Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Blog

Blog, Pataro

urukiko rw’ i Nyanza rwakomeje kumva abatangabuhamya bashinja Micomyiza Jean Paul

Micomyiza Jean Paul mbere ya jenoside yigaga muri kaminuza y’u Rwanda –muri uru rubanza yashinjwe kuba muri komite yo mu bihe bidasanzwe ngo yarishinzwe kujonjora no kumenya abatutsi bagombaga kwicwa.
Umutangabuhamya wundi utashatse kugaragara mu rukiko kandi ijwi rye rigahindurwa yabwiye urukiko ko yari umunyeshuri muri kaminuza n’ubwo ngo atiganaga na Micomyiza, gusa avuga ko Micomyiza yari azwi cyane ngo kuko yakinaga Volleyball- ariko ko batunguwe no kubona muri jenoside aza mu gitero cyishe kandi kigatwara bamwe mu bigaga muri kaminuza.

Ni mu gihe undi mutangabuhamya nawe wahinduriwe ijwi yavuze ko yiboneye Micomyiza mu gitero cyari mu ishyamba rya kaminuza kigatwara abakobwa bagera kuri 5.

Micomyiza Jean Paul yoherejwe mu Rwanda n’igihugu cya Suède mu mwaka wa 2022 ngo akurikiranwe ku byaha bya jenoside, ibyaha we aburana ahakana.

Urubanza ruracyakomeje.

Blog, News

 Espérence Ndayizeye arongoye CNC avuga ko ingingo zizogenga abamenyeshamakuru bo mu Burundi mu gihe c’amatora zumvikanyweko n’impande zose.

Espérence Ndayizeye awurongoye abandanya ashimangira ko vyumvikanyweko n’impande zose.

Agira ati: “Ivyo ni uguhakana ukuri kandi ntibiri mu karangamutima ko kumenyesha amakuru”.

Ndayizeye abandanya avuga ko uru rwandiko rw’ingingo zigenga abamenyeshamakuru mu gihe c’amatora rutaje gusubirira itegeko rigenga abamenyeshamakuru canke ayandi mategeko asanzwe akora muri iki gisata.

Ayo mategeko ngo azoguma akurikizwa nk’uko bigenda mu gihe gisanzwe.

Ingingo ya 239 y’itegeko rigenga amatora ivuga ko umuntu wese azotangaza ibiharuro vyerekeye amatora atarahabwa uruhusha n’inzego zibijejwe, ashobora guhanishwa umunyoro w’imyaka iva kuri itanu gushika kuri 10, hamwe n’amande ava ku bihumbi 800 gushika ku miriyoni zine.

Amatora y’abashingamateka n’abajenama b’amakomine azoba kw’igenekerezo rya 5 ruheshi umwaka wa 2025.

Ay’abakenguzamateka ategekanijwe ku wa 23 mukakaro, mu gihe ay’abakuru b’imitumba n’ay’abarongoye amakaritiye azoba kw’igenekerezo rya 25 myandagaro.

Blog, News

Yoon Suk Yeol yari yakomeje kwanga kwegura nubwo ababimusaba bakomeje kwiyongera

Han yabwiye abanyamakuru bari bari ku nteko ishingamategeko ko ishyaka rya PPP “rizakosora imikorere mibi ndetse ribungabunge itegekonshinga na demokarasi”.

Umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Koreya y’Epfo Lee Jae-myung yabwiye abigaragambya imbere y’inteko ishingamategeko ati: “Uyu munsi ni gihamya yuko ari mwe ba nyir’iki gihugu.”

Yavuze ko hari “umusozi munini cyane kandi ugoye cyane” ubategereje imbere, yegeka ku “batoni” amakuba ya politike iki gihugu kirimo ubu.

Yasabye iyo mbaga kwishyira hamwe no “kwerekeza ku ntsinzi” hamwe.

Yoon yarokotse amatora yo kumweguza mu mpera y’icyumweru gishize ndetse yakomeje kuguma ku butegetsi nubwo abamusaba kwegura bakomeje kwiyongera.

Yoon n’inshuti ze ubu barimo gukorwaho iperereza ku birego byo kwigomeka, ndetse benshi babujijwe gukorera ingendo hanze.

Hagati aho, Minisitiri w’intebe Han Duck-soo avuga ko azakora uko ashoboye kose kugira ayobore leta nka Perezida w’agateganyo, mu gihe Minisitiri w’ingabo w’agateganyo Kim Seon-ho yasabye igisirikare gukomeza kuba cyiteguye.

Blog, News

Brian Kagame na nyina Jeannette Kagame, Umuhererezi wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Bwongereza

Amakuru avuga ko na Yvan Cyomoro Kagame, umuhungu w’imfura wa Perezida Kagame, na we yize ku ishuri rya gisirikare ryo muri Amerika ariko ntiyashobora kurangiza amasomo.

Yvan Cyomoro, wize ubukungu n’icungamari kuri kaminuza zo muri Amerika, ubu ni umwe mu bagize inama y’ubutegetsi y’ikigo cy’u Rwanda cy’iterambere (RDB).

Naho Ange Kagame, umukobwa umwe wa Kagame na we wize muri Amerika ibijyanye n’ibibazo mpuzamahanga kuri Kaminuza ya Columbia, ni umukuru wungirije w’akanama k’igenamigambi n’ingamba mu biro bya Perezida Kagame.

Blog, News

Christmas Ruth Kanoheli – ntabwo atunganya muzika gusa, ni n’umuririmbyi, umaze gusohora indirimbo ze bwite nyinshi nk’umuririmbyi hamwe n’izo yakoreye abahanzi batandukanye.

Umuhanzi Alpha Rwirangira wakoranye na Chrisy Neat, mu gihe gishize yabwiye igitangazamakuru cya leta RBA ati: “Ndifuza ko n’umukobwa wanjye azakura arebera kuri Chrisy Neat, azatinyuka akumva ko aka atari akazi k’abagabo [gusa]. Twe rero kuba yaratangiye ni amateka yakoze mu Rwanda, ni ikintu gikomeye….Niba Chrisy Neat ashoboye gutinyuka, n’abandi bazatinyuke bizashoboka… Chrisy Neat azaba umu-producer ukomeye.” Nubwo u Rwanda ari igihugu cya mbere ku isi gifite abagore benshi mu nteko ishinga amategeko mu myanya ifata ibyemezo no mu mirimo itandukanye – nk’uwa Chrisy Neat – haracyabonekamo abagore bacye cyane.

Inzobere zivuga ko ubwo busumbane bushingira ku mateka yahejeje inyuma umwana w’umukobwa mu burezi, hamwe n’imyumvire igifitwe na bamwe ko hari imirimo y’abakobwa, iy’abahungu, iy’abagore n’imirimo yagenewe abagabo.

Christy Neat ati: “Iyo mitekerereze ahantu henshi iba ihari…[ariko] mu by’ukuri hari ibyo [abagabo] babashije cyane, hari n’ibyo natwe tubashije cyane kubarenza.

“Ariko nk’ibintu nk’ibi ngibi dukoresha amaboko, dukoresha ibitekerezo, nta nakimwe n’umukobwa cyangwa umugore atabasha. Ikintu icyo ari cyo cyose gisaba ubwenge, gisaba ubumenyi-ngiro byose umukobwa cyangwa umugore na we yabibasha”.

Asanga abafite imyumvire yo kwita imirimo runaka iya bariya abantu bakwiye kuyirengaho kuko “turamutse tubikoze uko abantu bamwe basigara. Kubera ko iyo ubonye nka bimwe bitaga iby’abagabo abakobwa babirimo kandi babikora neza, uhita ubona ko twari kuba duhombye cyane”.

Umubyeyi mu rugo, umu-producer muri studio
Imirimo imwe n’imwe kandi hari imitekerereze ko abagore batayishobora kubera aho ikorerwa, amasaha ikorerwa, n’abagana serivisi runaka batanga.

Kubuzwa amahirwe, cyangwa kwima amahirwe abagore n’abakobwa ku mirimo runaka bishobora gushingira ku myumvire nk’iyo, nk’uko inzobere mu buringanire zibivuga.

Abatunganya muzika mu Rwanda bazwiho ko akazi kabo akenshi bagakora nijoro, ndetse bamwe mu batunganya muzika mu Rwanda bagiye bumvikana mu bitangazamakuru basobanura impamvu gukora ‘music production’ nijoro ari byo byiza. Kimwe mu bishobora gutuma umukobwa cyangwa umugore yumvishwa cyangwa yumva ko ako atari akazi kamukwiriye – ibyo na byo bishingiye ku myumvire y’uko abagore n’abakobwa badakwiye gukora nijoro.

Chrisy Neat ati: “Njya mu kazi nk’uko n’abandi bashobora kujya mu kazi, nkajya mu kazi ku manywa, abakiliya banjye iyo babyemeye ko turi bukorane ubwo bemera n’amasaha dushobora gukorana, tugakorana nyuma y’akazi nkataha mu rugo, nkita ku bana, nkita kuri ‘famille’ yose muri rusange”.