
ko iyo imvura imanutse umuhinzi yitegura agashyingura imbuto kugira ngo atazasabiriza mu isarura, mwebwe mwitegura mute ibura ry’amazi riba riteganyijwe mu gihe
Bakiriya bavandimwe! Amazi ya ‘WASAC’ ntaduhagije, dukore iki?
Kubona amazi meza kuri bose biracyari ingorabahizi
Hari ubwo se mujya mutekereza ko mu Mpeshyi Imana izakora ibitangaza mu bigega n’imashini za WASAC igatubura amazi nk’uko yatubuye divayi i Kana ya Galileya? Mwebwe mwitegura mute?
Genzura neza mu rugo rwawe, urebe aya mezi y’isarura, ari na yo mezi y’impeshyi; Kamena, Nyakanga, ndetse na Kanama.
Gereranya n’andi mezi asigaye urebe amakuru ajyanye n’amazi; uko muyabona, uko muyabura, uko mujya kuvoma ku kazu k’amazi cyangwa mu nkomati yo mu kabande bitewe n’uburyo mufite, urabona igisubizo.
Ariko jyewe icyo nabonye ni iki: mu mpeshyi rwose birasanzwe, uwabonaga amazi rimwe mu cyumweru ashobora kwirenza ibyumweru bibiri atayabonye, cyangwa se yaza akamara amasaha macye akaba asubiye iwabo.
Mwene ayo, hari n’aho adashobora guterera mu kigega ku bagifite, kuko ashobora kuba akenewe na benshi bayavomera rimwe, bigatuma mu bice bimwe na bimwe ahagera yagabanutse.
Impamvu Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura, WASAC gitanga, ni uko mu mpeshyi, ingano y’amazi igabanuka, bigakubitiraho ko haba hari igihe akenewe na benshi: abavomerera, aboza ibinyabiziga biba byibasiwe n’ivumbi…
Menya umuntu ataba abeshye avuze ko n’inganda zicuruza amazi asukuye ziba zikeneye menshi, kuko ashobora kuba anywebwa cyane. Ikindi imigezi izo nganda ziyakuramo nayo iba yagabanutse. Gusa, abacuruzi kubera ko ari abana beza, ibyo kubona inyungu idasanzwe bashobora kutabikwemerera, kuko bakunze kwerekana ko ‘barangura bahenzwe, bagacuruza bahomba.”
WASAC yo ivuga ko ku mavomo rusange ijerikari y’amazi itagomba kugura amafaranga arenga 20 yaba mu bihe by’Impeshyi cyangwa mu bihe bisanzwe. Iboneraho gutangaza ko uwayarenza akamenyekana abihanirwa kandi ko ari inshingano ya buri wese kubyamagana.
Icyo dushaka kuvuga hano, nuko iyi nkuru y’ibura ry’amazi, ari ngarukamwaka, kugeza igihe Imana izaca inzira tukabona amazi ahagije, tukaba twasagurira n’amasoko. Ibyo na byo bizatwara umwanya, kuko WASAC ikunda kutugezaho impungenge zinyuranye, zirimo ibikorwa remezo (nk’amatiyo) bishaje bikeneye gusimbuzwa, ikiguzi kinini cyo kubaka inganda zitunganya amazi, ubwiyongere bw’abaturage mu mijyi butuma amazi aba yateganyijwe guhaza abaturage ahita aba iyanga mu gihe bakimara kuzuza umuyoboro mushya, n’ibindi. Gusa batanga icyizere ko mu 2030 ikibazo cy’amazi kizaba cyabaye inkuru.
Ntabwo ndi bwivange mu kazi ka WASAC ngo mvuge ibyo bari gutegura kugira ngo bakemure iki kibazo ngarukamwaka, kuko nakwibeshya, nkabeshya, cyangwa nkababeshyera, ahubwo jyewe ndumva nshaka kwivuganira n’abakiriya ba WASAC bagenzi banjye.
Igitekerezo mfite, nuko ibura ry’amazi dukwiye kuriteganyiriza uko dushoboye, tukagura ibigega, tukajya dufata amazi tukayabika, igihe WASAC iyaturekuriye mu isaranganya iba yagennye. Ibi ngibi byazaturinda guhora tubungana ijerekani, ugasanga umwana waje mu biruhuko tumwirije ku zuba ashaka amazi, cyangwa umukozi akayoboka igishanga, ugasanga arinuba ko akazi kabaye kenshi, bityo mu minsi micye akaba arigendeye.
Kugura ibigega, WASAC nibigiremo uruhare, ihuze ababicuruza n’abafatabuguzi bayo. Yanareba niba itashyiramo nkunganire, cyangwa igashakira abakiriya aho babigura bakajya bishyura macye macye, ariko bikaboneka byinshi, ku giciro cyoroheye buri wese cyangwa gifasha kwishyura bitavunanye nka za Macyemacye njya numva.

Ndi umwanditsi ahangaha kuri uru rubuga, ibindi mu zambaze.
