Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

SEBURIKOKO NI MUNTU KI? Mwari w’u Rwanda, Nyakwiga nyagutsinda, ntugatsindwe Tuganira na Seburikoko wamenyekanye mu mafilime, twamusanze kuri sitade amahoro aho yigira umuziki.

Tukimubona, ntabwo twahise tumubonamo Seburikoko ukina asetsa, kuko yari atuje cyane.

Nyamara dutangiye kuganira, ikiganiro cyacu cyaranzwe n’ibitwenge. Muri iyi nkuru, urabasha kumenya seburikoko. Ubusanzwe yitwa niyitegeka gratien, afite imyaka 45 kandi ni ingaragu. Yavukiye mu karere ka Rulindo, yiga ibinyabuzima n’ubutabire mu rwunge rw’amashuri rwa rilima. Muri kaminuza, yize kwigisha ibinyabuzima

n’ubumenyi bw’isi, abyigira mu cyahoze ari KIE.

Mu buzima nkora ibintu byinshi, ariko byose bijyanye n’ubuhanzi. Mbere na mbere ndi umukinnyi w’amafilime, kandi njya nayayobora. Nka “Seburikoko” ndi mu bayiyoboye. Ndi umukinnyi w’Itorero Indamutsa, aho dukina amakinamico atandukanye. Njya nkora n’akazi k’ubushyushyarugamba uyu bita “MC”, nkavuga amazina y’ inka, nkanakora umuziki. Ariko uretse ibyo, buriya ngira n’ibyo nkunda

Niyitegeka Gratien umaze kuba rurangiranwa muri sinema nyarwanda kumazina nka Sekaganda, Ngiga, Seburikoko, Papa Sava n’andi mazina atandukanye

Niyitegeka Gratien, umaze kuba rurangiranwa muri sinema nyarwanda kumazina nka Sekaganda, Ngiga, Seburikoko, Papa Sava n’andi mazina atandukanye, ni amwe muri menshi Niyitegeka Gratien yamamariyeho nk’umukinnyi wa filime ariko akaba anazwi cyane mu bundi buhanzi dore ko ari umusizi, umutahira uzobereye mu by’amazina y’inka, umukinnyi w’amakinamico, umwanditsi w’amafilime n’ibindi byinshi.

Ahenshi Niyitegeka akina ari umugabo wubatse ariko mu buzima busanzwe ni umusore w’ingaragu, gusa yahishuye ko afitanye gahunda ya vuba n’umukunzi we, yo gukora ubukwe agasezera ingaramakirambi.

Niyitegeka Gratien yatangarije itangazamakuru byinshi ku buzima bwe bwite, ku rugendo rwe mu by’ubuhanzi, ku bimubabaza mu buhanzi n’ibindi byinshi bitandukanye.

Niyitegeka Gratien yavuze ko afite umukobwa bakundana, ariko ngo hari amakuru amwerekeyeho adashobora gutangaza bitewe n’uko igihe kitaragera kandi ngo ntibarabyumvikanaho ngo amwemerere kubivuga mu itangazamakuru.

Niyitegeka Gratien w’imyaka 45 y’amavuko, yavuze ko gahunda afitanye n’umukunzi we ihamye, ari iy’uko igihe kizagera bakambikana impeta bagasezerana kuba nk’umugabo n’umugore.

Yaciye amarenga ko atari cyera ariko ntiyemera kwerura neza igihe bateganya gukora ubukwe.

Muri iki kiganiro yavuze byinshi ku by’imyidagaduro yo mu Rwanda, anenga bamwe mu bahanzi badakozwa ibyo gushyigikirana ahubwo bakamera nk’abahangana.

Yavuze ku nzira y’ubuhanzi bwe yatangiye mu 1995, avuga uko yize amashuri yisumbuye na kaminuza ari ikimenyabose, yarangiza akajya gukora akazi ko kwigisha, aho ashimangira ko kuba mwarimu akabifatanya n’ubuhanzi byamugoraga cyane.

Muri byinshi yatangaje, Seburikoko yasoje agaragaza agahinda n’umubabaro aterwa na bamwe mu bavuga ko bakunda ibihangano by’abahanzi, ariko aho kubashyigikira ngo batere imbere ahubwo bagashaka gupfobya imbaraga baba bashyize mu bihangano by’abo.

Hari aho yagize ati: “Hari uza akakubwira ati ndagufana none ugomba kumpa itike yo kujya mu gitaramo cyawe.

Nubyanga sinzongera kureba ibintu byawe… Hari abashaka ko tujya mu ngo zabo, ati ngwino ukine n’abana banjye baragukunda, wabyanga bikabarakaza

Please follow and like us:

Author Profile

Hortense Uwase
Ndi umwanditsi wa hano kuri Abode Tidings. ufite inkuru ushaka gutangaza. Wa nyuza kuri web form hariya kuri Contact us page, ubundi ugatangaza ibyo ushaka gutangaza hano. Ndabigutangariza

About The Author

Leave a Comment

Instagram
LinkedIn
YouTube
Scroll to Top