Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Bavandimwe, ko iyo umuntu azi ko amashuri yegereje atangira kureba aho yakura ubushobozi kugira ngo igihe nikigera azabone icyo abwira Diregiteri, ko iyo umuntu afite ubukwe mu mezi atatu, ane ari imbere atangira agatumira, agakoresha inama z’ubukwe kugira ngo arebe uburyo ibirori bizagenda neza

Naho ubundi, kwibwira ko uzabona amazi ahora atemba muri ‘Robinet’, nk’uko iwacu mu kabande ka Rwasebahara cyangwa mu Kineguri bimeze, kwaba ari ukwibeshya.

Niba se ibyo bidakunze, WASAC nishyireho amavomo rusanjye menshi muri Karitsiye, ku buryo umuntu ajya gushaka amazi mu ntambwe nk’izo dusangamo ka Me2U. Byakwitabwaho ku buryo umuntu abuze amazi, yahita yohereza umwana akazana ijerekani, yumva adafite impungenge ko najya gushaka iya kabiri ahasanga inkomati, kuko buri wese azajya aba afite amahitamo ahagije.

Buriya erega ntekereza ko twanakora ‘stock’ ihagije y’amazi nk’uko dukora iy’ibikomoka kuri peteroli cyangwa se impeke. Ibyo byasaba kubaka ibigenga binini muri karitsiye zikunze kubura amazi, maze zikajya zizigamirwa.

Ariko rero, izi zaba ingamba z’agateganyo, zikiyongera ku zindi nyinshi Leta yaba iri kugerageza, naho ubundi, ntabwo twavuga isuku mu mujyi wa Kigali tutavuze amazi meza. Ni byiza kandi ko duhaza isoko, kuko bizateza imbere imyidagaduro mu buryo bunyuranye n’ibindi bice ubukungu bw’Igihugu bushingiyeho.

Buriya, ingingo ivuga ko amazi ari ubuzima, uwayisesengura yasanga hari byinshi dukeneye tutageraho tudafite amazi ahagije. Buri wese yagira uruhare rwe, ariko, WASAC kuko ari yo ishinzwe amazi (ubuzima), yakoresha intiti zayo bakatugezaho imishinga, ubundi natwe tukishakamo ibisubizo nk’Intore.

Blog, News

Victoire Ingabire mu rukiko ku wa kane ategereje guhabwa umwanya ngo yumvwe, Victoire Ingabire yafunzwe nyuma yo gutanga amakuru mu rukiko mu Rwanda

Mbere yo kugira icyo avuga, umucamanza mu ijwi ryumvikanamo kworoshya, yabanje kubwira Ingabire ngo yiyumve nk’umuntu “ugiye gutanga amakuru asabwa n’urukiko” ngo ntiyiyumve nk’umuntu uregwa urimo kwisobanura.

Victoire Ingabire, wari kumwe n’umunyamategeko we Me Gatera Gashabana, yavuze ko benshi mu baregwa muri uru rubanza abazi ariko ko nta kintu yigeze afatanya na bo kijyanye no gutegura amahugurwa, kandi ko ayo mahugurwa atayazi.

Yavuze ko we ubwe cyangwa ishyaka rye ntaho bahuriye n’ariya mahugurwa yo guhirika ubutegetsi biciye mu nzira zitari intambara.

Yavuze ko ishyaka rye DALFA-Umurinzi ntaho rihuriye na yo kuko atari ishyaka ryemewe kandi ko umuhate wose yagerageje ngo ryemerwe ntacyo wagezeho, ati: “Iryo shyaka ntiryari kugira icyo rikora kandi ritariho mu buryo bwemewe n’amategeko”.

Gatera Gashabana yavuze ko umukiriya we yagiye ahura n’inzitizi, n’ingorane mu kwandikisha ishyaka rye, ritemewe n’ubu.

Ingabire yabwiye Urukiko ko amaze kubona ko arimo kugorwa no kwandikisha ishyaka rye, yasabye komite y’agateganyo yari yashyizeho guhagarika ibikorwa byose byo gushakisha abayoboke.

Mu gushinja abaregwa, ubushinjacyaha bwagiye buhuza ayo mahugurwa n’umunsi witwa Ingabire Day wizihizwa buri mwaka na bamwe mu banyarwanda baba hanze bashyigikiye uyu munyapolitike.

Mu rukiko uyu munsi, Ingabire yavuze ko amahugurwa avugwa n’umunsi wa Ingabire Day ntaho bihuriye, ko uwo munsi utegurwa n’Abanyarwanda baba hanze kandi we nta ruhare agira mu kuwutegura uretse ko ngo asabwa gutanga ubutumwa kuri uwo munsi.

Nyuma yo kumva Ingabire, abacamanza bavuze ko bagiye kwiherera bakareba niba amakuru abahaye n’ibisobanuro bakeneye bihagije.

Nyuma yo kwiherera, abacamanza bagarutse bavuga ko basanze ibisobanuro Victoire Ingabire yatanze bidahagije, ko hari ibimenyetso bimushinja uruhare mu byaha abandi bakekwaho ko bakoze.

Urukiko rwategetse ubushinjacyaha gukora iperereza mu byumweru bibiri Ingabire akinjizwa muri uru rubanza nk’umwe mu baregwa.

Urukiko rwavuze ko uru rubanza ruzakomeza tariki 07 Nyakanga(7) 2025.

Abanyamategeko be baheruka kuburira ku byavuzwe na Perezida Kagame
Mu mpera z’umwaka ushize, abunganira mu mategeko Victoire Ingabire baba hanze y’u Rwanda bavuze ko bahangayikishijwe n’amagambo yari amaze kuvugwa na Perezida Paul Kagame, bavuga ko akurikiye ayandi yamuvuzeho mbere “ateje inkeke itaziguye ku mutekano we”.

Mu ijambo ryanyuze kuri radiyo na televiziyo by’igihugu, Kagame yagize ati: “… Hari abo bandi mureba bari aho bidegembya, n’abo twababariye twavanye aho bari bari bafunzwe …

“Murabazi…. Ndetse bakogezwa n’abantu bo hanze, bakavuga ko ari ibitangaza, ko barwanira demokarasi, barwanira ibyo ntazi barwanira.

“Buriya na bo, ariko turaza [akora ikimenyetso cy’intoki cyo gufunga], uzi ya masaha bamanika ku nkuta? Iyo yashizemo uruvire [‘levure’, umuti] bagira batya [akaraga ikiganza gifunze] bakarwongeramo kugira ngo yongere ikore. Turaza kurwongeramo.”

Nubwo muri iryo jambo nta ho Perezida Kagame yavuze mu izina Victoire Ingabire, abanyamategeko be batanu basanga ari we yakomozagaho.

Ingabire yafunzwe mu 2010 ubwo yari amaze iminsi ageze mu Rwanda aje kwiyamamaza mu matora ya perezida yari ateganyijwe, yaraburanishijwe ahamwa n’ibyaha birimo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi. Ibyaha we yahakanye avuga ko bishingiye ku mpamvu za politike.

Kuva yarekurwa mu 2018 ntabwo yemerewe gusohoka mu Rwanda ngo asange umuryango we yasize i Burayi.

Blog, News

Urupfu rwa Gen Frank Rusagara: Ni iki yari azwiho kandi azibukirwaho?

Byakomojweho mu rukiko ko Frank Rusagara na Tom Byabagamba bagiranye ibibazo n’ubutegetsi kuva mukuru wa Byabagamba, David Himbara wabaye mu bategetsi mu hejuru mu biro bya Perezida Kagame yagirana ibibazo nawe agahunga
Nubwo Rusagara kenshi yabonetse nk’umugabo usetsa cyane kandi na we ukunda guseka, hari ubwo akababaro kamurushije imbaraga.

Mu kwezi kwa kabiri barimo kuburana, ubwo muramu we Tom Byabagamba yavugaga uko yabanye na Perezida Paul Kagame mu buzima bubi n’ubwiza mu myaka 20 yari ishize, asobanura ko atigeze yanga uyu yari ashinzwe kurinda, Rusagara yari ateze amatwi, agera aho kwihangana biramunanira, araturika ararira.

Muri uwo mwanya, mu rukiko habaye agacerere no guceceka kudasanzwe. Amarangamutima yabonetse ku maso ya benshi bari mu rukiko, barimo na bamwe mu basirikare bari bagize inteko yarimo iburanisha.

Frank Rusagara azibukirwa kuki?
Mu Rwanda, abasirikare bo ku rwego rwe iyo bapfuye bahabwa icyubahiro gikomeye hakavugwa amagambo ashima uruhare rwabo mu ntambara leta yise iyo kwibohora kandi yahagaritse jenoside.

Bishobora kutagenda gutya kuri Frank Rusagara, wari usigaje imyaka ine ngo arangize igifungo yakatiwe n’Urukiko rw’Ubujurire mu 2019.

BBC yahawe amakuru ko abo mu muryango we babwiwe ko ari bo bagomba kumushyingura, bivuze ko ashobora kudashyingurwa mu cyubahiro cya gisirikare gihabwa abandi nka we iyo bapfuye barasezerewe mu gisirikare.

Nk’umugabo usize abana batanu, Rusagara azakomeza kwibukwa kandi ku kababaro ashobora kuba yaratewe no kumenyeshwa urupfu rw’umugore we Christine Rusagara, wapfuye mu 2016 azize uburwayi agashyingurwa, we ari muri gereza ya gisirikare.

Gusa ku mbuga nkoranyambaga, bamwe mu bamuzi n’abo hafi ye bagaragaje ko bazakomeza kumwibuka nk’umugabo wakundaga umuryango we, witangiye igihugu cye, n’igisirikare cy’u Rwanda.

Mu 2009, Rusagara yasohoye igitabo yise ‘Resilience of a Nation. A History of the Military in Rwanda’ kivuga amateka n’uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kubaho kw’iki gihugu kuva ku mwami Gihanga kugeza icyo gihe.

Abitabiriye urubanza rwe inshuro zitandukanye, cyane cyane abanyamakuru, bazagumana ishusho y’umugabo ukunda gusetsa no guseka n’igihe ababaye, ariko unashegeshwa n’akababaro nk’uko byabonetse ubwo mugenzi we Tom Byabagamba – ugifunze – yavugaga ibyo yabanyemo na Perezida Paul Kagame.

Blog, News

Hilde Cannoodt ari kumwe na bamwe mu babyinana na we mu itorero Inganzo Ngari, Umubiligikazi wakunze imbyino gakondo z’u Rwanda bigatuma aza kuhaba

Ni uwuhe mwihariko w’imbyino z’Abanyarwanda?
Hari itandukaniro hagati y’imbyino zo mu Rwanda n’imbyino nyinshi zo munsi y’ubutayu bwa Sahara, nk’uko Hilde abivuga.

Ati: “Imbyino nyinshi zo munsi y’ubutayu bwa Sahara bakoresha amayunguyungu, nk’izo muri Uganda, muri Tanzania, muri Congo. Mu Rwanda bo babyina cyane cyane bakoresheje igice cyo hejuru, n’amaboko. Icyo ni kimwe mu itandukaniro.”

Hilde avuga ko imbyino nyinshi yize mbere ari izo mu burengerazuba bw’isi “zibanda cyane ku bice bimwe na bimwe by’umubiri”, ko icyo akundira izo muri Afurika ari uko nyinshi muri zo zikoresha “hafi umubiri wose”. Mu kiganiro na Hilde ari iwe, yeretse BBC intambwe ze mu gushayaya ambyina injyana gakondo nyarwanda
Asobanura uburyo yakuruwe n’imbyino zo mu Rwanda, Hilde ati: “Mbona bwa mbere ababyinnyi gakondo, hari ikintu cy’uburyo ababyinnyi b’abagore bashayaya cyankuruye rwose, kuko numvaga birimo injyana n’ubugore (femininity), kandi numvaga bisa cyane n’imbyino imwe mu mbyino nakomeje kubyina imyaka myinshi nk’umunyamwuga.

“Iyo ni imbyino y’Abanyamisiri nayo ifitemo ubugore muri yo, nahise mbona no mu mbyino gakondo y’Abanyarwanda, icyo rero ni cyo ahanini cyankuruye.

“Ariko harimo n’injyana ubwayo, nayo narayikunze, buri gihe iyo numvise abaririmbyi numva ikintu cy’ikibatsi mu mutima wanjye gituma buri gihe numva ntwawe, kugeza n’ubu.”

Abanyarwanda bakiriye bate umuzungu ubyina nka bo?
Hilde ubu ni we muzungukazi wenyine uboneka abyina imbyino gakondo ari mu itorero ryo mu Rwanda. Abantu benshi baratangara iyo bamubonye ashayaya mu itorero Inganzo Ngari ubu arimo mu bikorwa bitandukanye ritumirwamo. Hilde Cannoodt ari kumwe na bamwe mu babyinana na we mu itorero Inganzo Ngari
Hilade agira ati: “Nibaza ko babikunda [kumbona] kuko ntibaba babyiteze. Rimwe na rimwe iyo tuzamutse ku rubyiniro bahita babona ko mpari, kandi ukabyumva ko batangaye.

“Ariko umenya babanza bakagira amakenga, bakibaza bati ‘ese arabishobora?’ maze nabasha kugerageza kubyina neza, bikabashimisha cyane, bakampa amashyi, baranshimira, ntekereza ko babikunda.”

Yongeraho ati: “Kuri bo ni nko kwishimira umuco wabo, kuba umuntu w’i Burayi yaza hano akiga imbyino gakondo yabo, ntekereza ko bitanga ubutumwa ko uyu muco ari mwiza, nibaza ko [abanyrwanda] bibatera ishema iyo bambona nkora urwo rugendo.”

Blog, News

Umutwe wa Forces Démocratiques de Libération du Rwanda (FDLR) ukorera mu burasirazuba bwa DR Congo uremeza ko Brigadier Général Gakwerere uzwi ku yandi mazina atandukanye, ari umwe mu bakuru bawo wafatiwe i Goma agahabwa u Rwanda.

Gakwerere yazanye n’abandi barwanyi bagera kuri 13 M23 ivuga ko ari aba FDLR
‘Ngoma’ asubiramo ibyantangajwe n’igisirikare cya FARDC ko uyu Caporal Ishimwe Patrick mbere yagaragajwe n’ibinyamakuru mu Rwanda avuga ko yatorotse FDLR agataha mu Rwanda.

Muri Mutarama(1) uyu mwaka, Ishimwe Patrick yagaragaye mu mashusho avuga ko ari umurwanyi watorotse FDLR agataha mu Rwanda.

Uretse kuba izina Ishimwe Patrick riri ku rutonde rwatanzwe n’igisirikare cy’u Rwanda mu bo cyashyikirijwe mu mpera z’icyumweru, itangazamakuru ntiryabashije kugenzura mu buryo bwigenga niba uyu wavuzwe mu bazanye na Gakwerere ari na we wagaragaye mu kwezi kwa mbere ari mu Rwanda.

Brig. Gen. Gakwerere ni muntu ki?
Inyandiko z’icyahoze ari urukiko rwa Arusha rwashyiriweho kuburanisha ibyaha bya jenoside mu Rwanda zivuga ko yitwa Ezéchiel Gakwerere, ko mu gihe cya jenoside mu 1994 yari afite ipeti rya Sous-Lieutenant.

Itangazo ry’ingabo z’u Rwanda rivuga ko ari Brig Gen Jean Baptiste Gakwerere. Muri FDLR yari azwi kandi ku mazina ya Sibo Stany na Julius Mokoko. Gusa ubu umutwe wa FDLR uremeza ko uwahawe u Rwanda ari uyu Gakwerere uvugwa.

Ngoma yabwiye BBC ko mbere y’uko Gakwerere arwara “yari mu buyobozi bukuru” bwa FDLR.

Gakwerere yahoze mu ngabo za leta y’u Rwanda zahungiye mu cyahoze ari Zaïre nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba FPR-Inkotanyi mu 1994, nyuma yagiye avugwa mu barwanyi b’umutwe wa FDLR muri DR Congo. Mu 2019 – igihe cy’iyicwa rya Gen Mudacumura wari ukuriye FDLR – uyu mutwe wavugaga ko Ezéchiel Gakwerere yari afite ipeti rya Koloneri.

Nta makuru menshi azwi ku buzima bwite bwa Gakwerere.

Inyandiko zo mu 2010 z’icyari urukiko rwa Arusha zivuga ko Sous-Lieutenant Ezéchiel Gakwerere ari mu basirikare bahawe amabwiriza na Captain Ildephonse Nizeyimana wari umukuru w’ikigo cya gisirikare cya Ecole des Sous-Officiers (ESO-Butare) yo kwica Abatutsi muri Butare, no kwica Umwamikazi Rozalia Gicanda.

Mu rubanza rwa Nizeyimana – mu 2014 wakatiwe gufungwa imyaka 35 ahamijwe ibyaha bya jenoside n’uruhare mu kwica Gicanda – mu kwiregura yavuze ko kuva tariki 18 Mata(4) 1994 yari yarasimbuwe na Sous-Lieutenant Gakwerere ku buyobozi bwa ESO-Butare.

Gakwerere ntabwo yigeze yiregura kuri ibi birego, birakekwa ko ubwo yahawe u Rwanda ashobora kuzagezwa imbere y’ubucamanza akabiburana.

Leta y’u Rwanda ivuga ko umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenoside mu Rwanda yari igambiriye Abatutsi kandi abawugize bakomeje ubwicanyi ku Batutsi b’Abanyecongo basanze muri icyo gihugu nyuma ya 1994.

Kuri ibi ‘Curé Ngoma’ yabwiye BBC ati: “Iyo ni impamvu [abategetsi b’u Rwanda] bahora batanga yo gusobanura impamvu ingabo zabo ziri muri Congo…Icyaha ni gatozi, igihe cyose umuntu ataracibwa urubanza kuvuga ngo ni umujenosideri uba wibeshye.”

Scroll to Top