Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Blog

Blog, News

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko rizafata neza abasirikare b’u Burundi ryafatiye ku rugamba mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kugeza ubwo bazasubira iwabo.

Iyi raporo isobanura ko kuva muri Kamena 2025, imitwe ya Wazalendo yifatanya kenshi na FDLR mu gucengera mu bice bigenzurwa na AFC/M23, gutega ibico no gufata ibice bitandukanye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Imitwe ya Wazalendo ivugwaho gukorana bya hafi na FDLR ni APCLS ya Janvier Karairi ikorera muri Masisi, CMC-FDP ya Dominique Ndaruhutse iba muri Pariki ya Virunga na NDC-R ya Guidon Shimiray Mwissa iba muri teritwari ya Walikale.

Kugira ngo imitwe ya Wazalendo ikomeze kurwana na AFC/M23, Leta ya RDC iha imitwe ya Wazalendo Amadolari ibihumbi 300 buri kwezi binyuze mu buyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru burangajwe imbere na Gen Maj Evariste Kakule Somo.

Impuguke za Loni zigaragaza ko umuhuzabikorwa w’ingabo za RDC, Wazalendo na FDLR muri Kivu y’Amajyaruguru akiri Col Cyprien Semivumbi Sekololo.

Tariki ya 27 Kamena 2025, u Rwanda na RDC byagiranye amasezerano y’amahoro, byumvikana ko umutwe wa FDLR ugomba gusenywa, ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyize ku mupaka zigakurwaho.

Ingabo za RDC zivuga ko zatangiye urugendo rwo gusenya FDLR, zibinyujije mu bukangurambaga zatangiye tariki ya 10 Ukwakira, gusa Leta y’u Rwanda ivuga ko igikenewe ari ibikorwa bidatika, aho kuba amagambo.
AFC/M23 yafashe santere ibanziriza umujyi wa Uvira
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryafashe santere ya Kiliba ibanziriza umujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Santere ya Kiliba iherereye muri teritwari ya Uvira. Iri mu ntera y’ibilometero hafi 20 ugana mu mujyi wa Uvira.

Abarwanyi ba AFC/M23 bari kurwana bamanuka. Kuva urugamba rwo mu kibaya cya Rusizi rwatangira mu ntangiriro z’icyumweru gishize, birukanye ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC mu bice byinshi.

AFC/M23 yafashe Katogota, Rurambo, Luberizi, Luvungi, Mutalule, Bwegera, Nyakabere na Sange. Mbere yo kwinjira muri Kiliba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2025, yabanje gufata santere ya Runingo.

Igikuba cyacitse mu mujyi wa Uvira na mbere y’uko AFC/M23 ifata Kiliba kuko humvikanye urusaku rw’amasasu bivugwa ko yarashwe n’abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo.

Aya masasu yatumye ibikorwa by’ubucuruzi n’amashuri bifungwa mu mujyi wa Uvira, kubera ubwoba bw’uko byahungabanywa n’umutekano muke.

Amakuru ava muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko ingabo nyinshi z’u Burundi zagaragaye ziva mu bice byafashwe birimo Runingu, zisubira iwabo nyuma yo kurushwa imbaraga n’abarwanyi ba AFC/M23.

Ku wa 8 Ukuboza, na bwo havuzwe guhunga ku bwinshi kw’ingabo z’u Burundi, iza RDC na Wazalendo, nyuma yo kwamburwa santere ya Sange.

Blog, News

Béatrice Munyenyezi (ibumoso) n’abunganizi be Félicien Gashema (hagati) na Bruce Bikotwa (iburyo) uyu munsi mbere yuko iburanisha ritangira

Béatrice Munyenyezi n’umwunganizi we mu rukiko i Nyanza mu kwezi gushize

Urukiko Rukuru urugereko rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda uyu munsi rwatangiye kumva abatanga amakuru bashinjura Béatrice Munyenyezi uregwa ibyaha bya jenoside akekwaho ko yakorewe mu mujyi wa Butare.

Ni urubanza rurimo kuburanishwa mu bujurire nyuma y’uko umwaka ushize Munyenyezi wari wahamijwe ibi byaha agakatirwa burundu ajuririye uwo mwanzuro wari wafashwe n’Urukiko Rwisumbuye.

Uyu munsi, abaje gutanga ubuhamya bushinjura Munyenyezi ni abagabo babiri bombi bakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya jenoside -kubera iyo mpamvu urukiko rubita abatanga amakuru aho kwitwa abatangabuhamya.

Munyenyezi w’imyaka 55 yoherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuburanira mu Rwanda, kuva ahageze mu 2021 yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa.

Uwa mbere yavuze ko yigishaga mu ishuri ryisumbuye ryitwaga CEFOTEC [ubu ryitwa Groupe Scolaire de Parents] riri mu mujyi wa Butare akaba ngo yarigishije Munyenyezi mu mwaka wa gatanu n’uwa gatandatu.

Abunganira Munyenyezi babanje gushaka kwihererana nawe bikurura impaka-ubushinjacyaha bwamaganaga ko bashaka kumuha amakuru y’umutangabuhamya w’ejo ku wa gatatu wavuze ko nawe yize muri iryo shuri ariko akavuga ko atazi Munyenyezi.

Icyifuzo cy’abunganizi ba Munyenyezi cyo kubanza kuvugana n’uwo mutangamakuru cyanzwe n’Urukiko.

Mu makuru umwe muri aba bagabo yahaye urukiko yavuze ko azi Munyenyezi nk’umunyeshuri yigishije wari umuhanga wazaga muri batanu ba mbere.

Blog, News

John Bosco Nyemazi, Hope Munganyinka na Jean Damascène Harerimana, bose bayoboraga akarere ka kayonza begujwe.

Ku makuru yavugwagwa ko haba hari amafaranga yatanzwe yo gufasha mu kuhira imyaka muri ako gace ariko ntakoreshwe neza, umuyobozi wa njyanama yasobanuye ko ibyo atari byo kuko ubu ibidamu (ibyuzi) bizifashishwa mu kuhira birimo gukorwa, kandi mu byo abo bayobozi bazize icyo kitarimo kuko nta ho cyagaragaye.

John Bosco Nyemazi yari yatangiye kuyobora aka karere mu mwaka wa 2021. Hope Munganyinka we yinjiye mu bajyanama b’akarere mu 2018, mu gihe Jean Damascène Harerimana we yageze mu buyobozi bw’akarere ka Kayonza mu 2016 akaza kongera kubona indi manda mu 2021.

Akarere ka Kayonza ni kamwe mu turere turindwi tugize intara y’uburasirazuba. Kagizwe n’imirenge 12, kakaba kari ku buso bwa kilometero kare 1,935. Amakuru yo ku rubuga rwa interineti rwako avuga ko gatuwe n’abaturage 457,156.

Nubwo gakunze kubamo amapfa, aka karere kari muri tumwe mu turere tw’intara y’uburasirazuba tubamo ibiyaga n’amazi menshi.

Leta y’u Rwanda ivuga ko yashoye miliyoni 90 zizifashishwa mu gushyiraho uburyo bwo kuhira, mu muhate wo gushaka gucyemura ikibazo cy’amapfa cyabaye ngarukamwaka.

Blog, News

Mu gihe abari mu gitaramo cya Davido batashye bakuriye ingofero Kitoko wabahaye ibyishimo, we ntabwo yari anezerewe na mba kuko yimwe umwanya wo kuririmbana n’inshuti ye, Liliane Mbabazi bakoranye indirimbo ‘I Love you’

Ku itariki ya 12 Nzeli 1985, ni bwo Kitoko Bibarwa yavutse. Kuri uyu munsi arizihiza isabukuru y’imyaka 37 amaze ku isi. Uyu munsi ni uw’ibyishimo n’umunezero kuri uyu muhanzi.
Ku ruhande rwa Kitoko Bibarwa, nta kintu na kimwe yigeze yerekana cyangwa ngo akore ku isabukuru ye, ndetse abantu benshi ntibigeze bayimenya kubera izo mpamvu. Gusa nk’umuhanzi ukomeye mu Rwanda, itariki yavukiyeho ntijya yibagirana.

Uyu muhanzi ukomeje amasomo ye mu gihugu cy’u Bwongereza, ntagikunda gutangaza byinshi kuri we bitewe n’uko agihugijwe n’amasomo. Ni umwe mu batanze ibyishimo mu Banyarwanda kubera indirimbo ze zaryoheye benshi.

Kitoko Bibarwa yizihije iyi sabukuru, mu gihe aherutse kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, ndetse akaba yarahise akomerezaho n’icyiciro cya gatatu (Master’s) nacyo ari kwigira i Londres mu Bwongereza.

Ku wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022 ni bwo yambitswe ikanzu y’uko yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, muri Kaminuza ya South Bank University, aho yize ‘Politique’. Yahise akomeza Masters muri London Metropolitan University mu bijyanye na ‘Peace Conflict and Diplomacy’.

Kitoko watangiriye umuziki muri korali yo mu rusengero, yatangiye gukora umuziki nk’umuhanzi mu 2008, akora indirimbo zakunzwe by’umwihariko iyitwa ‘Ikiragi’ yamushyize ku rwego rukomeye mu muziki w’u Rwanda. Binavugwa ko umwari w’uburanga butangaje wagaragaye muri iyi ndirimbo ari nawe babyaranye umwana w’umukobwa afite uri mu myaka icumi.

Kitoko yarangije ikiciro cya kabiri ahita komeza mu cya Gatatu

Mu busanzwe yiswe n’ababyeyi be Patrick Bibarwa, yamamara nka Kitoko – izina rikomoka mu kirimi cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda ‘Lingala’ ryitwa abakobwa n’abahungu rivuga Umwiza.

Akora injyana ya Afrobeats na Hiphop, akaba yarashyize hanze Album ye ya mbere mu 2010 yitwa Ifaranga. Iyi Album yamufashije kwigarurira imitima y’abatari bacye mu Rwanda no hirya no hino mu bice by’isi by’umwihariko mu gihugu cya Uganda.

Umwaka wa 2012 yatangiye kwandikwaho n’ibinyamakuru byo mu karere birimo na The East African ko ari we muhanzi ukomeye mu Rwanda. Uyu mugabo w’imyaka 37, yavutse kuwa 12 Nzeri 1985 mu gihugu cya Congo Kinshasa.

Nk’uko tubikesha Wikipedia, mu mwaka wa 2012 Kitoko yasusurukije abitabiriye ibirori by’isabukuru ya Ange Kagame umukobwa wa Perezida w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame.

Amakanzu Kitoko yambaye na bagenzi be ubwo barangizaga icyiciro cya kabiri

Muri Gashyantare 2013, uyu muhanzi yatumiwe mu iserukiramuco ry’umuco nyarwanda ryabereye mu gace ka Jylland-Fyn mu gihugu cya Denmark. Yagiye anasusurutsa abantu mu bikorwa bikomeye birimo iby’Umuryango w’Ibihugu by’Uburasirazuba, muri Amerika, Ubufaransa n’Ububiligi.

Yatsindiye ibihembo biri mu bikomeye byabayeho mu mateka y’umuziki nyarwanda bya Salax Award ubugira kabiri nk’umuhanzi mwiza mu njyana ya Afrobeat.

Blog, News

Harimo na zahabu, Uduce 10 two mu Rwanda dushya twavumbuwemo amabuye y’agaciro, Zahabu zo mu Rwanda zigiye kujya zicuruzwa mu Mahanga

Abanya-Kigali batandukanye bishimiye ko hari impinduka zikomeye, ziri kugaragara mu bwikorezi rusange bw’abantu kandi ko bizagira uruhare rukomeye mu guteza imbere uru rwego. Tariki ya 2 Ukuboza 2025, ni bwo Mujyi wa Kigali hatangijwe igerageza ry’amezi atandatu ry’impinduka mu gutwara abantu mu buryo bwa rusange bigizwemo uruhare n’ikigo cya Leta cyinjiye muri uru rwego.

Ikigo cya Leta cyinjiye mu rwego rw’ubwikorezi rusange ni Ecofleet kigamije gufasha mu gukemura ibibazo byagaragaraga mu gutwara abantu mu buryo bwa rusange.

Ni ikigo cyatangiranye impinduka mu buryo serivisi zatangwaga muri urwo rwego. Ni impinduka zikubiyemo ibintu bine by’ingenzi burimo kugirana amasezerano n’abikorera bakora muri serivisi zo gutwara abagenzi, gukodesha imodoka z’abikorera, guha uburenganzira bisi bwo gutambuka mbere no gukoresha imodoka z’amashanyarazi.

Ibi bijyanye no gutwara abantu mu buryo bwa rusange hadashingiwe ku mubare w’abatwawe ahubwo hakitabwa cyane ku kiguzi cya serivisi.

Tekereza kubona bisi itwara abagenzi 70 batabyigana kuyibona ihagurutse muri gare, ni ikintu gishobora guhombya igihugu mu buryo bw’amafaranga bijyanye n’icyashowe ngo serivisi itangwe nk’uko bikwiye.

Ibi bintu byibazwaho na benshi, ariko i Kigali ntibikiri bishya kuko bisi zitakiri kurenza iminota 10 itarahaguruka muri gare.

Byagabanyije umwanya abagenzi bamaraga muri gare batarabona ibinyabiga bibatwara bijyanye n’inshingano zinyuranye, bigatera bamwe kwiganyira no kwanga kujya atega bisi mu gihe bari mu rugendo.

Kuri ubu muri Gare mu cyerekezo cya Downtown-Kimironko ahatangiriye igeragezwa, imodoka ntabwo iri kumara iminota irenze 10 kandi no mu nzira ikwihuta kubera ko hashyizweho inzira zigenewe bisi gusa.

Ikindi gihari ni uko henshi mu masangano y’umuhanda usanga hagarayemo umupolisi.

Mukashyaka Emerthe, yagize ati “Uyu munsi ntabwo nakundaga gutega, ariko kuva aho impinduka zaziye natangiye kuyikoresha kubera ko umuntu yabonaga kuza muri gare akabona amasaha abiri muri bisi bigatuma afata moto.”

Yavuze ko nta mpamvu yo kujya gutega moto cyangwa ibindi binyabiziga bitari bisi mu gihe zisigaye zihuta mu nzira kandi umuntu akagenda atekanye kurushaho.

Ati “Umuntu ari kuza agahita abona imodoka akagenda, gahunda ze ntabwo zipfa. Aho kugira ngo ujye gutanga amafaranga ya moto menshi, kandi hari bisi ikwihutisha.

Ibi bizadufasha kuko byaba ari mu buryo bw’umufuka, uburyo bw’igihe.

Tuvuge wenda kuva hano muri Gare ya Kimironko moto ni 1500 Frw ariko ubu ngiye gutanga 420 Frw, urumva ko hari ikigabanyutse ariko umwanya w’igihe kandi ukagenda ufite umutekano.

Ndayizeye Obed yagize ati “Nanjye numvise ko gutega bisi bisigaye bimeze neza, nta gutonda umurongo, ni rwo rwego nari njemo ngo njyewe ngiye gutembera mu mujyi ngo ndebe niba byarahindutse. Nsanze bimeze neza, ubwo umuntu yinjira ahita agenda na byo bizadufasha.”

Yavuze ko nk’urubyiruko batakundaga gutega imodoka kubera uko itinda mu nzira ariko kuri ubu byamaze gutunganywa.

Mu nzira bisi yahariwe igisate cyayo, ikiyifasha kwihuta ndetse no ku ma feux rouges hashyizweho ibimentetso bisaba ko bisi itwaye abagenzi ari yo ihabwa inzira yo gutambuka.

Mukamana Floride yavuze ko mbere washoboraga no kumara amasaha abiri muri bisi itarahaguruka muri gare ariko ngo kuri ubu byarahindutse ndetse nta n’umubyigano ukiri muri ibi bice.

Ati “Mbere wayitegaga ukayimaramo nk’amasaha abiri ariko kuri ubu ashira ugeze iyo ugiye. Urumva rero ko haje impinduka. Ubundi umuntu yazaga akwicara hano rwose isaha irarangira, ariko ubu irajya gushira ngeze kure.”

Yavuze ko kwihuta ko kubona ubwo bisi kandi zikaba zigenda nta muvundo munini ubayeho, nta mubyigano mu modoka n’ibindi bitandukanye.

Ku rundi ruhande, gutwara abagenzi batuzuye mu modoka ni igihombo mu buryo bw’amafaranga nubwo hari izindi nyungu zishingiye kuri serivisi zitangwa zo gutwara abagenzi.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ibikorwaremezo muri MININFRA, Amb Jean de Dieu Uwihanganye, avuga ko Leta ikintu cyose ikoze iba ishaka inyungu kandi ko ibyishimiye.

Ati “Ikintu cyose Leta ikoze iba ishaka inyungu. Icyo twifuza cy’urwego rwa serivisi nigikunda, abaturage bakabasha kugenda vuba kandi ntibatinde, umusaruro bakora urazamuka. Iyo umusaruro uzamutse leta nayo iba yungutse kuko bifasha ubukungu.

Scroll to Top