Abode Tidings

Blog

Blog, News

Rusine Patrick, usanzwe akora kuri, Kiss FM, ageze kure imyiteguro y’igitaramo Inkuru ya Rusine’ agiye gukora ku nshuro ya gatatu.

Basabye imbabazi; Yampano n’umugore we biniguye nyuma yo gusakaza amashusho batera akabariro

Umunyarwanda yaravuze ngo uvuga aba atarabona, none uwabonye na we yafashe umwanya aravuga! Yampano n’umugore we biniguye bavuga akantu ku kandi ku buzima bari bamazemo iminsi nyuma y’uko hasohotse amashusho yabo bari gutera akabariro.

Mu minsi ishize ku mbuga nkoranyambaga hasakajwe amashusho ya Yampano n’umugore we bari gutera akabariro ndetse kugeza ubu hari abakurikiranyweho kugira uruhare mu kuyasakaza.

Nyuma y’igihe bari guca mu bihe bemeza ko bitari biboroheye, Yampano n’umugore we bashyize bavuga buzima bari bamazemo iminsi.

Kuba amashusho yabo yaragiye hanze nicyo kintu kibi cyababayeho mu buzima bwabo

Mu mashusho basangije ababakurikira, yaba Yampano ndetse n’umugore we bavuze ko mu by’ukuri ikintu kinini bahuye na cyo cyanabagoye mu buzima ari amashusho yabo yagiye hanze bari gutera akabariro.

Aha Yampano yagize ati “Hari ibyago byatugwiriye nk’umuryango bitubaho ku bw’abantu, navuga ko mu buzima bwanjye ari cyo kintu nahuye na cyo kitari cyiza, ntanitegaga. Ariko buriya buri kintu cyose kibaho ku bw’impamvu gusa navuga ko buri kintu cyose umuntu acamo aba ari ishuri, biba byiza iyo amasomo yawe uyanyuzemo neza ugatsinda.”

Ku ruhande rw’umugore wa Yampano na we ahamya ko kujya hanze kw’amashusho ari gutera akabariro n’umugabo we ari cyo kintu kibi cyamubayeho kuva yabaho.

Ati “Ikintu cyambayeho kikambabaza cyane ni ukubona amashusho yacu ari hanze muri rubanda, byarambabaje cyane.”

Byari ibihe bibakomereye

Muri iki kiganiro, yaba Yampano n’umugore we bemeza ko byari ibihe bibakomereye icyakora bashimira Imana yabarinze ibaha imbaraga zitumye n’uyu munsi bakiri kumwe kandi bakomeje urugendo rw’urukundo.

Vava, umugore wa Yampano yavuze ko byari ibihe bibakomereye ariko byatumye babana hafi kugira ngo babikomeremo cyane ko uretse umutima ukomeye ikintu bari bakeneye ari abantu bababa hafi.

Ku bwa Yampano we yemeza ko nubwo byabaye nk’ibijegeza urukundo rwabo ariko rutigeze rusenyuka kuko bakomeje gukundana kugeza ubwo n’uyu munsi bari kumwe nk’umugore n’umugabo.

Ati “Tumaze gushorwaho izo ntambara twasanze ari ibintu bitureba twebwe ba nyirubwite dushyira hamwe turasenga birushaho kugenda neza.”

Umugore wa Yampano we ahamya ko ikintu cyamufashije kugumana n’uyu muhanzi ari uko hagati yabo hari urukundo kandi ikintu kiri mu muntu ntaho kijya.

Ati “Ikintu kikurimo ntaho kijya, icyo wahuriramo na cyo cyose, ibigeragezo byose mwaba muri gucamo wa muntu n’ubundi aguhora ku mutima. Ariko kandi bisaba umutima ukomeye wa mugani Imana igucisha mu kigeragezo uzabasha gucamo kuko iyo bitaba ibyo umwe aba yarapfuye cyangwa yaragize ikibazo runaka. Byansabye kwihangana cyane, gutuza no kwirinda kumva amagambo hirya no hino.”

Uyu mugore ahamya ko bitari bimworoheye ariko nyine kugira umutima ukomeye ari byo byabafashije gukomera.

barasaba imbabazi imiryango yabo

Yaba Yampano n’umugore we yavuze ko byari ibihe bibakomereye icyakora byagera ku gutekereza uko imiryango yabo ibyakira bikarushaho kuba bibi.

Iyi ni na yo mpamvu muri iki kiganiro bafashe umwanya munini wo gusaba imbabazi imiryango yabo, babizeza ko ibyababayeho ari nk’impanuka yabagwiririye kandi biteguye kubirenga.

Icyakora nubwo bari bahangayikiye imiryango yabo, bashimira Imana ko itigeze ibata cyangwa ngo ibatererane.

Yampano yagize ati “Umuryango wanjye uranzi, bazi ibyo nakora n’ibyo ntakora. Ikintu cyabayeho kimeze nk’isuri nkuko waba wubatse inzu isuri ikayitwara. Iyo bibaye umuvandimwe icyo akora ni ukugufasha ntabwo abavandimwe bajya bashungera.”

Umugore we ati “Njye ntabwo byari byoroshye cyane ko tugendeye ku muco n’indangagaciro z’umukobwa, ntabwo nari kwisobanura […] nanjye ubwanjye nkibibona nahise ntekereza abo mu muryango wanjye.

Blog, News, Uncategorized

Bidasubirwaho itegeko rigenga umuhanda mu Rwanda ryavuguruwe, Utwaye yanyoye ibisindisha azafungwa amezi atatu: Ibihano bikarishye ku batubahiriza amategeko y’umuhanda

Menya uko imihanda izakoreshwa mu gihe cy’inama ya ICASA itenganyijwe mu Rwanda.

Polisi y’u Rwanda yatangaje zimwe mu mpinduka zizagaragara mu ikoreshwa ry’imwe mu mihanda yo muri Kigali mu gihe u Rwanda ruzaba rwakira inama mpuzamahanga yiga kuri virus itera agakoko ka Sida (ICASA).

Iyi nama izitabirwa n’abagera ku 10 000 ndetse ikaba n’imwe mu zihuza abantu benshi muri Afurika biga kuri virus itera agakoko ka Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina izatangira imirimo yayo ku wa 2 Ukuboza igeze ku wa 7 Ukuboza 2019.

Mu rwego rwo kwakira neza abazayitabira no kwirinda akavuyo k’imodoka mu muhanda, Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yashyize hanze itangazo rikubiyemo impinduka mu mikoreshereze y’imwe mu mihanda yo muri Kigali.

Iti “Turabamenyesha ko mu rwego rwo korohereza abazitabira inama mpuzamahanga, ICASA2019Rwanda, izakirwa mu Rwanda kuva 02-07/12/2019, umuhanda uva ku Kabindi unyura KBC ugakomeza Kigali Heights ujya Remera uzajya ufungwa mu masaha y’igitondo kuva 07:00h -10:00h.”

Polisi y’u Rwanda yatanze ubundi buryo ku basanzwe bakoresha uyu muhanda.

Iti “Abasanzwe bakoresha uyu muhanda bajya cyangwa bava mu cyerekezo cya Remera turabasaba gukoresha umuhanda wa Kanogo – Rwandex – Sonatube. Abagomba gukoresha uyu muhanda bazajya banyura munsi ya KBC batageze kuri rond point. Tubasabye kwihanganira izi mpinduka. Murakoze.”

Iyi nama izabera muri Kigali Convention Centre izitabirwa n’abantu baturutse mu bihugu 150 byo hirya no hino ku Isi barimo, abakora ubushakashatsi, abanyeshuri, abarimu muri za Kaminuza, abaganga, abakora mu by’imiti ndetse ndetse n’abanyacyubahiro batandukanye barimo abakuru b’ibihugu 5 n’abafasha b’abakuru b’ibihugu byose byo muri Afurika, bose biga ku ngamba zarushwaho gufatwa mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya Sida.

Blog, News

Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko batigeze bahamagaza G Tuff kubera indirimbo ye imaze iminsi itavugwaho rumwe muri sosiyete iyo ndirimbo yitwa, aragitosa

BK Arena ishaka kwakira igitaramo cya King James
BK Arena, inyubako y’imikino ariko iberamo n’ibitaramo bikomeye mu Rwanda, yifuje ko King James yayikoreramo igitaramo afite mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Ni icyifuzo ubuyobozi bwa BK Arena bwagaragaje binyuze ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ubwo bwavugaga ku butumwa bwa King James buteguza iki gitaramo.

Bk Arena yahise igaragaza ko uyu muhanzi yayihitamo nk’ahantu azakorera iki gitaramo cye.

Ku wa 8 Werurwe nibwo King James yabwiye abafana ko abafitiye ubutumwa, aho yavuze ko ku wa 1 Kanama 2026 azakora igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 ishize ari mu muziki.

Icyakora kugeza ubu nta kindi King James arabitangazaho uretse ko yasabye abakunzi b’umuziki kuzajya gutaramana na we ari benshi kandi ko ibindi bizagenda bijya ahagaraga bakabimenya gake gake.

BK Arena yakira abasaga 10.000 bicaye neza, imenyereweho kwakira abahanzi mpuzamahanga bakomeye, itegerejwemo rurangiranwa Doja Cat uzayitaramiramo ku wa 17 Werurwe uyu mwaka. Ni mu gitaramo cya Move Afrika gitegurwa na The Global Citizen kizabera i Kigali mbere y’uko kibera muri Pretoria ku wa 20 Werurwe 2026.

Blog, News

Guseka cyane ntabwo ari byiza, Niba ukunda guseka cyane buri munsi ,dore byinshi bizakubaho

Guseka bikoresha imikaya myinshi irenga 15

Muri iki gikorwa imikaya irenga 15 iba iri ku kazi
Iki gikorwa twavuga ko gitangaje, ni kimwe mu mvamutima zandura, kuko iyo ubonye umuntu aseka nawe uraseka kandi utazi neza impamvu uri guseka. Yaba roho ndetse n’umubiri byose muri iki gikorwa biba biri kumwe kandi bihanahana amakuru.

Guseka birandura ukaba waseka utaramenya igisetsa uwundi.

Akenshi iyo ubonye umuntu aseka nawe uraseka nubwo waba utazi ikiri kumusetsa.

Wari uziko guseka ari umuti ukomeye w’umutima?

Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko bigabanya ububyimbirwe bw’imijyana y’amaraso, bikagabanya urugero rw’imisemburo itera stress ndetse bikongera n’igipimo cya cholesterol nziza.

Ibyiza uboneramo bishobora no kumara amasaha 24 ariyo mpamvu ugomba guseka buri munsi, kuko bituma wumva ugize akanyamuneza ndetse ukanibagirwa ibibazo bindi.

Akamaro ko guseka k’umubiri.

1.Byongera imikorere myiza y’umutima

Nkuko sport ari ingenzi ku buzima niko guseka ari ingenzi ku mutima. Niba udashobora gukora sport bitewe n’uburwayi cg ibindi bibazo, kwisekera bizagufasha kwirinda indwara z’umutima.

Bituma umutima utera neza amaraso akagera mu bice bitandukanye ndetse ugakoresha n’ingufu nyinshi (calories) ku isaha, nk’izo wakoresha mu gihe waba uri gukora sport yo kugenda n’amaguru.

2.Bigabanya urugero rw’imisemburo itera stress

Guseka bigarura byihuse imikorere myiza y’umubiri, kuko bituma hasohorwa imisemburo ya endorphins. Iyi misemburo itera kwishima, ituma wumva ugize akanyamuneza ndetse ukumva utuje neza kandi uruhutse, bityo ntiwumve n’ububabare. Ibi kandi ushobora kubibona binyuze mu kumva umuziki.

Mu gihe urugero rw’imisemburo ya stress rwagabanutse, bigabanya kumva udatuje ndetse n’ibindi bibazo stress itera, harimo no kugabanuka k’ubudahangarwa.
Bigabanya umuvuduko ukabije w’amaraso

Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko abantu baseka cyane mu buzima bwabo aribo bagira ibyago bike byo kwibasirwa n’indwara z’umuvuduko ukabije w’amaraso. Kwisekera bigabanya ibyago byo kwibasirwa n’indwara ya stroke no guhagarara k’umutima.

3.Byongera ubushobozi bwo guhanga udushya

Guseka bigira akamaro keza gatandukanye mu mubiri; kugabanuka kw’imisemburo itera stress, kwiyongera kw’imisemburo ya endorphine n’umwuka uhagije uba ugera ku bwonko byose bifatanyiriza hamwe mu kongera ubushobozi bwo guhanga udushya. Mu gihe ubwonko bukora neza ku rwego rwo hejuru, ubushobozi bwo gutekereza buriyongera kuko buba bukoresha igice kinini kurusha ubusanzwe.

4.Bikuraho ikitwa uburakari cyose

Guseka byirukana ikitwa uburakari n’amakimbirane cyose. Bifasha kumva ko ibibazo bidakomeye, ndetse bikagufasha gukomeza kubaho utibuka ibintu bibi cg utekereza ku bintu bibi gusa.

Bituma ukomeza kugira ubuzima buzira umuze. Byongera ikorwa ry’uturemangingo turinda umubiri, bityo bikagufasha guhangana n’indwara cg ibindi byibasira umubiri. Uturemangingo tuzwi nka T-cells, ubu ni ubwoko bw’uturemangingo tw’amaraso tw’umweru tuzwi nk’abasirikare b’umubiri, ubushakashatsi bwakozwe bwerekana ko tuba ari twinshi cyane mu bantu bakunda guseka cyane.

Blog, News

Aimée Beauté Mushashi, wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye imbere y’amategeko n’umusore witwa, Nyamwasa Francis, bitegura kurushinga.

ikiganiro cya mbere cya Anita Pendo na DJ Bissosso kigiye gutambuka

Nyuma y’igihe bitangajwe ko bitegura kongera gusubukura ikiganiro ’Friday Airline’ bahuriyemo, Anita Pendo na DJ Bissosso bamaze guteguza abakunzi babo icya mbere gitambuka kuri BTN TV mu ijoro ryo ku wa 6 Werurwe 2026.

Mu Ukwakira 2025 ni bwo byatangiye kuvugwa ko Anita Pendo na DJ Bissosso bari basanzwe bamenyerewe mu biganiro bitandukanye bakoranaga kuri Televiziyo y’u Rwanda birimo icyitwa ‘Friday Flight’ cyakunzwe bikomeye n’abatari bake baba bagiye kongera gukorana.

Icyakora nk’uko itangazamakury rya bihamirijwe n’Umuyobozi wa BTN TV, Ahmed Pacifique, ntabwo byahise biba kuko hari ibyo bari bagishyira ku murongo.

Yemeje ko guhera kuri uyu wa 6 Werurwe 2026 buri wa Gatanu w’icyumweru abantu bazatangira kujya babona ikiganiro cyabo.

Ati “Urebye habayemo utuntu twari tugishyira ku murongo ariko ubu noneho navuga ko byose byarangiye. Ikiganiro cya mbere kiraza gutambuka kuri uyu wa 6 Werurwe 2026 kandi nizeye ko bizagenda neza.”

Ku rundi ruhande iki kiganiro ntabwo kizakuraho icyo Anita Pendo asanzwe akora kuri Kiss FM, dore ko icyo kuri BTN TV azajya agikora buri wa Gatanu w’icyumweru gusa na bwo mu masaha atandukanye n’ayo akora kuri radiyo.

Uretse gukorana ikiganiro na Anita Pendo, DJ Bissosso asanzwe ari umuhanga mu bijyanye no kuvanga imiziki, imirimo ahuje na Anita usanzwe anayobora ibirori mu bitaramo bikomeye. Bombi basezeye kuri RBA mu 2024.

Scroll to Top