Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Léon Habyarimana ni umwemu bahungu b’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Juvénal Habyarimana,

Ihanurwa ry’iyo ndege – ryahitanye abari bayirimo bose bari hafi ya Habyarimana ndetse n’uwari Perezida w’u Burundi Cyprien Ntaryamira – rifatwa henshi nk’imbarutso ya jenoside, yiciwemo Abatutsi n’Abahutu batari bashyigikiye ubwicanyi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Kagame yongeyeho ati: “Ubundi ukumva abantu babaza bati ‘FDLR, igizwe n’abantu bangahe?'”

“… Iyo twinubira FDLR, aba bajenosideri, mu by’ukuri si no kubinubira ukwabo bonyine. Bongererwa imbaraga, bashobozwa gukora kubera gukorana, urugero, na leta y’i Kinshasa cyangwa abategetsi bamwe b’i Burayi batuma ibi biba ubundi amaherezo bakabipfobya ku mugaragaro.”

Umubano w’u Rwanda na DRC wabaye mubi, by’umwihariko kuva mu mpera y’umwaka wa 2021 ubwo intambara yongeraga kubura hagati y’ingabo za leta ya DRC (FARDC) n’umutwe w’inyeshyamba wa M23 uyirwanya.

Leta y’u Rwanda ihakana ko rwohereje ingabo ibihumbi muri DRC gufasha umutwe wa M23 nk’uko bivugwa na leta ya Kinshasa na ONU, ikavuga ko yafashe “ingamba z’ubwirinzi”.

Mu gihe cyashize, Kinshasa yavuze ko nta gahunda ya leta iriho yo gukorana na FDLR ndetse iburira ko umusirikare wa FARDC uzafatwa akorana na yo azabihanirwa, isaba abagize uwo mutwe gushyira intwaro hasi.

Guhera mu kwezi gushize, FARDC yatangiye gufatanya na MONUSCO ibikorwa byo gushishikariza abo mu mutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi no kwishyikiriza bagacyurwa mu Rwanda.

Amerika na yo ikomeje kuyobora gahunda y’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC, agamije kurangiza intambara yo mu burasirazuba bwa DRC, imaze imyaka hafi 30 ihagarara ikongera ikubura.

Léon Habyarimana avuga ko mu muryango wabo “umuntu avugana n’abantu benshi ari gushaka ukuri ku byabaye ku mubyeyi wacu kuko ni byo byateje ikibazo mu Rwanda kandi akaba ari na byo abantu bari kugenderaho kandi ari [na] cyo kintu cya ngombwa kigomba kuzana amahoro mu karere”.

Yagize ati: “… n’abo muri icyo gihugu cyo muri Congo umuntu ashobora kuvugana na bo kuko hari impunzi umuntu aba aganira na bo kuko dushakira ubutabera Abanyarwanda bose…

“… Naho kuvugana na we [Tshisekedi] rwose umuntu abonye uburyo yavugana na we – ariko jye ndikuvuga ku giti cyanjye – umuntu abonye uburyo yavugana na we, hari igisubizo yatanga, umuntu yavugana na we ndumva nta kibazo kirimo.

Blog, News

JORIJI BANETI, yari igicucu cg inyaryenge? Isomere uyu mugani, usabwe kwiyandikisha kuri uru rubuga ukabasha gutanga ibitekerezo

Ubuze inda yica umugi”
“Ubuze inda yica umugi”
Umugabo yagiye gusaba umugeni atazi ikinyarwanda, gusa akaba azi ko agomba gukoresha imigani ya Kinyarwanda isanzwe kuko yari azi ko imigani yose isobanura kimwe, ko bihagije ko haba hari amagambo ari muri iyo migani kandi ahuye n’ ayo yakoresheje mu ijambo avuze…
Uti :” byagenze bite rero ?” Nyir’ ugusabwa umugeni (umusaza Karekezi) yatanze ikaze asaba umukwe mukuru (umusaza Kanyamibwa) gutambuka agasoma ku nzoga babazaniye ngo amanure akavumbi.
Umusaza Kanyamibwa agiye kuyisomaho aravuga ati : « Murakoze muzehe Karekezi kutwemerera gusoma ku nzoga n’ubundi baca umugani ngo “ushaka urupfu asoma impyisi” Abari aho bose bagwa mu kantu bagira ngo aribeshye !
Hashize akanya imisango iba iratangiye, Umusaza Kanyamibwa ahabwa umwanya ati : ” …umusore wacu yabaye aho ashaka mu gihugu hose umugeni yashima nyuma aza gushimana n’ umukobwa wanyu, burya mu Kinyarwanda baravuga ngo : “Ubuze inda yica umugi”, abari aho noneho barumirwa !
Arakomeza ati : ”Yambwiye ko yashimanye n’ inkumi yanyu kandi murabizi ko mu muco wacu bavuga ngo : “Nta nkumi yigaya kuko n’ irwaye igisebe iravuga ngo izarongorwa”, rero yasabye umubano umukobwa wanyu nawe arabyemera adatinze dore ko baca umugani ngo ’Utaranigwa agaramye agira ngo ijuru riri hafi.’ None rero nk’ uko umukobwa wanyu yiyemereye kubana akaramata n’ umuhungu wacu, kandi mu Kinyarwanda bakaba bavuga ngo “Urwishigishiye ararusoma” niyo mpamvu twabazaniye inkwano,………
Kuko : ”ubuze uko agira agwa neza”.
Umusaza Karekezi, nk’ umusangwa mukuru aba afashe ijambo ati : “Ntituguha umugeni wacu ! Dore umukobwa wacu aracyari umwana kandi ga aracyari mu mashuri ngo yongere n’ ubwenge (aha ni kwa kundi abasaza baba barimo kugorana mu misango).
Nuko umusaza Kanyamibwa, mu gusubiza arihanukira ati : ”Rwose mugerageze muce inkoni izamba, nibyo koko umukobwa wanyu aracyari umwana burya murabizi baravuga ngo : ’Ntukabone ifundi ngo uyite umwana w’ inyoni’, rwose umuhungu wacu azamurera kuko akuze
kandi murabizi burya ngo : ’ubugabo si ubutumbi’ ; hanyuma byo kuba ari n’ umunyabwenge rwose ni byiza natwe umuhungu wacu yaraminuje kandi ga baravuga ngo “Utazi ubwenge ashima ubwe !” None rero musaza Karekezi twiteguye kubaha inkwano amashyo y’ inka yose mushaka, dore nawe urakuze ngirango urazi ko “uhongera umwanzi amara inka”.
Uhagarariye umuryango usabwa arumirwa, noneho ibyo gusabwa birahinduka bati : ”Nta mugeni wacu tubaha kuko muducira amarenga ko umwana wacu twaba tumuroshye.”
Umusaza Kanyamibwa mu gusubiza aciye bugufi nk’ utakamba ati : ”Rwose muvandimwe Karekezi, abakuru bajya bavuga ngo “Ukwimye ibishyimbo aba akurinze imisuzi”, none rwose nimutwemerere tubakwere dore “akatari amagara barahaha.”
Umuryango uratsimbarara uti : ”Nta mugeni tubaha yemwe, ahubwo nimwitahire muri gutinda muzababwire batume undi abe ariwe uza gusaba umugeni.“
Umusaza Kanyamibwa mu gusubiza ati : “Yego rwose turemeranya burya “Intumwa n’ uwayitumye barangana”, kandi “kuntuma ni nko kwituma cyangwa kwigirayo.”
None rero “utakwambuye aragukerereza “ kandi ngo “ukwimye ibishyimbo aba akurinze imisuzi”, mwitwima umugeni rwose

Blog, News

Teta Diana, ni umuhanzi w’umunyarwandakazi wubakiye ku njyana ya gakondo, akaba aririmba n’izindi njyana nka fusion of folk, jazz ndetse na Afro-pop. Teta Diana, kandi akaba azwiho kwandika indirimbo

Velo by Teta Diana lyrics
Abahungu bakunda abakobwa
Abakobwa bakunda abahungu
Ngo nanjye nakunze agahungu
Agahungu gafite imitoma
Karaza ngo gafite urukundo
Urukundo ntazabona ahandi
Ngo kandi gafite umutungo
Umutungo uzadutunga twembi
Iyo, iyooo ndacururuka…
Ibiciro ndabimanura…
Dusezerana no kubana
Inkwano zirabura, ndagakatira…
Chorus: Velo Velo Velo (2x)
Velo oh my dear
Velo oh nta rumiya
Velo Velo Velo oooh
Urambabaje!
Ntundebe ngo uncire urubanza
Iyi si dutuye singira ikibanza
Dore uranyizeza ibitangaza
Kandi urandangaza, humm…
Velo oh money oooh!
Velo oh sorry oooh!
Love no goods is love no mood
Love no mood is love to loose
Humm… Humm…Humm…
Velo Velo Velo (2x)
Velo oh my dear
Velo oh nta rumiya
Velo Velo Velo oooh
Urambabaje!
Velo Velo Velo oooh
Urambabaje!
Sakwe Sakwe Sakwe Velo!
Sakwe Sakwe Sakwe Velo!
Nagutera icyo utazi utabonye
Nagutera icyo utazi utabonye
Urukundo rw’ubu ruzira cash!
Hahahahah Humm…Humm…
Velo Velo Velo (2x)
Velo oh my dear
Velo oh nta rumiya
Velo Velo Velo oooh
Urambabaje!
Velo Velo Velo oooh
Urambabaje!
Velo Velo Velo oooh
Urambaje!

Blog, News

Dominic Ashimwe, ari nayo mazina ye yose yiswe n’ababyeyi, ni umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda. Ni umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Mu buzima
Har’ ibyiza tubona
Tukabifata nk’ibisanzwe
Rimwe na rimwe
Tukumva ko
Byari bikwiye no kubaho
Nyamara burya har’ Imana
Isumba byos’ ibikora
Yitw’ Uwiteka nyiringabo oohh
Ashimwe
Amaso yacu yabonye byinshi
Amatwi yacu yumvise byinshi
Intambwe zacu yazaguriye kumukorera
Iby’akora n’imbabazi agira
Ni byo bituma tumukunda
Imbere ye niho hari byose twifuza
Uwiteka ashimwe, ashimwe
Amaso yacu yabonye byinshi
Amatwi yacu yumvise byinshi
Intambwe zacu yazaguriye kumukorera
Iby’akora n’imbabazi agira
Ni byo bituma tumukunda
Imbere ye niho hari byose twifuza
Uwiteka ashimwe, ashimwe
Ni cyo gitum’ umutima wanjye
Utazatinya na gato
Ntazarek’ ubugingo bwanjye
Ngo buzimire burundu
Ibyo yakoze ni byo biduha
Ibyiringiro byuzuye
Yuko nibisigaye byose
Azabikora
Amaso yacu yabonye byinshi
Amatwi yacu yumvise byinshi
Intambwe zacu yazaguriye kumukorera
Iby’akora n’imbabazi agira
Ni byo bituma tumukunda
Imbere ye niho hari byose twifuza
Uwiteka ashimwe, ashimwe
Turabyibutse ibyo yakoze
Ashimwe (ashimwe)
Turabyibutse ibyo yakoze
Ashimwe
Amaso yacu yabonye byinshi
Amatwi yacu yumvise byinshi
Intambwe zacu yazaguriye kumukorera
Iby’akora n’imbabazi agira
Ni byo bituma tumukunda
Imbere ye niho hari byose twifuza
Uwiteka ashimwe, ashimwe
Amaso yacu yabonye byinshi
Amatwi yacu yumvise byinshi
Intambwe zacu yazaguriye kumukorera
Iby’akora n’imbabazi agira
Ni byo bituma tumukunda
Imbere ye niho hari byose twifuza
Uwiteka ashimwe, ashimwe

Blog, News

Universal Music Group, igiye kongera kujya ikorana umuziki na Ariel Wayz, Uwayezu Arielle, known by her stage name Ariel Wayz, is a Rwandan singer. Ariel Wayz. Uwayezu Arielle

Wayz on the way
Huu huha huha
Je suis Juno
Eyooh Rash pu pu pu

VERSE1: [ARIEL WAYZ]
Baby when I look at you right there
You make me warm enough and I feel like home
You know when I see how you love me I can do anything
Just to prove you that, mapenzi iko

Away away would you go away with me away,away
All time I hide this things now I don’t know
Sinshaka ko ugenda ni wowe utuma ntuza
Wowe utuma nkunda, ibyo uba unkorera yeah yeah

PRE-CHORUS
Sinzi uko wanshinuye njya ibicu
Nkomera kubyo twasezeranye
I don’t know why,oooh I don’t know why
Nawe ukuntu undeba you want me yeah
Nkunda ko utabeshya you love me
Better hold me hard,I will never evеr gooooooo

CHORUS
For your love babyyyyy
I gon stay
For your love
I’m gonna walk through your wayz
For this love
Wе going to rock the city
For the love
No matter what they gon say You will take me take me take me
Away Away Away
Will you let me take you so far
Away Away Away

VERSE2 [JUNO KIZIGENZA]
Every time iyo ndebye ayo matako
Nshira mbireba nkabunza imitima
What’s your mind kuri fame n’uburara
Ngo umpe chance ngushoneshe andi mabara

In our time of breaking up and making up routine
I don’t know why
Sinakujya kure
Ngaho fata time may be you know
How many Peaches I reject for you

You know I gave you my heart
Please gimme yours
Rutwitsi ukunda can never deceive yah
I’m always there for my baby

PRE-CHORUS
Sinzi uko wanshinuye njya ibicu
Nkomera kubyo twasezeranye
I don’t know why, no I don’t know why
Nawe ukuntu undeba you want me yeah
Nkunda ko utabeshya you love me, better hold me hard
I’ll never ever gooooooo
CHORUS
For your love baby
I’m gon stay
For your love
I’m gonna walk through your wayz
For this love
We’re going to rock the city
For the love
Matter what they gon say

You will take me take me take take me
Away away away
Will you let me take you so far away
Away away away

Eyooh Eyooh Rash
Pu pu pu…

Scroll to Top