Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Ernest Rwamucyo, yanenze leta ya DR Congo kunanirwa gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu bigira ingaruka ku bihugu bituranyi bayo,

Thérèse Kayikwamba yashinje u Rwanda n’umutwe wa M23 kurenga ku masezerano y’agahenge, Mu nteko y’akanama ka ONU yateranye ku wa mbere, Thérèse Kayikwamba minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RD Congo yashinje M23 gushyiraho ubutegetsi bwa gisivile n’ubw’umuco yafashe, ati: “Byerekana umugambi wabo wo guhindura imiterere y’uturere tw’aho bafashe” muri Kivu ya Ruguru.

Kayikwamba yanenze u Rwanda ko “rukomeza kwita ibikorwa byarwo [muri DRC] ingamba zo kwirinda”, ati: “Kurasa inkambi z’impunzi, gufata ubutaka bw’ikindi gihugu kigenga, no gusahura umutungo kamere wacyo, nta kintu cyo kwirinda kibirimo.”

Yavuze ko Congo yemeye gusenya umutwe wa FDLR, nk’uko byemejwe tariki 25 Ugushyingo (11) i Luanda, yongeraho ko u Rwanda na rwo “rwemeye kuvana ingabo zarwo muri RD Congo”

Gusa ashinja u Rwanda na M23 ko “bakomeje kurenga ku masezerano y’agahenge”.

Nubwo hari amasezerano y’agahenge yumvikanyweho mu mezi ashize, imirwano ya hato na hato yakomeje kumvikana, ndetse kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri hubuye imirwano hagati ya M23 n’uruhande rwa leta muri teritwari ya Lubero.

Blog, News

Umufana w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal yo mu Bwongereza, wari urimo kwishimira ko iyo kipe yatsinze Manchester United, bivugwa ko yishwe arashwe n’umurinzi (umu ‘sécurité’) wo muri Uganda.

Ubushyamirane n’urugomo ruvamo impfu zishingiye ku byavuye mu mikino y’umupira w’amaguru, cyane cyane amakipe yo mu Bwongereza, bijya bibaho muri icyo gihugu, aho shampiyona y’umupira w’amaguru y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, izwi nka Premier League, ikurikirwa cyane.

Mu Kwakira (10) uyu mwaka, umufana wa Arsenal yateye icyuma (imbugita mu Kirundi) umufana wa Manchester United nyuma yuko abo bombi bahaririye ku kuntu umukino wa Arsenal na Liverpool warangiye (ibyawuvuyemo).

Muri Mutarama (1) mu mwaka ushize, umujyanama w’urubyiruko yapfuye azize ibikomere byavuye ku guterwa icyuma i Kampala, nyuma yo kujya mu mirwano ubwo Arsenal yari imaze gutsindwa na Manchester City.

Icyumweru kimwe mbere yaho muri uwo mwaka, umufana wa Arsenal yari yahondaguwe inkoni arapfa mu mujyi wa Adjumani, mu karere ka West Nile, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Uganda.

Blog, News

Esther Nakajjigo yaciwe umutwe n’urugi rwa parike ari kumwe n’umugabo we

Nakajjigo wari ufite imyaka 25 n’umugabo we Ludovic Michaud w’umunyamerika, nyuma y’amezi macye bashyingiwe bari mu biruhuko basura iyi parike ubwo yapfaga.

Inkubi y’umuyaga yazunguje umuryango w’icyuma utari ufashe neza ubwo imodoka ya Nakajjigo na Ludovic yariho isohoka muri iriya parike.

Uwo muryango waciye mu idirishya ry’imodoka ku ruhande rw’umugenzi uca ijosi Nakajjigo ahita agwa aho, mu gihe umugabo we yari yicaye mu mwanya wa shoferi.

Uru rupfu ruteye ubwoba no kuba Nakajjigo yari ambasaderi w’umuryango Women and Girls muri Uganda byatumye urubanza rwe rukomera.

Blog, News

 Jimmy Gasore, Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda Alison Thorpe (hagati) n’Ambasaderi w’Ubuholandi Joan Wiegman, bataha icyambu cya Rubavu kuri uyu wa gatanu

Yagize ati: “Ubukungu buzamuka ku rugero rwikubye inshuro eshatu ahantu hari umutekano ugereranyije n’aho umutekano utizewe.

“Ni yo mpamvu Ubwongereza bushyigikiye umugambi w’amahoro wa Luanda kandi bukaba bwizeye ko impande zishyamiranye zishobora kumvikana ku nzira y’amahoro kugira ngo iki cyambu gishobore kubyazwa umusaruro nyabyo hagati y’ibihugu byombi.”

Minisitiri w’ibikorwa-remezo mu Rwanda Jimmy Gasore, na we yishimiye iki gikorwa cyitezweho koroshya urwego rw’ubucuruzi, avuga ko u Rwanda rwiteguye no gukora ibindi nk’ibi.
Uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yavuze ko uruhare nyarwo rw’iki cyambu, kiri ku kiyaga cya Kivu, ruzagaragara igihe hazaba habonetse amahoro mu burasirazuba bwa Congo
Minisitiri Gasore yagize ati: “Iki cyambu cya Rubavu ni kimwe muri bine u Rwanda ruteganya kubaka mbere yuko umwaka wa 2029 urangira.

“Ibindi ni icya Rusizi kigeze ku rugero rwa 50% cyubakwa, icya Karongi ndetse na Nkora byo bikiri kwigirwa imishinga.”

Byitezwe ko inganda ebyiri zegereye ikiyaga cya Kivu – urukora isima n’urwenga inzoga – zizungukira cyane kuri iki cyambu kuko igiciro cy’ubwikorezi kizagabanuka cyane ugereranyije n’igiciro gitangwa ku modoka z’amakamyo.

U Rwanda kandi ngo rwiteze ko kizafasha guteza imbere ibikorwa by’ubukerarugendo by’abakenera kwishimira ubwiza bw’ikiyaga cya Kivu.

Blog, News

Polisi y’Ubutaliyani yavuze ko umubikira ari umwe mu bantu 25 batawe muri yombi mu majyaruguru y’icyo gihugu, bijyanye n’iperereza ku bico by’abagizi ba nabi bazwi nk’aba ‘mafia’.

Amatangazo ya polisi ntiyatanze imyirondoro y’abanyapolitike cyangwa abandi batawe muri yombi muri iryo perereza.

Icyo gikorwa cya polisi kirakomeje. Abapolisi babarirwa mu magana barimo gusaka mu bice bitandukanye byo mu majyaruguru y’Ubutaliyani.

Polisi yavuze ko irimo gufashwa n’amatsinda y’imbwa zihunahuna zikamenya ahari intwaro n’ibiyobyabwenge, n’amatsinda y’imbwa zahawe imyitozo ituma zishobora gutahura ahari amafaranga.

Abakora iperereza bashinja iryo tsinda ry’abatawe muri yombi ko ahanini bakoresheje ubucuruzi bw’ibisigazwa by’ibyuma nk’uburyo bwo guhishira iyezandonke rya miliyoni 12 z’ama-Euro (angana na miliyari 17 Frw), nkuko abashinjacyaha babivuze.

Igico cy’aba ‘mafia’ cya ‘Ndrangheta, gikomoka mu karere gacyennye ka Calabria, gifatwa nka kimwe mu bico bikaze cyane ku isi by’abagizi ba nabi.

Mu Gushyingo (11) mu mwaka ushize, abantu barenga 200 bakatiwe gufungwa igiteranyo cy’imyaka irenga 2,200, muri rumwe mu manza nini cyane z’aba ‘mafia’ rwari rubayeho mu Butaliyani mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishize.

Scroll to Top