Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Blog

Blog, News

Imigani migufi ariyo bakunze kwita imigani ‘’imigani y’imigenurano’’ ni bumwe mu buvanganzo bw’umuco nyarwanda.

Ufinura itari iye ageza ku mukondo.seka 2
Ugucumise ingufi ntaba akwimye indende
Ugusuriye ntumusurire akwita ikibura nnyo.
Uhenera umukunzi ntamuhisha innyo
Uko umugabo aguye si ko amabya ameneka.
Ukora icyo azi yendwa ahetse
Ukurushije umugore akurusha urugo.
Umubyeyi gito aremaza umwana igituba.
Umugore bamukubitiye gusambana ati:
nasekwa nutarakimeze.
Umugore mwiza asegura inkokora inkoko zikarinda zibika.
Umugore ntajya kurarika, iyo araritse abuza n’uwari kuza.
Umugore yaryamanye n’ikiremba ati nambariye ubusa
Umuhungu w’icyiremba yarongoye umukobwa urwaye intinyi ati unyorosoye nabyukaga.
Ngirango wabashije kugenda ubona iyo migani , gusa nkuko twabonye ko Umugani ufite umumaro munini mu muco nyarwanda nko gukosora ,kugira inama abandi , kwigisha , n’ibindi nta mpamvu nimwe wagatewe isoni no kuvuga ikinu kandi kiri mumuco nyarwanda.

Uramutse uzi indi migani iteye nkiyi ntuzaterwe isoni no kwandira urubuga rwacu kugirango nawe utange umusanzu mu kubaka umuco nyarwanda

Blog, News

Sylvain Sibomana yabaye umwe mu byegera bya Madame Victoire Ingabire mu buyobozi bw’ishyaka FDU Inkingi ndetse akaba yarafunzwe imyaka 6 yose azira ibirimo kwigomeka ku butegetsi.

Gusa umucamanza yategetse ko urubanza rukomeza, abatishimiye aya majwi bakazagaragaza inenge zayo ubwo bazaba biregura.

Benshi mu baregwa ni abasanzwe batazwi ariko hari amazina abiri amenyerewe cyane.

Uwitwa Sylvain Sibomana yabaye umwe mu byegera bya Madame Victoire Ingabire mu buyobozi bw’ishyaka FDU Inkingi ndetse akaba yarafunzwe imyaka 6 yose azira ibirimo kwigomeka ku butegetsi.

Hari na Theoneste Nsengimana, umunyamakuru wa Televiziyo Umubavu yifashisha umuyoboro wa YouTube.

Nk’uko ubushinjcayahaha bubivuga, uyu ni we wagombaga kwifashishwa mu kwamamaza imigambi y’iri tsinda, cyakora we yakomeje guhakana uru ruhare.

Biteganijwe ko urubanza ruzasubukurwa mu ntangiro z’umwaka utaha ari na bwo abaregwa bazagira icyo bavuga kuri ibi byaha bashinjwa.

Blog, Pataro

urukiko rw’ i Nyanza rwakomeje kumva abatangabuhamya bashinja Micomyiza Jean Paul

Micomyiza Jean Paul mbere ya jenoside yigaga muri kaminuza y’u Rwanda –muri uru rubanza yashinjwe kuba muri komite yo mu bihe bidasanzwe ngo yarishinzwe kujonjora no kumenya abatutsi bagombaga kwicwa.
Umutangabuhamya wundi utashatse kugaragara mu rukiko kandi ijwi rye rigahindurwa yabwiye urukiko ko yari umunyeshuri muri kaminuza n’ubwo ngo atiganaga na Micomyiza, gusa avuga ko Micomyiza yari azwi cyane ngo kuko yakinaga Volleyball- ariko ko batunguwe no kubona muri jenoside aza mu gitero cyishe kandi kigatwara bamwe mu bigaga muri kaminuza.

Ni mu gihe undi mutangabuhamya nawe wahinduriwe ijwi yavuze ko yiboneye Micomyiza mu gitero cyari mu ishyamba rya kaminuza kigatwara abakobwa bagera kuri 5.

Micomyiza Jean Paul yoherejwe mu Rwanda n’igihugu cya Suède mu mwaka wa 2022 ngo akurikiranwe ku byaha bya jenoside, ibyaha we aburana ahakana.

Urubanza ruracyakomeje.

Blog, News

 Espérence Ndayizeye arongoye CNC avuga ko ingingo zizogenga abamenyeshamakuru bo mu Burundi mu gihe c’amatora zumvikanyweko n’impande zose.

Espérence Ndayizeye awurongoye abandanya ashimangira ko vyumvikanyweko n’impande zose.

Agira ati: “Ivyo ni uguhakana ukuri kandi ntibiri mu karangamutima ko kumenyesha amakuru”.

Ndayizeye abandanya avuga ko uru rwandiko rw’ingingo zigenga abamenyeshamakuru mu gihe c’amatora rutaje gusubirira itegeko rigenga abamenyeshamakuru canke ayandi mategeko asanzwe akora muri iki gisata.

Ayo mategeko ngo azoguma akurikizwa nk’uko bigenda mu gihe gisanzwe.

Ingingo ya 239 y’itegeko rigenga amatora ivuga ko umuntu wese azotangaza ibiharuro vyerekeye amatora atarahabwa uruhusha n’inzego zibijejwe, ashobora guhanishwa umunyoro w’imyaka iva kuri itanu gushika kuri 10, hamwe n’amande ava ku bihumbi 800 gushika ku miriyoni zine.

Amatora y’abashingamateka n’abajenama b’amakomine azoba kw’igenekerezo rya 5 ruheshi umwaka wa 2025.

Ay’abakenguzamateka ategekanijwe ku wa 23 mukakaro, mu gihe ay’abakuru b’imitumba n’ay’abarongoye amakaritiye azoba kw’igenekerezo rya 25 myandagaro.

Blog, News

Yoon Suk Yeol yari yakomeje kwanga kwegura nubwo ababimusaba bakomeje kwiyongera

Han yabwiye abanyamakuru bari bari ku nteko ishingamategeko ko ishyaka rya PPP “rizakosora imikorere mibi ndetse ribungabunge itegekonshinga na demokarasi”.

Umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Koreya y’Epfo Lee Jae-myung yabwiye abigaragambya imbere y’inteko ishingamategeko ati: “Uyu munsi ni gihamya yuko ari mwe ba nyir’iki gihugu.”

Yavuze ko hari “umusozi munini cyane kandi ugoye cyane” ubategereje imbere, yegeka ku “batoni” amakuba ya politike iki gihugu kirimo ubu.

Yasabye iyo mbaga kwishyira hamwe no “kwerekeza ku ntsinzi” hamwe.

Yoon yarokotse amatora yo kumweguza mu mpera y’icyumweru gishize ndetse yakomeje kuguma ku butegetsi nubwo abamusaba kwegura bakomeje kwiyongera.

Yoon n’inshuti ze ubu barimo gukorwaho iperereza ku birego byo kwigomeka, ndetse benshi babujijwe gukorera ingendo hanze.

Hagati aho, Minisitiri w’intebe Han Duck-soo avuga ko azakora uko ashoboye kose kugira ayobore leta nka Perezida w’agateganyo, mu gihe Minisitiri w’ingabo w’agateganyo Kim Seon-ho yasabye igisirikare gukomeza kuba cyiteguye.

Scroll to Top