Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Umuganga Nathaniel Cirho yakomeretse igihe igisasu cagwa ku nzu y’uubanyi, Ubuzima bwa Goma mu minwe ya M23: ‘abantu bafise ubwoba

Umutwe wa M23 watangaje ko abantu bapfuye mu mirwano iheruka i Goma barenga 2,500 ari abasirikare ba leta (FARDC) na Wazalendo.

Bertrand Bisimwa umwe mu bakuru b’umutwe wa M23 yatangaje ko “nta muryango w’i Goma uri mu kiriyo kubera aba bapfuye”.

Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta ya Kinshasa aheruka gutangaza ko imirambo irenga 2,000 ikiri mu mihanda i Goma ikeneye guhambwa.

Yashinje ingabo z’ Rwanda na M23 ubwicanyi ku basivile mu mirwano iheruka i Goma no mu nkengero zayo.

Mu butumwa bwatangajwe na Bisimwa, yasabye ubutegetsi bwa Kinshasa “kureka kujya mu ntambara iteye isoni ku bapfuye i Goma”.

Yavuze ko imirambo yahoze mu mihanda i Goma, yahavanywe igahambwa ari “iy’abasirikare ba FARDC n’abakorana na bo”, yavuzemo Wazalendo, FDLR, abacanshuro b’i Burayi n’ingabo z’u Burundi, yemeza ko baguye ku rugamba.

Imiryango imwe n’imwe i Goma yagaragaye ibwira ibitangazamakuru mpuzamahanga ko hari ababo yabuze yarimo ishakira mu bantu bamaze iminsi bashyingurwa na Croix Rouge i Goma.
Croix-Rouge i Goma – yafashije mu guhamba bamwe mu bapfuye, ariko ntibyashobotse kugeza ubu.

Ishami rya ONU rishinzwe ubutabazi, OCHA-RDC, rivuga ko imirambo nibura 2,000 yamaze guhambwa kandi ko indi igera kuri 900 iri mu buruhukiro bw’ibitaro bitandukanye i Goma.

Radio RFI isubiramo Bounena Sidi Mohamed wungirije umukuru wa OCHA muri RD Congo avuga ko “hari uduce tukirimo imirambo myinshi yashengutse, nko ku kibuga cy’indege no kuri gereza ya Goma”.

Yaba iri shami rya ONU na Croix-Rouge ntibemeza niba imirambo yahamwe ari iy’abasivile cyangwa abasirikare. Bavuga ko myinshi yari yashengutse bigoye kumenya abo bantu bapfuye.

Kugeza ubu biragoye kumenya neza ukuri kw’ibivugwa n’uruhande rwa leta n’u Rwanda M23 ku bantu bishwe mu mirwano i Goma.

ONU ku wa mbere yatangaje ko abantu nibura 900 bishwe naho abarenga 2,800 barakomeretse kubera iyo mirwano, kandi ko ibitaro bikigowe no kubasha kuvura izo nkomere zose.

Blog, News

Ku wa mbere, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yabajijwe na CNN niba ingabo z’u Rwanda ziri muri DR Congo yarasubije ati: “Simbizi.

Abanyamadini bahaye Tshisekedi ‘umushinga wo gusohoka mu kaga’
Abakuru ba Kiliziya Gatorika n’Abaporotestanti muri DRC Congo batangaje ko bashyikirije Perezida Félix Tshisekedi ‘umushinga wo gusohoka mu ngorane’ kandi ko yawakiriye neza.

“Twafashe iya mbere, nta bwo ari we wabidusabye, dutegura uyu mushinga none uyu munsi twaje kuwumushyikiriza kandi yawakiriye abyitayeho cyane”, ni ibyatangajwe na Musenyeri Donatien Nshole wo ku ruhande rw’inama nkuru gatolika ya RD Congo.
Perezida Tshisekedi yakiriye abakuru b’Abaporotestanti n’Abakuru b’Abagatolika muri DR Congo bamuzaniye ‘umushinga wo gusohoka mu kaga’
Cardinal Ambongo yavuze ko “nk’abashumba” batewe impungenge kandi bahahangiyikishijwe “n’ibyo abavandimwe bacu babayemo mu burasirazuba bw’igihugu”.

Kiliziya Gatolika muri DR Congo yagiye inenga uko ubutegetsi bwa Kinshasa bukemura ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Congo, Karidinali Ambongo yagiye yumvikana anenga guha intwaro abasivile n’imitwe yitwaje intwaro bise Wazalendo n’umutwe wa FDLR.

Ibi byatumye mu mwaka ushize Ambongo arebana nabi n’ubutegetsi kandi ubushinjacyaha buvuga ko agomba gukurikiranwa, mbere y’uko ahura na Perezida Tshisekedi maze akavuga ko baganiriye “ibintu bigasobanuka”.

Blog, News

Kayigi Andy Dick Fred uzwi nka Andy Bumuntu ni umusore w’imyaka 27, akaba ari umuvandimwe w’umuhanzi Umutare Gaby.

On Fire by Andy Bumuntu
Like the moon in the sky,
Girl you light up my life,
Ntakindi nasaba Imana uretse kukugumana i ruhande rwanjye
Jyuhora wisekera yee
Ntukababare maa
Let me fix you tonight
Let′s love each other till the morning light
Let me put together all your broken pieces
I hear your heart talking girl, I’m here to listen
Oh I′m here to listen
Uyu niwo mwanya ngwino nkukunde
Niwowe nari ntegereje oh darling
Without you I’m a dead man
We’re meant to be together
Now and forever
Baby
Bang bang this love is on fire
On fire
Yeah
This love is on fire
On fire
Yeah
Murikira inyenyeri izirusha kwaka
Tuzimye amatara hasigare urumuri utanga yeahh
Urumuri utanga yeah
Maze ibinezaneza nibisendera umutima girl
Ntiwifate (ohh yeah)
Ubinsangize (ohh yeah)
Let me put together all your broken pieces
I hear your heart talking girl, I′m here to listen
Oh I′m here to listen
Uyu niwo mwanya ngwino nkukunde
Niwowe nari ntegereje oh darling
Without you I’m a dead man
We′re meant to be together
Now and forever
Baby
Bang bang this love is on fire
On fire
Yeah
This love is on fire
On fire
Yeah
Ohh mama, lose yourself in me mpaka
Buri icyo usaba I’ll give you extra
We′ll go and on and on and on
‘Cause this love is on fire
On fire
Yeah
This love is on fire
On fire
Yeah

Blog, News

Impunzi amagana zari zahungiye i Rubavu mu Rwanda zirimo gusubira i Goma

Igitumye ntasubirayo ni icyo kibazo cy’inzu gusa. Iyo kitaba icyo nari gusubirayo kuva amahoro yabonetse”.

Uko bigaragara bakomeje kwiyandikisha no gucyurwa, iyi nkambi y’agateganyo ya Rugerero ishobora kurara ifunzwe kuko hasigaye abatari hejuru ya 300.

Mu gihe mu mujyi wa Goma harimo kuvugwa ituze muri rusange, amakuru avuga ko ikindi gice cy’abarwanyi ba M23 cyaba cyakomeje cyerekeza mu bindi bice bya Kivu y’Epfo.

Ibiro ntaramakuru AFP bivuga ko abo barwanyi bigaruriye imihana itandukanye warenze centre ya Minova umanuka werekeza muri centre ya Karehe ku nzira yerekeza i Bukavu.

Mu ijambo yagejeje ku gihugu ku wa gatatu nijoro, Perezida Felix Tshisekedi yavuze ko yizeje Abanyecongo “kwivuna gukomeye kandi guteguye” ku bo yise “abaterabwoba n’ababafasha
Impunzi zirimo gutahuka ziravuga ko

zumvise ko i Goma amahoro yagarutse

Ahagana saa sita z’amanywa iki ni ikindi kiciro cy’impunzi cyari gisubijwe iwabo muri DR Congo

Aha bageze ku mupaka, batonze umurongo ngo batangira kwinjira mu mupaka basubire mu gihugu cyabo

Blog, News

Umurwanyi wa M23 agendana n’abaturage ku muhanda wo mu gace ka Keshero mu burengerazuba bwa Goma ku wa mbere

Ijambo ryitezwe rya Tshisekedi
Mu ijoro ryacyeye Perezida Félix Tshisekedi yakoranyije inama y’abakuriye inzego nkuru z’ubutegetsi bwa DR Congo ngo “bige ku buryo ibintu byifashe mu burasirazuba bw’igihugu, by’umwihariko mu mujyi wa Goma”, nk’uko bivugwa na Vital Kamerhe ukuriye Inteko Ishinga amategeko wari muri iyo nama.

Kamerhe yavuze ko barebye uburyo i Goma hasubiraho ubutegetsi bwemewe na leta.

Kamerhe yavuze ko “nta byinshi batangaza” mu byaganiriwe muri iyi nama kuko “Perezida wa Repubulika ageza ijambo ku gihugu”.

Ntihazwi neza umunsi n’igihe Tshisekedi ageza ijambo ku gihugu ku ngingo zafashwe na leta akuriye ishinja u Rwanda kuba inyuma y’umutwe wa M23.

Hagati aho mu mijyi ya Bukavu mu ntara ya Kivu y’Epfo na Beni muri Kivu ya Ruguru, ku wa mbere habaye imyiyerekano ikomeye ya rubanda yateguwe n’abo ku ruhande rwa leta, yo kwamagana umutwe wa M23 no kuvuga ko bashyigikiye ingabo za FARDC.

‘Hakenewe agahenge’ – Ibyo Ramaphosa na Kagame bumvikanye
Ibiro bya perezida wa Afurika y’Epfo byatangaje ko ba Perezida Cyril Ramaphosa w’icyo gihugu na Paul Kagame w’u Rwanda baganiriye kuri telephone ku buryo ibintu byifashe mu burasirazuba bwa DR Congo.

Afurika y’Epfo yapfushije abasirikare bagera ku 9 mu mirwano yabaye ku wa gatanu no ku wa gatandatu w’icyumweru gishize hafi ya Goma, ibyateye uburakari mu gihugu cyabo n’igitutu cy’abatavuga rumwe na leta ya Pretoria.

Ibiro bya Ramaphosa bivuga ko we na Kagame “bumvikanye ko hakenewe byihutirwa agahenge no kongera gutangira kw’ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zose zishyamiranye”.

Leta ya Kinshasa yahakanye ko itazigera ijya mu biganiro n’umutwe wa M23 ivuga ko ukoreshwa n’u Rwanda, ibyo ubutegetsi bwa Kigali bwakomeje guhakana.

Hagati aho Perezida William Ruto wa Kenya ku wa mbere yabwiye abanyamakuru i Nairobi ko abakuru b’ibihugu bigize EAC bazaterana ku wa gatatu ngo bige ku buryo ibintu bimeze nabi i Goma, hamwe n’umwuka mubi uri hagati ya Kinshasa na Kigali.

Iyo nama biteganyijwe ko izitabirwa na ba Perezida Tshisekedi na Paul Kagame, nubwo impande zabo zitaremeza kwitabira kwabo..

Scroll to Top