Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Blog

Blog, News

 Jimmy Gasore, Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda Alison Thorpe (hagati) n’Ambasaderi w’Ubuholandi Joan Wiegman, bataha icyambu cya Rubavu kuri uyu wa gatanu

Yagize ati: “Ubukungu buzamuka ku rugero rwikubye inshuro eshatu ahantu hari umutekano ugereranyije n’aho umutekano utizewe.

“Ni yo mpamvu Ubwongereza bushyigikiye umugambi w’amahoro wa Luanda kandi bukaba bwizeye ko impande zishyamiranye zishobora kumvikana ku nzira y’amahoro kugira ngo iki cyambu gishobore kubyazwa umusaruro nyabyo hagati y’ibihugu byombi.”

Minisitiri w’ibikorwa-remezo mu Rwanda Jimmy Gasore, na we yishimiye iki gikorwa cyitezweho koroshya urwego rw’ubucuruzi, avuga ko u Rwanda rwiteguye no gukora ibindi nk’ibi.
Uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yavuze ko uruhare nyarwo rw’iki cyambu, kiri ku kiyaga cya Kivu, ruzagaragara igihe hazaba habonetse amahoro mu burasirazuba bwa Congo
Minisitiri Gasore yagize ati: “Iki cyambu cya Rubavu ni kimwe muri bine u Rwanda ruteganya kubaka mbere yuko umwaka wa 2029 urangira.

“Ibindi ni icya Rusizi kigeze ku rugero rwa 50% cyubakwa, icya Karongi ndetse na Nkora byo bikiri kwigirwa imishinga.”

Byitezwe ko inganda ebyiri zegereye ikiyaga cya Kivu – urukora isima n’urwenga inzoga – zizungukira cyane kuri iki cyambu kuko igiciro cy’ubwikorezi kizagabanuka cyane ugereranyije n’igiciro gitangwa ku modoka z’amakamyo.

U Rwanda kandi ngo rwiteze ko kizafasha guteza imbere ibikorwa by’ubukerarugendo by’abakenera kwishimira ubwiza bw’ikiyaga cya Kivu.

Blog, News

Polisi y’Ubutaliyani yavuze ko umubikira ari umwe mu bantu 25 batawe muri yombi mu majyaruguru y’icyo gihugu, bijyanye n’iperereza ku bico by’abagizi ba nabi bazwi nk’aba ‘mafia’.

Amatangazo ya polisi ntiyatanze imyirondoro y’abanyapolitike cyangwa abandi batawe muri yombi muri iryo perereza.

Icyo gikorwa cya polisi kirakomeje. Abapolisi babarirwa mu magana barimo gusaka mu bice bitandukanye byo mu majyaruguru y’Ubutaliyani.

Polisi yavuze ko irimo gufashwa n’amatsinda y’imbwa zihunahuna zikamenya ahari intwaro n’ibiyobyabwenge, n’amatsinda y’imbwa zahawe imyitozo ituma zishobora gutahura ahari amafaranga.

Abakora iperereza bashinja iryo tsinda ry’abatawe muri yombi ko ahanini bakoresheje ubucuruzi bw’ibisigazwa by’ibyuma nk’uburyo bwo guhishira iyezandonke rya miliyoni 12 z’ama-Euro (angana na miliyari 17 Frw), nkuko abashinjacyaha babivuze.

Igico cy’aba ‘mafia’ cya ‘Ndrangheta, gikomoka mu karere gacyennye ka Calabria, gifatwa nka kimwe mu bico bikaze cyane ku isi by’abagizi ba nabi.

Mu Gushyingo (11) mu mwaka ushize, abantu barenga 200 bakatiwe gufungwa igiteranyo cy’imyaka irenga 2,200, muri rumwe mu manza nini cyane z’aba ‘mafia’ rwari rubayeho mu Butaliyani mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishize.

Blog, News

Kwita ahantu umurage w’isi bisobanuye iki? – Ibisobanuro by’inzobere Kanyamibwa

Iyo ahantu hahawe iyi nyito ni iki gikurikiraho? Ni iki gihinduka?
Kanyamibwa: Ku ruhande rumwe, mu bijyanye no mu micungire yaho, harakomeza harebererwa n’abahafite mu nshingano, kandi igihugu n’abaturage bakaba bafite ishema. Ku rundi ruhande, iyi nyito izatuma nka Nyungwe irushaho kumenyekana bitume yongera umubare wa ba mukerarungendo, ubushakashatsi ndetse n’imbaraga ziyongera mu gukomeza kurinda iri shyamba.

Ni umuhate w’u Rwanda mu kurengera ibidukikije?
Kanyamibwa: Cyane rwose, iki ni ikimenyetso kije cyiyongera ku bindi bigaragaza ko u Rwanda rukataje mu kurengera ibidukikije. Ni ngombwa gushimangira ko u Rwanda rumaze igihe kinini rushyira mu bikorwa Politiki yo kurengera ibidukikije ndetse igashimwa ku
rwego mpuzamahanga

Parike ya Nyungwe: Aha mbere mu Rwanda hageze mu murage w’isi, bivuze iki? Ni uwuhe mwihariko waho?

Blog, News

Inteko y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ku kurengera umurage ndangamico w’ibidafatika irimo kubera i Asunción muri Paraguay yashyize Intore z’u Rwanda mu murage ndangamuco udafatika w’Isi.

Intore zisanze Ingoma, Rumba, Reggae na Capoeira
Iki cyemezo gifatwa hagendewe ku masezerano mpuzamahanga ya UNESCO yo kurengera ibikorwa ndangamuco bidafatika yashyizweho mu 2003, urutonde rwa mbere – rwongerwaho ibindi iyo bibaye ngombwa – rw’ibigize ibyo bintu rwasohotse mu 2008.

Uretse Intore z’u Rwanda, inteko ya UNESCO iteraniye i Asunción yemeje n’ibindi bintu bishya bishyirwa ku rutonde rusanzweho rw’umurage ndagamuco udafatika w’isi.

Muri ibyo harimo;

Imbyino gakondo za Mangwengwe zo muri Zambia
Umuco n’ubugeni bwa Pysanka wo gutaaka amagi byo muri Ukraine na Estonia
Umuco wa Nablusi wo gukora isabune wo muri Palestine
Imigenzo ya Wosana yo gusaba/kugusha imvura n’ibijyana na yo byo muri Botswana
N’ibindi…

Mu bindi bintu birenga 600 bisanzwe kuri uru rutonde by’ahatandukanye ku isi, n’igihe byemerejwe kuri uru rutonde, harimo:

Ubuhanga n’ubugeni bwo gukora umwenda bwo muri Côte d’Ivoire (2023)
Mahadra: Uburyo gakondo bwo guhererekanya ubumenyi mu magambo, buzwi nka ‘kaminuza yo mu butayu’ bwo muri Mauritania (2023)
Sona: Ubugeni bw’amoko y’aba-Lunda n’aba-Cokwe bo muri Angola bwo gushushanya ku mucanga wo ku nyanja (2023)
L’Ingoma ya Mapiko: Imbyino y’aba-Makondé bo muri Mozambique iranga kuva mu bwana ujya mu bukuru (2023)
Kalela: Imbyino gakondo y’abana yo muri Zambia yo mu birori byo kwishimira umusaruro, gushyingura, ndetse no gushimisha umwami (2022)
Rumba: Injyana yamamaye ku isi yo muri Congo na DR Congo ikomoka ku mbyino ya kera cyane yitwaga nkumba (“ikimero” mu rurimi rwa Kikongo) (2021)
Reggae: Injyana y’urusobe rw’izindi yatangiriye i Kingston muri Jamaica mu moko y’abantu basigajwe inyuma ikaza kwamamara ku isi kubera umuhanzi Bob Marley (2018)
Yoga: Ni umurage wa kera cyane w’Ubuhinde ugizwe n’uruhurirane rw’imyitozo y’umubiri, roho (soul) na gatekerezi (mind) igamije kunga ubumwe bw’ibyo bitatu bigize umuntu (2016)
Ingoma ndundi: Umurishyo w’ingoma ndundi ziherekejwe n’ibyivugo by’ubutwari byabaye umwihariko n’akaranga k’u Burundi (2014)
Capoeira: Ni imyitozo ngororamubiri ihurije hamwe umukino njyarugamba hamwe n’imbyino wabaye ubugeni n’umuco wihariye wa Brasil (2014)
Indirimbo za Aka: Izi ni indirimbo gakondo z’amajwi atangaje z’abasangwabutaka bo mu mashyamba yo muri Centrafrique (2008)

Blog, News

Twabonye impano zinyegeje za Perezida Evariste Ndayishimiye

Ingoma mu Burundi yamye ari ikimenyetso c’ubutegetsi
Ubwo butumwa bugira buti “mu gusozera akaruhuko ka leta, Prezida wa Republika aherekejwe n’umutambukanyi wiwe yagendeye ikibanza ca Gishora kugira ashike mu kibanza cubashwe c’Ingomba z’u Burundi zashizwe mu murage w’isi.”

Iyo nyandiko ibandanya igira iti “nk’umuvuzi w’ingoma abikunda kuva akiri muto, Prezida Ndayishimiye ntiyingingiwe kwifatanya n’abavuzi b’ingoma ba Gishora mu kuvuza umurisho kama w’akataraboneka.”

Ikibanza c’iteka ku ngoma z’u Burundi ca Gishora nico kibitswemo ingoma za Ruciteme na Murimirwa zimaze imyaka 119.

Ico kibanza kandi carakoreshejwe nk’ingoro y’Umwami hakaba ari naho Umwami Mwezi Gisabo yashinze ibirindiro ariko arategura kwivuna igitero c’Abadage.
Mu gusosera akaruhuko ka leta Prezida Ndayishimiye yifatanije n’abatimbo ba Gishora
Ingoma za Gishora kandi ziri muri bimwe biratirwa ijisho mu bukerarugendo mu Burundi.

Muri urwo rwego nyene, Prezida Ndayishimiye yaheruka kugaragara kandi ku mbuga hwaniro, ari kumwe n’umuryango wiwe, agendera ibibanza bitandukanye vy’ubukerarugendo vyo mu Burundi, harimwo n’ibiyaga vyo mu buraruko bw’igihugu.

Scroll to Top