
IRADUKUNDA ELSA yavutse tariki 25 Werurwe 1998 avukira i Kigali mu Rwanda mu bitaro byo kwa Nyirinkwaya. Ni umwana wa kane mu muryango w’iwabo ugizwe n’abana umunani, abakobwa batandatu n’abahungu babiri.
IRADUKUNDA ELSA yavutse tariki 25 Werurwe 1998 avukira i Kigali mu Rwanda mu bitaro byo kwa Nyirinkwaya. Ni umwana wa kane mu muryango w’iwabo ugizwe n’abana umunani, abakobwa batandatu n’abahungu babiri. Nkuko bigaragara ku rubuga missrwanda.rw uyu mukobwa akoresha indimi 3, Ikinyarwanda, Icyongereza ndetse akanumva igifaransa nubwo kukivuga bimugora.
Elsa yize amashuri y’incuke ku ishuri rya ‘Le Petit Prince’ndetse ahigira n’amashuri abanza. Ageze mu wa Kane w’amashuri abanza kugeza mu wa Gatandatu yigaga kuri ‘Centre Scolaire Utunyenyeri’. Imyaka ibiri ya mbere mu mashuri yisumbuye yayize kuri International Window i Mbarara muri Uganda mbere gato ko yerekeza muri King David Academy i Kigali, kuva mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye kugeza ayashoje aho yarangije mu ishami rya ‘Literature, Economics na Geography’ mu mwaka w’amashuri wa 2016.
Nkuko bigaragara ku rubuga kandi uyu mukobwa yumva yakwitabira ibikorwa byose bya Leta ndetse n’ibikorwa byo gufasha. Umukino akunda ni ukoga no gusoma ibitabo kenshi bishingiye ku nkuru zabayeho, ni umukobwa watangiye kujya koga ku myaka 10, Elsa akaba yaratangiye kumurika imideli ku myaka 16 gusa y’amavuko.

Tariki 25 Gashyantare 2017 ubwo Iradukunda Elsa yambikwaga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda na Prince Kid, Mu byukuri ni Prince kid warimwambitse.
ni umukobwa uba mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali aho abana n’ababyeyi be ndetse n’umuryango muri rusange. Se umubyara yitwa Mana Samuel, akaba akora akazi ko kuvunja amafaranga naho nyina umubyara yitwa Mukandekezi Christine akaba ari umucuruzi usanzwe wikorera.
Nyampinga w’u Rwanda 2017 yiyamamarije mu karere ka Rubavu mu ntara y’Uburengerazuba tariki 14 Mutarama 2017 yegukana ikamba rya Miss Rwanda 2017 tariki 25 Gashyantare 2017. Kuri ubu nyuma y’ukwezi kumwe gusa yegukanye ikamba Elsa Iradukunda yujuje imyaka 19 y’amavuko.
Author Profile
- Ndi umwanditsi wa hano kuri Abode Tidings. ufite inkuru ushaka gutangaza. Wa nyuza kuri web form hariya kuri Contact us page, ubundi ugatangaza ibyo ushaka gutangaza hano. Ndabigutangariza
Latest entries
BlogJanuary 11, 2026Ikinyogote ni imwe mu nyamaswa y’indyabyose igira uburambe hagati y’imyaka itanu n’itandatu, ikagira ibiro 13, mu bijyanye no kororoka ihaka iminsi 79.
BlogJanuary 10, 2026Incamake z’amateka ya Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda, IRADUKUNDA ELSA yavutse tariki 25 Werurwe 1998 avukira i Kigali mu Rwanda mu bitaro byo kwa Nyirinkwaya.
BlogJanuary 10, 2026SEBURIKOKO NI MUNTU KI? Mwari w’u Rwanda, Nyakwiga nyagutsinda, ntugatsindwe Tuganira na Seburikoko wamenyekanye mu mafilime, twamusanze kuri sitade amahoro aho yigira umuziki.
BlogJanuary 6, 2026Uworizagwira Florien, wamamaye nka, Yampano mu muziki, yasutse uruhuri rw’ibibazo byamwizirinzeho nyuma y’uko amashusho yiha akabyizi agiye hanze, birimo kuba umugore we yaramutaye ndetse agapfusha imfura.