Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Uwishyaka Bazirisa ni umukobwa w’inkumi wiyemeje guhangana n’ubu bumuga yavukanye ndetse n’ihezwa ribushingiyeho bamwe mu bameze nka we bahura na ryo mu miryango.

Bazirisa ntashaka ko abana bafite ubumuga nk’ubwe bagirirwa impuhwe zitari ngombwa
Bazirisa asaba ko imiryango yashyigikira abana bafite ubumuga nk’ubwe aho kubagirira impuhwe zitari ngombwa nka we kandi ngo ntibanashaka kugirirwa impuhwe zidakwiye.

Ati: “Hari aho tugera ukabona abantu barahungabanye batamenye icyo wifuza. Ibyo ni bimwe mu bituma nibaza ko ndemereye umuryango. Ufite ubumuga nagusanga, uzamubaze icyo akeneye mbere y’uko umugirira impuhwe”.

Bazirisa ugaragaza ko yifitiye icyizere gikomeye, avuga ko yumva nta hantu atagera mu gihe atakumirwa n’imwe mu myitwarire y’umuryango nyarwanda.

Ngo arota kuzaba umuntu ukomeye ndetse byaba ngombwa akazatanga akazi ku bandi. Ikintu avuga ko kimubangamira kurusha ibindi bintu ngo ni iyo hagize uvuga ko ari umunyantege nkeya.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga, Bazirisa ubu aragerageza guhamagarira abafite ubumuga kujya ahabona kandi bagaharanira kugaragaza ko hari icyo bashoboye aho gutegereza gufashwa.

Aracyari ingaragu ariko akavuga ko yumva atazabangamirwa n’ubugufi bwe mu guhitamo umukunzi.

Blog, News

Dr Gaspard Ntahonkiriye yibanda ku ndirimbo gakondo z’umuco w’Ikirundi, igicurangisho yifashisha akaba ari inanga ndetse n’ikinanda (armonica).

Hari abaganga tuzi bakora sports zikomeye, kandi nta kwibeshya ko mu gihe ukunda umuziki byakubuza gukora ibindi.Oya,” uko ni ko Muganga Ntahonkiriye avuga. Arakomeza “ahubwo mu kuvura imibiri hari n’igihe abantu bakenera ibituma umubiri wumva umerewe neza kandi n’umuziki urimo . Ikindi ni uko iyo ukunda ikintu ukibonera umwanya ‘’.

Umuziki wa gakondo muri iki gihe uragenda usa n’utakaza agaciro wahoranye kubera ikoranabuhanga ryatumye gucuranga byoroha muri iki gihe .

Gusa kuri Ntahonkiriye “ni ngombwa ko urubyiruko rutibagirwa isoko”.

Ati:‘’Kera twari tuzi ko umuziki ari uguhuza amajwi n’ibicurangisho. Ukavuga uti nzi kuvuza inanga, piano…kandi bisaba igihe kubyiga. Ariko ubu arajya muri studio ati ndashaka instrument iyi. Ugasanga ka kanovera katagihari kubera imashini. Kandi imashini izahora ari imashini nyine…”

Akomeza ati:”Umuziki w’ubu ntugira izina kuko kera wumvaga indirimbo kuri radiyo ukavuga uti uyu murya (inanga) ni uwa runaka .Ariko ubu nta mwana ugishaka kwiga ibicurangisho kuko biri muri computer(imashini).”

Ku kuba hari icyo yaba akura mu muziki akora, Gaspard Ntahonkiriye avuga ko mu buryo bw’Amafranga, uyu muziki utamwinjiriza byinshi ariko na bwo ngo ni uko atari cyo yashyizeho umutima.

Gusa nanone ngo “kubaha umuco w’abakurambere ni inshingano z’abariho uyu munsi kandi ibyo biragoye kubibara mu gaciro gafatika”.

Blog, News

Sandra Muhoza yitabye imbere y’abacamanza mu Rukiko rwa Mukaza rwagati mu murwa Mukuru w’ubucuruzi w’U Burundi, Bujumbura. Yafashijwe n’umwe mu bamwunganira babiri, Maître Éric Ntibandetse.

Iryo shirahamwe risaba ko umupfasoni Muhoza arekurwa buno nyene, ata kirinze gusabwa.

Muhoza, akorera ikinyamakuru La Nova Burundi, yatawe muri yompi mu kwezi kwa kane kw’uno mwaka. Yagirizwa guhungabanya umutekano no kubiba amacakubiri mu bandi, biciye mu butumwa yanditse ku rubuga rwa WhatsApp, ahuriyemwo n’abandi bamenyeshamakuru.

Ubwo butumwa bwagaruka ku mipanga vyavugwa ko iriko yinjizwa mu Burundi.

Mu nyuma y’ayo makuru yatanguye kuvugwa biciye muri imwe mu maradiyo yugawe mu 2015, impande zitandukanye zirimwo n’imigambwe iri mu yitavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Uburundi zayabeshuje zivuga ko yari ibihuha.

Mw’itangazo ryasohoye, ishirahamwe RSF ryavuze ko Muhoza atari akwiye kuzira ubutumwa yacishije ku rubuga rutari urw’akazi, kuko ata n’inkuru yigeze akora kuri ivyo vy’imipanga.

Urubanza rwa Sandra Muhoza rwaburanishijwe ku wa kabiri, ubu ruri mu mw’iherero. Ingingo y’abariko bararimbura ibisabwa na sentare nkuru y’igihugu ya Mukaza mu Burundi izomenyekana mu kwezi kwa cumi na kabiri uno mwaka.

Imyaka 12 asabirwa y’igipfungo irimwo cumi y’icaha co guhungabanya umutekano w’igihugu, n’ibiri yo kubiba amacakubiri mu bantu.

Icaha co guhungabanya umutekano w’igihugu, Sandra Muhoza yagirizwa, kiri mu vyo mugenzi wiwe Floriane Irangabiye yakorera ikimenyeshamakuru Igicaniro yagirijwe imbere yo guhabwa ikigongwe n’umukuru w’igihugu mu kwezi kw’umunani kw’uno mwaka.

Irangabiye yarekuwe mu kwezi kw’umunani kw’uno mwaka inyuma y’imyaha yababa ibiri yamaze mu gasho.

Blog, News

 Patrick, Budensiyana na Nadine, Abakurikirana ikinamico Urunana bazi cyane Budensiyana ukinamo acisha make gusa agahura n’ibibazo by’ubuzima ntagire n’amahirwe mu rukundo.

Ati “Amazina yanjye asanzwe asa nk’amaze kwibagirana, bakoresha Budensiyana ubu. Abo tubana, abaturanyi […] muri make uje aho ntuye ukaza ubaza Mariam ntabwo bamumenya niyo wajya ku mukuru w’Umudugudu utagiye uvuga Budensiyana nti bapfa kumenya ko ari njye ushaka.”

Avuga ko kwitwa iri zina bimutera ishema kuko bimugaragariza ko ibyo akina byacengeye muri benshi.

Umugabo we ajya amufuhira

Yabajijwe niba atajya ahura n’imbogamizi zo gufuhirwa n’umugabo we kubera ibyo akina, asubiza ko bijya bibaho cyane ndetse ko hari igihe ajya amusaba kubireka.

Aseka ati “Icyo kibazo kiragoye kugisubiza, hari aho bibangamirana rimwe na rimwe n’ubuzima bwite bwo mu rugo. Sinzi niba navuga ko ari kamere y’abagabo, barafuha. Ku buryo nk’iyo wakinnye ukagerayo, nk’urugero nkanjye nkina ndi umukobwa ufite umusore dukundana tukagerayo ugasanga yagize akantu mu mutima.”

Rimwe umugabo we ajya amusaba kureka ibyo gukina ikinamico Urunana kuko atari ko kazi ke k’ibanze. Yavuze ko agerageza kumusobanurira ko ari ikinamico.

Ntazibagirwa igice yakinnye James amutendeka

Budensiyana yemeza ko hari igihe umuntu akina bikamukora ku mutima, akavuga ko agace atazibagirwa mu buzima ari aho yakinnye akimenya ko James amutendeka.

Ati “Igice nakinnye numva ntazibagirwa cyane ni igihe navumburaga ko James afite undi mugore banabyaranye. Hari aho ukina ukumva bigukoze ku mutima, niba ari amarira akamanuka ari ay’umubabaro atari ibyo gukina.”

Budensiyana muri iki kiganiro yavuze ko abantu badakwiye kujya bumva ikinamico nk’ibintu byo kwinezeza ahubwo bakwiye no kujya bumva ubutumwa buba burimo.

Blog, News

Miss Rwanda Nshuti Muheto Divine yaburanye, Yahakanye ko atahunze akimara gukora impanuka ari nayo mpamvu atemera icyo cyaha cyo kugonga ibikorwaremezo agahunga.

Yabanje guhakana ko atari we wari utwaye. Si ubwa mbere atwaye yasinze kuko mu 2023 nabwo yigeze gutwara yanyweye ibisindisha nabwo aragonga. Inshuro za mbere yarihanangirijwe ariko arinangira.

Mu ibazwa Nshuti Divine Muheto yemeye ko ku itariki 23 Nzeri 2023 nabwo yemeye ko yatwaye yanyweye ibisindisha ndetse anagonga imodoka.

Nshuti Divine Muheto yarapimwe basanga yarengeje ibipimo byabugenewe. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko bamusanzemo BAC(Blood Alcohol Consumption) 4.00 nyamara umuntu muzima aba asabwa kugira 0.08.

Nshuti Divine Muheto n’abamwunganira bireguye

Nshuti Divine Muheto yemeye ko akimara gukora impanuka yagiye ku ruhande hafi y’ahabereye impanuka nko muri metero 100. Yahakanye ko atahunze akimara gukora impanuka ari nayo mpamvu atemera icyo cyaha cyo kugonga ibikorwaremezo agahunga.

Abamwunganira basobanuye ko icyaha cyo gutwara yanyweye ibisindisha aracyemera kandi yanabyemereye Ubugenzacyaha mu ibazwa nyuma yaho anabyemerera ubushinjacyaha.

N’uyu munsi imbere y’inteko iburanisha arabyemera kandi arabisabira imbabazi kuko “Ni ikosa yakoze ntabwo azongera

Scroll to Top