Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Icyivugo cy’Imbeba, Imbeba zikaragata umwite,. Uwanjye muze mumurore. Aho atembye igicuri. Munsi y’igicaniro! Ubwo musanga adaciye.

ICYIVUGO ni igisigo cyangwa umuvugo uba ugamije kwirata ubutwari, ibigwi, cyangwa ibikorwa by’indashyikirwa byakozwe n’uwukivuga ubwe. Mu muco nyarwanda, ni ubwoko bw’ubusizi bwakoreshwaga cyane mu gihe cy’intambara no mu birori.

Mu kivugo umuntu ni we wirata ubutwari yakoze, icyo cyivugo kibaba ari naho bitandukanira n’ibindi byivugo bisingiza. Iyo byabagako ko uvuga cy’undi wagombaga ku kivuga muri ngenga ya gatatu. Ibyivugo byari ibyo kurata ubutwari mdetse no kumara abandi bantu ubwoba.

Umuntu yashoboraga kwivugira ku murambo(intumbi) w’umuntu amatsinze mu rugamba, akavugira mu bitaramo, mu myiyereko y’intore no mu birori. Biragoye kumenya igihe inganzo y’ibyivugo yaba yaratangiriye mu Rwanda; gusa imaze igihe kirekire kuko bivugwa ko nambere y’ingoma ya Ruganzu Ndori, ibyivugo byariho.

Uwivuga arata ubutwari bwe ndetse agasingiza n’intwari ze. Mu butwari yirata harimo IBIGWI n’ IBIRINDIRO. Ubusanzwe IKIGWI naho umuntu yiciye umwanzi. Mu bigwi intwari ivugamo amazina y’abanzi yatsinze mu rugamba n’aho yabatsinze naho ibirindiro ni ibikorwa by’akataraboneka uwivuga aba yaragaragarije ku rugamba: nko kwimana bagenzi be, kubagarukira, gutahana iminyago, kwambikwa impeta z’ubutwari n’ibindi.

AMOKO Y’IBYIVUGO
Ibyivugo nyabyo by’intwari bibamo amoko abiri.

IBYIVUGO BY’INIGWA: ni ibyivugo bihimbitse neza ariko bigufi bitagira ibika. Urugero: Ikivugo cya KAMPAYANA KA NYANTABARutajabukwa n’imitima Ingamba zimisha imitutu Rwa Nyirimbirima Ndi intwari inkotanyi yamenye Yanshinze urugamba rw’inkoramaraso Ati:”Rwampingane”. Nti:”Mukarangandekwe nzirana n’ababisha, Iyo duhuye ndarakara.”
IBYIVUGO BY’IMYATO
Ni ibyivugo birebire bivabanyijemo ibika, buri gika cyikitwa ‘UMWATO’.

Umwato uteye nk’ikivugo cyihariye ariko ukagira amagambo n’ibitekerezo biwuhuza n’iyindi biremanye ikivugo.

Blog, News

Umunyezamu Timothy Fayulu wa RDC ni we wabaye intwari kuri uyu mukino ubwo byari bigeze kuri za penaliti

Uko DRC yageze aha mu cyumweru gishize
Nyuma y’imyaka irenga 25 Ingwe za RD Congo zidatsinda Intare Zitaneshwa za Cameroun, ku wa kane nijoro zabigezeho mu minota y’inyongera ndetse zinabuza iyi kipe ya André Onana na Bryan Mbeumo kujya mu gikombe cy’isi.
Chancel Mbemba ni we wabaye intwari y’umukino wa ‘barrage’ mu gushaka ikipe iserukira Africa mu gice cya nyuma cy’indi mikino ya ‘barrage’ hagati y’imigabane mu gushaka amakipe ajya mu myanya micye isigaye yo gukina igikombe cy’isi cya 2026 muri Amerika, Canada na Mexico.

Mbemba, Kapiteni wa Leopards, bayobewe aho aturutse ubwo yatsindaga igitego n’umutwe kuri ‘corner’ yari itewe ku munota wa 91 w’umukino, maze atera agahinda Cameroun – ikipe ifite umuhigo muri Afurika wo kwitabira igikombe cy’isi inshuro nyinshi, umunani.

Muri uyu mukino waberaga i Rabat muri Maroc aho Bryan Mbeumo na Karl Etta Eyong ba ‘Les Lions Indomptables’ babonye amahirwe arenze amwe yo gutera mu izamu rya Congo ariko ba myugariro bayo bayobowe na Chancel Mbemba bagahagarara neza cyane.

Mu wundi mukino nk’uyu wa ‘barrage’ muri Africa wa kimwe cya kabiri, na wo wabereye i Rabat mbere y’uyu, Nigeria yatsinze Gabon 4 – 1.

Intambwe ebyiri RDC igasubira aho iheruka mu 1974

Les Leopards za Congo zagiye bwa mbere mu gikombe cy’isi mu 1974 ubwo igihugu cyitwaga Zaïre, ni nabwo giherukayo.

Umugabane wa Afurika mu gikombe cy’isi cy’umwaka utaha izahagararirwa n’amakipe icyenda ari yo;

Algeria
Cape Verde
Misiri
Ghana
Côte d’Ivoire
Morocco
Senegal
Afurika y’Epfo
Tunisia
Amakipe ya Afurika n’inshuro amaze kwitabira igikombe cy’isi;

Cameroon – 8
Morocco – 6
Nigeria – 6
Tunisia – 6
Ghana – 4
Algeria – 4
Senegal – 3
Misiri – 3
Afurika y’Epfo – 3
Côte d’Ivoire – 3
DR Congo – 1 (yitwa Zaïre)
Angola – 1
Togo – 1

Blog, News

Donatien Kabuga, umwe mu bana ba Kabuga, yabwiye itangazamakuru mu butumwa bwanditse ko icyemezo cy’urukiko bacyakiranye “ukwiruhutsa” kwinshi, nyuma y’imyaka yari ishize hari “inkeke” yo kohereza se mu Rwanda.

Iby’ibanze wamenya ku rubanza rwa Kabuga

Inyandiko y’urukiko igaragaza ko yavutse mu 1935 – bivuze ko ubu afite imyaka 90 – avukira mu cyari komine Mukarange mu cyahoze ari perefegitura ya Byumba, ubu ni mu karere ka Gicumbi mu ntara y’amajyaruguru y’u Rwanda
Yafashwe ku itariki ya 16 Gicurasi (5) mu 2020, mu nyubako y’icumbi y’amagorofa, i Asnières-sur-Seine, hafi y’i Paris mu Bufaransa
Hari hashize imyaka irenga 20 ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga
Aregwa kugira uruhare rukomeye muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994
Urubanza rwe mu mizi rwatangiye muri Nzeri (9) mu 2022
Imbere y’urukiko, Kabuga ibyaha aregwa yabyise “ibinyoma”
Muri Werurwe (3) mu 2023, inzobere zatumijwe n’urukiko zanzuye ko ubuzima bwe butameze neza, urukiko ruba ruhagaritse urubanza rwe
Muri Kamena (6) mu 2023, urukiko rwanzuye ko Kabuga adashobora gukomeza kuburanishwa kubera ko amagara ye ameze nabi
Mbere y’icyo gihe, urukiko rwateganyaga ko urubanza rwe ruzarangira muri Nzeri (9) mu 2024
Mbere no mu gihe cya jenoside, Kabuga, w’Umuhutu, yari umwe mu banyemari bakomeye cyane mu Rwanda

Blog, News

Dr. Bizimana Jean-Damascène, yanenze icyemezo cy’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe imirimo y’insigarira y’inkiko mpanabyaha mpuzamahanga, IRMCT, cyo kutohereza Kabuga Félicien mu Rwanda.

Ati “Benshi bakoze jenoside baburanishijwe cyangwa bakurikiranywe n’inkiko mpuzamahanga bashyinguwe mu mahanga kubera iyi mpamvu: kwangwa n’ibihugu byabo kubera ibyaha bya jenoside bakoreyeyo.”

Minisitiri Bizimana yatangaje ko abakoze jenoside barimo ababihamijwe n’inkiko, ubu bakaba baticuza, bakwiye gufatira isomo kuri dosiye ya bagenzi babo barimo Kabuga na Zigiranyirazo, kuko uticuza ntashobora kugira amahoro.

Ati “Icyo izi dosiye z’amasomo zikwiye kwigisha iri tsinda ry’abinangiye ni ukumva ko amaraso menshi bamennye mu Rwanda aha amahoro abihannye gusa, si abanze kwicuza. Urubanza rwa Kabuga ni urundi rugero.”

Yakomeje ati “Bagomba kwitekerezaho, bagafata icyemezo cya kigabo kandi cy’ingenzi, cyo guhagarika ingengabitekerezo ya jenoside, bagataha mu gihugu cyabo. Iki ni igikorwa cyiza kuri bo n’imiryango yabo.”

Abacamanza ba IRMCT basobanuye ko Kabuga yasabye ibihugu bibiri by’i Burayi kumwakira ariko biramwanga, ikaba ari yo mpamvu hafashwe umwanzuro w’uko akomeza gufungwa by’agateganyo, keretse mu gihe byaba byisubiyeho, bikamwemera.

Blog, News

Sandra Muhoza, umumenyeshamakuru afunze kubera ivyo yavuze

Iyi sentare yahavuye imenyesha y’uko idafise ububasha bwo kumuburanisha kubera ivyaha akurikiranwako vyabereye mu ntara yahoze yitwa Ngozi.

Yahavuye arungikwa mw’ibohero ry’abagore i Ngozi, n’idosiye yiwe ikaba ubu iri muri sentare z’ako karere nyene.

Ingingo yo kwunguruza uru rubanza rwiwe ifashwe inyuma y’aho kw’igenekerezo rya 7 Gitugutu (10) Muhoza yari yumvirijwe muri sentare nkuru ya Ngozi aho abamwunganira bari berekanye amakosa atandukanye mu kuntu dosiye yiwe iriko iragenda.

Eric Ntibandetse, umwe mu bamwuburanira, avuga ko umushikirizamanza wa repuburika muri Ngozi atigeze amwumviriza mu gihe dosiye yiwe yahawe iyindi nomero.

Anegura kandi ko iyo dosiye nshasha irimwo ivyagiriji vyari vyaramaze gusuzumwa na sentare isubiramwo imanza ya Mukanza, akibutsa ko iyo sentare yamaze kwemera icese ko idafise ububasha bwo kuburanisha urubanza rwiwe.

Ntibandetse asaba ko Sandra Muhoza yorekurwa akaburana yidegemvya.

Scroll to Top