Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Blog

Blog, News

INSIGAMIGANI YIGIZE SYOLI, Uyu mugani baca ngo: “Yigize syoli”, bawuca iyo babonye umuntu wese wigizeumushirasoni kabuhariwe, akaba ikinani muri byose

Ya minsi ishize, umukambwe arashyogoza ajya i Nyagahanga iw’umuhungu. Agezeyo
asanga Syoli yagiye guhiga wenyine; nimugoroba abungukana ingwe yishe, asanga se
yicaye iwe amwereka umuhigo. Amaze kwicara, se aramubaza, ati: “Mbese ko uje uri
umwe, abandi mwahiganye bari hehe?” Syoli, ati: “Nta bwo mpigana n’abandi mpiga
jyenyine. Se, ati: “Ese mwana wanjye niba uri n’umukogoto, harya urasa umuhinyoro
ntiyarengera uzi kwinjiza?” Syoli ati: “Aho nabereye sindahigana n’abandi.” Se
ararakara; ati: “Nkabona n’umugore wawe yaraguhannye ukamunanira, koko wigize
intabikozwa!” Yungamo, ati: “Harya ngo wica ingwe sha! hari ubwo urutoni urunguru
ruzakwihererana ubure kivurira!” Umusaza arara ataraye, bukeye azinduka yitahira.
Amaze gutaha muka Syoli asigara mu mazi abira kuko yareze umugabo kuri sebukwe.
Syoli arabisha, abwira umugore; ati: “Ubu ngiye mu ishyamba kandi sinjyana
umuheto, ndajyana icumu n’inkoni yanjye nkuzanire intare; ariko nimara
kuyikwereka wiyimbire; noye ayo!”
Nuko aturumbukana icumu n’umujinya wica inka, ubwo hari ku kagoroba, ageze ku
ishyamba ajya ku nama mu rucucu rwari mu nsi y’inzira, agisutama urukwavu
rumuturumbuka mu nsi yiterera hejuru, agira igihunga, aragwaguza, yishita ku
icumu rye ryari rimushinze imbere, rimwahuranya umutima arahwera; azimira atyo
azize guhinyura ay’abakuru. Kuva ubwo rero rubanda bibuka uko yajyaga ananira
abamuhana ntakangwe n’inyamaswa z’inkazi, bakurizaho bavuga ko umuntu wese
wananiranye mu mico akigira intabikangwa yigize syoli
Kwigira syoli = Kunanirana mu mico

Blog, News

Imigani migufi ariyo bakunze kwita imigani ‘’imigani y’imigenurano’’ ni bumwe mu buvanganzo bw’umuco nyarwanda.

Ufinura itari iye ageza ku mukondo.seka 2
Ugucumise ingufi ntaba akwimye indende
Ugusuriye ntumusurire akwita ikibura nnyo.
Uhenera umukunzi ntamuhisha innyo
Uko umugabo aguye si ko amabya ameneka.
Ukora icyo azi yendwa ahetse
Ukurushije umugore akurusha urugo.
Umubyeyi gito aremaza umwana igituba.
Umugore bamukubitiye gusambana ati:
nasekwa nutarakimeze.
Umugore mwiza asegura inkokora inkoko zikarinda zibika.
Umugore ntajya kurarika, iyo araritse abuza n’uwari kuza.
Umugore yaryamanye n’ikiremba ati nambariye ubusa
Umuhungu w’icyiremba yarongoye umukobwa urwaye intinyi ati unyorosoye nabyukaga.
Ngirango wabashije kugenda ubona iyo migani , gusa nkuko twabonye ko Umugani ufite umumaro munini mu muco nyarwanda nko gukosora ,kugira inama abandi , kwigisha , n’ibindi nta mpamvu nimwe wagatewe isoni no kuvuga ikinu kandi kiri mumuco nyarwanda.

Uramutse uzi indi migani iteye nkiyi ntuzaterwe isoni no kwandira urubuga rwacu kugirango nawe utange umusanzu mu kubaka umuco nyarwanda

Blog, News

Sylvain Sibomana yabaye umwe mu byegera bya Madame Victoire Ingabire mu buyobozi bw’ishyaka FDU Inkingi ndetse akaba yarafunzwe imyaka 6 yose azira ibirimo kwigomeka ku butegetsi.

Gusa umucamanza yategetse ko urubanza rukomeza, abatishimiye aya majwi bakazagaragaza inenge zayo ubwo bazaba biregura.

Benshi mu baregwa ni abasanzwe batazwi ariko hari amazina abiri amenyerewe cyane.

Uwitwa Sylvain Sibomana yabaye umwe mu byegera bya Madame Victoire Ingabire mu buyobozi bw’ishyaka FDU Inkingi ndetse akaba yarafunzwe imyaka 6 yose azira ibirimo kwigomeka ku butegetsi.

Hari na Theoneste Nsengimana, umunyamakuru wa Televiziyo Umubavu yifashisha umuyoboro wa YouTube.

Nk’uko ubushinjcayahaha bubivuga, uyu ni we wagombaga kwifashishwa mu kwamamaza imigambi y’iri tsinda, cyakora we yakomeje guhakana uru ruhare.

Biteganijwe ko urubanza ruzasubukurwa mu ntangiro z’umwaka utaha ari na bwo abaregwa bazagira icyo bavuga kuri ibi byaha bashinjwa.

Blog, Pataro

urukiko rw’ i Nyanza rwakomeje kumva abatangabuhamya bashinja Micomyiza Jean Paul

Micomyiza Jean Paul mbere ya jenoside yigaga muri kaminuza y’u Rwanda –muri uru rubanza yashinjwe kuba muri komite yo mu bihe bidasanzwe ngo yarishinzwe kujonjora no kumenya abatutsi bagombaga kwicwa.
Umutangabuhamya wundi utashatse kugaragara mu rukiko kandi ijwi rye rigahindurwa yabwiye urukiko ko yari umunyeshuri muri kaminuza n’ubwo ngo atiganaga na Micomyiza, gusa avuga ko Micomyiza yari azwi cyane ngo kuko yakinaga Volleyball- ariko ko batunguwe no kubona muri jenoside aza mu gitero cyishe kandi kigatwara bamwe mu bigaga muri kaminuza.

Ni mu gihe undi mutangabuhamya nawe wahinduriwe ijwi yavuze ko yiboneye Micomyiza mu gitero cyari mu ishyamba rya kaminuza kigatwara abakobwa bagera kuri 5.

Micomyiza Jean Paul yoherejwe mu Rwanda n’igihugu cya Suède mu mwaka wa 2022 ngo akurikiranwe ku byaha bya jenoside, ibyaha we aburana ahakana.

Urubanza ruracyakomeje.

Blog, News

 Espérence Ndayizeye arongoye CNC avuga ko ingingo zizogenga abamenyeshamakuru bo mu Burundi mu gihe c’amatora zumvikanyweko n’impande zose.

Espérence Ndayizeye awurongoye abandanya ashimangira ko vyumvikanyweko n’impande zose.

Agira ati: “Ivyo ni uguhakana ukuri kandi ntibiri mu karangamutima ko kumenyesha amakuru”.

Ndayizeye abandanya avuga ko uru rwandiko rw’ingingo zigenga abamenyeshamakuru mu gihe c’amatora rutaje gusubirira itegeko rigenga abamenyeshamakuru canke ayandi mategeko asanzwe akora muri iki gisata.

Ayo mategeko ngo azoguma akurikizwa nk’uko bigenda mu gihe gisanzwe.

Ingingo ya 239 y’itegeko rigenga amatora ivuga ko umuntu wese azotangaza ibiharuro vyerekeye amatora atarahabwa uruhusha n’inzego zibijejwe, ashobora guhanishwa umunyoro w’imyaka iva kuri itanu gushika kuri 10, hamwe n’amande ava ku bihumbi 800 gushika ku miriyoni zine.

Amatora y’abashingamateka n’abajenama b’amakomine azoba kw’igenekerezo rya 5 ruheshi umwaka wa 2025.

Ay’abakenguzamateka ategekanijwe ku wa 23 mukakaro, mu gihe ay’abakuru b’imitumba n’ay’abarongoye amakaritiye azoba kw’igenekerezo rya 25 myandagaro.

Scroll to Top