Abode Tidings

News

Blog, News

Intambwe nke zoroheje wakurikiza kugira ngo urusheho kugirana n’abandi imishyikirano myiza, zishobora gutuma nawe uba inshuti wifuza ko nawe wagira.

Iyo inshuti yawe ikubwiye ibiyiri ku mutima, kwemera ibitekerezo byayo si ko buri gihe biyifasha
Ariko kandi, kuba twishyira mu mwanya w’umuntu runaka bitewe n’uko ababaye, ntibisobanura buri gihe ko tugomba kwemera n’umutima wacu wose uko abona ibiri kuba byose.

Ariko, uburyo bwiza bwo kubafasha mu buryo bw’ibyuyumvo akenshi burimo kubatera akanyabugabo cyangwa inama ishobora kubafasha gukemura ibibazo byabo mu bundi buryo kurusha uko bo babitekereza.

Mu by’ukuri, ubushakashatsi bugenda bwiyongera mu by’imitekerereze y’abantu bugaragaza ko gutera umuntu inkunga yo kuvuga ibimuri ku mutima, ntugerageze na rimwe kumufasha gusesengura ibibazo afite, bishobora gutuma atekereza cyane kandi bigatuma mu gihe kirekire arushaho kumva yihebye.

Iyi myitwarire yo kuba umuntu yamera nkuko mugenzi we ameze – atamufashije kubona igisubizo cy’ikibazo afite nabyo ni ubundi bwoko bw’ubucuti bubi mu mubano.

Ikiganiro kigamije kubaka gisaba ubwitonzi n’ubushishozi bwinshi, ariko inyandiko ya Ethan Kross muri Kaminuza ya Michigan hamwe na bagenzi be itanga ibibazo bike bishobora gufasha umuntu kubona ibibazo mu buryo bwagutse. Muri byo harimo/harimo:

Urebye uko ibintu bimeze/byagenze, ushobora kumbwira impamvu ibyo bintu byagutesheje umutwe?
Ese hari icyo wigiye mu byabaye? Niba gihari wakingarizaho?
Mu buryo bwagutse,”iyo urebye ibintu mu buryo rusange/ntiwite gusa ku tuntu duto “, ese bigufasha gusobanukirwa neza ibi wanyuzemo? Kuki bitakugirira akamaro?
Nyuma yo gusuzuma izo ngingo zitandukanye (uko buri wese abibona), abitabiriye ubushakashatsi bagaragaje ko bumvaga bararuhutse mu mutima kandi bumva barushijeho kumva ibyaba byababaje, ugereranyije n’abandi gusa bari bibanze ku gusubiramo mu buryo burambuye ibyabababaje n’amarangamutima byabateye.

4. Ishimire intsinzi y’abandi (kandi itoze kugira urugwiro)
Kwishyira abandi bari mu bihe byiza na byo ni ingenzi. Kimwe no kwifatanya na bo mu kababaro, ni ishingiro ry’ubucuti.

Gusa ijambo ‘compassion’ rikomoka mu Ikilatini risobanura “gusangira ububabare”, riramenyerewe cyane kurusha ‘Confelicity’ ijambo na ryo riva mu kilatini risobanura gusangira ibyishimo.

“Confelicity’ ntabwo rimenyerewe cyane nyamara naryo ni ishingiro rikomeye ry’ubucuti.

Abahanga bavuga ko abantu bashishikazwa no kugaragaza ubucuti mu bihe by’akababaro nyamara ntibabigenze batyo iyo abo bita inshuti bari mu by’ibyishimo.

Ubushakashatsi bwinshi bwerekana ko ibiganiro byacu ku byerekeye ubutumwa bwiza bw’ibyishimo bishobora kugira akamaro nk’ako kugira impuhwe mu guteza imbere no kubungabunga imibanire myiza.

Inshuti igushyigikira igomba gusubiza mu buryo bwiza kandi bwubaka- ikabaza ibisobanuro birambuye, ikaganira ku ngaruka z’ibyabaye, no kwerekana umunezero cyangwa ishema ryabo.

Abantu benshi, ariko ntibitwara neza – urugero, bahita bahindura ikiganiro vuba – mu gihe abandi bake babikora mu buryo butari bwiza, bagatanga ibitekerezo bigerageza kugabanya akamaro k’ibyabaye.

Mu muvundo w’ibyo dukora buri munsi, dushobora kwibagirwa guha agaciro n’umwanya ukwiye igikorwa runaka ariko niba dushaka kuba inshuti nziza , tugomba gufata umwanya no gushaka uko twizihiza intsinzi z’inshuti zacu yaba intsinzi nto cyangwa nini, uko ingana kose.

Dushobora kandi gutekereza neza ku buryo dusangiza abandi ibyishimo byacu.

Dushobora guhangayikishwa no kuba bishobora kugaragara nk’ubwirasi cyangwa ubwibone, maze tugahitamo kugira ibanga ibyo twagezeho, ariko na none ubu buryo bushobora kuduhungabanya, nk’uko bigaragazwa mu bushakashatsi bwakozwe na Annabelle Roberts wo muri Kaminuza ya Texas i Austin, Emma Levine wo muri Kaminuza ya Chicago, na Övül Sezer wo muri Kaminuza ya Cornell.

Muri rusange, basanze abantu bababazwa cyane no kuba twabahishe amakuru nk’izamuka mu kazi cyangwa ku bantu bari hafi yacu.

5. Ba uwa mbere gusaba imbabazi
Buri muntu arakosa, ariko bake ni bo basaba imbabazi mu buryo bworoshye.

Iyo usabye imbabazi wabanje no kuvuga ibindi, bituma umujinya n’agahinda bikomeza gukura mu mubano wacu n’abandi igihe kirekire nyuma y’uko icyaha/ikosa ryabaye.

Ubushakashatsi bwakozwe mu birebana n’imyitwarire y’abantu bwagaragaje ko hari imbogamizi enye nyamukuru duhura nazo, zituma tudasaba imbabazi:

Kuba tudasobanukiwe neza uburyo twababaje abandi, tukumva ko gusaba imbabazi ubwabyo bizaba bikomeye cyangwa tukumva biteye isoni, twumva ko gusaba imbabazi bizahindura utuntu duto mu mubano wacu, bityo nyuma yaho ntidusobanukirwe icyo gusaba imbabazi neza bisobanuye – bikarangira tunaniwe kuvuga amagambo yari ingirakamaro kugira ngo dukemure ikibazo.

Muri rusange, abantu bumva baruhutse iyo bemeye amakosa yabo, kandi dushobora gusubiza ibintu ku murongo kurushaho kurusha uko twabitekerezaga- niba gusaba imbabazi kwacu byakozwe mu buryo bukwiye.

Kugira ngo imbabazi zawe zigire akamaro, ujye uha mugenzi wawe igihe gihagije cyo kugaragaza ibyamubabaje.

Nyuma, ugomba kwemera ko ari wowe wagize uruhare mu gukosa, ukagaragaza ko ubabaye mu by’ukuri, ukagaragaza ko wifuza gukosora aho wakosheje ukanasobanura uko uzirinda kongera gukora ikosa nk’iryo ikindi gihe.

Buri mubano ugira ibihe byiza n’ibibi: iyo niyo kamere y’abantu kandi akenshi imibereho yacu n’imibanire n’abandi irushaho kuba urusobe.

Icyakora, iyo ushyize mu bikorwa izo nama eshanu zoroshye zagufasha kugirana ubucuti bukomeye n’abandi, ushobora kwirinda amakosa akunze kugaragara, kandi ukaba inshuti wowe ubwawe wakwishimira kuba ufite uzi neza ko uri incuti nyakuri.

Blog, News

Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Mukesha Josephine, na we yifotoreje i Kigali, I Kigali bizakorwa mu byumweru birindwi: Imiterere ya gahunda yo gufotora abashaka Indangamuntu koranabuhanga

Ni indangamuntu umuntu azaba ashobora guhabwa ikarita yayo nk’uko bisanzwe, indi iri mu buryo bwa QR Code ku buryo wayigendana muri telefone cyangwa mudasobwa ndetse no guhabwa nimero izwi nka ‘token’ ushobora gukoreshwa mu kubona amakuru yawe, itandukanye na nimero y’Indangamuntu.

Bitandukanye na mbere, ntibizaba bikiri ngombwa ko umuntu agendana indangamuntu agiye gusaba serivisi.

Mu bimenyetso bitangwa harimo ndangamimerere, birimo imboni, intoki zose, n’isura.

Kuva ku mwana ukivuka kugeza ku myaka itanu, uwo azajya ahabwa indangamuntu iriho ifoto gusa kuko ibimenyetso ndangamiterere bigenda bihindagurika. Kuva ku myaka itanu kuzamura ni we uzaba yemerewe gutanga bya bimenyetso.

Biteganyijwe ko indangamuntu koranabuhanga izashyirwa hanze muri Nyakanga 2026, ubu u Rwanda rukaba rugeze muri kimwe cya kane cy’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.

Ni umushinga watangiye mu 2023. Ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi washowemo agera kuri miliyari 200 Frw.

Blog, News

Dr Gaspard Ntahonkiriye yibanda ku ndirimbo gakondo z’umuco w’Ikirundi, igicurangisho yifashisha akaba ari inanga ndetse n’ikinanda (armonica).

Hari abaganga tuzi bakora sports zikomeye, kandi nta kwibeshya ko mu gihe ukunda umuziki byakubuza gukora ibindi.Oya,” uko ni ko Muganga Ntahonkiriye avuga. Arakomeza “ahubwo mu kuvura imibiri hari n’igihe abantu bakenera ibituma umubiri wumva umerewe neza kandi n’umuziki urimo . Ikindi ni uko iyo ukunda ikintu ukibonera umwanya ‘’.

Umuziki wa gakondo muri iki gihe uragenda usa n’utakaza agaciro wahoranye kubera ikoranabuhanga ryatumye gucuranga byoroha muri iki gihe .

Gusa kuri Ntahonkiriye “ni ngombwa ko urubyiruko rutibagirwa isoko”.

Ati:‘’Kera twari tuzi ko umuziki ari uguhuza amajwi n’ibicurangisho. Ukavuga uti nzi kuvuza inanga, piano…kandi bisaba igihe kubyiga. Ariko ubu arajya muri studio ati ndashaka instrument iyi. Ugasanga ka kanovera katagihari kubera imashini. Kandi imashini izahora ari imashini nyine…”

Akomeza ati:”Umuziki w’ubu ntugira izina kuko kera wumvaga indirimbo kuri radiyo ukavuga uti uyu murya (inanga) ni uwa runaka .Ariko ubu nta mwana ugishaka kwiga ibicurangisho kuko biri muri computer(imashini).”

Ku kuba hari icyo yaba akura mu muziki akora, Gaspard Ntahonkiriye avuga ko mu buryo bw’Amafranga, uyu muziki utamwinjiriza byinshi ariko na bwo ngo ni uko atari cyo yashyizeho umutima.

Gusa nanone ngo “kubaha umuco w’abakurambere ni inshingano z’abariho uyu munsi kandi ibyo biragoye kubibara mu gaciro gafatika”.

Blog, News

 Patrick, Budensiyana na Nadine, Abakurikirana ikinamico Urunana bazi cyane Budensiyana ukinamo acisha make gusa agahura n’ibibazo by’ubuzima ntagire n’amahirwe mu rukundo.

Ati “Amazina yanjye asanzwe asa nk’amaze kwibagirana, bakoresha Budensiyana ubu. Abo tubana, abaturanyi […] muri make uje aho ntuye ukaza ubaza Mariam ntabwo bamumenya niyo wajya ku mukuru w’Umudugudu utagiye uvuga Budensiyana nti bapfa kumenya ko ari njye ushaka.”

Avuga ko kwitwa iri zina bimutera ishema kuko bimugaragariza ko ibyo akina byacengeye muri benshi.

Umugabo we ajya amufuhira

Yabajijwe niba atajya ahura n’imbogamizi zo gufuhirwa n’umugabo we kubera ibyo akina, asubiza ko bijya bibaho cyane ndetse ko hari igihe ajya amusaba kubireka.

Aseka ati “Icyo kibazo kiragoye kugisubiza, hari aho bibangamirana rimwe na rimwe n’ubuzima bwite bwo mu rugo. Sinzi niba navuga ko ari kamere y’abagabo, barafuha. Ku buryo nk’iyo wakinnye ukagerayo, nk’urugero nkanjye nkina ndi umukobwa ufite umusore dukundana tukagerayo ugasanga yagize akantu mu mutima.”

Rimwe umugabo we ajya amusaba kureka ibyo gukina ikinamico Urunana kuko atari ko kazi ke k’ibanze. Yavuze ko agerageza kumusobanurira ko ari ikinamico.

Ntazibagirwa igice yakinnye James amutendeka

Budensiyana yemeza ko hari igihe umuntu akina bikamukora ku mutima, akavuga ko agace atazibagirwa mu buzima ari aho yakinnye akimenya ko James amutendeka.

Ati “Igice nakinnye numva ntazibagirwa cyane ni igihe navumburaga ko James afite undi mugore banabyaranye. Hari aho ukina ukumva bigukoze ku mutima, niba ari amarira akamanuka ari ay’umubabaro atari ibyo gukina.”

Budensiyana muri iki kiganiro yavuze ko abantu badakwiye kujya bumva ikinamico nk’ibintu byo kwinezeza ahubwo bakwiye no kujya bumva ubutumwa buba burimo.

Blog, News

Miss Rwanda Nshuti Muheto Divine yaburanye, Yahakanye ko atahunze akimara gukora impanuka ari nayo mpamvu atemera icyo cyaha cyo kugonga ibikorwaremezo agahunga.

Yabanje guhakana ko atari we wari utwaye. Si ubwa mbere atwaye yasinze kuko mu 2023 nabwo yigeze gutwara yanyweye ibisindisha nabwo aragonga. Inshuro za mbere yarihanangirijwe ariko arinangira.

Mu ibazwa Nshuti Divine Muheto yemeye ko ku itariki 23 Nzeri 2023 nabwo yemeye ko yatwaye yanyweye ibisindisha ndetse anagonga imodoka.

Nshuti Divine Muheto yarapimwe basanga yarengeje ibipimo byabugenewe. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko bamusanzemo BAC(Blood Alcohol Consumption) 4.00 nyamara umuntu muzima aba asabwa kugira 0.08.

Nshuti Divine Muheto n’abamwunganira bireguye

Nshuti Divine Muheto yemeye ko akimara gukora impanuka yagiye ku ruhande hafi y’ahabereye impanuka nko muri metero 100. Yahakanye ko atahunze akimara gukora impanuka ari nayo mpamvu atemera icyo cyaha cyo kugonga ibikorwaremezo agahunga.

Abamwunganira basobanuye ko icyaha cyo gutwara yanyweye ibisindisha aracyemera kandi yanabyemereye Ubugenzacyaha mu ibazwa nyuma yaho anabyemerera ubushinjacyaha.

N’uyu munsi imbere y’inteko iburanisha arabyemera kandi arabisabira imbabazi kuko “Ni ikosa yakoze ntabwo azongera

Scroll to Top