Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

 Spéciose Mukabayojo umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda, yatabarutse ku myaka 93, nk’uko byemezwa n’abo mu muryango we.

Igikomangomakazi Speciose Mukabayojo yari umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga, wayoboye u Rwanda kuva mu 1896 kugeza mu 1931. Nyina yari Umwamikazi Nyiranteko ya Nzagura. Yari kandi mushiki w’abami babiri b’u Rwanda, Mutara III Rudahigwa na Kigeli V Ndahindurwa.

Yavutse ahagana mu myaka ya 1930, akurira mu ngoro y’ubwami mu bihe bya nyuma by’ubwami bw’u Rwanda. Mu myaka ya 1950, yashyingiwe Igikomangoma Bideri mu bukwe bwa cyami bwabaye ikirori gikomeye.

Uyu munsi, Igikomangomakazi Speciose Mukabayojo yapfuye, akaba yari umwana wa nyuma usigaye w’Umwami Musinga. Urupfu rwe rurangije igice cy’amateka y’ubwami mu Rwanda, asize inyuma umurage w’ubwitonzi, ubwenge n’ubumwe hagati y’u Rwanda rwa kera n’uru rwa none. Mukabayojo ni we mwana wenyine wari ukiriho mu bana 19 b’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati ya 1896 na1931 agacibwa n’abazungu agahungira muri Congo ari naho yatangiye (yapfiriye). Musinga yasimbuwe n’umuhungu we Mutara III Rudahigwa, na we amaze gutanga asimburwa na murumuna we Kigeli V Ndahindurwa, aba bombi ni basaza ba Mukabayojo.

Mu 2017 i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda ubwo Mukabayojo aheruka kubona muri rubanda yari afite intege nkeya kubera izabukuru.

Blog, News

Mu kwezi kwa Kanama (8) 2021, ubwo Kabul yafatwaga n’Abatalibani, isi yose yarebaga amashusho ateye agahinda y’Abanyafuganisitani bari benshi ku kibuga cy’indege, babuze iyo berekeza, buri wese ashaka uko yahunga igihugu.

Safi na Sammi mu munyenga w’urukundo
Ababyeyi bakiriye urukundo rw’abana babo bate?
Mu kazi ka Safi, byaje kuba ngombwa ko asubira muri Afuganisitani kuko yagombaga kujya gutabara abari barafashwe n’Abataribani. Icyo nticyari icyemezo cyoroshye kuri we ariko kandi cyari ikigeragezo kitavugwa kuri Sammi, umukunzi we.

Agezeyo rero nawe yaje gufatwa n’abatalibani noneho ibyari uguhangayikira umukunzi bivamo ukwiheba gukabije kuri Sammi.

Iminsi Safi yamaze atabona izuba, yatumye umukunzi we amenyana n’ababyeyi be, kuko bose bari barajwe ishinga no kongera kubona Safi ari muzima.

Ibyo byatumye biyemeza kujya muri Qatar ariko batabiziranyeho, bagezeyo rero ni ho Sammi yamenyaniye n’ababyeyi ba Safi.

Ati: “Ntibari banzi, nta n’ubwo inkuru yacu bari bayizi. Nyamara twamaze ibyumweru 2 tuba hamwe. Kubera ko ababyeyi ba Safi batavugaga icyongereza neza, nyuma yo kubamenya no kubibwira, niyemeje kubafasha muri byose, ahakenewe icyongereza ngaseruka mu izina ry’umuryango.”

Nk’ababyeyi b’Abanyafuganisitani kandi batsimbaraye ku myemerere y’idini ya Isilamu, kumenya ko umuhungu wabo akundana n’umukobwa w’Umuyahudikazi, byari ikintu kidasanzwe ndetse cyatumye bagwa mu kantu.

Gusa Sammi agira ati: “Ubuzima twarimo twembi ntibwabahaye amahitamo. Barankunze kd baranyakira, nanjye binkora ku mutima.”

Safi na Sammi hamwse n’ababyeyi babo
Nyuma y’iminsi 105 Safi yararekuwe ndetse ava muri Afuganisitani, yongera guhura n’umukunzi we Sammi.

Nyuma yo kongera kubonana n’umukunzi we, aba bombi bahise batangira kubana mu nzu, nyuma baza no gushakana bakora ubukwe ku mugaragaro.

Ubukwe bwabo bwari uruvange rwabo bombi. Umuco w’Abanyafuganisitani n’uw’Abayahudi wari wahuriye hamwe, imbyino n’imyambarire,…byose byari uruvange.

Ibirori birimbanyije Safi n’umukunzi we bagiye ku rubyiniro bataramira abashyitsi babo, wabonaga ari ibintu binejeje imitima. Aba bombi basoza batanga inama y’uburyo urukundo ari ikintu gikomeye, kandi nta kintu na kimwe gikwiye kurukoma mu nkokora. Bongeraho ko ibikomeye byose abakundana banyuramo, birangira urukundo rutsinze.

Blog, News

Charles Isabirye yakatiwe igifungo cy’imyaka 17, Umunya-Uganda uba mu Bwongereza yakatiwe gufungwa imyaka 17 azira gusambanya abagore

Umupolisi ushinzwe iperereza, Detective Constable Le Boutillier, yagize ati:

“Nta kindi navuga uretse gushima ubutwari bw’abahohotewe, kuba barafashe icyemezo cyo kubivuga no kubihamya muri uru rubanza rwamaze igihe kirekire.”

Yongeyeho kandi ko Isabirye yakoresheje uburyo bwose bushoboka ngo asebye ndetse anateshe agaciro abatangabuhamya.

Uyu mupolisi kandi yunzemo ati: “N’ubwo bidashobora gukuraho ibyo banyuzemo, ariko nizeye ko bizabaha ituze mu kumenya ko uwabahohoteye ari muri gereza imyaka myinshi.

Blog, News

Patrick Muyaya mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kane i Kinshasa yavuze ko umutwe wa AFC/M23 ari wo urenga ku masezerano y’agahenge

Nangaa ashinja ingabo za leta ibitero by’indege byibasira ahantu hatuwe n’abasivile no guhonyora amasezerano y’agahenge, “bigakorwa mu mvugo za dipolomasi z’agakingirizo”.

Mu kiganiro n’abanyamakuru i Kinshasa ku wa kane, Patrick Muyaya yavuze ko mu masezerano ya Washington hamwe n’ibimaze kumvikanwaho i Doha byose hari intambwe zirimo guterwa.

Avuga ko nyuma y’uko impande zombi zumvikanye guhanahana imfungwa, kubahiriza agahenge n’urwego rushinzwe kubigenzura, atangazwa no kuba AFC/M23 ikomeza gushinja uruhande rwa leta guhonyora ibyo byumvikanyweho.

Asa n’usubiza ku bivugwa n’uruhande rwa M23, Muyaya yagize ati: “Intego y’ibyo bavuga ni ukuyobya abantu, Uko biri kose tuzi urenga ku gahenge, ntabwo twasubiza kuri ibyo bintu bidafite ishingiro.

Yongeraho ati: “Tuzi urenga ku gahenge, uwica [abantu] i Goma, i Bukavu. Tuzi uwica abantu i Rutshuru. Tuzi abatera ubwoba itangazamakuru.

“Twebwe turi kwibanda ku gukora ibyo uruhande rwacu rusabwa kugira ngo ibirimo kubera i Washington n’i Doha bigende neza”.

I Washington, muri iki cyumweru intumwa za Kigali na Kinshasa zongeye guhura ku nshuro ya gatatu ziganira nanone ku bigomba gukorwa mu “kurandura umutwe wa FDLR n’u Rwanda gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi”.

Kinshasa ishinja Kigali kuba inyuma y’umutwe wa AFC/M23 mu gihe Kigali na yo ishinja Kinshasa gufasha umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Muyaya avuga ko mu biganiro hagati ya M23 na Kinshasa birimo kubera i Doha ubu barimo kuganira ku mpamvu shingiro z’amakimbirane. Ati: “i Doha dutegereje imyanzuro…. Ubu ntimukwiye guha umwanya ibindi birangaza muri kumva, kandi muzakomeza kumva.

Blog, News

Clémence Murekatete yambaye itaburiya y’ubururu ahagaze mu nzu y’inkoko ze,

Clémence n’umugabo we Gédeon bavuga ko bafatanya byose muri ubu bworozi, Muri rusange, ubworozi bw’inkoko zaba iz’amagi cyangwa se iz’inyama ntibusaba ahantu hanini ho kororera, bukaba bukemura ikibazo cy’ubutaka buke. Mu by’ukuri ubworozi bw’inkoko bukwiranye n’igihe tugezemo cyo kubyaza umusaruro mwinshi ubutaka buto dufite. Urebye ubworozi bw’inkoko, Kuva ku munsi umwe kugeza ku byumweru 4, imishwi y’inkokoz’inyama igomba gushyirwa ahantu hashyushye. Kugira ngo ushyushye imishwi ushobora gukoresha imbabura, cyangwa se amatara y’amashanyarazi. Ubushyuhe bugomba kuba buringaniye, atari bwinshi cyane, ariko na none atari buke cyane. Imishwi ubwayo irabikwereka. (a)Iyo hakonje cyane, imishwi yegera imbabura, (b) haba harimo ubushyuhe bwinshi imishwi igahunga imbabura. (c)Iyo hari umuyaga imishwi yigira uruhande rumwe, naho haba hari ubushyuhe buringaniye (d) imishwi ikaba imerewe neza yisanzuye nk’uko bigaragazwa n’igishushanyo gikurikira. Ubworozi bw’inkoko z’inyama ni ubworozi bumara igihe gito cyane, bityo bukazanira uwabukoze inyungu ku buryo bwihuse. Inkoko z’inyama zariye neza zikabona n’ibya ngombwa byose zikeneye, zishobora gutanga umusaruro nyuma y’iminsi mirongo itanu gusa ! Ni ukuvuga mu gihe kitageze ku mezi abiri. Icyo gihe inkoko imwe uyibaze iba ipima ikilo n’igice (kg 1,5). Kuva ku cyumweru cya 20 kugeza inkoko zishaje, zirya ibiryo byagenewe inkoko zitera (Aliment super ponte). Mbere y’ibyumweru 2 ngo inkoko zitangire gutera, umworozi agomba gushyira mu nzu y’inkoko udusanduku zizateramo kugira ngo zizatangire gutera zaratumenyereye. Iyo inkoko zatangiye gutera, umworozi agomba kunyura mu nzu yazo nibura inshuro eshatu ku munsi kugira ngo akuremo amagi yatewe. Ubworozi bw’inkoko z’amagi burashimishije cyane. Nyuma y’amezi ane gusa, inkoko ziba zatangiye gutanga amagi. Inkoko imwe yatangiye gutera ishobora kugeza ku magi 320 ku mwaka, kandi ishobora kurenza umwaka itera. Amagi rero nta kibazo cyayo kuko igihe utabonye isoko ry’ako kanya ushobora kuyabika icyumweru kirenga mu bushobozi bwawe. • Inkoko zigomba kuba ahantu zisanzuye kandi hari urumuri n’umwuka bihagije.

• Dore umwanya bateganya uko ugomba kuba ungana :

• 1m² ku mishwi 20 (umunsi umwe kugeza ku minsi 30);

• 1m² ku bigwana 10 (ukwezi kugeza ku mezi 5);

• 1m² ku nkokokazi5 zitera ;

• inkoko zigomba kugira urugo rwo gutemberamo ku zuba. Urwo rugo rugomba kuba ruzitiye kugira ngo zitajya hanze yarwo. • Inkokokazi itangira gutera imaze amezi 5,5 ivutse ;

• Irarira iminsi 21 ;

• Inkokokazi ishobora gutera idafite isake, ariko igatera amahuri ;

• Isake imwe irahagije ku nkokokazi 10 kugira ngo zitere amagi atari amahuri;

Inkokokazi imaze umwaka itera igomba kuvanwa mu bworozi. • Kugira ngo inkoko zikure neza kandi zitange amagi menshi, zigomba kugaburirwa neza;

• Ku bashoboye kubona imvange, dore uko bagomba kuyitanga kuri buri nkoko, ku munsi:

– Icyumweru cya 1 ivutse: gr 15

– Icyumweru cya 8: gr 50

– Icyumweru cya 20: gr 100

– Icyumweru cya 22: gr 120

umushwi
– Inkoko itera: gr 130 • Inkoko yo mu bwoko bwa RIR (Rhode Island Red) ishobora gutera ku mwaka amagi 220 iyo yafashwe neza. Ni ukuvuga umusaruro w’amagi wa 60% ;

• Inkoko yo mu bwoko Derco, iyo ifashwe neza ishobora gutera amagi 250 ku mwaka. Ni ukuvuga umusaruro wa 69% ku mwaka ;

• Hari ubundi bwoko bushobora gutera amagi 300 ku mwaka, aha twavuga nka Warren ;

umusaruro w’inkoko z’amagi
• Inkoko isanzwe ya kinyarwanda ishobora gutera amagi 60 kugeza kuri 90 ku mwaka. Mu bwoko bwa kinyarwanda, hagenda habamo zimwe ziba nziza kuruta izindi.

NB: Izi ngero zishobora guhinduka cyane bitewe n’akarere inkoko zirimo ndetse n’ubwoko bw’inkoko IBIRYO BIKENEWE KU NKOKO Z’INYAMA o Imishwi y’inko z’amagi

igomba gushyirwa ahantu hashyushye (ushobora gukoresha imbabura, cyangwa se amashanyarazi). Ubushyuhe bukenewe ku nkoko z’inyama ni nabwo bukenewe ku nkoko z’amagi.

o Ibigwana by’inkoko z’amagi

Ni ukuva ku cyumweru cya cyenda kugeza ku cyumweru cya 20

Ni muri kiriya gihe inkoko zigomba gukurikiranwa, hagakorwa inking zose zabugenewe, isuku ikitabwaho ibiryo n’amazi nabyo bikaba bihagije.

Inkoko zitangiye gutera amagi.

• Kuva ku cyumweru cya 20 kugeza inkoko zishaje (hafi ku byumweru 80),

• Mbere y’ibyumweru 2 ngo inkoko zitangire gutera, umworozi agomba gushyiramo udusanduka inkoko zizatereramo kugirango zizatangire gutera zaratumenyereye.

• Iyo inkoko zatangiye gutera amagi , umworozi agomba kunyura mu nzu y’inkoko nibura incuro enye; mu gitondo mu masaa tatu; saa tanu; saa munani, no ku mugoroba mu ma saa kumi n’imwe, kugirango akuremo amagi inkoko zimaze gutera.

• Gukuramo amagi inshuro nyinshi bituma zitayamena.

Scroll to Top