Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Forum

Alain Mukuralinda w...
 
Notifications
Clear all

Alain Mukuralinda wari umuvugizi wungirije wa leta y'u Rwanda yapfuye azize guhagarara kw'umutima, nkuko bitangazwa n'ibiro by'ubuvugizi bwa leta y'u Rwanda.

1 Posts
1 Users
0 Reactions
38 Views
RwandaNziza
Posts: 662
Topic starter
(@rwandanziza)
Noble Member
Joined: 6 months ago

Umuvugizi wungirije wa leta y'u Rwanda wapfuye ku myaka 55 yari muntu ki? 🙂 

Alain Mukuralinda wari umuvugizi wungirije wa leta y'u Rwanda yapfuye azize guhagarara kw'umutima, nkuko bitangazwa n'ibiro by'ubuvugizi bwa leta y'u Rwanda.

Itangazo ry'ibi biro rivuga ko Mukuralinda, wari ufite imyaka 55, yari arwariye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal i Kigali.

Leta y'u Rwanda "yihanganishije umuryango we, inshuti ze, ndetse n'abagize amahirwe yo gukorana na we".

Alain Mukuralinda yari muntu ki?

Uyu wamenyekanye ku kazina ko mu buhanzi ka 'Alain Muku', yari umuvugizi wungirije wa leta y'u Rwanda kuva mu Kuboza (12) mu mwaka wa 2021.

Mbere yaho yabaye umuvugizi w'urwego rw'ubushinjacyaha bw'u Rwanda, aba n'umushinjacyaha mu manza zirimo n'urwa Victoire Ingabire, umunyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi bw'u Rwanda.

Yari n'umuhanzi w'indirimbo zirimo n'iz'urukundo nka 'Murekatete' ndetse n'uw'indirimbo "Tsinda Batsinde" yamamaye yo gushimagiza ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru Amavubi.

Muri bimwe mu biganiro bya vuba yaherukaga kugira mu itangazamakuru, harimo ku gucana umubano n'Ububiligi u Rwanda rushinja kubogamira ku butegetsi bwa DR Congo mu kibazo cy'intambara mu burasirazuba bwa Congo no kugira uruhare mu gutuma rufatirwa ibihano n'umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi.

Ububiligi bwavuze ko bubabajwe n'icyo cyemezo cy'u Rwanda.

Alain 'Muku' yamenyekanye kandi nk'umuhanzi, mu ndirimbo ye yakunzwe cyane "Tsinda Batsinde" yaririmbiye ikipe y'igihugu Amavubi

Yari aherutse no kugirana ikiganiro na shene yo kuri YouTube aho yabajijwe niba u Rwanda rutarabaye "intakoreka" kubera ko mu bihe bitandukanye rwagiranye amakimbirane n'ibihugu byose birukikije.

Yabwiye shene Mama Urwagasabo TV ati: "Oya… Ni kuki iyo mujya kubaza ikibazo nk'icyo, si byo, mugendera gusa ku magambo bavuga, ibintu nk'ibi biba byanditse nta n'umwe ujya ubizana ati 'Dore uko mwigira intakoreka iyo babasabye ibi ntimubishyira mu bikorwa?'

"Wenda batuziza yuko twebwe tugerageza gushyira mu bikorwa ibintu biba byanditse."

Uyu wize amashuri abanza mu Rugunga mu mujyi wa Kigali, yaje kwiga amategeko mu Bubiligi.

Ni we wumvikanaga avugira leta y'u Rwanda mu bitangazamakuru bikoresha Ikinyarwanda n'Igifaransa.

Asize umugore n'abana babiri – umukobwa n'umuhungu. 😑 

Reply
Scroll to Top