Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Mukobwajana Asifiwe wamamaye nka Micky, umwe mu bakobwa beza bari muri Sinema Nyarwanda wareba ubudatuza yambitswe impeta na  Agiraneza Pacifique, uzwi nka AG Promoter

Amakuru avuga ko umukinnyi wa filime Mukobwajana Asifiwe, uzwi nka Micky, yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Agiraneza Pacifique, uzwi nka AG Promoter. Ibi byabaye mu birori byabereye i Rebero ku cyumweru, tariki ya 9 Ugushyingo 2025 Micky yashimiye umukunzi we amwizeza ko azamurwanira ishyaka imbere y’abamuvuga nabi.

AG Promoter yari yamwambitse impeta mbere y’uko Micky avuga ijambo rye.

Blog, News

Alarm Ministries, bakomeje imyiteguro y’igitaramo cyabo bise ‘Iyo Ni Yo Data Live Concert’ giteganyijwe ku wa 30 Ugushyingo 2025

Ben Serugo, akaba n’umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yararikiye buri wese kuzitabira igitaramo cyabo cyiswe “IYO NIYO DATA LIVE CONCERT”, kizaba ku wa 30 Ugushyingo 2025 muri Camp Kigali.

As I was walking
Ubwo nagendagendaga

I watch you pray
Nitegereje uko musenga

I saw the altar of the unknown God
Nabonye igicaniro cy’Imana itamenywa

That’s what I tell them
Iyo iyo iyo niyo njye mbabwira

Another worshiper you don’t know
Yayindi musenga mutazi

You’re asking me out loud
Mwambaza mutera hejuru

I saw the unbreakable altar of God
Nabonye igicaniro cy’Imana itamenwa

That’s what I tell them
Iyo iyo iyo niyo njye mbabwira

It is God who created the heavens and the earth
Niyo Mana yaremye ijuru n’isi

It does not exist in man-made temples
Ntabwo iba murusengero zubatswe n’abantu

No human hands can help it
Ntamaboko y’abantu yagira icyo ayifasha

He is the owner of strength and he is the owner of life
Niyo nyiri mbaraga kandi niyo nyiri bugingo

That’s the Father that’s the Father
Iyo niyo Data iyo niyo Data

Unchangeable is the Father
Bidasubirwaho niyo Data

The invisible image of God
Ishusho y’Imana itagaragara

He was revealed by his son Jesus
Yahishuwe n’umwana wayo Yesu

When you see that child, you see the Father
Ubonye uwo mwana aba abonye Data

And in you is the soul
Kandi muriwe harimo ubugingo

Blog, News

Nicholas Oyoo (ibumoso) na Bob Njagi (iburyo) bakiriwe n’ababashyigikiye ubwo bageraga i Nairobi mu murwa mukuru wa Kenya, ku wa gatandatu

Impirimbanyi yo muri Uganda ivuga ko yafashwe ku ngufu ubwo yari ifungiye muri Tanzania, Impirimbanyi yo muri Uganda yari yatawe muri yombi ikanafungirwa muri Tanzania mu gihe cy’iminsi, yabwiye itangazamakuru ko yafashwe ku ngufu ubwo yari ifunze. Asobanura kurushaho ku byari byatangajwe mbere n’umuryango we w’uburenganzira bwa muntu wavuze ko yagaragazaga “ibimenyetso by’iyicarubozo”, Agather Atuhaire yavuze ko abantu bambaye imyenda isanzwe bamupfutse mu maso bakoresheje igitambaro, nyuma baramukubita, bamwamburana “urugomo” ndetse bamukorera ihohotera rishingiye ku gitsina.
Atuhaire yari yafungiwe ahantu hatazwi muri Tanzania ari kumwe na mugenzi we w’impirimbanyi yo muri Kenya, Boniface Mwangi, ku wa kane wasanzwe ku mupaka wa Kenya na Tanzania.

Nta cyo abategetsi ba Tanzania bari batangaza.
Yanavuze ko abari bamufunze bamujugunye hasi, bamwambika amapingu babanje gushyiraho umupira wo kwambara. Yerekana inkovu z’aho amapingu yamuriye ku maboko, ati: “Rero ntekereza ko ibikomere hano byajyaga kuba bibi cyane.”

Agejejwe ku mupaka wa Tanzania na Uganda, Atuhaire avuga ukuntu yaborogaga cyane kubera “ububabare bwinshi cyane” bwo mu birenge, “nuko bazana ikintu cyo gupfuka umunwa wanjye”.

“Bongera ‘volume’ y’imodoka. Mbere sinamenye icyo babikoreye ariko birumvikana nari mfite ubwoba. Nuko ntangira kumva Boniface [Mwangi] aboroga. Rero bari bongereye ‘volume’ kugira ngo ntamwumva. Ariko ububabare bamutezaga bwari bwinshi cyane.”

Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga X, Mwangi yavuze ku ifungwa ryabo ati: “Twari twakorewe iyicarubozo, ndetse dusabwa kwambara ubusa no kujya koga. Ntitwashoboraga gutambuka nuko dusabwa gukambakamba tukajya koga tukikuraho amaraso.”

Bombi bari bagiye muri Tanzania kugaragaza ko bifatanyije n’umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu, wagejejwe mu rukiko ku wa mbere nyuma yuko arezwe ubugambanyi.

Blog, News

Bamwe muri aba bakobwa b’abavyeyi bafise ububasha busumba ubw’abandi mu bihugu vyabo muri Afrika bagiye baboneka uku na kuriya mu kibano kubera ibikorwa vyabo, ivyo bashitseko mu gihugu canke ukungene babayeho.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yavuze ku byo yavuze ko yabonye ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko yaba arimo gutegura umukobwa we Ange Kagame kuzamusimbura ku butegetsi. Avuga ko we atagira umuntu perezida, ndetse ko hari ubwo Ange na we ubwe yaba atabyifuza. Wenda na we ntanabishaka’ – Kagame avuga ku byavuzwe ko arimo gutegura umukobwa we Ange kuzamusimbura Ikibazo cy’uzasimbura Kagame gikomeza kugarukwaho mu gihe mu ishyaka FPR-Inkotanyi riri ku butegetsi kugeza ubu ntawe bigaragara ko yaba arimo gutegurwa kuzamusimbura, kandi kugeza ubu nta wugaragaza ubwo bushake no mu ruhande rw’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu 2024 Paul Kagame yatorewe manda ya kane y’imyaka itanu ku butegetsi. Nubwo amatora ataha ari mu myaka ine iri imbere ikibazo cy’uzasimbura Kagame gikunze kwibazwa.

Ku cyumweru, mu ijambo yabwiye abari mu nama y’ihuriro Unity Club Intwararumuri yavuze ko aheruka kubona ku mbuga nkoranyambaga bavuga ngo “njyewe ntegura umukobwa wanjye kuzayobora igihugu”.

Mu ijambo ryatangajwe ku cyumweru, yabwiye abari mu nama y’ihuriro Unity Club Intwararumuri, yavuze ko aheruka kubona ku mbuga nkoranyambaga bavuga ngo “jyewe ntegura umukobwa wanjye kuzayobora igihugu”.

Yavuze ko iki kintu kimureba ku giti cye kandi “cyari kimbangamiye gato” bityo yifuje kukivugaho mu bantu.

Paul Kagame w’imyaka 68 avuga ko abaturage n’abagize ishyaka rye ari bo bamusabye kuguma ku butegetsi, ibyatumye Itegekonshinga mbere ryabuzaga kurenza manda ebyiri rihindurwa. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko ibi ari ukugundira ubutegetsi.

Mu kongera gushimangira ko atagumye ku butegetsi ku bushake bwe, yagize ati: “ariko jye uwanteguye ni nde? Ntabwo nateguwe na data, ntabwo nateguwe na…ni mwebwe. Kwanza mpora mbabwira ngo mwageze aho mukansezerera.”

Umwaka ushize, ubwo ishyaka rye ryamwemezaga nk’umukandida perezida mu matora yari ateganyijwe, Perezida Kagame yavuze ko ashaka “untura umuzigo nikoreye” asaba ishyaka rye gushaka uzamusimbura, yongeyeho, ati: “…Kandi ntimuzategereze uwo nzabaha, muzamwishakemo.”

Icyo gihe yavuze ko yifuza kuzasimburwa n’umuntu ufite hagati y’imyaka 30 na 49. Mbere yaho mu 2019 yari yaravuze ko yifuza kuzasimburwa n’umugore.

Ikibazo cy’uzasimbura Perezida Kagame cyakomeje kuba ikiganiro hagati y’abantu no ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bakavuga ko yaba arimo gutegura umukobwa we Ange Kagame ubu ukora nk’umukuru wungirije w’Akanama gashinzwe Igenamigambi rya Leta na Politiki za Leta mu Biro bya Perezida.

Mu gusobanura ko atarimo gutegura umukobwa we, ko buri mwana we amureka akaba icyo ashaka, Kagame yatanze urugero ku bahungu be avuga ko yifuzaga ko uko ari batatu baba abasirikare, ati: “ariko umwe arananira, ambwira ko atabishaka” ko we ashaka kujya muri ‘business’. Abahungu be Ian Kagame ubu ni umusirikare w’ipeti rya kapiteni mu mutwe w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu, murumuna we Brian muri uyu mwaka na we yinjiye mu gisirikare ku ipeti rya sous-lieutenant/second lieutenant, naho mukuru wabo Ivan ni umushoramari muri Afurika no muri Amerika, akaba n’umwe mu bagize inama y’ubutegetsi y’ikigo cya leta gishinzwe iterambere, Rwanda Development Board.

Amaze kuvuga inzira abana be bahisemo, Kagame yagize ati: “Umwana w’umunyarwanda uwo ari we wese, harimo n’abanjye, akwiye kuba icyo ashaka kuba, agakora icyo ashaka kuba.”

Yongeraho ati: “Icyo mvuga rero ni uko uwo mukobwa [Ange] ngo nzagira perezida ntabwo nagira umuntu perezida ntibibaho, ntabwo byakunda, wenda nawe ntanabishaka.”

Ange Kagame ntabwo yigeze agaragaza ubushake bwo gusimbura se, kandi iyi ngingo we ntabwo arayivugaho, ku mugaragaro.

Scroll to Top