Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Umuyobozi w’Itorero Redeemed Gospel Church mu Rwanda, Bishop Dr. Rugagi Innocent .

abanyamakuru babajije Rugagi niba byo atari ubuyobe, kubwira abantu ko nibatanga amafaranga baraba bajugunya ubukene bwabo.

Ati “Agaseke nafashe kabanje gufatwa na ba nyirako [abasabaga ubufasha]. Nyuma nanze ko abantu bazana akavuyo.”

Yakomeje agira ati “Naravuze nti umuntu ushaka gufasha umukene naze hano, mvuga ko niba ushobora gufasha umukene na we Imana izajugunya ubukene ku buzima bwawe. Uko uri kujugunya ubukene hano niko Imana izajugunya ubukene kuko witaye ku mukene.”

Rugagi yavuze ko atumva impamvu amashusho yakwirakwijwe ari amasegonda make, nyamara ayo materaniro yaramaze amasaha arenga umunani.

Ati “Ni ikintu cyabayeho cyo kwangisha umuntu abantu no kwangisha abantu itorero. Ntabwo naba nshinzwe kuremera abatishoboye mu karere ka Nyarugenge […] ngo njye kwambura abatishoboye.”

Rugagi kandi amaze iminsi atavuga rumwe n’umunyamakuru Mutesi Scovia, nyuma y’ikiganiro uwo munyamakuru yakoze agaragaza ko Rugagi afite urusengero i Muhanga rufatanye n’akabari, ari na we wavuze ko uyu mugabo yaguze imodoka ya miliyoni 280 Frw.

Hari amashusho yagiye hanze Bishop Rugagi avuga ko uwo munyamakuru nta ‘bugingo buhoraho’ azabona, nadasaba imbabazi.

Blog, News

Kabuga ‘ntashobora gukomeza kuburanishwa’ – Abarokotse bati: ‘Ntibyarangirira aho

Twumvise dutunguwe kandi dushegeshwe kurushaho – IBUKA
Philibert Gakwenzire, umukuru w’ishyirahamwe ry’abarokotse jenoside mu Rwanda, IBUKA, yabwiye itangazmakuru ko abarokotse batunguwe n’iki cyemezo cy’urukiko kandi ko kibababaje.

Yagize ati: “Ubwo yafatwaga, mu by’ukuri IBUKA n’abacitse ku icumu twumvise twiruhukije, tuzi ko noneho ubutabera twavukijwe igihe kinini tugiye kububona.

“Ariko muri iyi myaka itatu ishize byarakomeje birazurungutana, kugeza ubwo bavuze ngo bitewe n’imyaka afite ntabasha gukurikirana urubanza.

“Ariko noneho uyu munsi aho icyemezo cyavuze ko atakomeza kuburana twumvise dutunguwe kandi dushegeshwe kurushaho, kuburyo twifuza ko hagomba gushakwa izindi nzira izo ari zo zose kugira ngo ntibizahagararire aho ngaho”.

Philibert Gakwenzire, Perezida wa IBUKA mu Rwanda
Urukiko rwavuze ko kuko Kabuga atazaburana adashobora kuzacibwa urubanza ariko rwo ruzakomeza mu bundi buryo kugira ngo “hafatwe umwanzuro ku byaha byibasiye inyoko muntu n’ibya jenoside aregwa imbere y’abazize n’abarokotse n’umuryango mpuzamahanga muri rusange”.

Ariko Gakwenzire avuga ko ibi bidahagije, “kuko umuntu nka Kabuga aba akwiye kuburanira ahirengeye”, ndetse ashidikanya ko yaba koko adashoboye kuburana.

Ati: “Kuvuga ko adafite ubushobozi bwo kuburana na byo ni ukubyibazaho, ashobora no kwigira umurwayi abo bantu b’inzobere na bo bakabigaragaza. Ibyo na byo turabyibazaho.

“Uriya mwanzuro uratubabaje cyane ku buryo turimo dushakisha inzira izo ari zo zose kugira ngo dukomeze tujye imbere”.

Blog, News

Uwishyaka Bazirisa ni umukobwa w’inkumi wiyemeje guhangana n’ubu bumuga yavukanye ndetse n’ihezwa ribushingiyeho bamwe mu bameze nka we bahura na ryo mu miryango.

Bazirisa ntashaka ko abana bafite ubumuga nk’ubwe bagirirwa impuhwe zitari ngombwa
Bazirisa asaba ko imiryango yashyigikira abana bafite ubumuga nk’ubwe aho kubagirira impuhwe zitari ngombwa nka we kandi ngo ntibanashaka kugirirwa impuhwe zidakwiye.

Ati: “Hari aho tugera ukabona abantu barahungabanye batamenye icyo wifuza. Ibyo ni bimwe mu bituma nibaza ko ndemereye umuryango. Ufite ubumuga nagusanga, uzamubaze icyo akeneye mbere y’uko umugirira impuhwe”.

Bazirisa ugaragaza ko yifitiye icyizere gikomeye, avuga ko yumva nta hantu atagera mu gihe atakumirwa n’imwe mu myitwarire y’umuryango nyarwanda.

Ngo arota kuzaba umuntu ukomeye ndetse byaba ngombwa akazatanga akazi ku bandi. Ikintu avuga ko kimubangamira kurusha ibindi bintu ngo ni iyo hagize uvuga ko ari umunyantege nkeya.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga, Bazirisa ubu aragerageza guhamagarira abafite ubumuga kujya ahabona kandi bagaharanira kugaragaza ko hari icyo bashoboye aho gutegereza gufashwa.

Aracyari ingaragu ariko akavuga ko yumva atazabangamirwa n’ubugufi bwe mu guhitamo umukunzi.

Blog, News

Dr Gaspard Ntahonkiriye yibanda ku ndirimbo gakondo z’umuco w’Ikirundi, igicurangisho yifashisha akaba ari inanga ndetse n’ikinanda (armonica).

Hari abaganga tuzi bakora sports zikomeye, kandi nta kwibeshya ko mu gihe ukunda umuziki byakubuza gukora ibindi.Oya,” uko ni ko Muganga Ntahonkiriye avuga. Arakomeza “ahubwo mu kuvura imibiri hari n’igihe abantu bakenera ibituma umubiri wumva umerewe neza kandi n’umuziki urimo . Ikindi ni uko iyo ukunda ikintu ukibonera umwanya ‘’.

Umuziki wa gakondo muri iki gihe uragenda usa n’utakaza agaciro wahoranye kubera ikoranabuhanga ryatumye gucuranga byoroha muri iki gihe .

Gusa kuri Ntahonkiriye “ni ngombwa ko urubyiruko rutibagirwa isoko”.

Ati:‘’Kera twari tuzi ko umuziki ari uguhuza amajwi n’ibicurangisho. Ukavuga uti nzi kuvuza inanga, piano…kandi bisaba igihe kubyiga. Ariko ubu arajya muri studio ati ndashaka instrument iyi. Ugasanga ka kanovera katagihari kubera imashini. Kandi imashini izahora ari imashini nyine…”

Akomeza ati:”Umuziki w’ubu ntugira izina kuko kera wumvaga indirimbo kuri radiyo ukavuga uti uyu murya (inanga) ni uwa runaka .Ariko ubu nta mwana ugishaka kwiga ibicurangisho kuko biri muri computer(imashini).”

Ku kuba hari icyo yaba akura mu muziki akora, Gaspard Ntahonkiriye avuga ko mu buryo bw’Amafranga, uyu muziki utamwinjiriza byinshi ariko na bwo ngo ni uko atari cyo yashyizeho umutima.

Gusa nanone ngo “kubaha umuco w’abakurambere ni inshingano z’abariho uyu munsi kandi ibyo biragoye kubibara mu gaciro gafatika”.

Blog, News

Sandra Muhoza yitabye imbere y’abacamanza mu Rukiko rwa Mukaza rwagati mu murwa Mukuru w’ubucuruzi w’U Burundi, Bujumbura. Yafashijwe n’umwe mu bamwunganira babiri, Maître Éric Ntibandetse.

Iryo shirahamwe risaba ko umupfasoni Muhoza arekurwa buno nyene, ata kirinze gusabwa.

Muhoza, akorera ikinyamakuru La Nova Burundi, yatawe muri yompi mu kwezi kwa kane kw’uno mwaka. Yagirizwa guhungabanya umutekano no kubiba amacakubiri mu bandi, biciye mu butumwa yanditse ku rubuga rwa WhatsApp, ahuriyemwo n’abandi bamenyeshamakuru.

Ubwo butumwa bwagaruka ku mipanga vyavugwa ko iriko yinjizwa mu Burundi.

Mu nyuma y’ayo makuru yatanguye kuvugwa biciye muri imwe mu maradiyo yugawe mu 2015, impande zitandukanye zirimwo n’imigambwe iri mu yitavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Uburundi zayabeshuje zivuga ko yari ibihuha.

Mw’itangazo ryasohoye, ishirahamwe RSF ryavuze ko Muhoza atari akwiye kuzira ubutumwa yacishije ku rubuga rutari urw’akazi, kuko ata n’inkuru yigeze akora kuri ivyo vy’imipanga.

Urubanza rwa Sandra Muhoza rwaburanishijwe ku wa kabiri, ubu ruri mu mw’iherero. Ingingo y’abariko bararimbura ibisabwa na sentare nkuru y’igihugu ya Mukaza mu Burundi izomenyekana mu kwezi kwa cumi na kabiri uno mwaka.

Imyaka 12 asabirwa y’igipfungo irimwo cumi y’icaha co guhungabanya umutekano w’igihugu, n’ibiri yo kubiba amacakubiri mu bantu.

Icaha co guhungabanya umutekano w’igihugu, Sandra Muhoza yagirizwa, kiri mu vyo mugenzi wiwe Floriane Irangabiye yakorera ikimenyeshamakuru Igicaniro yagirijwe imbere yo guhabwa ikigongwe n’umukuru w’igihugu mu kwezi kw’umunani kw’uno mwaka.

Irangabiye yarekuwe mu kwezi kw’umunani kw’uno mwaka inyuma y’imyaha yababa ibiri yamaze mu gasho.

Scroll to Top