizwa igitego na kimwe muri iyi mikino, mu gihe yo yinjije 22 byayifashije kuyobora Itsinda H n’amanota 28. Aha yari ihanganye na Namibia, Liberia, Malawi, Guinée Equatoriale n’Ibirwa bya São Tomé-et-Príncipe.
Iyi kipe yakoze impinduka kenshi mu batoza kugeza kuri Sami Trabelsi wayifashe muri Gashyantare 2025, izaba igiye gukina Igikombe cy’Isi ku nshuro ya karindwi (1978, 1998, 2002, 2006, 2018, 2022, 2026), ifite intego zo kurenga amatsinda bwa mbere.
Iyi kipe ifite amateka yo kuba ari yo ya mbere ituruka muri Afurika yatsinze umukino mu Gikombe cy’Isi, ikaba yarabikoze mu 1978 ubwo yatsindaga Mexique ibitego 3-1.

Tunisia ntiyigize yinjizwa igitego na kimwe mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi
Maroc
Maroc yabonye itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi nyuma yo kuyobora Itsinda E yari isangiye na Niger, Tanzania, Zambia, Congo Brazzaville na Eritrea yikuye muri iyi mikino itarangiye kubera ibibazo by’amikoro.
Maroc yakomeje ifite amanota 24, nyuma yo gutsinda imikino yose, ibifashijwemo n’Umutoza Walid Regragui, wanayifashije kugera muri ½ cy’iri rushanwa mu 2022 ubwo ryaberaga muri Qatar.
Iyi na yo igiye guhatanira iki gikombe ku nshuro ya karindwi (1970, 1986, 1994, 1998, 2018, 2022, 2026). Ikaba ibaye iya mbere ibonye itike inshuro enye yikurikiranya.

Maroc yabonye itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi nyuma yo kuyobora Itsinda E
Misiri
Ikipe y’Igihugu ya Misiri yari ifite umukinnyi w’igikurankota, Mohamed Salah n’umutoza ukomeye, Hossam Hassan, yayoboye Itsinda A n’amanota 26, ibona itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kane mu mateka (1934, 1990, 2018, 2026).
Muri izo nshuro zose yitabiriye ntabwo yigeze irenga amatsinda, ikaba yiteguye kujya guhatana noneho ikitwara neza imbere y’andi makipe y’ibihangange ku Isi.

Maroc yakomeje ifite amanota 24, nyuma yo gutsinda imikino yose
Ghana
Ikipe y’Igihugu ya Ghana yabonye itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatanu mu mateka (2006, 2010, 2014, 2022, 2026). Ni nyuma yo kugira amanota 25 mu Itsinda I, aho yari kumwe na Madagascar, Ibirwa bya Comores, Mali, Tchad na Centrafrique.
Abakinnyi bayifashije kubona intsinzi harimo Jordan Ayew akaba na kapiteni wayo watsinze ibitego birindwi, ndetse n’umutoza Otto Addo wabaye umwenegihugu wa mbere ufashije iki gihugu kujya mu Gikombe cy’Isi.
Ghana ni imwe mu makipe yo muri Afurika aba yitezwe muri iyi mikino kuko mu Gikombe cy’Isi cyabereye muri Afurika y’Epfo mu 2010 yageze muri ¼.

Ikipe y’Igihugu ya Ghana yabonye itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatanu
Algeria
Nyuma yo kubura itike mu marushanwa abiri aheruka y’Igikombe cy’Isi, Algeria yagarutse idasanzwe kuko yabonye itike ifite amanota 25 mu Itsinda G isangiye na Uganda, Mozambique, Guinée, Botswana na Somalia.
Riyad Mahrez na Mohamed Amoura wabaye umukinnyi ufite ibitego byinshi mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, aho yinjije 10, bazakomeza gufasha iyi kipe iheruka kugera kure mu 2014 ubwo yasorezaga muri ⅛.
Algeria yageze mu Gikombe cy’Isi inshuro eshanu (1982, 1986, 2010, 2014, 2026).

Nyuma yo kubura itike mu marushanwa abiri aheruka y’Igikombe cy’Isi, Algeria yagarutse idasanzwe
Cap-Vert
Ikipe y’Igihugu ya Cap-Vert yakoze amateka yo kujya mu Gikombe cy’Isi bwa mbere, nyuma yo kuyobora Itsinda C n’amanota 23. Yahize izirimo Cameroun iri mu zikomeye muri Afurika, Libya, Angola, Ibirwa bya Maurice na Eswatini.
Umutoza Pedro Bubista Brito na rutahizamu Dailon Rocha Livramento, bafashije iki gihugu kubona itike, kiba n’igihugu cya kabiri gito mu mateka y’umupira w’amaguru kizakiba gikinnye Igikombe cy’Isi.

Ikipe y’Igihugu ya Cap-Vert yakoze amatka yo kujya mu Gikombe cy’Isi bwa mbere
Afurika y’Epfo
Afurika y’Epfo yabonye itike y’Igikombe cy’Isi nyuma yo gutsindira Amavubi iwayo ibitego 3-0. Ni ibitego byayihesheje amanota 18, kiba igihugu cyo muri Afurika cyakomeje gifite amanota make.
Usibye u Rwanda, yahize ibihugu birimo Nigeria, Zimbabwe, Bénin na Lesotho, ijya mu Gikombe cy’Isi ku nshuro ya kane (1998, 2002, 2010, 2026). Muri izi zose ntabwo irarenga amatsinda.
Iyi kipe yashoboraga kubura itike kuko yatewe mpaga kubera kurenga ku mategeko y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), yakinishije Teboho Mokoena wari ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Afurika y’Epfo yabonye itike y’Igikombe cy’Isi ku bwa burembe
Côte d’Ivoire
Côte d’Ivoire yegukanye Igikombe cya Afurika giheruka, yagombaga gukomereza kuri uwo muvuduko ikabona itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Ni nyuma yo kuyobora Itsinda F n’amanota 26.
Umutoza Emerse Faé yahize ibindi bihugu yari ahanganye na byo ari byo Kenya, Gabon, Gambia, u Burundi na Seychelles, abona itike y’iki gihugu izakina iri rushanwa bwa kane (2006, 2010, 2014, 2026) ariko ikaba itararenga amatsinda.

Côte d’Ivoire ntirarenga amatsinda mu Gikombe cy’Isi
Sénégal
Rutahizamu Sadio Mané yafashije Sénégal y’Umutoza Pape Thiaw, kuyobora Itsinda B n’amanota 26 biyifasha kubona itike y’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kane (2002, 2018, 2022, 2026).
Ubwo iri rushanwa riheruka gukinwa mu 2022, Sénégal yagarukiye muri ⅛ ariko kure yageze mu Gikombe cy’Isi ni muri ¼ kuko yabikoze mu 2002 ubwo iri rushanwa rya ryabereye muri Koreya y’Epfo n’u Buyapani.

Sénégal y’Umutoza Pape Thiaw yayoboye Itsinda B
Imikino ya kamarampaka
Amakipe ane yabaye aya kabiri muri buri tsinda, ari yo Gabon, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cameroun na Nigeria, azahurira muri Maroc hagati ya tariki ya 13 na 16 Ugushyingo 2025, yishakemo iya mbere izakina imikino ya kamarampaka.
Nimara kuboneka izakina n’andi makipe yo ku yindi migabane, ibone kubona itike y’Igikombe cy’Isi kizakirwa n’ibihugu bitatu byo ku Mugabane wa Amerika.

Abakinnyi bo muri Nigeria
Nigeria izakina imikino ya kamarampaka, niko byitezwe
ku bakunzi ba Nigeria mwese.