
Mfite imfizi yihariye ishyanga yonyine—— Agahinda ku mutima.
Mfite imfizi yihariye ishyanga yonyine-Agahinda ku mutima.
Imana y’i Burundi irashoka ntikuka-Agahinda ku mutima.
Ndara mpiga bugacya-Agahinda ku mutima.
Nagutera inka irisha mu ishyamba ryayo rya yonyine-Agahinda ku mutima.
Nagutera Imana y’ishyanga ibagira mu ishyamba-Agahinda ku mutima.
Kayogoyogo mushiki wa Ntare-Agaheha mu gacuma.
Nyoko na mama bapfuye iki ?-Agahaza ko mu rubibi.
Akatagira inka ntikagire umugeni kagura iki ?-Agahanga k’ihene.
Kati mbagira butimbo-Agahanga k’ifumberi.
Kenyera tubyine urumasha.-Agafuni mu mushike.
Gakubise ngaru gaca mu masaka gasama Kigeri.-Agafuni kabagara amasaka.
Karahunda ingabo ya Rujende.-Agafundi.
Kwumva menshi kagahishira.-Agafundi ko ku nzira.
Kati pararararara kati pa !-Agafaranga ku meza.
Nyiranshoreke.-Agacurama.
Nyirabigiribigingiri.-Agacurama.
Kashira amanga karakanyagwa.-Agacumu kica inkurikirane.
Kacira bucece.-Agacebe k’ihene
Kati kaci. kati hwi !-Agaca mu nkoko.
Rukabyamurimbo rwa Muririma ntagikoza ibirenge hasi.-Abashi b’inkingi.
Mpagaze ku gasozi nti behu !-Abarinzi b’inyoni.
Hakurya ngo dondi no hakuno ngo dondi.-Abakomyi b’insyo.
Imisozi irashika ibikanu.-Abahinzi.
Hepfo aha hanyuze impehe.-Abagore batagira abagabo.
Imisozi irahiye hasigaye rukumbi rwa Shaza.Umugina – Inzira.
Ngira umwana akarara agenda.-Umugezi.
Kanyonyomba.-Umugezi utemba.
Rupfupfu yarapfuye asiga undi Rupfupfu.-Umugezi utemba ugasiga amabuye.
Abana banjye barara bagenda, bakirirwa bagenda.-Umugezi
Iwacu duteze ingori twese.-Umugengararo w’amasaka.
Shirika amazinda ngutume ikuzimu.-Umuganda w’inzu.
Ndumiwe ndakavuna umuheto.-Umugaho unnya mu ruhira akabura icyo yihehesha.
Mpagaze mu mpinga ubutogore buramvuna.Umugabo wambaye umwenda mushya.
Shyuuuuuuu !!!!!!!-Umugabo uneye mu ruhira akabura icyo yihehesha
Kwishongora cyane si ko kujya ibwami.-Umudwedwe.
Nyamunini umugwampinga.-Umuduha.
Nyiramukuru umuturirwa.-Umucundura.
Vuga jye nahoze.-Umuce wo mu irebe.
Kibamba imennye urugo.-Umucaca.

Hagarara hakuno,mpagarare hakurya turate abeza: “Amenyo.
Nagutera akazibaziba ka ntibazirikana rubanda bashishwa nabi: Gusaba uwo wimye. Hepfo nyagakambwe na nyagakecuru barapfumbatanye: Igishyitsi cy’umusave n’umubirizi.

Ndi umwanditsi ahangaha kuri uru rubuga, ibindi mu zambaze.