Abode Tidings

Blog

Blog, News

Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Mukesha Josephine, na we yifotoreje i Kigali, I Kigali bizakorwa mu byumweru birindwi: Imiterere ya gahunda yo gufotora abashaka Indangamuntu koranabuhanga

Ni indangamuntu umuntu azaba ashobora guhabwa ikarita yayo nk’uko bisanzwe, indi iri mu buryo bwa QR Code ku buryo wayigendana muri telefone cyangwa mudasobwa ndetse no guhabwa nimero izwi nka ‘token’ ushobora gukoreshwa mu kubona amakuru yawe, itandukanye na nimero y’Indangamuntu.

Bitandukanye na mbere, ntibizaba bikiri ngombwa ko umuntu agendana indangamuntu agiye gusaba serivisi.

Mu bimenyetso bitangwa harimo ndangamimerere, birimo imboni, intoki zose, n’isura.

Kuva ku mwana ukivuka kugeza ku myaka itanu, uwo azajya ahabwa indangamuntu iriho ifoto gusa kuko ibimenyetso ndangamiterere bigenda bihindagurika. Kuva ku myaka itanu kuzamura ni we uzaba yemerewe gutanga bya bimenyetso.

Biteganyijwe ko indangamuntu koranabuhanga izashyirwa hanze muri Nyakanga 2026, ubu u Rwanda rukaba rugeze muri kimwe cya kane cy’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.

Ni umushinga watangiye mu 2023. Ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi washowemo agera kuri miliyari 200 Frw.

Blog, News

Dr Gaspard Ntahonkiriye yibanda ku ndirimbo gakondo z’umuco w’Ikirundi, igicurangisho yifashisha akaba ari inanga ndetse n’ikinanda (armonica).

Hari abaganga tuzi bakora sports zikomeye, kandi nta kwibeshya ko mu gihe ukunda umuziki byakubuza gukora ibindi.Oya,” uko ni ko Muganga Ntahonkiriye avuga. Arakomeza “ahubwo mu kuvura imibiri hari n’igihe abantu bakenera ibituma umubiri wumva umerewe neza kandi n’umuziki urimo . Ikindi ni uko iyo ukunda ikintu ukibonera umwanya ‘’.

Umuziki wa gakondo muri iki gihe uragenda usa n’utakaza agaciro wahoranye kubera ikoranabuhanga ryatumye gucuranga byoroha muri iki gihe .

Gusa kuri Ntahonkiriye “ni ngombwa ko urubyiruko rutibagirwa isoko”.

Ati:‘’Kera twari tuzi ko umuziki ari uguhuza amajwi n’ibicurangisho. Ukavuga uti nzi kuvuza inanga, piano…kandi bisaba igihe kubyiga. Ariko ubu arajya muri studio ati ndashaka instrument iyi. Ugasanga ka kanovera katagihari kubera imashini. Kandi imashini izahora ari imashini nyine…”

Akomeza ati:”Umuziki w’ubu ntugira izina kuko kera wumvaga indirimbo kuri radiyo ukavuga uti uyu murya (inanga) ni uwa runaka .Ariko ubu nta mwana ugishaka kwiga ibicurangisho kuko biri muri computer(imashini).”

Ku kuba hari icyo yaba akura mu muziki akora, Gaspard Ntahonkiriye avuga ko mu buryo bw’Amafranga, uyu muziki utamwinjiriza byinshi ariko na bwo ngo ni uko atari cyo yashyizeho umutima.

Gusa nanone ngo “kubaha umuco w’abakurambere ni inshingano z’abariho uyu munsi kandi ibyo biragoye kubibara mu gaciro gafatika”.

Blog, News

 Patrick, Budensiyana na Nadine, Abakurikirana ikinamico Urunana bazi cyane Budensiyana ukinamo acisha make gusa agahura n’ibibazo by’ubuzima ntagire n’amahirwe mu rukundo.

Ati “Amazina yanjye asanzwe asa nk’amaze kwibagirana, bakoresha Budensiyana ubu. Abo tubana, abaturanyi […] muri make uje aho ntuye ukaza ubaza Mariam ntabwo bamumenya niyo wajya ku mukuru w’Umudugudu utagiye uvuga Budensiyana nti bapfa kumenya ko ari njye ushaka.”

Avuga ko kwitwa iri zina bimutera ishema kuko bimugaragariza ko ibyo akina byacengeye muri benshi.

Umugabo we ajya amufuhira

Yabajijwe niba atajya ahura n’imbogamizi zo gufuhirwa n’umugabo we kubera ibyo akina, asubiza ko bijya bibaho cyane ndetse ko hari igihe ajya amusaba kubireka.

Aseka ati “Icyo kibazo kiragoye kugisubiza, hari aho bibangamirana rimwe na rimwe n’ubuzima bwite bwo mu rugo. Sinzi niba navuga ko ari kamere y’abagabo, barafuha. Ku buryo nk’iyo wakinnye ukagerayo, nk’urugero nkanjye nkina ndi umukobwa ufite umusore dukundana tukagerayo ugasanga yagize akantu mu mutima.”

Rimwe umugabo we ajya amusaba kureka ibyo gukina ikinamico Urunana kuko atari ko kazi ke k’ibanze. Yavuze ko agerageza kumusobanurira ko ari ikinamico.

Ntazibagirwa igice yakinnye James amutendeka

Budensiyana yemeza ko hari igihe umuntu akina bikamukora ku mutima, akavuga ko agace atazibagirwa mu buzima ari aho yakinnye akimenya ko James amutendeka.

Ati “Igice nakinnye numva ntazibagirwa cyane ni igihe navumburaga ko James afite undi mugore banabyaranye. Hari aho ukina ukumva bigukoze ku mutima, niba ari amarira akamanuka ari ay’umubabaro atari ibyo gukina.”

Budensiyana muri iki kiganiro yavuze ko abantu badakwiye kujya bumva ikinamico nk’ibintu byo kwinezeza ahubwo bakwiye no kujya bumva ubutumwa buba burimo.

Blog, News

Miss Rwanda Nshuti Muheto Divine yaburanye, Yahakanye ko atahunze akimara gukora impanuka ari nayo mpamvu atemera icyo cyaha cyo kugonga ibikorwaremezo agahunga.

Yabanje guhakana ko atari we wari utwaye. Si ubwa mbere atwaye yasinze kuko mu 2023 nabwo yigeze gutwara yanyweye ibisindisha nabwo aragonga. Inshuro za mbere yarihanangirijwe ariko arinangira.

Mu ibazwa Nshuti Divine Muheto yemeye ko ku itariki 23 Nzeri 2023 nabwo yemeye ko yatwaye yanyweye ibisindisha ndetse anagonga imodoka.

Nshuti Divine Muheto yarapimwe basanga yarengeje ibipimo byabugenewe. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko bamusanzemo BAC(Blood Alcohol Consumption) 4.00 nyamara umuntu muzima aba asabwa kugira 0.08.

Nshuti Divine Muheto n’abamwunganira bireguye

Nshuti Divine Muheto yemeye ko akimara gukora impanuka yagiye ku ruhande hafi y’ahabereye impanuka nko muri metero 100. Yahakanye ko atahunze akimara gukora impanuka ari nayo mpamvu atemera icyo cyaha cyo kugonga ibikorwaremezo agahunga.

Abamwunganira basobanuye ko icyaha cyo gutwara yanyweye ibisindisha aracyemera kandi yanabyemereye Ubugenzacyaha mu ibazwa nyuma yaho anabyemerera ubushinjacyaha.

N’uyu munsi imbere y’inteko iburanisha arabyemera kandi arabisabira imbabazi kuko “Ni ikosa yakoze ntabwo azongera

Blog, News

Erixon Kabera, ukomoka mu Rwanda yishwe ku wa gatandatu arashwe n’abapolisi muri Canada, umugore bashakanye Lydia Nimbeshaho avuga ko bifuza ubutabera, kandi bashaka ko ukuri kose ku buryo Kabera yishwe gushyirwa ahagaragara.

“Njyewe naramubonye mbere y’uko umwuka umushiramo burundu, uburyo bamwishemo, bamwishe nk’inyamaswa.

“Amakuru aturakaje twese ni ukubona abapolisi babiri barasa umuntu abahagaze imbere. Uvuze ngo bamurashe mu mugongo wenda yaba arimo kwiruka, [ariko] bamurashe bamuturutse imbere, bamureba.”

‘Abana ntibazongera kwizera polisi’
Lydia avuga ko guhamagarirwa polisi n’abaturanyi ku kintu gito icyo ari cyo cyose ari “ibintu abirabura babamo mu buzima bwacu muri iki gihugu”.

Atanga urugero ko hari igihe abaturanyi bahamagaye polisi ngo kuko hari abana barimo gukomanga ku muryango wabo.

Lydia Nimbeshaho yagiye kuba i Toronto mu 2010 asanzeyo Erixon Kabera wabagayo mbere y’uko bashyingirwa, bombi bafitanye abana batatu b’abahungu, nk’uko bivugwa n’ikinyamakuru Toronto Star.

Lydia yabwiye itangazamakuru ati: “Abana bararakaye, bararemerewe, bararira badahagarika.

“Abana b’abirabura [hano], tubigisha kubaha polisi, kuva ari bato tubabwira uko bakwiye kwitwara imbere ya polisi, [ngo] ‘ntusubize polisi, ntumurebe, ntukore mu mufuka, ntugire gute’, ibyo byose tuba tubivuga mu magambo tutarabibona, ngaho tekereza uyu munsi niho babibonye polisi yishe Papa wabo. Kuri bo ntabwo bashobora kwizera polisi ubuzima bwabo bwose.”

Special Investigations Unit yatangaje ko hatangiye iperereza riri gukorwa n’abantu batandatu, hamwe na babiri bakusanya ibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera.

Lydia ati: “Turasaba [leta ya Canada] ubutabera. Twumvise ko iperereza rishobora gufata n’amezi atandatu. Twasabye ko tubona ibimenyetso by’ako kanya. Hano ni amategeko ko abapolisi bambara camera, turifuza ko batwereka video y’ibyabaye.

“Dukeneye kumenya abahamagaye 911 icyo baregaga kuko iyo umuntu ahamagaye avuga n’ikibazo afite muri makeya.

“Turashaka ubutabera kuko muri iki gihugu hari amategeko, nubwo Gentil yaba ari mu ikosa rimeze gute nta tegeko rivuga ko bagomba kumwica, [ariko] bamwishe…”

Scroll to Top