Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Gatsinzi Emery, ukunzwe mu muziki nyarwanda nka Riderman Akunda APR FC cyane, Riderman, yimuriye umwaka utaha igitaramo cye cyo kwizihiza imyaka 20 mu muziki

Ni igitaramo abodetidings dufitiye amakuru ko yifuzaga gukora ku wa 26 Ukuboza 2025 icyakora kiza gusubikwa ku mpamvu zo kugira ngo arusheho kwitegura neza ariko nanone ntikigongane n’icyumba cya Rap gihuza abaraperi banyuranye nacyo cyashyizwe uwo munsi.

Nyuma yo kuganira n’itsinda ry’abo bakorana, Riderman yafashe icyemezo cyo kucyimurira umwaka utaha wa 2026 nubwo ku rundi ruhande hari ibiganiro by’uko byazaba uruhererekane rw’ibitaramo bizenguruka Igihugu nubwo bitarafatwaho umwanzuro.

Blog, News

Tina Salama, yatangaje ko Nyuma yo kuva i Kigali ku wa kane, Emir wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yakiriwe i Kinshasa kuri uyu wa gatanu

Qatar imaze kubaka izina ku isi nk’umuhuza mu makimbirane atandukanye, arimo rimwe na rimwe no guhuza Amerika n’Uburusiya mu bibazo bimwe na bimwe.

Kugeza ubu muri uyu mwaka, Qatar ni yo gusa yabashije guhuza imbona nkubone ba Perezida Tshisekedi na Paul Kagame.

Ariko nyuma y’amezi agera k’umunani Qatar itangiye ubuhuza ku kibazo cya DR Congo icyizere kuri bamwe cyagiye kiyoyoka.

Qatar ubu isa n’iri ku gitutu cyo kutagaragara nk’iyananiwe guhuza izi mpande zombi ngo zigere ku guhagarika intambara nyuma y’ayo mezi zitangiye kuganirira i Doha.

Nubwo ikigenza Emir wa Qatar i Kigali n’i Kinshasa cyatangajwe kugeza ubu ingingo y’ibiganiro bya Kinshasa na M23 i Doha itarimo, birashoboka ko mu bigenza Emir wa Qatar hataburamo no kubwira aba bategetsi bombi icyo Qatar yifuza muri ibi biganiro bya Doha.

Ku rubuga rwa X, Perezida Kagame yatangaje ko ashima Al Thani “umuvandimwe we n’inshuti” ku biganiro bagiranye kandi ko yizeye “kubakira ku ntambwe yagezweho muri uru ruzinduko…ku bw’inyungu z’ibihugu byombi n’abaturage

Itsinda rya ‘Joint Security Coordination Mechanism’ rikomeje guhurira i Washington ngo rikurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe muri Kamena(6) uyu mwaka hagati ya Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda (ibumoso) na Thérèse Kayikwamba wa DR Congo, ryakiriwe na Perezida Donald Trump (hagati)

Leta ya Amerika yatangaje ko ku wa gatatu no ku wa kane i Washington DC hateraniye inama ya kane y’itsinda rihuriweho ryo kuyobora ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano hagati ya DR Congo n’u Rwanda, ikaganira ku cyiciro cya kabiri cyo gushyira mu bikorwa ayo masezerano yasinywe muri Kamena(6) uyu mwaka.

Izi nama zihuza itsinda ryiswe ‘Joint Security Coordination Mechanism (JSCM)’ ririmo abahagarariye DR Congo, u Rwanda, Amerika, Togo n’Ubumwe bwa Afurika zigamije gushyira mu bikorwa umugambi wo kurandura umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa Kigali hamwe n’u Rwanda kureka ingamba rwafashe z’ubwirinzi, nk’uko biri mu byumvikanyweho mu masezerano basinye.

Washington ivuga ko icyiciro cya mbere cy’inama za JSCM cyari kirimo ibikorwa byo gusangira amakuru y’ubutasi, n’amakuru ku “bikorwa bikomeje” bya leta ya DRC byo gukangurira abagize FDLR gushyira intwaro hasi bagasubizwa iwabo.

Blog, News

Chryso Ndasingwa, na Sharon Gatete, bagiye kuririmbira i Burayi, mwitegure mwese bizaba byashyushye cyane

Nzategereza by Sharon Gatete,

Nzategereza nzakomera
Nzatuza menye ko uri Imana
Nzatuza nturize muri wowe

Kuko k’umunsi w’amakuba
Uzandindisha kumpisha
Uzanshyira hejuru umpagarike k’urutare
Si rimwe si kabiri wabikoze
Harubwo nataye n’ibyiringiro
Ncika intege nkuvaho
Kubw’ineza yawe ungarura mu buhungiro

Nzategereza nzakomera
Nzatuza menye ko uri Imana
Nzatuza nturize muri wowe
Nzategereza kandi nzakomera
Nzatuza menye ko uri Imana yo kwizerwa
Nzaturiza muri wowe eeh… oooh

Hahirwa abagushikamijeho umutima
Bazaba amahoro masa
Hahirwa ishyanga rigufite nk’Imana yaryo
Kuko uzababera ubwugamo
Uwo mwami n’umucunguzi(ooh n’ubuhungiro) kandi n’ubuhungiro
Uwo mwami arakiza(arakiza) Niwe womora ibikomere
Uwo mwami ni mwiza pe

Nzategereza nzakomera
Nzatuza menye ko uri Imana
Nzatuza nturize muri wowe
Nzategereza nzakomera
Nzatuza menye ko uri Imana
Nzatuza nturize muri wowe

Uwo mwami ni mwiza pe (Uwo mwami ni mwiza pe)
Uwo mwami ni mwiza (Uwo mwami ni mwiza pe)
Uwo mwami ni mwiza ni mwiza pe (Uwo mwami ni mwiza pe)
Eeh ngirango ndamumenye nkasanga arengeye uko nibwira
(Uwo mwami ni mwiza pe)
Nukuri naramubonye ntawe uhwanye nawe ni mwiza
(Uwo mwami ni mwiza pe)
Uwo mwami ni mwiza pe (Uwo mwami ni mwiza pe)
Uwo mwami ni mwiza pe!

Blog, News

Ishimwe Vestine, renowned for her gospel music alongside her younger sister Dorcas, entered into a civil marriage with her fiancé in a ceremony held at Kinyinya Sector, Gasabo District, on January 15, 2025. Bamaze gutandukana ubu

Yavuze ko kandi umugabo azongera guhitamo azabanza kumumenya neza.

Ati “Umugabo nzahitamo kubana na we, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we, menye buri kimwe kuri we, nta n’umwe uzongera kunkoresha.”

Ikindi iyo urebye ku mbuga nkoranyambaga ze cyane Instagram, nta foto n’imwe y’umugabo ikigaragaraho, nka kimwe mu bimenyetso by’uko umubano wabo waba utameze neza.

Ishimwe Vestine tariki 22 Kamena 2025, yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi abenshi bazi nka ‘Bridal Shower’.

Yakoze ibi birori mu gihe ku wa 15 Mutarama 2025, mu buryo bwatunguye benshi yasezeranye imbere y’amategeko na Ouédraogo, mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.
Umuririmbyi Ishimwe Vestine wari umaze igihe gito ashyingiwe yaciye amarenga yo gusenyuka k’urugo rwe . Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga burimo kwicuza umwanzuro yafashe uhubukiwe wo kurongorwa kuko bisa n’aho uwamushatse nta rukundo yari amufitiye

Blog, News

Ubuvanganzo ni ijambo ry’ikinyarwanda risobanura “literature” mu cyongereza. Ni urwego rw’ubuhanzi rufite intego yo kugaragaza ibitekerezo, amarangamutima, n’ubuzima bw’abantu mu buryo bw’inyandiko. 

Muri buri tsinda ry’abantu, imiryango ndetse n’ibihugu, usanga bagira ibintu bibahuza ndetse bikaba umwihariko wabo, ibyo bikabatandukanya n’abandi ndetse ugasaga aribyo bibagira abo baribo. 🙂 

Aha ushobora gusanga mo byinshi, birimo nk’ururimi, imico itandukanye, imirire, imyambarire n’ibindi. 🙂 

Kumugabane w’Afurika ndetse no murwanda by’umwihariko, ibyo naho urabihasanga, bikaba birimo imigani migufi, aho ikoreshwa ushaka kuvuga ikintu ariko muburyo butumvwa n’umuntu uwariwe wese kereka umenyereye ururimi rw’ikinyarwanda. 😉 

Muri iyi nkuru, tukaba twaguteguriye imigani migufi 10 itangaje cyane.

1. Shotora ingagi uzabona ubwitonzi bwayo!

Uyu mugani bawuca bashaka kuvugako atari byiza kwendereza/ kwiyenza kumuntu kugeza aho akwereka uburakari/ kamere ye.

2. Nta sugi iba munzu y’ibyariro (Maternité)

Nkuko byumvikana, munzu y’ibyariro habamo ababyeyi baje kubyara, ntiwasangamo amasugi! Bakaba bawucira umuntu wagaragaweho nokubeshaya nyamara umuntu wese yibonera ukuri kubiriho.

3. Umugore uhora utekereza aho umugabowe ari ni umupfakazi gusa.

Uyu ni umugani ushobora guca ushaka kumvisha rubanda ko hari ibibazo byawe ugomba kwimenyera wowe ubwawe gusa.

4. Umwana yakina n’amabere ya nyina ariko ntiyakina n’ubugabo bwa se!

Uyumugani bawuca bashaka kwerekanako ntamikino! Niyo wakwisanzura ariko haraho utakagombye kurenga, mbese ko utagomba kurengera.

5. Uvuga amagambo menshi arimo arya, ahisha inyama mukiganza!

Uyu mugani bawuca bashaka kuvugako udakwiriye kwemera nk’ukuri amagambo meza yose ubwiwe! Ugomba gushyira munyurabwenge!

6. Urongoye umugore mwiza anganya ibyago nuteye ibigori kunzira!

Iyo ufite umugore mwiza abagabo batagira umutima bahora bamukanurira (……)!!

Uyu mugani ucibwa hashaka kwerekanwa ko ugomba kwitonda no kuba maso igihe ufite ibintu by’agaciro.

7. Ujya koga mumaso ntahera kubirenge!

Uyu mugani ucibwa bashaka kuvugako buri kintu cyose kigira ihihe cyacyo, mbese ko utakorera ibintu byose rimwe ko ahubwo ugomba guhera kucy’ingenzi kuruta bindi.

8. Intebe niyo imenya uwasuze!

Iyo intebe ziba zivuga, nizo zavugisha Ukuri kumuntu wasuze mubantu!

Uyumugani ucibwa hagamijwe kwerekana ko ukuri nyako kubyabaye kuba gufitwe n’uwo byabayeho. ibisingizo, ibihozo, imigani miremire, ibitekerezo, imigani migufi (imigenurano), inshoberamahanga, insigamigani, ibisakuzo, amavumvu, amasare, amahigi, amagorane, ibitongero (mu kuragura, guterekera, gutukura umwana, kwambika imana zeze, guhura, kugangahura, guhanura, kugombora, kuroga n’ibindi)

Scroll to Top