Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Blog

Blog, News

 Germain Ndayishimiye amaze gusaba ubuhungiro, Inzego z’Ububirigi ziremeza ko umutegetsi wo mu Burundi yasavye ubuhungiro

Aho naho ngo akaba aca akingirwa n’amategeko mpuzamakungu akingira abasaba ubuhungiro (Convention de Genève) yo mu 1951, avuga ko atawukomakoma uwasavye ubuhungiro yaba igihugu canke uwari we wese, akaba yatubwiye ko ibindi bisobanuro vyobarizwa mu gisata c’abinjira n’abasohoka mu Bubiligi.

Si ubwambere abaje mu ngendo z’igihugu bavuye mu Burundi bahitamwo kuguma mu mahanga. Mu kwezi kw’umunani 2023 imikangara cumi y’umurwi nserukiragihugu w’abatarenza imyaka 20 mu mukino wa handball, batorokeye mu gihugu ca Croatia aho bari bagiye mu gikombe c’isi, aho benshi basavye ubuhungiro mu Bubiligi.

Muri abo hiyongerako abamenyeshamakuru babiri ba radiyo na television y’igihugu bari baherekeje umushikiranganji wa mbere Gervais Ndirakobuca mu gihugu c’Ubutaliyano mu kwa kane 2024, bahisemwo nabo nyene kudasasubira inyuma.

Uwundi yahisemwo kutagaruka ni umenyeshamakuru w’ico kinyamakuru ca Leta yari yaherekeje umukuru w’igihugu mu nama nkuru ya ONU muri Leta Zunze Ubumwe za Ameika, nawe nyene yashimye kugumayo.

Ni iki gituma baguma hanze?
Mu gihe imvo zituma umuntu ahitamwo kuguma mu kindi gihugu aho gutahuka iwabo zitandukanye, abihweza utuntu n’utundi bavuga ko igituma hari Abarundi bahunga ubu gitandukanye n’icabituma mu myaka yaheze aho umutekano cari co kintu nyamukuru cabatera guhunga.

Ubu mu Burundi, naho ibibazo vya politike rimwe na rimwe vyigaragaza, muri rusange haratekanye ku buryo imvo y’umutekano itoshirwa imbere kugira umuntu ahunge.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko ukuzimba kw’ubuzima, kubura kw’akazi hamwe no gutakaza icizere kuri kazoza ari ibintu nyamukuru biriko biratuma abarundi bamwe muri kino gihe bahitamwo gufata inzira y’amahanga.

Blog, News

Kizza Besigye mu byumweru hafi bibiri bishize byaramaganwe kandi bitera ubwoba benshi ku guhererekanya amakuru y’ubutasi ku bantu hagati y’ibi bihugu byombi.

Umushoferi wa taxi avuga ko yategereje uyu mugabo amasaha arenga 12, mbere yo gufata umwanzuro wo kwigendera abonye atitaba teleohone.

Itsinda rya Besigye muri Uganda ryatangiye gutanga ubutumwa bw’impungenge nyuma y’uko babonye ko atitaba telephone.

Kubura kwe kwanditswe mu binyamakuru mu karere, mu gihe umugore we Winnie Byanyima – ukuriye ishami rya ONU ryo kurwanya SIDA ku isi (UNAIDS) yagiye ku mbuga nkoranyambaga akandika ko umugabo we “yashimutiwe” i Nairobi.

Umunsi wakurikiyeho, intebe yari yateguriwe mu kumurika cya gitabo, aho yari mu bari buhabwe ijambo, nta muntu wayicayemo, ababiteguye bavuga ko batewe impungenge no kubura kwe.

Uko Besigye yafashwe?

Besigye n’inshuti ye Lutale bageze kuri ‘apartment’ kuri Riverside Drive aho yagombaga guhurira n’umunya-Uganda utaratangajwe hamwe n’Umwongereza, nk’uko Byanyima yabivuze.

Uwo mwongereza bivugwa ko yari guhuza Besigye n’itsinda rya bagenzi be n’abandi bakora business, bari bagaragaje ubushake bwo gufasha ishyaka PFF, nk’uko Byanyima abivuga.

Muri icyo cyumba hari ikintu kiboneka nk’igikarito kirimo amafaranga. Umwe mu bari kubakira yari afite imbunda ebyiri.

Nyuma gato yo kwibwirana, abagabo umunani bambaye imyenda ya gisivile bavuze ko ari abapolisi ba Kenya barakomanze barinjira babwira Besigye n’abo bari kumwe ko batawe muri yombi, nk’uko Byanyima yabibwiye ikinyamakuru The Citizen.

Besigye yagerageje gusobanura ko we ntaho ahuriye n’ibintu biri muri icyo cyumba, ariko aba bagabo ntabwo bamwumvise.

Bane muri abo bagabo bafunze Besigye na Lutale babashyira mu modoka ifite nimero ziyiranga (plate number/plaque) zo muri Kenya maze bugorobye bafata inzira yerekeza ku mupaka wa Uganda.

Byanyima ati: “Biboneka ko ari umugambi wari wateguye neza”. Amakuru avuga ko Besigye yacishijwe ku mupaka wa Malaba hagati ya Kenya na Uganda

Mbere yo kwambuka binjira muri Uganda, ba bagabo bane barahinduye bareka kuvuga Igiswahili batangira kuvuga indimi zo muri Uganda, Ikinyankole n’Ikigande.

Besigye na Lutale basubijwe muri Uganda badafite ibintu byabo, harimo pasiporo, zaje gufatwa nyuma n’abo mu ishyaka rya Besigye kuri ya hoteli yari yabanjemo.

Ibrahim Ssemujju Nganda umuvugizi w’ishyaka PFF yabwiye ikinyamakuru Monitor cyo muri Uganda ko Besigye n’inshuti ye banyujijwe ku mupaka wa Malaba nta guhagarara kubayeho ngo babazwe ibyangombwa.

Ati: “Bahinduye imodoka gusa. Ya modoka yo muri Kenya bayisize ku mupaka wa Malaba bajya mu yindi ifite ibiyiranga byo muri Uganda”.
Kuki Besigye yafashwe, ese yaragambaniwe?

Chris Baryomunsi, minisitiri w’itumanaho wa Uganda yatangaje ko abashinzwe iperereza bari bafite amakuru ahagije atuma bafatira Besigye i Nairobi.

Yavuze ako abategetsi ku ruhande rwa Kenya bafashije muri iyi ‘operation’ yambukiranya umupaka, nubwo abategetsi muri Kenya bavuze ko nta kintu bari bayiziho.

Besigye ubu arimo kuburanishwa i Kampala – aho kuba i Nairobi, kuko icyaha ashinjwa gutegura “cyari icyo gukorera Uganda, si Kenya”, nk’uko umuvugizi w’igisirikare cya Uganda Brig Gen Felix Kulayigye yabibwiye Itangazamakuru. Yongeyeho ati: “Dufite imikoranire na bagenzi bacu muri Kenya mu guhangana n’ibibazo by’umutekano w’akarere.”

Gusa ntiyasobanuye impamvu hatabayeho kohereza uyu mugabo iwabo mu buryo busanzwe bugenwa n’amategeko.

Amakuru avuga ko gufatwa kwa Besigye byamaze amezi bitegurwa kandi byashobotse kubera uruhare rw’abantu bo hafi ye.

Abateguye ya nama ya Riverside Drive bivugwa ko ari Umwongereza n’umusirikare mukuru mu ngabo za Uganda, bombi baziranye neza na Besigye, nk’uko ibinyamakuru muri Uganda bibivuga.

Umugore we avuga ko uwo Mwongereza wari muri iyo nama ari “umugambanyi wishyuwe ngo agerageze gushyira intwaro” kuri Besigye. Kuki Besigye ari mu rukiko rwa gisirikare?

Mu myaka za mirongo ishize, abasivile amagana bagiye baburanishwa mu nkiko za gisirikare muri Uganda nubwo Urukiko rurengera Itegekonshinga ibi rwabyamaganye.

Besigye – utari mushya mu kuregwa mu nkiko za gisirikare, yasubiyeyo kuko yishyikirije ubwe itegeko rya gisirikare, nk’uko Brig Gen Kulayigye yabibwiye itangazamakuru.

Mu cyumweru gishize, we n’uwo bareganwa bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare rwa Makindye nyuma y’iminsi ine nta uzi aho bari.

Bararegwa ibyaha bine birimo gufatanwa intwaro (pistols) ebyiri n’amasasu, no gushaka kugura imbunda ku banyamahanga mu mujyi wa Geneva mu Busuwisi, Athens mu Bugereki na Nairobi muri Kenya.

Besigye na Lutale bahakana ibyo baregwa.

Blog, News

Bazongere Rosine umukinnyi wa Cinema umaze kumenyekana mu Rwanda.Rosine yari Umwe mubakunnyi b’imena bagaragaye muri filime Nyarwanda Papa Sava,filime ya City Maid.

Bazongere Rosine wamamaye muri filime nyaRwanda atewe ubwoba n’abashaka kwica mama we umubyara
Bazongere Rosine wamamaye muri filime nyaRwanda atewe ubwoba n’abashaka kwica mama we umubyara(Videwo)

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Bazongere Rosine wamamaye muri filime nyarwanda yavuze agahinda gakomeye ari guterwa n’amakuru amusanga i kigali ayo makuru aturuka aho yavukiye mu karere ka Kayonza mu murenge wa Rukara ni uko umunsi ku munsi abantu baturanye bicwa ndetse mu ijoro ryahise bakaba bagerageje no kwica mama we.

Bazongere asangiza abamukurikirana inkuru ye yavuze ko aho aturukaho mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza hagiye haturukayo inkuru z’incamugongo aho abantu hafi ya bose yari azi ndetse na bamwe mu bo biganye n’abari inshuti ze yagiye yakira amakuru ko bagiye bapfa mu buryo butandukanye ndetse buteye urujijo ndetse ubwo bugizi bwa nabi bukaba bukabije muri aka gace.

Gusa yagize agahinda gakabije ubwo yakiraga terefoni ya mama we ahagana saa munani z’ijoro amubwira ko hari abantu atazi bari kumukomangira ngo akingure gusa umubyeyi we yanze gukingura ahubwo ahitamo guhamagara umukobwa we amubwira ibiri kujya mbere.

Gusa kuva icyo gihe Rosine ntaratuza kuko afite umutima uhagaze yibaza niba aricyo gihe ngo yimure Mama we ataricwa nk’uko izindi nshuti ze nabo yari azi bagiye bapfa, ndetse muri ubu buhamya yasoje abaza icyo yakora.

Blog, News

Urukundo ni kimwe mu bintu by’ umunyenga ku Isi gusa kurwinjiramo ni kimwe no gutangira ikindi kintu cyose utamenyereye biragorana kubona aho uhera.

Ibyagufasha gutereta umukobwa muhuye bwa mbere
Kimwe mu bintu bikunze kugora abahungu ni ugutereta umukobwa bahuye bwa mbere mu gihe wamukunze, hari abahitamo kubireka bagashirira imbere abandi bakabicisha ku nshuti zabo nyamara bakabibibwiriye.

abodetidings yabakusanyirije bumwe mu buryo bwagaragajwe n’abahanga mu by’urukundo umusore cyangwa umugabo yakoresha mu gihe ahuye n’umukobwa bwa mbere akamukunda akifuza ko yamubera umukunzi.

Ikintu cya mbere ugomba gukora ni ukwigirira icyizere.

Niba muri kuganira ugomba guhagarara wemye kandi ukavuga umureba mu maso, ukirinda kuvuga wubitse umutwe cyangwa ureba hirya. Ibyo abakobwa barabikunda cyane kuko bimwereka ko wiyizeye kandi ibyo uvuga udashidikanya.

Gutegura icyo umuganiriza mbere
Mbere y’uko umwegera ugomba kubanza ukamenya icyo utangira umubwira hato utazagera imbere ye ukarya indimi. Ushobora nko gutangira umubwita ko yambaye neza cyangwa ikindi cyerekeye kuri we.Ibi kandi usibye kuryoshya ikiganiro bizakongerera na cya cyizere twavuze haruguru.

Ugomba kuba usa neza.

Aha ndavuga kuba wambaye imyenda myiza imeshe,wiyuhagiye (udafite impumuro mbi ku mubiri cyangwa mu kanwa,….).Ibi byo ni ngombwa cyane kuko sinzi ko hari inkumi yakwemera kukuvugisha mu gihe udafite impumuro nziza. Ugomba rero kuba wambaye neza uko ushoboye.

Ujye wirinda ko ikiganiro cyanyu kigera ahantu kigasa nk’igihagaze kubera kubura ibyo uvuga.
Mu byo uvuga byose ugomba gukora uko ushoboye ikiganiro kigakomeza kuburyo kidahagarara ngo abe yahugira mu bindi, ibi bituma akomeza kukeitaho cyane no gutwarwa n’ibyo umubwira aho guhugira mu bindi birimo telefone,iyo ukomeje kumuganiriza kandi bigufasha kumwigarurira mu ntekerezo kuburyo adapfa no kugusiga.

Mu gihe muganira ni byiza ko wajya unyuzamo ukamubwira utuntu dusekeje

Iyo uri kuganira n’umukobwa wakunze ariko mwahuye bwa mbere biba byiza kumusetsa cyane kuko biryoshya ikiganiro kandi bigatuma atarambirwa. Gusa ugomba kwirinda kubikora cyane kuko byatuma agufata nk’aho uri gukina ikinamico imbere ye.

Kutarambirana imbere ye

Birumvikana ikiganiro cyanyu cyagenze neza mwese mwaryohewe. Nibyo koko biragaragara ko umukobwa adashaka ko usezera gusa ujye uharanira kurangiza ikiganiro hakiri kare mbere y’uko urambirana kuko umusiga akigushaka bigatuma ashaka kongera kuzahura nawe mukaganira. Birumvikana aho niho umwakira numero ya telefone ye ndetse n’ibindi bijyanye n’ibyo.

Niba rero wajyaga ugira imbogamizi zo kwegera umukobwa ngo umubaze akazina ubwo rero nakubwira ngo amahirwe masa kandi nizere ko izi nyigisho zagufashije.

Blog, News

Ikigo gishinzwe gufata inzoka kikazisubiza mu gasozi cyo mu mujyi wa Melbourne (cyitwa Melbourne Snake Control) cyavuze ko cyitabajwe ngo gikureho iyo nzoka.

Inzoka yahakije umuntu yahereye ku masahani muri Indonesia

shami rishinzwe kubungabunga umutungo kamere wa Alabama rivuga ko izi nzoka zazimiye muri Leta ya Alabama mu myaka ya 1950, ahanini bitewe no kubura ahaboneye ziba kubera ko hagiye harushaho guturwa n’abantu.

Jim Godwin, umuhanga mu bijyanye n’ibinyabuzima muri porogaramu y’umurage ya Alabama iyobowe n’Inzu Ndangamurage muri Kaminuza ya Auburn; atangaza ko inzoka “ari ingezi mu bigize urusobe rw’ibinyabuzima” nubwo zagiye zigabanuka cyane kubera kutitabwaho ugereranyije n’izindi nyamaswa.

Mu 2006 itsinda ry’abashinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Leta ya Alabama, ryatangije ku mugaragaro gahunda yo kongera kugarura muri leta yabo izi nzoka zizwi nka “Easten Indigo Snake” aho icyo gihe bahereye ku bwoko bw’izashoboraga kuboneka muri leta ya Georgia ndetse bakaba bafite intego yo kugarura nibura inzoka zigera kuri 300 zikongera kororokera muri Leta yabo.

Godwin avuga ko iyo baherutse kuvumbura atari nini kandi igaragaza ko yavukiye inakurira mu gasozi kuko itandukanye n’izisanzwe zikurikiranirwa mu byanya byazo byihariye ndetse bakanabyemezwa n’uko yo nta gakoresho k’ikoranabuhanga yari ifite mu gihe izisanzwe zishyirwamo ako kuma gafasha abashakashatsi kuzikurikirana no kutazitiranya n’izindi bitewe n’icyo ubushakashatsi bugamije.

Indi nzoka nk’iyi yo mu gasozi yaherukaga kuboneka mu 2020 aho Godwin avuka ko zombi bagiye bazibona mu buryo butunguranye.

Izindi zo muri ubu bwoko ariko zitari izo mu gasozi, usanga ziba nini zikanagira uburebure bukabakaba metero 2,5.

Mu rugendo rwabo rwo kongera kugarura ibikururanda muri leta yabo, bafite abafatanyabikorwa barimo Kaminuza ya Auburn, Ishami rya Leta ya Alabama rishinzwe kubungabunga ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima, abashinzwe amashyamba hamwe n’abandi batandukanye babashije gushyigikira icyo gitekerezo.

Scroll to Top